Umucuruzi Habimana Sostène wishwe n’amasasu ku mugoroba wa tariki 15/01/2013 mu gasantere ka Kurwibikonde mu karere ka Burera, ngo ashobora kuba yarashwe kubera amakimbirane aturutse ku bucuruzi.
Ubwo yaganiraga n’abaturage b’akarere ka Nyamasheke kuri uyu wa gatatu, tariki 16/01/2013, Perezida wa Repubulika, Paul Kagame yababwiye ko nta muntu ukwiriye gusabiriza ahubwo buri wese akwiriye gukora kuko umurimo ari wo uteza imbere nyirawo.
Kaporali Niyonzima na Karisa babaga muri FDLR n’imiryango yabo batahutse mu Rwanda ku mugoroba wo kuwa 15/01/2013 bavuye muri kongo. Binjiriye ku mupaka wa Rusizi ya kabiri bahita bajyanwa mu nkambi y’agateganyo ya Nyagatare mu karere ka Rusizi.
Bamwe mu bakorera imirimo nsimburagifungo ifitiye igihugu akamaro (TIG) kure y’ingo zabo bajyaga barangiza igihano bahawe ntibahite bataha mu ngo zabo kubera kubura amafaranga y’itike ariko ngo icyo kibazo ntikizongera kubaho.
Abadage bubaka urugomero rw’amashanyarazi rwa Rukarara ya 2 ruherereye mu karere ka Nyamagabe bahagaritse imirimo kuva tariki 01/01/2013, bakaba asaba Leta ko yabaha andi mafaranga arenga ku yo bari bumvikanye ngo kuko basanze bahomba.
Umuntu umwe yitabye Imana ubwo abantu bataramenyekana barasiraga imodoka mu gasantere kitwa Kurwibikonde kari mu murenge wa Kagogo, mu karere ka Burera, ku mugoroba wo kuri uyu wa kabiri tariki ya 15/01/2013.
Kayihura Bérnard, umukozi wari ushinzwe imishahara y’abarimu mu karere ka Nyamagabe yitabye Imana tariki 13/01/2013 azize indwara, akaba yashyinguwe kuri uyu wa kabiri tariki 15/01/2013.
Abanyarwanda barasabwa gusobanukirwa n’ibikorerwa ku gicumbi cy’Intwari z’u Rwanda aho kutahafata nk’imva kuko no mu minsi ya vuba hagiye kugirwa inzu ndangamurage; nk’uko bitangazwa n’Umuyobozi w”Urwego rw’iguhugu rushinzwe Intwari z’igihugu, Imidali n’Impeta by’Ishimwe, Augustin Iyamuremye.
Abanyarwanda 77 barimo abagabo 7, abagore 22 n’abana 48 bageze ku mupaka wa Rusizi ya mbere kuri uyu wa kabiri tariki 15/01/2013 baturutse muri Kongo aho bari bamaze igihe mu buhungiro.
Umugabo witwa Munyensanga Philipe wo mu murenge wa Nyamiyaga mu karere ka Gicumbi arashimira Kigali Today yanditse inkuru ku bukene n’uburwayi bw’uruhu yari afite kuko nyuma y’iyo nkuru ubuyobozi bw’umurenge bwahise bwihutira kumufasha.
Mukakarisa Immacule aravuga ko ubuzima bwe bukomeje kuba bubi bitewe n’abaganga bo mu bitaro bya Gitwe mu karere ka Ruhango bamurangaranye ari kunda akabyazwa atinze.
Mu gihe bitegura uruzinduko rwa Perezida Kagame tariki 16/01/2013, abaturage b’akarere ka Nyamasheke barishimira ibyo bagezeho haba ku bishingiye ku masezerano yijeje aka karere cyangwa se ku bikomoka ku cyerekezo yahaye igihugu muri rusange.
Umugore witwa Niwemugeni Mariette ukomoka mu mudugudu wa Nyamurema, akagari ka Kiyanza, umurenge wa Ntarabana mu karere ka Rulindo, avuga ko yabuze umwana w’umuhungu witwa Mugisha Dieudonne, ufite imyaka itandatu.
Abanyamuryango barenga ijana ba koperative “Imbaraga” ihinga ibigori mu murenge wa Mutendeli mu karere ka Ngoma barasaba kurenganurwa bakagarurirwa indangamuntu zabo nyuma y’amezi ane zifungiranwe mu biro bya koperative kubera ubujura bw’ifumbire bakekwagaho.
Abakekwaho kugira uburwayi bwo mu mutwe 15 bo mu karere ka Rusizi bafashwe ku mugoroba wa tariki 14/01/2013kugira ngo babajyane kubavuza i Ndera.
