Ikibazo cy’isuku mu hacururizwa ibyo kurya n’ahatangirwa serivisi mu bigo bitandukanye byo mu mujyi wa Kigali, hagaragaje ko guhindura imyumvire bikibakomereye, kuko nyuma y’iminsi micye bihanangirijwe bigaragara ko nta kintu kinini cyahindutse mu byo bakora.
Minisiteri y’Uburinganire n’Iterambere ry’Umuryango (MIGEPROF) irasaba Abanyarwanda bose guhaguruka bakarwanya ibikorwa bibi by’ihohoterwa bikomeje gusenya imiryango kuko binyuranyije n’indangagaciro z’umuco nyarwanda.
Abanyarwanda bahungutse bavuye muri Kongo bakaba bari mu nkambi ya Nyagatare mu karere ka Rusizi batangiye gufotorwa ngo bazahabwe indangamuntu mbere y’uko berekeza iyo bakomoka.
Umujyi wa Kigali urashakisha uburyo bunoze bwo gutuza abaturage bakomeje kwiyongera umunsi ku wundi, bazaba bavuye kuri miriyoni 1.3 mu w’2013, bakazaba babarirwa hagati ya miriyoni 3.8 kugeza kuri eshanu mu mwaka w’2040.
Kayijuka Concorde na Gatabazi Amani batahutse mu Rwanda tariki 11/01/2013 bavuye muri Kongo aho babaga mu mutwe wa Maï Maï ya Kutumba.
Abanyarwanda 72 bari barahungiye Congo 1994 harimo Abanywandakazi bari barashakanye n’Abanyekongo bageze mu Rwanda tariki 11/01/2013 bahungutse bavuga ko bahunze ibikorwa by’ihohoterwa bibera muri Congo.
Nsekuye Leonard uyobora akagari ka Gisa, mu murenge wa Rugerero mu karere ka Rubavu ari mu maboko ya polisi akurikiranyweho icyaha cyo gutonesha no kugendera ku marangamutima akangiza inzu y’umuturage avuga ko agiye gushyira mu bikorwa imyanzuro y’urubanza rutabaye.
Abayobozi bo mu karere ka Rulindo batangiye umwaka bahanga udushya tutaraboneka ahandi mu tundi turere aho buri mukozi w’akarere afite intego yo kuzamura nibura umuryango umwe mu miryango ikennye kurusha iyindi mu batuye aka karere.
Abaturage bo mu midugudu ya Rugali na Mataba yo mu kagari ka Mwendo mu murenge wa Mukura mu karere ka Rutsiro bishimiye ko tariki 09/01/2013 umuyobozi w’akarere yabasuye ku misozi batuyeho, mu gihe ngo nta wundi muyobozi w’akarere cyangwa se uwa komini wigeze ahagera kubera imiterere yaho.
Umuyobozi wa World Vision muri Zone y’Amajyaruguru, Muhashyi Aphrodice, avuga ko igikenewe muri iki gihe ari ugufasha abantu kwifasha aho kubaha inkunga zihita ntizigire n’icyo zibasigira.
Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, yishimiye uburezi n’uburere bitangwa n’ishuri ryisumbuye rya Agahozo Shalom ry’i Rwamagana, rirererwamo impfubyi za Jenoside, aho yavuze ko ari ikirango cy’amateka mabi ya Jenoside, ariko rikaba n’icyizere cy’ejo hazaza heza.
Ubuyobozi bw’umurenge wa Muringa mu karere ka Nyabihu butangaza ko hari byinshi bigomba guhinduka mu mibereho y’abatuye uyu murenge mu rwego rwo kubahiriza gahunda za Leta zirimo ubwisungane mu kwivuza, kubyarira kwa muganga no gufata neza ibikorwa remezo.
Mu gikorwa cyo guhemba abandi banyamahirwe batsinze muri tombora ya MTN yitwa “Sharama”, kuri uyu wa 10/01/2013 mu karere ka Muhanga, umusore w’umubaji witwa Tambwe Abed niwe wegukanye imodoka.
Gahunda y’imbarurabukungu ya kabiri yo mu Rwanda (EDPRS II) igena ko mu bigomba kwitabwaho kugira ngo Abanyarwanda babashe kugera ku iterambere harimo ko gutura mu kajagari birekera aho, abaturage bagatuzwa mu midugudu.
Minisiteri y’imicungire y’ibiza no gucyura impunzi (MIDMAR) iratangaza ko izajya ibanza guha inyigisho z’ibanze Abanyarwanda batahuka mbere y’uko basubizwa mu miryango yabo kugira ngo babashe kwisanga mu bandi Banyarwanda basanze mu gihugu ndetse banamenye gahunda za Leta.
