Abadepite bemeje umushinga w’itegeko rigenga ubucuruzi bw’umutungo koranabuhanga, ushyiraho ibihano bikomeye ku bantu ku giti cyabo cyangwa ibigo bikora ubu bucuruzi batabifitiye uruhushya.
Umuryango w’abantu icumi (umugabo, umugore n’abana umunani) bo mu Karere ka Bugesera mu Murenge wa Mwogo mu Mudugudu wa Karutabana, Akagari ka Kagasa, wari uhangayikishijwe no kuba mu nzu itameze neza, ubu urashima ko wubakiwe inzu, ukaba ugiye kubaho utekanye.
Arnold de Bosscher uzwi nka DJ Toxxyk nyuma yo guhamwa n’ibyaha yari akurikiranyweho kuri uyu wa mbere tariki 4 Gicurasi 2026, Urukiko rw’Ibanze rwa Nyarugenge rwamuhanishije gutanga ihazabu ya miliyoni 1,5 Frw no gukora imirimo y’inyungu rusange asubitse mu gihe cy’amezi atandatu, runategeka ko ahita arekurwa.
Inzego zifite ubutaka mu nshingano zigaragaza ko mu Rwanda habarirwa ibibanza by’ubutaka miliyoni 12 kandi byinshi mubyo Abanyarwanda batunze biri munsi ya ½ cya hegitari.
Musenyeri Barthazar Ntivuguruzwa, avuga ko Diyosezi ya Kabgayi, izakomeza kunganira Leta mu guhanga imirimo mishya, mu gukemura ibibazo bibangamiye imibereho myiza.
Perezida Paul Kagame kuri iki Cyumweru tariki 03 Gicurasi 2026, azagirira uruzinduko rw’akazi rw’umunsi umwe muri Tanzania. Ni uruzinduko rugamije gishimangira umubano w’ibihugu byombi no guteza imbere ubucuruzi n’ubufatanye mu Karere ka Afurika y’Iburasirazuba.
Nyuma y’uko abakoresha Gas bari basanzwe bajyana amacupa ku bacuruzi ba Gas, cyangwa se bagahamagara abayicuruza bakayibazanira, kuri ubu hakozwe porogaramu yo muri telefone yitwa ‘tekereheza app’ ukeneye Gas akoresha akayitumiza, abatanga Gas bagahita babona ubusabe bw’uyikeneye bagahita bayimugezaho.
Business ndi gukoraho ni ijyanye n’uburyo bw’imyishyuranire bw’ikoranabuhanga (blockchain) ndetse n’ibijyanye no guha agaciro igicuruzwa cyangwa imitungo, ikagurishwa ihagarariwe n’ikimenyetso gifatika(tokenization).
“Rupert, kubera ibikorwa byawe by’ubutwari, akira iri shimwe”, ngayo amagambo yabwiwe imbwa ikora imirimo ya gisirikare muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, ubwo yatambukaga ku itapi itukura, ije kwakira igihembo cyayo.
Urwego rw’Igihugu rw’ubugenzacyaha (RIB), rwafunze Hategekimana Silas, Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Mageragere mu Karere ka Nyarugenge, akurikiranyweho ibyaha bya ruswa no kumena ibanga ry’akazi.
Madamu Jeannette Kagame yatanze ubutumwa bugaruka ku nshingano zo Kwibuka, ubutwari bw’abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi bwo gukomeza guharanira kubaho ndetse n’inshingano buri munyarwanda afite zo gukunda Igihugu, kurinda ukuri kw’amateka y’u Rwanda, no gukomeza kwimana u Rwanda.
Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame , arateganya kugirira uruzinduko rw’akazi muri Botswana, ku matariki ya 6 – 7 Gicurasi 2026, ku butumire bwa mugenzi we wa Botswana, Duma Gideon Boko.
Prof. Senateri Dusingizemungu Jean Pierre, asanga ibyo gukomeza kwizera ko Diporomasi izakemura ikibazo cy’Abarundi bakoze Jenoside mu Rwanda, bikwiye guhindura isura, kuko uko bikorwa nta gisubizo gifatika bitanga.
