Abakora ubucuruzi bwo gukodesha amahema muri gahunda zitandukanye nko kwakira ibirori n’ibindi bijyanye nabyo mu Mujyi wa Kigali, barasaba ko bamenyeshwa amabwiriza bagenderaho bakava mu gihirahiro.
Ahitwa ‘Ku Masuka ya Papa’ ni mu Karere ka Kamonyi akaba yarahashyizwe nk’ikimenyetso cy’urwibutso rwa Papa Yohani Pawulo wa II waje mu Rwanda tariki ya 7 Nzeri 1990.
Umugabo witwa Munyaziboneye wo mu Kagari ka Bukinanyana, Umurenge wa Cyuve mu Karere ka Musanze, yahiriye mu nzu yabagamo bimuviramo gupfa.
Abantu 25 bakomerekeye mu mpanuka y’imodoka itwara abagenzi ya RITICO Express, yo mu bwoko bwa Bus Yutong, yavaga i Kigali yerekeza i Huye, ikaba yari igeze mu Karere ka Kamonyi mu Murenge wa Gacurabwenge, mu Kagari ka Nkingo, mu mudugudu wa Nyamugari, ndetse ihita inafunga umuhanda.
U Rwanda rwashyikirije Umuryango ushinzwe Ubucuruzi Mpuzamahanga (WTO), inyandiko ikubiyemo iyemezwa ry’amasezerano yiswe ‘WTO Agreement on Fisheries Subsidies’, agamije guteza imbere urwego rw’uburobyi mu buryo burambye no kurengera ibidukikije.
Bamwe mu bahoze ari abarembetsi bo mu Karere ka Burera mu Mirenge yegereye umupaka wa Cyanika uhuza u Rwanda na Uganda, bavuga ko inkunga zinyuranye zirimo imirimo y’amaboko ndetse n’inkunga z’amafaranga yo kubafasha kwihangira imirimo y’amaboko bitabagezeho.
Banki ya Kigali yifatanyije n’umuryango mugari w’Abashinwa baba mu Rwanda mu gikorwa cyo kwizihiza umwaka mushya. Mbere y’uko abo mu Burengerazuba bw’Isi basakaza imico yabo n’ibyaho henshi ku Isi, ibihugu bimwe byagiraga uburyo bwabyo bibaho, aho mu mateka y’u Bushinwa ho bakurikizaga ingengabihe y’ukwezi (Lunar calendar) (...)
Umuganda usoza ukwezi kwa Gashyantare 2024, mu Ntara y’Iburasirazuba wibanze ku gutuganya imihanda yangiritse kubera imvura imaze igihe igwa, abaturage bashishikarizwa kugira isuku n’isukura ndetse no kwitegura amarushanwa ku isuku ariko by’umwihariko basabwa gufata neza umusaruro wabonetse mu gihembwe cy’ihinga gishize, (...)
Nubwo hari Abarundi bari barahungiye mu Rwanda muri 2015 na nyuma yaho gato, bagenda bataha, ariko kandi hari n’abavuga ko igihe cyo gutaha kitaragera. Zimwe mu mpamvu Abarundi barenga ibihumbi 40 basigaye mu nkambi ya Mahama iherereye mu Karere ka Kirehe, bashingiraho bavuga ko kuri bo igihe cyo gutaha kitaragera, ni (...)
Abatuye Umurenge wa Jomba na Mulinga mu Karere ka Nyabihu, bahangayikishijwe n’ikiraro cya Gitebe gikomeje kwangirika, bakagira impungenge z’impanuka abanyeshuri bacyambuka bajya ku ishuri bashobora kuhagirira, dore ko cyegereye ikigo cy’ishuri, gusa ubuyobozi bwavuze ko kigiye gukorwa bidatinze.
Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB), Dr Murangira B. Thierry, avuga ko mu iperereza rimaze igihe rikorwa ku kwiba no kugurisha ibizamini by’akazi, rimaze kugaragaza abakozi umunani mu nzego za Leta bakekwaho kugira uruhare mu byaha, bijyanye no kwiba no kugurisha ibizamini by’akazi.
Perezida wa Mozambique, Filipe Jacinto Nyusi aherekejwe na Minisitiri w’Ingabo, Maj Gen Cristovão Artur Chume, yasuye inzego z’umutekano z’u Rwanda ziherereye mu Karere ka Ancuabe, ashima uruhare zagize mu kugarura amahoro muri aka Karere.
Abarundi batashye ku bushake barishimira uko bakiriwe n’uko bafashwe mu Rwanda, mu myaka umunani bari bamaze ku butaka bw’u Rwanda ari impunzi.
Ikigo cy’Igihugu cy’Ubumenyi bw’Ikirere, Meteo Rwanda, cyatangaje ko mu gice cya gatatu cy’ukwezi kwa Gashyantare 2024 kuva tariki ya 21 kugeza tariki ya 29 hazagwa imvura iri hagati ya milimetero 15 na 100 mu bice bitandukanye by’Igihugu.
