Abaturage batuye imirenge ya Kazo na Mutenderi bahisemo kwitirira ikizamini gisoza icyiciro rusange cy’amashuri yisumbuye (Tronc-commun) inzara iri kuvugwa hirya no hino mu karere ka Ngoma, aho yahawe amazina nka gashogoro na Tronc-commun.
Abanyamadini batandukanye bo mu karere ka Ruhango, biyemeje gufata icyemezo cyo kwipimisha agakoko gatera SIDA bakamenya uko ubuzima bwabo buhagaze. Bakauga ko bizabafasha gukomeza umurimo w’Imana bawukorana imbaraga.
Abayobozi b’akarere ka Gakenke bategetswe kugaruza umutungo wa Leta ubarirwa mu mamiliyoni yanyerejwe n’abakozi b’akarere, ubwo bitabaga akanama k’abadepite gashinzwe gukurikirana imikoreshereze y’umutungo wa Leta (PAC) kuri uyu wa Gatanu tariki 09/11/2012.
Abanyamuryango ba FPR bo mu kagari ka Nkingo , umurenge wa Gacurabwenge ho mu karere ka Kamonyi, bizihije isabukuru y’imyaka 25 umuryango FPR Inkotanyi umaze uvutse, mu muhango wabaye kuri uyu wa gatanu tariki 9/11/2012.
Umuyobozi w’akarere ka Rubavu yatangarije abatrage ayoboye ko ikigezweho mu Rwanda ari ukuzamuka mu iterambere hagendewe ku miyoborere myiza n’umutekano Abanyarwanda bifitiye, nyuma y’igihe kinini rwamaze mu bibazo.
Abanyamadini batandukanye bo mu karere ka Ruhango, biyemeje gufata icyemezo cyo kwipimisha agakoko gatera SIDA bakamenya uko ubuzima bwabo buhagaze. Bakauga ko bizabafasha gukomeza umurimo w’Imana bawukorana imbaraga.
Bamwe mu baturage batuye mu mudugudu wa Nyarucyamo ya Kabiri mu murenge wa Nyamabuye, akarere ka Muhanga, baravuga ko ishuri ry’Abadivantiste riri kubaka inyubako nshya muri uwo mudugudu ribabangamiye kuko ribateza isuri n’umwanda.
Nyuma yo kwitabira ibiganiro bigamije guhumuriza abaturage no kubashimira ubufatanye n’inzego z’umutekano, umuturage wo mu murenge wa Bugeshi mu karere ka Rubavu witwa Ndagijimana yasabye ko yatumiza umwana we uri muri FDLR akagaruka mu Rwanda.
Umuhuzabikorwa w’Itorero ry’Igihugu mu karere ka Nyamasheke, Hakizimfura Jean Chrysostome, aremeza ko gutegura itorero ryo ku rugerero rigizwe n’abanyeshuri barangije amashuri yisumbuye muri ako karere bigeze ahashimishije.
Mu gihe Abanya-Singapore bavuga ko amazi azajya akoreshwa mu mujyi wa Kigali yakurwa mu kiyaga cya Muhazi na Mugesera, Ikigo cy’Igihugu cy’Imiturire (RHA) kivuga ko ibyo byagira ingaruka kuri ibi biyaga, bikanabiviramo gukama.
Umusaza Makuza Vedaste w’imyaka 84 y’amavuko n’umuhete we Mukandinda w’imyaka 66, kuri uyu wa kane tariki 08/11/2012 basezeraniye imbere y’ubuyobozi bw’umurenge wa Rwankuba mu karere ka Karongi.
Mushimiyimana Alexandre na Tuyisenge Primitive batuye mu karere ka Muhanga batangaza ko kuba bamaze imyaka hafi 19 babana nk’umugabo n’umugore nta mwiryane ubaranga ari uko bahujwe n’isengesho bakoze buri wese ashaka undi.
Caritas ya Diyoseze ya Gikongoro n’umuryango Catholic Relief Services (CRS) bashyikirije impunzi z’Abanyekongo ziri mu nkambi ya Kigeme toni zisaga zirindwi z’ifu ya sosoma yo gutekera abana igikoma kuko bafite ikibazo cyo kubona indyo yuzuye.
Akarere ka Gasabo kahuguye bamwe mu baturage bazagafasha kurwanya ibiyobyabwenge, hifashishijwe kwigisha bagenzi babo mu midugudu batuyemo, gahunda ya Leta yiswe “ijisho ry’umuturanyi”.
Perezida Paul Kagame ategerejwe mu gihugu cya Nigeria kuri uyu wa gatanu tariki 09/11/2012 mu bikorwa by’ubutwererane bw’ibihugu byombi bushingiye ku burezi, igisirikare n’abashoramari.