Guverinoma yafunze icyuho cyari mu itegeko rigenga abakozi ba Leta cyatumaga hari zimwe mu nzego za Leta zirenga ku buryo busanzwe bwo kugena imishahara n’inyungu ku bakozi, zigashyiraho imishahara uko zishaka, ibyo bigatuma habaho ubusumbane bukomeye mu mishahara ku bakozi ba Leta bakora akazi kari ku rwego rumwe, bitewe (…)
Umuvugizi w’Ingabo z’u Rwanda (RDF), Brig Gen Ronald Rwivanga, yagaye ingabo z’u Bubiligi zari mu muryango w’abibumbye (UN), zatereranye Abatutsi bakicwa muri ETO Kicukiro muri Jenoside yakorewe Abatutsi.
Urwego rw’Igihugu rw’Ubwiteganyirize (RSSB), rwatangije Ikigega kigamije gufasha ibigo by’ubucuruzi bito n’ibiciriritse (SME’s) kubona igishoro.
Ni mu gitondo kare, izuba rigitangira kurasa mu Kagari ka Shengampuli, mu Murenge wa Masoro, Akarere ka Rulindo. Abana, abagore n’abasore bake bake bitwaje amajerekani berekeza kuvoma ahitwa mu Gasiza.
Perezida Paul Kagame yongeye gushimangira ko Afurika ishaka kwigira no gukorana n’ibindi bice by’Isi mu buryo butanga umusaruro, aho guhezwa inyuma n’ivangura no guhiganwa bitari ngombwa.
Abakobwa mirongo itatuy babyariye iwabo bafashwa n’Umuryango “Kura Organisation” kuri uyu wa gatanu bashoje amasomo bize mu gihe cy’amezi atandatu mu bijyanye no gusuka, gutunganya inzara n’indi myuga y’ubwiza.
Minisitiri w’Uburezi Nsengimana Joseph arasaba urubyiruko rwavutse nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, kwirinda ingengabitekerezo n’amacakubiri, kuko rwavukiye mu Gihugu gifite politiki nziza y’uburezi budaheza.
Minisiteri y’Ubucuruzi n’Inganda (MINICOM), ivuga ko Leta y’u Rwanda kugeza ubu nta gahunda ifite yo gushyiraho ingano ntarengwa ya lisansi ihabwa ikinyabiziga kuri sitasiyo, nk’uko hari abamaze iminsi babihwihwisa.
Abasirikare bakuru 37 baturuka mu bihugu 19, bari mu ishuri rikuru rya Gisirikare rya Nyakinama (RDF CSC) kuri uyu wa Gatatu basuye igicumbi cy’Intwari z’Igihugu giherereye i Remera mu Mujyi wa Kigali.
U Bufaransa buri mu iperereza ku Banyarwanda 36 bakekwaho kugira uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Umuryango Unity Club Intwararumuri wateguye gahunda yo kwifatanya n’ababyeyi b’Intwaza Kwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi aho batuye mu turere dutandukanye.
U Rwanda rufite impano y’amabuye y’agaciro mu nguni zose z’igihugu, Muhanga ikaba kamwe mu turere dukungahaye kuri ubu butunzi buyoboye izindi nzego mu kwinjiriza igihugu amadovize.
Abanyenganda bakorera mu cyanya cy’inganda cy’Akarere ka Muhanga, bavuga ko ikibazo cy’umuriro w’amashanyarazi udahagije, cyangwa ugenda bya hato na hato, kiza imbere mu mbogamizi bahura na zo mu kazi kabo, bagasaba ko hakorwa ibishoboka kigakemuka byihuse.
Umuyobozi w’Urugaga rw’Abikorera mu Rwanda (PSF), François Twagirumukiza, yasabye abikorera bose mu Rwanda kwitegura neza amahirwe azava mu ihuriro rikomeye rya Africa CEO Forum, ashimangira ko ari urubuga rukomeye ruhindura ejo hazaza h’ubucuruzi n’ishoramari ku mugabane wa Afurika.
Minisiteri y’Ibikorwa remezo (MININFRA), yasabye ibigo bya Leta byose kugura nibura 30% by’imodoka zikoresha amashanyarazi.
Byari ibyishimo byo kubonana hagati y’abakunzi babiri, umwe witwa KT Radio ku ruhande rumwe, ndetse n’ abayikurikirira kuri 96.7 FM, mu Ntara y’Amajyepfo i Muhanga.
Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwataye muri yombi abantu icyenda bakurikiranyweho ibyaha bitandukanye birimo n’ubutekamutwe bwo kugurisha abantu uburo ku mafaranga Miliyoni hafi eshatu z’Amafaanga y’u Rwanda ku kilo.