Perezida Paul Kagame yakiriye ndetse agirana ibiganiro na mugenzi we wa Sudani y’Epfo akaba n’Umuyobozi muri iki gihe w’umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC), Salva Kiir Mayardit, n’intumwa ayoboye zirimo Dr. Peter Mathuki, Umunyamabanga Mukuru wa EAC.
Perezida wa Repubulika ya Sudani y’Epfo akaba n’Umuyobozi w’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC), Salva Kiir Mayardit yageze mu Rwanda mu ruzinduko rw’akazi rw’umunsi umwe.
Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu (MINALOC) hamwe n’Umujyi wa Kigali, basaba abafite ibikorwa byubatswe nta byangombwa, harimo n’abakorera mu Gakiriro ka Gisozi, kubyivaniraho (kubisenya), batabikora inzego zibishinzwe zikabivanaho ba nyirabyo batanze ikiguzi.
Abantu batatu batawe muri yombi bakekwaho kwica umusore witwa Nshimiyimana Daniel bakamujugunya mu bwiherero, hakaba harimo gukorwa iperereza ku rupfu rwe, nyuma yo umurambo we muri ubwobwiherero.
Hirya no hino mu Gihugu hubatswe imidugudu y’icyitegererezo, (Model Villages) ituzwamo abantu bo mu byiciro bitandukanye birimo abimuwe mu duce twashyira ubuzima bwabo mu kaga (Amanegeka), abatishoboye, abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi n’abamugariye ku rugamba rwo kubohora Igihugu.
Abanyeshuri bane biga muri Kaminuza ya Kibogora Polytechnic mu Karere ka Nyamasheke, bahuye n’impanuka yo guturikanwa na Gaze aho bacumbika, bose barakomereka.
Ubwo Minisitiri w’Ubucuruzi n’Inganda, Prof Ngabitsinze Jean Chrisostome yagezaga ibisobanuro mu magambo kubagize Inteko Ishinga Amateko ku bibazo byagaragaye mu gihe Abadepite basuraga ibikorwa by’inganda nto n’iziciriritse no ku bibazo byagaragaye muri raporo y’Ubugenzuzi Bukuru bw’imari ya Leta kuri gahunda yo guteza (...)
Raporo nshya yakozwe na Banki Nyafurika itsura amajyambere (AfDB), yagaragaje ko u Rwanda ruri mu bihugu 11 bya mbere muri Afurika biteganijwe ko bizagira ubukungu butajegajega mu myaka ibiri iri imbere.
Minisitiri w’Intebe, Dr. Edouard Ngirente, ku wa Gatatu tariki 21 Gashyantare 2024, yagiranye ibiganiro na Minisitiri ushinzwe ubwikorezi mu Misiri, Lt. Gen. Kamel Alwazir uri mu ruzinduko rw’akazi mu Rwanda.
Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda, RDF, Gen Mubarakh Muganga, yakiriye intumwa zigizwe n’abarimu n’abanyeshuri 20 baturutse mu ishuri rikuru rya gisirikare muri Nigeria, bari mu rugendoshuri.
Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Gatatu tariki 21 Gashyantare 2024, nibwo icyiciro cya 85 cy’impunzi z’Abarundi kigizwe n’abantu 95, cyambutse umupaka wa Nemba bakaba batashye iwabo ku bushake.
Umuhanda wa kaburimbo Musanze-Gakenke wagwiriwe n’inkangu yatewe n’imvura yaguye ari nyinshi, mu masaha y’igicamunsi cyo kuri uyu wa Gatatu tariki 21 Gashyantare 2024, ariko hahita hakorwa ubuitabazi ku buryo ubu utangiye kugendwa.
Minisiteri y’Ubutabera(MINIJUST) yamenyesheje inzego zitandukanye mu Gihugu n’imiryango mpuzamahanga, ko irimo gutegura gahunda izagenderwaho n’abashoramari kugira ngo ibafashe kubahiriza uburenganzira bwa muntu, mu byo bakorera mu Rwanda.
Umuyobozi w’Akarere ka Gatsibo, Gasana Richard, avuga ko ababazwa cyane kuba atarabona igikombe cy’imihigo ariko harikiri ikizere ko ashobora gusoza manda cyarabonetse kuko batakiza mu myanya ya nyuma.
Umuryango Agaseke k’Urukundo wunganira abakene bivuriza mu bitaro bya Kaminuza by’i Butare (CHUB) mu buryo bw’amafaranga ndetse n’umuryango Kuzamura Ubuzima ugaburira abatabasha kubona amafunguro muri ibi bitaro irashishikariza n’abandi bafite umutima ukunda kubunganira.
Ikamyo yavaga i Kamembe yerekeza i Bugarama yageze mu Murenge wa Kamembe, Akagari ka Cyangugu, Umudugudu wa Cyangugu ikora impanuka, igogongana n’indi modoka yo mu bwoko bwa Toyota Corolla, umushoferi wari utwaye iyi kamyo arakomereka byoroheje.