Urubyiruko ruturutse mu bihugu bitandukanye ruteraniye mu Rwanda aho ruhabwa ubumenyi ku kubaka amahoro bagendeye ku bunararibonye bw’u Rwanda. Iki gikorwa gitegurwa n’umuryango ushinzwe kurwanya Jenoside, Never Again Rwanda (NAR).
Igikorwa cyo kwimura abatuye ahantu hashobora kubateza impanuka ziterwa n’ibiza (mu mibande no mu bishanga ndetse n’ahandi hahanamye) bakimurirwa mu midugudu gikeneye amafaranga akabakaba miriyari 40.
Ntawurutundugirimpuhwe Anne ni umwana w’umukobwa w’imyaka 16, akora akazi ko guhonda amabuye akayagurisha kugirango atunjye umuryango w’iwabo ugizwe n’ababyeyi be n’abavandimwe batatu.
Mu karere ka Rutsiro mu murenge wa Gihango habonetse imibiri ibiri ishobora kuba ari iy’abazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 bitewe n’uko mu gace yabonetsemo hiciwe Abatutsi benshi bari barahahungiye.
Guverineri w’Intara y’Amajyaruguru, Bosenibamwe Aime, yashimye abaturage b’umurenge wa Mataba, Akarere ka Gakenke bakusanyije amafaranga bakiyubakira inyubako ya SACCO izuzura ifite agaciro ka miliyoni 27.
Abahagarariye Polisi y’igihugu cy’u Burundi n’iy’u Rwanda, mu nama bagiriye i Huye kuri uyu wa 09/01/2013, biyemeje kurushaho gukorana neza hagamijwe kubungabunga umutekano w’ibihugu byombi.
Polisi y’igihugu n’urwego rw’umuvunyi bemeranyijwe guhuriza hamwe imbaraga mu gukumira no kurwanya ruswa mu gihugu, mu rwego rwo kunoza inshingano ibyo bigo byombi bisanzwe bihuriyeho.
Ubwo yaganiraga n’abashinzwe gahunda z’ubumwe n’ubwiyunge mu karere ka Nyamasheke, tariki 08/01/2013, Senateri Kalimba Zéphilin, yatangaje ko urwego rw’Ubumwe n’Ubwiyunge muri ako karere rugeze ahashimishije, nk’uko bigaragarira mu bikorwa bitandukanye bishyigikira iyi gahunda.
Imbuto Foundation irashishikariza ababyeyi bo mu karere ka Burera kujya baganiriza abana babo kugira ngo bamenye ibibazo bafite bityo abo bana bamenye gukora igikwiye bibaviremo kwirinda ibibazo bitandukanye birimo n’icyorezo cya SIDA.
Mu karere ka Karongi kuri uyu wa mbere tariki 07/01/2013, habaye impinduka mu buyobozi bw’ibanze ku rwego rw’imirenge aho abanyamabanga Nshingwabikorwa batatu basimburanye ku mirimo.
Ku mugoroba wa tariki 07/01/2013, abandi basirikare batandatu, abagore bane hamwe n’abana 20 bitandukanyije na FDLR bageze ku butaka bw’u Rwanda bavuye muri Congo.
Ubuyobozi bwa Polisi y’igihugu mu mujyi wa Kigali bwasabye abafite ibinyabiziga bose kugenzura imikorere yabyo, mbere yo kubyerekeza mu mihanda, hamwe no kwitabira kubisuzumisha mu kigo kibishinzwe cya “Controle technique”, kiri i Remera mu mujyi wa Kigali.
Guverineri w’intara y’amajyaruguru arasaba abayobozi b’uturere two muri iyo ntara kugenzura abayobozi batandukanye bo mu turere bayobora bafatanya akazi ka Leta no kwiga kugira ngo kwiga bitazabangamira ako kazi bashinzwe.
Komisiyo y’ububanyi n’amahanga, ubutwererane n’umutekano muri Sena y’u Rwanda iri gusura inkambi zirimo impunzi z’Abanyekongo mu rwego rwo gukora ubushakashatsi ku mpamvu izi mpunzi zikomeza guhunga. Tariki 07/01/2012 hasuwe inkambi ya Kigeme.
Komiseri ushinzwe amahoro n’umutekano mu muryango w’Afurika Yunze Ubumwe (AU) yagiranye ibiganiro na Perezida Kagame mu rwego rwo gutegura raporo kibazi cy’intambara ibera mu burasirazuba bwa Kongo, kizafatirwa umwanzuro n’abakuru b’ibihugu bya Afurika mu mpera z’uku kwezi.