Minisitiri w’intebe w’u Rwanda arasaba Abanyarwanda bose gushyira hamwe bakarwanya ibibazo bicyugarije umuryango nyarwanda mu rwego rwo gukomeza kubaka u Rwanda rwiza rw’ejo hazaza.
Ayinkamiye Francine w’imyaka 35 y’amavuko ukomoka mu murenge wa Mururu mu karere ka Rusizi yibarutse abana batatu b’abakobwa mu bitaro bya Gihundwe ahagana saa moya zijoro zo kuwa 07/11/2012.
Mu minsi mike iri imbere akarere ka Nyamagabe karaba kujuje ibagiro rya kijyambere rigenewe kuzajya rutunganyirizwamo inyama z’ingurube zimenyerewe ku izina ry’“akabenzi”, mu gihe hari amakuru yavugwaga ko bajyaga bazitunganyiriza mu ishyamba.
Guverineri w’intara y’amajyepfo, Munyantwari Alphonse, arahamagarira Abanyaruhango kwiyubakamo umuryango muzima, kuko Abanyarwanda ntibazigera bagira umuryano mugari mu gihe bitahereye mu muryango muto.
Abanyamuryango ba FPR-Inkotanyi bo mu tugari tune tugize umurenge wa Remera mu karere ka Gatsibo, tariki 07/11/2012, bizihije isabukuru y’imyaka 25 uwo muryango umaze uvutse. Ku rwego rw’igihugu isabukuru izizihizwa tariki 15/12/2012.
Rosarie Yambabariye utuye mu mudugudu wa Remera, akagari ka Nyarutunga, umurenge wa Nyarubuye mu karere ka Kirehe, yatwitse amaboko y’umwana we w’umuhungu wiga mu mwaka wa kabiri w’amashuri abanza amuziza ko yamusuzuguye akanga gutunganya ibishyimbo bagombaga guteka.
Abasirikare bane bo mu mutwe wa FDLR barimo ba Premier sergent babiri, sergent umwe na sordat umwe bageze ku mupaka wa Rusizi ya mbere batahutse ku mugoroba wo kuwa 06/11/2012.
Abinyujije ku rubuga rwa Twitter, Perezida Kagame yifurije intsinzi Perezida Obama ariko yongeraho ko yibutsa Abanyafurika gukora cyane mu kuzamura ubukungu no kwikura mu bibazo bafite kuko nta wundi uzabibacyemurira.
Mu rugendo yagiriye mu karere ka Muhanga tariki 03/11/2012, Minisitiri w’intebe Dr Pierre Damien Habumuremyi yatangaje ko yatunguwe no kubona ahantu henshi yaciye hahinze insina zidafite icyo zeraho.
Ubuyobozi bw’akarere ka Rubavu n’inzego z’umutekano bahuye n’abaturage batuye mu mirenge ya Busasamana na Mudende, tariki 06/11/2012, bishimira imikoranire n’ingabo z’igihugu ndetse banahumurizwa ko nta mpamvu yo kugira ubwoba kuko barindiwe umutekano.
Umugabo w’imyaka 50 wo mu murenge wa Rugendabari ho mu karere ka Muhanga yahitanywe n’inyama tariki 04/11/2012.
Impuguke zavuye hirya no hino ku isi zemeje ko intambara mu burasirazuba bwa Kongo-Kinshasa iterwa n’ubukoroni ibihugu byanyuzemo, aho guterwa n’u Rwanda, nk’uko raporo z’imiryango mpuzamahanga zagiye zibyemeza.
Umushinga wo guteza imbere ubumenyi n’ubushobozi bugamije gufasha abantu basezerewe mu ngabo n’abandi bafite ubumuga ECOPD) wahaye inkunga y’ibikoresho bitandukanye ingabo n’abafite ubumuga bo mu murenge wa Busasamana mu karere ka Nyanza.
Ubwo yatangizaga imirimo yo kubaka umudugudu mu murenge wa Rongi, Minisitiri w’Intebe, Pierre Damien Habumuremyi, yagaragaje ko abaturage bakwiye kumva ko ibyo Leta iri gukora ari ukubarinda ibiza bishobora guterwa n’imiterere y’aho batuye.
Uwizeyimana Louise w’imyaka 38 utuye mu murenge wa Ntyazo mu karere ka Nyanza ahohoterwa nabo mu muryango yashyingiwemo bavuga ko yaje kuca umuryango kuko mu mbyaro enye zose nta muhungu n’umwe urimo.