Perezida wa Repubulika Paul Kagame, avuga ko ntawe ukwiye kuba yibaza impamvu u Rwanda rwashyizeho ingamba zarwo z’ubwirinzi, ku mupaka warwo na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (DRC), kuko ari uburenganzira bwarwo.
Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Patrice Mugenzi, yabwiye Abadepite bagize bagize Komisiyo y’imiyoborere, Uburinganire n’Ubwuzuzanye bw’Abagabo n’Abagore, ko agiye gusaba inzego z’ibanze zikarushaho kwikita kuri servisi ziha abaturage.
Perezida Kagame yemeje ko umwe mu bayobozi bakuru ba FDLR uherutse gutaha mu Rwanda ari we wishe nyirasenge, Umwamikazi wa nyuma w’u Rwanda Rosalie Gicanda muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Perezida Paul Kagame yavuze ko abayobozi ba Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, kuva kuri Kabila(Père) kugera kuri Félix Tshisekedi wa none bamenye neza kandi basobanukirwa akarengane k’Abanyekongo b’Abatutsi bavuga Ikinyarwanda, ariko ntibagikemura. Perezida Congo ifite ubu we, ngo bigaragara ko afite (…)
Perezida Paul Kagame yagarutse ku mateka y’ibibazo byo mu karere u Rwanda rurimo kuva mu 1994, aho imiryango mpuzamahanga itanga imfashanyo yakomeje kugaragaza ko itishimira ko impunzi zitaha, kuko bazikuramo amaronko.
Musanze ni kamwe mu turere twakomeje kugaragara mu kibazo cy’igwingira ry’abana ku rwego ruri hejuru, n’ubwo gafatwa nk’ikigega cy’ibiribwa bitandukanye kubera ubutaka bwera n’ikirere kiberanye n’ubuhinzi.
Ababyeyi n’abayobozi mu Karere ka Rwamagana, bavuga ko ibiribwa byujuje intungamubiri bahawe n’umushinga SAIP birimo kurwanya imirire mibi mu bana, aho umwana ngo atangira gukurikiranwa kuva akiri mu nda y’umubyeyi we, kugeza arengeje imyaka itanu y’amavuko.
Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe, yagaragaje ko amakimbirane akomeje kubera muri Repubulika Iharanira Demukarasi ya Congo (DRC) atatangijwe n’u Rwanda, kandi ko rutazemera kwikorera umutwaro w’imiyoborere mibi, ndetse n’ibibazo by’umutekano muke by’icyo Gihugu.
Ubuyobozi bw’Umuryango Imbuto Foundation, burasaba urubyiruko by’umwihariko abanyuze muri iAccelerator, gushaka ibisubizo birambye ku bibazo bicyugarije imibereho myiza y’abaturage, bakora imishinga ishobora kugira impinduka nziza ku buzima bwabo, bityo bakanaziba icyuho cy’inkunga zimwe na zimwe zavaga mu muhanga.
Depite Bitunguramye Diogène arasaba abagize Umuryango by’umwihariko abagore, guharanira kurema imiryango yishimye kuko ari bwo bazaba bagize uruhare mu kubaka Igihugu cy’ejo hazaza.
Umunsi mpuzamahanga w’umugore wizihijwe mu Karere ka Gasabo hatangwa amashimwe arimo indabo ku bagore bagira uruhare mu gukemura ibibazo byugarije Umuryango nyarwanda.
Abantu 21 bakekwaho icyaha cyo kwiba abaturage babambuye ibyo bafite mu ntoki, cyangwa batoboye inzu mu Turere twa Musanze na Gakenke mu Ntara y’Amajyaruguru, batawe muri yombi, biturutse ku mukwabu Polisi yakoze mu Mirenge imwe n’imwe y’utu Turere, hagamijwe kurwanya icyaha cy’ubujura.
Minisitiri w’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Inshingano Mboneragihugu, Dr Bizimana Jean Damascène, yagaragaje ko Leta ya DRC yashyigikiye ingengabitekerezo ya Jenoside nyuma yo kwifatanya n’abasize bakoze Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, banashinze umutwe wa FDLR.
Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Gen (Rtd) James Kabarebe, yagaragaje ko Perezida Félix Tshisekedi wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC), yizeraga ko azatera u Rwanda, birangira umugambi we umupfubanye kubera ubwirinzi bw’u Rwanda.
Minisitiri w’Urubyiruko n’Iterambere ry’Ubuhanzi, Dr. Utumatwishima Jean Nepo Abdallah, avuga ko nk’umuganga yize kubaga nyuma y’uko umuturage amuneguye.
