Ashingiye ku bubasha ahabwa n’Itegeko, ku mugoroba wa tariki 24 Nyakanga 2025, Perezida Paul Kagame yashyizeho abagize Guverinoma nshya iyobowe na Minisitiri w’Intebe mushya, Dr. Nsengiyumva Justin wasimbuye Dr. Ngirente Edouard, barimo Habimana Dominique wagizwe Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu asimbuye Dr Patrice Mugenzi.
Ubuyobozi bukuru bw’Ishuri rikuru rya gisirikare riri i Nyakinama mu Karere ka Musanze (RDFSCSC), bwatangaje ko bugiye gutangira kujya bwigisha isomo ryerekeranye n’amakuru y’ibihuha (Fake news) aba ku mbuga nkoranyambanga, nk’isomo ryihariye.
Minisiteri y’Ibidukikije yahawe Minisitiri mushya, Dr. Bernadette Arakwiye, akaba asimbuye Dr. Uwamariya Valentine, mu gihe Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu yahawe Dominique Habimana muri Guverinoma nshya yashyizweho kuri uyu mugoroba.
Igikomangoma cyo muri Leta ya Perlis, mu gihugu cya Malaysia ku mugabane wa Aziya, Tuanku Syed Faizuddin Putra Jamalullail, n’intumwa yari ayoboye zirimo umugore we, umwana we n’umuyobozi w’idini ya Islamu muri iyo Leta, muri iki cyumweru bagiriye uruzinduko mu Rwanda, bagamije kurumenya, kumenya amateka yarwo cyane cyane (…)
Ku mugoroba wo kuri uyu wa Kane tariki 14 Nyakanga 2025, muri Village Urugwiro, Perezida wa Repubulika Paul Kagame yakiriye Amb. Antoine Anfré, Ambasaderi w’u Bufaransa mu Rwanda ucyuye igihe, na Amb. Hazza Mohammed Falah Kharsan AlQahtani, Ambasaderi wa Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu mu Rwanda ucyuye igihe, mu rwego rwo (…)
Ku mugoroba wo kuri uyu wa Kane tariki 24 Nyakanga 2025, Perezida Paul Kagame yakiriye mu biro bye Dr. Justin Nsengiyumva, aheruka guha inshingano zo kuba Minisitiri w’Intebe, asimbuye Dr Edouard Ngirente.
U Rwanda ruritegura gutangira gushyira mu bikorwa uburyo bushya bwo gupima imyuka ihumanya ituruka mu binyabiziga byose, ibyo bikazaba ari intambwe ikomeye mu kurengera ibidukikije no gukumira indwara zituruka ku guhumeka umwuka wanduye cyangwa se uhumanye.
Ni amasezerano yasinyiwe i Alger murwa mukuru wa Algeria, tariki ya 23 Nyakanga 2025, na Minisitiri w’Ingabo Juvenal Marizamunda n’Umugaba Mukuru w’Ingabo z’iki Gihugu, Army General Saïd Chanegriha.
Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo(DRC) n’u Rwanda bagiranye amasezerano yo gucyura impunzi ziri mu bihugu byombi zibishaka, mu mahoro, kandi ku buryo bwubahiriza uburenganzira bwa muntu.
Inteko rusange ya Sena yavuze ko Ikirwa cya Nkombo aricyo gikwiye guturwa cyonyine, mu gihe ibindi birwa cumi na bitatu bisigaye byose bikwiye kwimurwaho abaturage, kuko bitujuje ibyangombwa.
Mu rukerera rwo ku wa Kane tariki ya 24 Nyakanga 2025, Polisi ikorera mu Karere ka Gicumbi ku bufatanye n’izindi nzego, yafashe abagabo 6 bakekwa kugira uruhare mu bikorwa by’ubucukuzi butemewe bw’amabuye y’agaciro.
Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, yashyizeho Minisitiri w’Intebe mushya, Dr. Justin Nsengiyumva, asimbuye Dr. Edouard Ngirente wari muri izo nshingano kuva mu 2017.
Inteko rusange ya Sena yateranye kuri uyu wa Gatatu tariki 23 Nyakanga 2025, yatoye umushinga w’itegeko ngenga rigena imikorere ya Sena, urimo ingingo 131 ivuga ku bihano bihabwa Umusenateri biturutse ku ikosa yakoreye mu nama.
Mu gihe cy’amezi hafi 12, ba mukerarugendo b’abanyamahanga bishyuraga akayabo k’amafaranga, bashaka impushya zo gusura ingagi zo mu birunga by’u Rwanda, ariko ayo mafaranga ntiyajyaga mu isanduku ya Leta nk’uko biteganyijwe, ahubwo yoherezwaga kuri konti y’umuntu ku giti cye.
Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda, Gen Mubarakh Muganga, yagaragaje ko abasirikare bakuru badatozwa gusa kugira ngo babone amashuri makuru n’ubunyamwuga bwisumbuye, kuko ari n’uburyo bubategura gukorera hamwe.
Abakoze ibyaha bya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, bavuga ko Komisiyo y’Ubutabera n’Amahoro yabafashije gukira ipfunwe batewe n’ubwicanyi bakoze bongera kwisanga mu muryango nyarwanda nyuma yo kurangiza ibihano.
Kuri uyu wa Mbere tariki 21 Nyakanga 2025, bamwe mu Badepite bagize Komisiyo zihoraho zitandukanye, ndetse n’abagize Ihuriro ry’Abadepite b’Abagore mu Rwanda (FFRP), bahuye n’intumwa ziturutse mu Nteko Ishinga Amategeko ya Madagascar, zari ziri kumwe n’abahagarariye Ikigo cy’Amatora kigamije Demokarasi irambye muri Afurika (…)
Umugabo w’imyaka 42 y’amavuko akurikiranyweho kugerageza kwica umugore w’imyaka 29 amugongesheje imodoka.
Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango watangijwe n’Umwami wa Maroc, Mohammed VI w’Abamenyi ba Afurika (Fondation Mohammed VI Des Oulemans Africains), Si Mohammed Rifki, asanga u Rwanda rukwiye kubera ibindi bihugu urugero kubera ubumwe n’amahoro biharangwa.
Abaturage bo mu Karere ka Nyagatare barishimira ko babifashijwemo n’Umuryango ufasha abahinzi kongera umusaruro (One Acre Fund- Tubura) babonye umusaruro uhagije mu gihembwe cy’ihinga cya 2025B n’ubwo batabonye imvura nk’iyo bari biteze.
Perezida wa Repuburika Paul Kagame yagize Alice Uwase Umuyobozi Mukuru w’Urwego rw’Igihugu rushinzwe Mine, Peteroli na Gazi.
Kompanyi ikorara ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro ya BIG Mining mu Murenge wa Byimana mu Karere ka Ruhango, yemeye kureka gukomeza kurengera mukeba wayo EMITRA Mining badikanyije, nyuma yo gusuzuma imbago n’imiterere y’aho izo Kompanyi zombi zemerewe gukorera.
Mu gikorwa Abadepite bagize Komisiyo y’Ubumwe bw’Abanyarwanda, Uburenganzira bwa Muntu no Kurwanya Jenoside barimo hirya no hino mu gihugu, basanze urubyiruko rukomoka ku babyeyi bakoze Jenoside yakorewe Abatutsi 1994 ndetse n’urukomoka ku bayirokotse, ruhura n’ikibazo cyo kudahabwa amakuru y’ukuri n’ababyeyi babo bigatuma (…)
Perezida wa Repuburika Paul Kagame yakiriye mu biro bye intumwa zaturutse mu Kigo cy’ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro cya Rio Tinto.
Urukiko rw’Ibanze rwa Kicukiro rwategetse ko Ingabire Umuhoza Victoire afungwa iminsi 30 y’agateganyo.
Leta y’u Rwanda n’iya Antigua and Barbuda, zashyize umukono ku masezerano y’ubufatanye, bemeranya gukuriraho viza abaturage b’ibihugu byombi batunze pasiporo z’ubwoko bwose, zirimo izisanzwe n’iza dipolomasi, hagamijwe kurushaho kubyaza umusaruro amahirwe aboneka ku mpande zombi.
Ku wa Kane tariki 17 Nyakanga 2025, Perezida William Ruto wa Kenya yakiriye mu biro bye Umunyamabanga wa Leta ushinzwe Ubutwererane bw’Akarere, Gen (Rtd) James Kabarebe nk’Intumwa yihariye ya Perezida Paul Kagame.
Perezida w’Umutwe w’Abadepite, Kazarwa Gertrude, kuri uyu wa Kane tariki 17 Nyakanga 2025, mu Nteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda, yagiranye ibiganiro na Ambasaderi wa Sudani mu Rwanda, Khalid Musa Dafalla Musa, bigamije gushimangira umubano n’ubufatanye bw’ibihugu byombi.
Mu myanzuro y’inama y’Abaminisitiri yateranye ku wa Gatatu tariki ya 16 Nyakanga 2025, iyobowe na Perezida Paul Kagame, isize Minisiteri ya Siporo ibonye Umunyamabanga uhoraho mushya, Madamu Candy Basomingera, wari umuyobozi wungirije muri Rwanda Convention Bureau.
Gatabazi Jean Marie Vianney wigeze kuba Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu yongeye kugirirwa icyizere.