Eng. William Ngabonziza ukora mu ishami rishinzwe imiturire muri minisiteri y’ubutegetsi bw’igihugu (MINALOC) aragaragaza ko umwaka ushize Abanyarwanda benshi bishwe n’ibiza kubera ahanini gutura nabi.
Mwaramutse neza kandi mwiriwe mwese! Mpereye ku byo Rutayisire yari amaze kuvuga, nasanze nta ibahasha iri aho nari nicaye, ubwo yumvise ko ubwo mbyisabiye agiye kumpa ibahasha zigera nko kw’ijana kandi ndashaka imwe gusa, irampagije irajyamo ibyo nshoboye byose…
U Rwanda na Koreya y’Amajyepfo byiyemeje guhuza ijwi mu gukangurira ibindi bihugu kurinda ubuzima bw’abaturage mu gihe cy’intambara, biturutse ku bufatanye bisanzwe bifitanye n’uburyo byahuriye mu kanama k’Umuryango w’Abibumbye gashinzwe amahoro ku isi.
Bamwe mu baturage bavuga ko abayobozi bo mu midugudu n’utugari mu karere ka Ngororero bakoresha ikimenyane na ruswa mu gutanga imfashanyo zigenerwa abatishoboye cyane cyane muri gahunda z’ubudehe no korozanya.
Bamwe mu bayobozi b’uturere tw’intara y’Amajyepfo baratangaza ko gahunda ya Leta yo guteza imbere ubwubatsi bw’amategura hari benshi buzagora kubera ko busaba byinshi mu gihe amabati yo ngo nta ngorane nyinshi.
Amatorero atandandukanye akorera mu Rwanda yateguye igiterane cy’iminsi 120 cyiswe “Humura Rwanda” cyari kigamije gusengera ibibazo u Rwanda rwari rumaze iminsi ruvugwaho birimo umutekano muke muri Congo.
Abayobozi batandukanye mu karere ka Rulindo bakomeje kugaragaza ubushake mu kurushaho kwegera abaturage batuye aka karere , babafasha kwishakamo ibisubizo ku bibazo bahura nabyo.
Abaturage bo mu mirenge ya Mushubati na Mukura yo mu karere ka Rutsiro mu mezi atatu ashize barakariye Abagande bakoraga umwuga wo kubaza mu murenge wa Mushubati bavuga ko muri bo harimo ababuza imvura kugwa.
Imirimo yo kubaba ikiraro cyo ku mupaka wa Rusizi ya mbere gihuza akarere ka Rusizi n’umujyi wa Bukavu muri Repuburika Iharanira Demokarasi ya Congo igeze kure.
Ku mugoroba wo kuwa gatandatu tariki 12/01/2013, Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, yakiriye mu biro bye abasenateri n’abadepite ba Reta zunze ubumwe z’Amerika (USA), baje kureba uko u Rwanda ruhagaze mu ishoramari, kugirango hongerwe ubufatanye bw’ibihugu byombi mu bijyanye n’ubucuruzi.
Umuyobozi w’akarere ka Rutsiro, Gaspard Byukusenge, yashimiye umugore witwa Philomene Mukarugambwa kubera ko yamubonye agenda n’amaguru ku musozi wabo kandi atahamumenyereye atazi n’uwo ari we, akamubaza ikimugenza.
Abakoresha umuhanda Muhanga-Ngororero barakemanga imikorere ya kompanyi ya African Tours isanzwe itwara abagenzi muri uwo muhanda, igihe izaba ariyo yonyine isigaye ihakorera, nkuko biherutse kwemezwa n’ikigo cy’igihugu gishinzwe imirimo ifitiye igihugu akamaro (RURA).
Urubyiruko rwo mu karere ka Kicukiro rwibumbiye mu ishyirahamwe rwise Transperency Green Africa, rwiyemeje guhangana n’ikoreshwa ry’ibiyobyabwenge n’itangwa rya ruswa ruhereye mu karere rukomokamo.
Radio isango, imwe mu maradiyo akorera mu mujyi wa Kigali, yibasiwe n’inkongi y’umuriro utunguranye, watwitse ibikoresho bimwe mu bikoresho byifashishwa mu gusakaza amajwi byari muri Studio y’iri Radio.
Ikibazo cy’isuku mu hacururizwa ibyo kurya n’ahatangirwa serivisi mu bigo bitandukanye byo mu mujyi wa Kigali, hagaragaje ko guhindura imyumvire bikibakomereye, kuko nyuma y’iminsi micye bihanangirijwe bigaragara ko nta kintu kinini cyahindutse mu byo bakora.