Abadepite bagize Komisiyo y’Uburezi, Ikoranabuhanga, Umuco, Siporo n’Urubyiruko, bagaragaje ko hari ikibazo cy’ibinyabutabire bikibitse mu mashuri kandi byarengeje igihe cyo gukoreshwa.
Abagore n’abakobwa 204 bari bamaze igihe kirenga umwaka bagororerwa mu kigo ngororamuco cya Gitagata, giherereye mu Kagari ka Gitagata mu Murenge wa Musenyi mu Karere ka Bugesera, barahiriye guca ukubiri n’ibiyobyabwenge.
Minisitiri w’Urubyiruko n’Umuco, Abdallah Utumatwishima, yahumurije urubyiruko n’abandi batangiye gutekereza ko abanyarwanda ari babi, akaba ari yo mpamvu ibihugu bikomeje gufatira u Rwanda ibihano, bityo bakibwira ko igihugu kiri kugana ahabi.
U Rwanda rwasabye u Bwongereza kwishyura Miliyoni 50 z’Amapawundi (abarirwa muri Miliyari zisaga 89 z’Amafaranga y’u Rwanda) nyuma y’uko u Bwongereza butubahirije amasezerano yo kohereza abimukira mu Rwanda.
Binyuze mu muryango ufasha urubyiruko Rungano-Ndota mu Karere ka Ruhango, urubyiruko ruva mu miryango ikennye rwiyemeje kurota inzozi z’ubukire, bakemera gukora kuko bimwe mu byatumaga badatera imbere birimo no kubatwa n’ingeso mbi zirimo gukoresha ibiyobyabwenge, uburaya n’ubwomanzi.
Minisitiri w’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’inshingano mboneragihugu, Dr Jean Damascène Bizimana, avuga ko guhera muri uku kwezi kwa Werurwe 2025 abagororwa bagize uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi babura amezi atatu ngo bafungurwe bazajya babanza gutegurwa.
Banki ya Kigali (BK) irajwe ishinga no kwita ku bifuza gutera imbere bose, yemwe n’abagerageje amahirwe ariko ibikorwa byabo bigahura n’imbogamizi, ibyo byose BK irabasanga bakongera bakubaka ubushobozi bwabo bugakomera nka mbere.
Abashinze umuryango Nzambazamariya Veneranda, baravuga ko bishimira byinshi bagezeho mu myaka 25 ishize bibuka Nzambazamariya Veneranda, umwe mu bagore b’Abanyarwandakazi baharaniye ko umugore n’umugabo buzuzuzanya kandi umugore agahabwa uburenganzira.
Minisitiri w’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’inshingano mboneragihugu Dr. Jean Damascène Bizimana, yasabye urubyiruko gufata ubumwe nk’umwuka bahumeka.
Minisitiri w’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’inshingano mboneragihugu, Dr. Jean Damascène Bizimana, yabwiye urubyiruko rw’Inkomezabigwi ko bakwiye kumvira ababyeyi, ariko ko badakwiye kumvira ababaraga urwango.
Mu rugendo rw’Icyumweru cy’Umujyanama mu Karere ka Bugesera cyatangirijwe mu Murenge wa Mayange tariki 22 Gashyantare kigasorezwa mu Murenge wa Nyamata tariki 28 Gashyantare 2025, Abajyanama ku rwego rw’Akarere basuye abaturage mu mirenge yose, baganira na bo, bakira ibitekerezo byabo, ndetse ahari ibibazo bafatanya kubikemura.
Ku isaha ya saa sita z’amanywa kuri uyu wa Gatandatu Tariku 1 Wererurwe 2025, nibwo ubuyobozi bwa M23 bwari bugeze ku mupaka munini uhuza Goma na Gisenyi, buzanye Brig Gen Gakwerere Jean Baptiste uzwi nka Gen Gakwerere Stany, wari ushinzwe ubunyamabanga bwa FDLR, ashyikirizwa u Rwanda.
Amezi yose y’umwaka ni kimwe, yabonekamo ibyiza, kandi ashobora no kubonekamo ingorane, ariko Gashyantare 2025 izibukwa nk’ukwezi kutahiriye abagenzi, cyane cyane abakoresheje imodoka zitwara abagenzi benshi icyarimwe, kuko hari imiryango inyuranye izibuka umuntu wabo wagiye mu rugendo ntagaruke, cyangwa ntatahe amahoro masa.
Minisitiri w’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Inshingano Mboneragihugu Dr. Jean Damascène Bizimana, yasabye urubyiruko kutazigana abaranzwe n’ingengabitekerezo ya Jenoside ahubwo bagakorera hamwe mu guteza imbere Igihugu.