Mu birori byo kwizihiza umunsi mpuzamahanga w’abafite ubumuga mu karere ka Nyagatare, umuhanzi Mihigo Kizito yaririmbye indirimbo ishimangira ko kugira ubumuga bitagomba kwambura agaciro ikiremwa muntu.
Akarere ka Gisagara kongeye guhiga utundi turere ku nshuro ya kane, mu bikorwa byo kurwanya ruswa; umwana witwa Tsepo Makakane wo muri Lesotho nawe yarushije abandi ku rwego rw’Afurika, mu mwandiko (essay) ugaragaza ububi bwa ruswa.
Ubuyobozi bw’ikigo nderabuzima cya Muyunzwe mu murenge wa Mbuye mu karere ka Ruhango, bumaranye iminsi umuntu uri mu kigero cy’imyaka 25 ufite ubumuga bwo kutumva, ariko ngo babuze aho akomoka kuko atavuga kandi akaba atanumva.
Abasirikare batatu babaga muri FDLR batahutse tariki 08/12/2012 bavuga ko nta nyungu n’imwe bigeze babona muri FDLR usibye guhangayika mu buzima bwo mu mashyamba ya Congo.
Umunyamabanga nshingwabikorwa w’umuryango FPR-Inkotanyi, Ngarambe Francois, aratangaza ko intego y’uwo muryango ari uko igihugu cy’u Rwanda kigomba kwihaza ntigitegereze inkunga iva hanze y’amahanga kuko akimuhana kaza imvura ihise.
Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, yasabye abashoramari bakorera mu Rwanda guha abenegihugu imirimo, kugira ngo birinde ubujura mu gihe baba bahaye imirimo abanyamahanga.
Mu karere ka Nyanza ubwo habura amasaha macye kugira ngo kuri iki Cyumweru tariki 09/12/2012 hizihizwe isabukuru y’imyaka 25 FPR-Inkotanyi imaze ishinzwe, imyiteguro y’uwo munsi yahinduye isura y’umujyi ku buryo bugaragarira buri wese.
Umuyobozi mu kigo cy’igihugu cy’imiyoborere (RGB), Saleh Habimana, aratangaza ko abashinga amatorero bagamije gukuza inda gusa aho kuvuga ijambo ry’Imana, bahagurikiwe n’iki kigo kibashinzwe.
Ingo 31 zo mu murenge wa Musanze akarere ka Musanze, zaranzwe n’amakimbirane muri uyu mwaka wa 2012 zahawe amasomo ku ihohoterwa, amakimbirane n’amategeko, cyane areba umuryango, kuri uyu wa Gatanu tariki 07/12/2012.
Umucongomani witwa Ravie kiroza, wimyaka 24, ari mumaboko ya Polisi ikorera mu karere ka Rusizi, akurikiranyweho icyaha cyo kwiba amaterefoni akoresheje ubutekamutwe.
Inama y’Abaminisitiri yateraniye muri Village Urugwiro kuri uyu wa Gatanu tariki 07/12/2012, iyobowe na Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, yibutse Nyakwigendera Inyumba Aloisea witabye Imana kuwa Kane tariki 06/12/2012.
KARONGI: Komisiyo y’Uburenganzira bwa Muntu yateye inkunga ya miliyoni 1,6 impfubyi za Jenoside
Mu gihe bizihiza isabukuru y’imyaka 25 umuryango RPF-Inkotanyi umaze ubayeho, abanyamuryango bayo bafatanya ibyo byishimo banagaragaza mu ma murikagurisha ibikorwa bagezeho, kugira ngo bibe ikimenyetso cy’uko bayobowe neza.
Lit. Gen. Fred Ibingira, uyobora umutwe w’Inkeragutabara, yahumurije abatuye akarere ka Ngororero ko umutekano urinzwe, asaba abaturage kugira uruhare rwo kuwubungabuga bamenya uwinjiye, uwasohotse, bubahiriza gahunda z’amarondo, batanga amakuru vuba kandi ku gihe no kurwanya ibihuha.
Imvura y’urubura ivanze n’umuyaga mwinshi yaguye kuwa kuwa Kane w’iki cyumweru mu murenge wa Kabarore, mu karere ka Gatsibo, yasize yangije imyaka y’abaturage ku ubuso bungana na hegitari enye bibaviramo igihombo.
