Kuri uyu wa mbere tariki ya 28 Ugushyingo 2011 nibwo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo(RDC) bitabiriye amatora y’umukuru w’igihugu n’abagize inteko ishinga amategeko. Ku mupaka wa Rusizi ya mbere uhana imbibi hagati y’u Rwanda na RDC kwinjira no gusohoka byakomeje ariko urujya n’uruza rwagabanutse.
Polisi y’igihugu iratangaza ko amazina y’umurambo watoraguwe tariki 25/11/2011 mu mugezi wa Rwanzekuma ugabanya umurenge wa Gisozi na Kacyiru yamenyekanye.
Bamwe mu baturage batuye aho ingabo z’u Rwanda zikora ibikorwa byo kurinda amahoro muri Darfur batangiye kwibona nk’Abanyarwanda bitewe no gushimishwa n’ibikorwa ingabo z’u Rwanda zikora muri icyo gihugu.
Mu rwego rwo gukomeza kwibuka Jenoside yakorewe abatutsi muri Mata 1994 tariki 25/11/2011 abantu 50 bo mu karere ka Gicumbi basuye urwibutso rwa Jenoside rwa Gisozi.
Mu mpera z’igihembwe cya kabiri cy’uyu mwaka, Niragire Albert, umwarimu ku kigo cy’amashuri abanza cya Nkuri mu karere ka Rutsiro, yabeshye ko yapfushije umwana we kugira ngo SACCO umuhe amafaranga 300.000.
“Iyo umuryango ufite amahoro ugera no ku iterambere, urangwa n’ubuzima bwiza kandi n’abana baba abahanga kuko nta kiba cyabahungabanyije.” Uwo ni Hon. Mukakanyamugenge Jaqueline wabwiraga abaturage bo mu Murenge wa Rwaniro ibijyanye na gahunda y’iminsi 16 yahariwe kurwanya ihohoterwa rishingiye ku gitsina. Hari nyuma (...)
Abantu barindwi bakorera isosiyeti icukura amabuye y’agaciro yitwa RUDNIKI, bari barengeweho n’ikirombe bacukuragamo amabuye y’agaciro ya Coltan mu murenge wa Nyarusange, bamaze gukurwamo n’igikorwa cy’umuganda ku bufatanye bwa polisi y’igihugu ndetse n’ingabo.
Mu rukerera rwo kuwa gatandatu tariki ya 26 Ugushyingo 2011 polisi yo mu Karere ka Nyanza yabyukiye mu gikorwa cyo gusaka ahantu hakekwaho ubucuruzi bw’ibiyobyabwenge birimo urumogi na Kanyanga biza ku isonga no guta muri yombi imburamukoro n’inzererezi zo muri aka karere.
Jennifer ntiyashoboye kwitabira ibirori byo guhabwa impamyabushobozi mu ishuri rikuru ryo mu mutara Umutara Polytechnic University kubera impanuka yakoze ubwo yajyagayo muri iki gitondo hamwe n’abari bamuherekeje. Nta muntu wapfuye. Abakomeretse barimo kuvurirwa mu bitaro bya Nyagatare abandi mu bitaro bw’umwami Faisal i Kigali.
Mu gitondo cyo kuri uyu wa gatanu, mu murenge wa Gisozi mu karere ka Gasabo, hatoraguwe umurambo w’umusore utaramenyekana uri mu kigero cy’imyaka 22 y’amavuko wishwe atemaguwe.
Ku nkengero z’ikiyaga cya Kidogo cyo mu Karere ka Bugesera, umurenge wa Rilima habonetse ibice by’umubiri w’umuntu wishwe n’ingona.
Ubuyobozi bw’akarere ka Nyaruguru buremeza ko tariki 22/11/2011mu murenge wa Kibeho habonetse imibiri y’abantu 27 bazize Jenoside.
Umukuru wa polisi IGP Emmanuel K. Gasana aratangaza ko hari gahunda yo gukwirakwiza ibigo bishinzwe kwakira ibirego by’ahagaragaye ihohoterwa mu gihugu hose. Yabitangaje ubwo yasurwaga n’umuyobozi mu ishami ry’umuryango w’abibumbye ryita ku bana (UNICEF) tariki 23/11/2011.
Imodoka yo mu bwoko bwa Coaster ya sosiyete itwara abantu ya Rugali Express yaguye ku Ruyenzi ahagana mu ma saa kumi z’umugoroba. Nta muntu n’umwe yahitanye keretse bake bakomeretse ku buryo bworoheje.
Inteko rusange y’umutwe w’abadepite, kuri uyu wa kane tariki 24/11/2011, yatoye itegeko rishyiraho kandi rikagena inshingano, imiterere n’imikorere y’ibitaro bya gisirikare bya Kanombe (KMH).
Imfurayase Patience, umukobwa uzwi cyane muri showbiz nyarwanda, yashatse gutwika inzu y’iwabo harimo ababyeyi be n’abavandimwe be ariko polisi irahagoboka.
Ambasaderi wa Leta Zunze Ubumwe z’Amerika mu mu muryango w’abibumbye, Susan Rice, yatangaje ko igihugu cye cyatabaye muri Libiya kubera kwanga kongera gukora ikosa ryo kudatabara igihugu cye cyakoze ubwo mu Rwanda habaga Jenoside.
Ushinzwe ibikorwa mu ishami ry’umuryango wabibumbye ryita ku bana (UNICEF), Nicholas Alipui, ejo yatangaje ko yatunguwe n’intambwe u Rwanda rumaze gutera mu gukumira ihohotera rishingiye ku gitsina. Alipui yabitangaje ejo ubwo yasuraga ikigo Isange One Stop Center gukorera ku Kacyicu mu mujyi wa Kigali.
Umuryango w’umugabo witwa Elissa Uwitonze wategetswe gutaburira umurambo kugirango ujyanywe kwa muganga hamenyekane icyamwishe. Ejo nibwo ibitaro bya Nyanza byemereye umuryango we gusubirana umurambo.
Olive Dusingizimana yitabye Imana azize inkuba yamukubanye n’abavandimwe be batatu ejo mu ma saa munani z’amanywa mu mudugudu wa Batura, akagari ka Karenge, umurenge wa Rwimbogo mu karere ka Rusizi.
Abagabo 3 barengwa kunyereza amafaranga miliyoni zisaga 31 z’ibitaro bya Kibuye bemerewe kubonana n’abashinzwe ibaruramutungo (audit) mbere y’uko urukiko rukomeza urubanza.
Ambasade ya Leta Zunze Ubumwe z’Amerika mu Rwanda yatangaje ko ejo ambasaderi w’icyo gihugu muri UN, Susan Rice, yageze mu Rwanda mu ruzinduko w’iminsi ine.
Umuyobozi wa komine ya Dieulefit mu Bufaransa, madamu Christine Prietto, aratangaza ko kuba igihugu cye cyaratije umurindi abateguye bakanashyira mu bikorwa Jenocide yakorewe abatutsi mu 1994 byaribikwiye kubera isomo amahanga.
Ubwo yakoraga ikiganiro n’abanyamakuru ku nshuro ya mbere, umuyobozi w’akarere ka Muhanga yatangaje ko kuba atajyaga akorana ikiganiro n’abanyamakuru atari ukwimana amakuru ahubwo ko ari igihe cyari kitaragera.
Umujyanama muri minisiteri y’ubutabera, Jacqueline Musiitwa, ni umwe muri batatu babonye igihembo cya Foundation Mo Ibrahim. Yabonye iki gihembo kubera uruhare yagize mu guteza imbere ubucuruzi, imiyoborere ndetse n’imiryango itegamiye kuri Leta.
Abayobozi b’ikigo cy’igihugu cy’itangazamakuru (ORINFOR) bitabye banatanga ibisobanuro imbere y’akanama k’inteko ishingamategeko kagenzura imikoreshereze y’imari mu bigo bya Leta.
Ikigo cy’igihugu gishinzwe gutwara abantu n’ibintu (ONATRACOM) cyemereye imbere ya komisiyo y’inteko ishinga amategeko ishinzwe gukurikirana ikoreshwa ry’amafranga ya Leta ko cyagize igihombo cya miliyari zigera kuri enye biturutse ku micungire mibi yakozwe n’ubuyobozi bwaranjirije uburiho.
Umutwe w’ingabo z’Umuryango w’abibumbye ukorera muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (MONUSCO) watangaje ko inyeshyamba za Mai- Mai zaraye zivuganye Colonel Jean Marie Vianney Kanzeguhera wari uzwi cyane ku izina rya Sadiki, wari umuyobozi w’umutwe wa FDLR mu ntara ya Kivu.
U Rwanda ruzitabi inama iziga ku bibazo bigaragara mu gutwara abantu n’ibintu muri Afurika izabera muri Angola kuva tariki 24-25 ugushyingo.
Umukuru w’igihugu cya Repubulika ya Congo Brazzaville, Denis Sassou N’guesso, yageze mu Rwanda ku mugoroba wo kuri uyu mbere aho yakiriwe na mugenzi we Paul Kagame.