Minisiteri ifite gucunga ibiza no gucyura impunzi mu nshingano zayo (MIDMAR), yeteguye amahurwa mu turere twose tw’igihugu mu rwego rwo kwigisha ibiza, ikibitera n’uburyo byakwirindwa.
Abagore batandatu n’abana 14 bageze mu nkambi ya Nyagatare iri mu karere ka Rusizi tariki 27/12/2012, bavuye muri Repuburika iharanira demokarasi ya Congo. Batangaje ko bishimiye kongera kugera mu gihugu cyababyaye bavuga ko baje kugikiza bakoresheje amaboko yabo.
Ndekezi Ephrem w’imyaka 65 n’umugore we Uzamushaka Berthe w’imyaka 58 bo mu murenge wa Kanjongo mu karere ka Nyamasheke barwariye ku Bitaro bya Kibogora nyuma yo gukubitwa n’inkuba kuri Noheri, tariki 25/12/2012.
Bwa mbere mu mateka y’u Rwanda, umutwe w’Ingabo zirwanira mu kirere (Rwanda Air Force), zoherejwe mu butumwa bw’amahoro muri Sudani y’Amajyepfo. Igikorwa igisirikare cy’u Rwanda cyahise cyemeza ko ari ishema kuri cyo ridafitwe n’undi ubonetse wese ku isi.
Abantu bavutse ari impanga mu Rwanda, bavuga ko hakwiye kubaho ubufasha ku miryango itishoboye ibyara impanga, mu rwego rwo kurinda imibereho mibi abana bayivukamo.
Umusaza witwa Joseph Ntigubahirya, utuye mu Kagali ka Murambo, Umurenge wa Gashenyi, Akarere ka Gakenke avuga ko yariye umunyu bikoreraga mu ivu ry’ibikangaga kuko umunyu usanzwe ukoreshwa bari batarawubona.
Ubuyobozi bw’akarere ka Karongi buratangaza ko ubufatanye hagati y’ubuyobozi bw’ibanze n’abihaye Imana ari ikimenyetso cyiza cy’ubwuzuzanye bukenewe mu Rwanda.
Ibinyujije ku rubuga rwa Twitter, Minisiteri y’ubutegetsi bw’igihugu iratangaza ko minisitiri uyiyoboye, Musoni James yifurije Noheri nziza n’umwaka mushya muhire wa 2013 imiryango y’abakozi bayo bose, Abanyarwanda ndetse n’inshuti z’u Rwanda.
Umukuru w’ingabo mu Turere twa Huye na Gisagara, Col. Ruvusha Fred, yemeza ko nta kintu gishobora guhungabanya umutekano w’u Rwanda uretse wenda imperuka kuko yo umuntu atagira icyo ayikoraho.
Abasore n’inkumi bo mu karere ka Burera bizihiza cyane umunsi mukuru wa Noheli ku buryo bamwe muri bo basanzwe bakundana bategereza uwo munsi bakishyingira ababyeyi babo batabizi.
Amatsinda ane y’abantu bagize inama y’umutekano itaguye mu karere ka Karongi, basuye imirenge ine (Murundi, Murambi, Gashari na Ruganda), bakorana inama n’abayobozi b’ibanze, babasaba kudaha icyuho ibihuha bivuga ko muri Karongi haba harinjiye abacengezi ba FDLR.
Umuryango w’Abibumbye wambitse Ingabo z’u Rwanda ziri mu butumwa bwo kubungabunga amahoro muri Sudani y’Epfo imidari y’ishimwe kuko zakoze akazi k’indashyikirwa mu kubungabunga amahoro ndetse zikarenzaho n’ibikorwa by’ubutabazi n’iterambere.
Abakirisitu Gatolika bo mu karere ka Burera batangaza ko umunsi mukuru wa Noheli bawufata nk’umunsi udasanzwe kuburyo bateganya ibyo bagomba guhemba umubyeyi Bikira Mariya uba wibarutse umwana Yezu.
Abinyujije ku rubuga rwa Twitter, Perezida Kagame yifurije abantu Noheli Nziza by’umwihariko abayimwifurije n’umuryango we, aboneraho kubifuriza n’umwaka mushya Muhire.
Ministeri y’ingabo (MINADEF) yashimye inkunga ingana na miriyoni eshatu z’amadolari y’Amerika, yatanzwe na Leta y’Ubuyapani mu kubaka ibikorwaremezo by’ishuri ryigisha kubungabunga amahoro (Rwanda Peace Academy) riri i Nyakinama mu karere ka Musanze.
Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa mbere tariki 24/12/2012, inkambi ya Kigeme icumbikiwemo impunzi z’abanyekongo zahunze imirwano n’umutekano muke biri muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Kongo yakiriye indi miryango 34 igizwe n’abantu 135 baje baturuka mu nkambi y’agateganyo ya Nkamira.
Ku rwego rw’akarere ka Nyanza hagiye kubakwa urwibutso rwa jenoside yakorewe abatutsi muri Mata 1994 ruzatwara amafaranga arenga miliyoni 169; nk’uko byemejwe mu nama yabaye tariki 24/12/2012.
Abakaporari babiri: Ntezimana Emmanuel na Ntawumenyiryayo; n’umu sordant umwe bitandukanyije n’umutwe wa FDLR bageze mu nkambi ya Nyagatare mu karere ka Rusizi ku mugoroba wa tariki 21/12/2012.
Abadiventiste b’intara ya Mudende mu karere ka Rubavu bageneye abagororwa bo muri gereza ya Rubavu toni ebyiri z’ibirayi. Iki gikorwa cyashimwe n’ubuyobozi bwa gereza ya Rubavu kuko byungura byinshi mu mibereho y’imfungwa n’abagororwa.
Umunyecongo witwa Munyarutete Auguste yahungiye mu Rwanda taliki 23/12/2012 yarashwe ku kaboko ubu akaba avurirwa mu bitaro bya Gisenyi.
Ikiraro cyo ku mugezi wa Rukarara giherereye mu Kagari ka Nyabisindu mu murenge wa Kaduha gihuza imirenge ya Mbazi na Kaduha cyari kimaze umwaka cyarangiritse bikabije, cyongeye kuba nyabagendwa nyuma yo gusanwa.
Maniraho Bernard utuye mu murenge wa Musha mu karere ka Gisagara arishimira ko itariki ya 21/12/2012 yaramusize amahoro kandi byaravugwaka ko isi izaba yarangiye.
Rutarindwa Joseph Desire uyobora akagari ka Kinyanzovu, umurenge wa Cyanzarwe mu karere ka Rubavu arahamagarira abaturage gusezerana imbere y’amategeko no kuboneza urubyaro kuko byagaragaye ko iyo bidakozwe byongera amakimbirane mu miryango.
Abakirisito b’Itorero rya ADEPR bo muri Paruwase ya Rwesero mu karere ka Nyamasheke, ku cyumweru, tariki 23/12/2012 batashye urusengero rwuzuye rutwaye amafaranga asaga miliyoni 289.
Umukecuru witwa Mukaruhana Herena utuye mu mudugudu wa Gakenyeri B mu kagali ka Nyanza mu murenge wa Busasamana mu karere ka Nyanza, yari yivuganye umwuzukuru we arera bapfuye ko yaramennye umuceli bahawe mu mushinga nk’igaburo ry’iminsi mikuru ya Noheri n’ubunani bw’umwaka wa 2013.
Abatuye umurenge wa Kibirizi akagari ka Muyira ho mu karere ka Gisagara bongeye gushishikarizwa kurwanya ihohoterwa rikorerwa mu ngo, nyuma y’aho bigaragariye ko ari inzitizi ku bikorwa byinshi mu buzima bw’umuryango ndetse n’iterambere muri rusange.
Abafite ubumuga bo mu karere ka Gakenke bari guhugurwa ku gikorwa cy’amatora y’abadepie bazahagararira abaturage mu nteko ishingamategeko, giteganyijwe umwaka utaha wa 2013. Komisiyo y’amatora ikemeza ko abafite ubumuga nabo bafite uruhare muri iki gikorwa.
Abafite ubumuga bo mu karere ka Rubavu bavuga bashima komisiyo y’amatora ku biganiro ibagenera bya Demokarasi no kubakangurura uruhare rwabo mu matora yo mu nzira ya demokarasi.
Itsinda ry’abanyeshuri barangiye muri Kaminuza Nkuru y’u Rwanda (NUR) barihiwe n’Ikigega gishinzwe gutera inkunga abacitse ku icumu rya Jenoside, bashimye uburyo iki kigega cyabaereye umuryango mushya kikabitaho nyuma y’uko benshi muri bo bari barasigaye ari imfubyi.