Umuyobozi w’akarere ka Rwamagana, Uwimana Nehemie, arasaba abaturage b’ako karere kudaterwa impungenge n’ibikorwa by’ubwiyahuzi bya FDLR kuko nta bushobozi na buke ifite bwo guhungabanya umutekano rusange w’igihugu.
Abakorerabushake 32 bo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika bitwa Peace Corps barahiriye kuba mu cyaro cy’u Rwanda mu gihe cy’imyaka ibiri, bakora akazi ko kwigisha mu mashuri yisumbuye, nyuma yo kumara amezi atatu mu karere ka Kamonyi bigana imibereho y’abaturage bakennye.
Urubyiruko rw’u Rwanda rwasabwe kubera urugero urubyiruko rwo muri Afurika mu kurwanya ruswa cyane ko u Rwanda rukomeje kuba intangarugero kuri uyu mugabane no ku isi mu kuyirwanya.
Ubucamanza bwo mu Bufaransa bwemeje ko umugore wa Yuvenali Habyarimana wahoze ari Perezida w’u Rwanda ahabwa uburenganzira bwo gutura mu Bufaransa.
Plate Forme ya Sosiyete Sivile y’u Rwanda isanga icyemezo u Bwongereza bwafashe cyo guhagarika inkunga bwageneraga u Rwanda buyicishije mu ngengo y’imali kibangamiye ubuzima n’imibereho by’Abanyarwanda bakennye yari ifitiye akamaro.
Urubyiruko ruri mu itorero ry’igihugu ryo ku rugerero mu karere ka Rutsiro rurasabwa kwirinda amacakubiri ndetse no gukunda igihugu, bamagana abagisebya, barangwa n’imyitwarire myiza kugira ngo bazigirire akamaro, bakagirire n’igihugu cyabo.
Abanyagicumbi batuye ahacukurwa amabuye n’imicanga, mu bishanga, ku manga ndetse no kumanegeka y’inzira cyangwa hejuru ku musozi (ahitwa high risk zones) bakomeje kubarurwa mu mirenge yose igize akarere ka Gicumbi ngo bashakirwe aho bimurirwa heza.
Abaturage batarimuka mu gice cya Kimicanga cyegereye ku gishanga mu karere ka Gasabo, kivuga ko ahamaze gusenywa haruguru yabo, ngo imvura iyo iguye bahura n’ingorane zikomeye cyane.
Ndagijimana Thomas (Sadiki) ufite ubumuga bw’ingingo avuga ko yahisemo kuba umuhanzi w’indirimbo kugira ngo yumvikanishe akababaro k’abantu bafite ubumuga.
Mu ruzinduko umuvunyi mukuru Aloysie Cyanzayire yagiriye mu karere ka Kamonyi, tariki 06/12/2012, yasabye abaturage kugira uruhare mu gukumira ruswa n’akarengane kandi bagatunga urutoki ahavugwa ruswa hose.
Inzego z’umutekano mu gihugu cy’Ubudage zataye muri yombi Abadage 3 bashinjwa kwamamaza, gukora ubuvugizi no gushakira abayoboke umutwe wa FDLR ugizwe ahanini n’abantu basize bakoze Jenoside mu Rwanda mu 1994.
Umugaba w’Inkeragutabara (Reserve Forces) atangaza ko u Rwanda ntawe rusaba imbabazi cyangwa uburenganzira bwo kurinda umutekano warwo kuko Abanyarwanda bafite uburenganzira bwo kubaho neza.
Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, abinyujije ku rubuga rwa Twitter yatangaje ko urupfu rwa Minisitiri Inyumba Aloysia ari igihombo gikomeye ku muryango wa FPR-Inkotanyi no ku gihugu muri rusange kuko yari umuyobozi mwiza.
Kasigasi Jackson wari utwaye ikomyo yo mu bwoko bwa rukururana avuye i Kigali yerekeza i Ngozi mu gihugu cy’u Burundi yahagaze gato imbere y’akarere ka Bugesera imodoka ihita yibirandura kuri uyu wa kane tariki 06/12/2012.
Ubwo yatangizaga ku mugaragaro itorero ry’intore z’urubyiruko rw’abanyeshuli bo mu karere ka Nyanza, tariki 6/12/2012, umuyobozi wa Task Force ishinzwe itorero ry’igihugu mu Rwanda, Rucagu Boniface yatangaje ko ibyo rimaze kugeraho biri ku rugero rushimijshije.