Yarongoye umukobwa wo mu muryango wamwiciye anawufasha kwishyura imitungo wishyuzwaga

Umugabo witwa Giraneza John utuye mu Murenge wa Rweru mu karere ka Bugesera yarongoye umukobwa witwa Uwimana Jeanne ukomoka mu muryango w’abamwiciye abantu muri Jonoside ndetse anafasha abo muri uwo muryango kwishyura imitungo bangije mu gihe cya Jenoside.

Giraneza avuga ko sebukwe witwa Ngirinshuti yishe abagize umuryango we 27 ndetse anamutema akaguru kavaho no mu mutwe amusiga aziko yapfuye ariko kubw’amahirwe ntiyapfa.

Ati “Jenoside yararangiye noneho ngira amahirwe yo kurokoka mbifashijwemo n’ikigega cy’abarokotse Jenoside batishoboye ndivuza ibikomere ndakira, ariko mpita n’imuka iwacu njya gutura i Kigali”.

Nyuma yaje guhura na Pasiteri Gashagaza Deo wo mu itorero Prison Fellowship atangira kujya amwigisha ibijyanye n’ubwiyunge, bityo ava i Kigali agaruka mu Murenge wa Rweru ndetse bamuha inzu yo kubamo.

Uko iminsi yashiraga kubera inyigisho yagendaga ahabwa yumvise umutima we ubohotse noneho atangira kwegera bamwe mu bamwiciye akagenda avugana nabo kandi mbere bitarabagaho; nk’uko Giraneza abivuga.

Ati: “Aha niho nahise mbona umukobwa wo mu muryango wanyiciye noneho numva ndamukunze ndetse musaba ko twakundana maze nawe arabinyemerera, ubwo bibabitangiye ubwo”.

Afite insimburangingo mu kuguru.
Afite insimburangingo mu kuguru.

Giraneza avuga ko mu mwaka wa 2008 we n’umukobwa bafashe icyemezo cyo kubana ariko nyina w’umukobwa Nikorivuga Domitille abimenye arahunga ava mu murenge wa Rweru maze ajya gutura mu karere ka Huye mu Ntara y’amajyepfo.

Nyuma ngo Giraneza na Uwimana bahinduye gahunda noneho amusaba guhamagara nyina akamubwira ko gahunda zahindutse ko batagishyingiranywe maze nyina abona kugaruka. Uwo munsi yagarukiyeho niho Giraneza na Uwimana bahise babana munzu noneho nyina abona ko byarangiye yemera kuhaguma ariko kuri we ngo ntiyabishakaga.

Yagiye kwa nyirabukwe maze amubwira ko yiteguye kumufasha kugirango abashe kwishyura imitungo arimo kwishyuzwa yangijwe muri Jenoside, ndetse amubwira ko ahereye ku yiwabo ntagire ikibazo cyo kuyishyura amujyana mu nkiko Gacaca babaha irangizarubanza ry’uko bumvikanye; nk’uko Giraneza abivuga.

Ati “nafashije kwishyura mabukwe imitungo yaregwaga ingana n’ibihumbi 350 kandi n’amarangizarubanza yarayabonye, ndetse yemera ko nzana inzoga zo gusaba nkakwa n’umukobwa noneho nka muhabwa ku mugaragaro dore ko twari twarishyingiye”.

Uwimana yemeza ko abanye neza n'umugabo we.
Uwimana yemeza ko abanye neza n’umugabo we.

Uwimana Jeanne ,umugore wa Giraneza, avuga ko we nta kibazo yigeze agirana n’umugabo we kuva bashakana kugeza ubu nubwo hari benshi bagiye babirwanya.

Ati “mbere byabanje kungora mu gihe yandambagizaga, ntekereza ko wenda ashaka kuzihorera ariko simbimugaragarize bikaguma mu mutima wanjye, ariko siko nabibonye kuko ubu tubanye neza”.

Kuri ubu Uwimana Jeanne n’umugabo we bamaze kubyarana abana babiri, bakaba bari mu ishyirahamwe “igiti cy’umuvumu” rigizwe n’abagize uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi ndetse n’abayirikotse.

Egide Kayiranga

Ibitekerezo   ( 56 )

yesu nashimwe icompa abarundi bakagira benuwo mutima giraneza na uwimana bagize tukaruhuka amacakubiri kuko abantu Bose bakomotse kuri umwuzure uheze ibindi nivyo bishiriyeho nta moko abaho

pasteur pascal wi burundi yanditse ku itariki ya: 11-07-2016  →  Musubize

NiYESU wabikoze ntambaraga zumuntu zabikora.

Flora yanditse ku itariki ya: 12-03-2013  →  Musubize

Ariko umuntu ntakababeshye ubwose simbazi bose ra! URUMVA wowe bishoboka?

David yanditse ku itariki ya: 24-01-2013  →  Musubize

ubwo nibwo bwiyunge kabsa. sibyeko hariho abakibihakana

david abayo yanditse ku itariki ya: 3-12-2012  →  Musubize

uguhora niukwiteka kandi urukundo rutsinda ibidatorohera abatazi imana

yanditse ku itariki ya: 2-12-2012  →  Musubize

nduvya ko uwomugabo arikigoryi peeee

naira yanditse ku itariki ya: 13-05-2021  →  Musubize

Ubwenge yarabubuze!

Rutwe yanditse ku itariki ya: 16-11-2012  →  Musubize

Humura komera Immana ikuri imbere gusa muyizere ishoborabyose.

Gafirigi bernard yanditse ku itariki ya: 16-11-2012  →  Musubize

uwo mupasiteri wamwigishije ubwiyunge imana imuhe umugisha pe

xxxxxx yanditse ku itariki ya: 16-11-2012  →  Musubize

uwo mupasiteri wamwigishije ubwiyunge imana imuhe umugisha pe

xxxxxx yanditse ku itariki ya: 16-11-2012  →  Musubize

muraho,njye mbona byose bishoboka nubwo bitoroshye ku byumva mu bwenge bwacu nk’abantu ariko imbere y’Imana byose birashoboka mbasabye rero kureka ugushaka kw’Imana ku katuyobora muri byose Nyagasani abarinde kandi arinde uriya muryango.

aimable yanditse ku itariki ya: 16-11-2012  →  Musubize

Dore ubwiyunge isi icyeneye kugirango dutere imbere! erega burya inda iragatsindwa,ariko nshimiye uyu muryango muri rusange uteye imbere mu mutwe nibakomerezaho bafashe n’abandi kubohoka kungoyi y’amateka naho se yabuze abantu bangana kuriya nawe byaramurenze impamvu yasigaye! Gusa ntibyoroshye murakomere kandi mube intwali kuko nubwo mwabyakiriye abo muzabyara batanabibasabye muzabategure neza kuko ibi bera ku isi ntibyoroshye

UMUSAZA yanditse ku itariki ya: 16-11-2012  →  Musubize

Ubu nibwo bwiyunge nyabwo!Hari n’ubundi bwabayeho muri Rusizi nk’ubu! Ni byiza pe, wenda n’ahandi birahari!

karorero yanditse ku itariki ya: 16-11-2012  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka