Umuyobozi w’Akarere ka Rwamagana aravuga ko umwaka wa 2012 wagenze neza ku batuye akarere ayobora, agahamya ko 2013 izaba nziza ku batuye Rwamagana bose niba abahinzi bahinduye imyumvire bagakoresha ifumbire kuko ubuhinzi aribwo shingiro y’ubukungu n’imibereho myiza muri Rwamagana.
Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, yamenyesheje Abanyarwanda ko umwaka mushya wa 2013 ugiye kuba umwaka w’ibikorwa byinshi, birimo kuziba icyuho cy’inkunga zatangwaga n’amahanga, hifashishijwe guteza imbere ishoramari rikozwe n’abenegihugu ndetse n’abanyamahanga.
Abacuruzi bakorera mu isoko rya Gakenke mu karere ka Gakenke batangaza ko kuri uyu wa mbere tariki 31/12/2012 nta baguzi benshi babonye nk’ikindi gihe babaga bitegura umunsi mukuru w’Ubunani.
Ubuyobozi bw’umurenge wa Gihango mu karere ka Rutsiro burateganya kwihutisha umuhigo w’inyubako z’utugari ku buryo mu mezi atandatu ari imbere utugari dutandatu twose tuzaba dufite inyubako dukoreramo.
Abanyamuryango ba FPR bo mu karere ka Rubavu bavuga ko hari byinshi umuryango wabagejejeho birimo iterambere n’imibanire myiza, bakavuga ko gahunda yo guteza imbere ubuzima yageze kubana bose kandi ari igikorwa cyo kwishimira.
Umukecuru Nyirarugendo Debola ukomoka mu karere ka Rubavu amaze imyaka 100 avutse akaba afite abamukomokaho bagera ku 170. Isabukuru y’imyaka ijana yayizihije taliki 29/12/2012.
Komisiyo y’ubumwe n’ubwiyunge (NURC) yifatanije n’abana b’imfubyi zirera za Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 batuye mu mudugudu wa Rurenge, akagari ka Nyabigega mu murenge wa Kirehe kwizihiza iminsi mikuru ya Noheri n’ubunani.
Inama Njyanama y’akarere ka Ruhango yafashe ikemezo ko ubutaka bwa Leta (ibisigara) butazongera gutizwa, ahubwo ko bugiye kujya bukodeshwa ababukeneye kuko byagaragaye ko butizwa abantu cyangwa amakoperative ntibwitabweho.
Abaturage bo mu kagari ka Yaramba mu murenge wa Nyankenke, akarere ka Gicumbi bishimiye ko uno mwaka wa 2012 urangiye babonye amashanyarazi, kuko yabavanye mu mwijima w’icuraburindi anatuma bagera ku iterambere.
Ubuyobozi bwo mu karere ka Ngoma buributsa urubyiruko ko imirimo itaba mu mijyi gusa, mu gihe urubyiruko rwinshi rugenda rugana imijyi ruvuga ko rugiye gushaka imirimo.
Abagore baributswa ko kwiteza imbere ari kimwe mu bizatuma ihohoterwa mu ngo rigabanuka, nk’uko babibwiwe mu gusoza iminsi 16 yo kurwanya ihohoterwa, yasijwe kuwa Gatanu tariki 28/12/2012.
Hashize imyaka ibiri abaturage 25 bafite amasambu arimo ingwa ahegereye ahacukurwa ingwa n’uruganda rwa Ruliba Clays Ltd, barabuze ubwumvikana n’urwo ruganda ngo rubagurire isambu za bo cyangwa ngo akarere kabareke bakoreremo ibikorwa bya bo.
Komisiyo y’imibereho myiza ya njyanama y’Akarere ka Huye, nyuma yo gusabwa n’inama ya njyanama kuyirebera uko imbago z’irimbi ry’i Ngoma ryifashe, yasanze hari abantu batuye ku butaka bwahoze buri mu gice cyagenewe gushyinguramo abantu.
Guhera mu mpera z’ukwezi k’Ukuboza 2012, umuntu wese winjiye cyangwa uwutuyemo yagiye abona impinduka z’umujyi wa Kigali hirya no hino hatatse bimwe mu biranga itegurwa ry’umunsi mu kuru wa Noheli n’Ubunane.
Itsinda ry’abasirikari 85 b’ingabo zirwanira mu kirere bahagurutse mu Rwanda tariki 28/12/2012 berekeza muri Sudani y’amajyepfo, aho bagiye mu butumwa bw’umuryango w’abibumbye bwo kugarura amahoro.
Entreprise Just Size yatsindiye kubaka isoko rya Nyanza yataye imirimo isiga inambuye abaturage bayikoreye none ubu bari mu gihirahiro; nk’uko inama Njyanama y’akarere ka Nyanza ibyemeza.
Mu bayobozi b’ibihugu by’Afurika basaga 50, Perezida Paul Kagame aza ku mwanya wa kane mu bakuru b’ibihugu bafite abantu benshi babakurikira ku rubuga rwa Twitter. Kugeza tariki 20/12/2012, Perezida Kagame yakurikirwaga n’abantu 92.971.
Abakozi b’Urwego rw’Umugenzuzi Mukuru w’Imari ya Leta kuwa 28/12/2012 bamurikiye amazu 4, ibikoni byayo n’ubwiherero, basaniye abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi batishoboye bo mu Kagari ka Kindama mu murenge wa Ruhuha mu karere ka Bugesera.
Mukantaganzwa Brigitte na Bizimana Charles bakora mu karere ka Nyanza basabiwe ibihano na Minisitiri w’intebe w’u Rwanda, Dr Habumuremyi Pierre Damien nyuma y’uko bagaragaweho n’amakosa arebana n’imicungire mibi y’umutungo wa Leta.
Abandi banyamahirwe 18 bashyikirijwe amafaranga ibihumbi 500 n’ibihumbi 100, nyuma y’uko batoranyijwe nk’aribo amahurwe yaguyeho muri tombola ikomeje ya SHARAMA na MTN ya kabiri.
Inama njyanama y’Akarere ka Huye yateranye tariki 27/12/2012 yemeje kujya kishyuza amafaranga 3000 ku bashyingura mu marimbi rusange mu mujyi ndetse n’amafaranga 1000 mu cyaro.
Kaporari Habyarimana Etienne wo muri FDLR yageze ku mupaka wa Rusizi ya mbere ku mugoroba wo kuwa 27/12/2012 ahungukanye n’umugore we n’umwana.
Imiryango 59 yo mu karere ka Ruhango yafashe icyemezo cyo gutangira umwaka mushya wa 2013 ibanye mu buryo bwemewe n’amategeko nk’uko ubuyobozi buhora bubibakangurira.
Bamwe mu bafite amahoteli mu karere ka Rubavu bavuga ko umubare w’abazaga kuhizihiriza iminsi mikuru isoza umwaka wagabanutse bitewe n’umutekano muke mu burasirazuba bwa Congo.
Ubuyobozi bw’umurenge wa Cyanika mu karere ka Burera, butangaza ko muri uwo murenge hakunze kugaragara ikibazo cy’abantu benshi bata indangamuntu bakajya kwaka ibyemezo bizisimbura kuburyo bimaze kuba nk’icyorezo.
Innocent Rurangwa na Nduwamungu Jean Claude bose bo mu karere ka Ngororero barashakishwa n’inzego z’akarere n’izumutekano kubera ko barigishije amafaranga y’abaturage bagahita baburirwa irengero.
Abinyujije ku rubuga nkoranyambaga rwa Facebook y’umujyi wa Kigali, Fidel Ndayisaba umuyobozi w’umujyi wa Kigali, arasaba Abanyarwanda bose batuye n’abagana umujyi wa Kigali kunezerwa ariko bakanibuka kwitwara neza muri iyi minsi mikuru.
Inama njyanama y’akarere ka Huye yateranye tariki 27/12/2012 yemeje amande azajya acibwa abakoze amakosa atandukanye kuva ku bakoresha umuhanda kugera ku muturage wo mu cyaro.
Nyuma yo kutishimira umwanya wa 27 akarere ka Rusizi kegukanye mu mihigo y’umwaka ushize, itsinda ry’abatekinisiye b’akarere ka Rusizi bakoze inama yo kurebera hamwe uko imihigo y’uyu mwaka yakwihutishwa kugira ngo izarangire hakiri kare.
Umuyobozi w’akarere ka Burera arasaba abatuye muri ako karere bose gushishikariza Abanyarwanda baba bazi bakiri mu mashyamba ya Kongo n’ahandi gutahuka kugira ngo baze bafatanye n’abandi kubaka urwababyaye.