Ingabo z’u Rwanda 56 nizo zasoje ibyiciro by’abajya mu butumwa bw’amahoro mu gihugu cya Centrafrique (CAR), bakaba basanze bagenzi babo batangiye kugenda kuva tariki 16 z’uku kwezi kwa Mutarama 2014.
Ishami rishinzwe kurwanya ihohoterwa rishingiye ku gitsina mu ngabo z’u Rwanda (RDF) rirasaba abagore b’abasirikare bo mu turere twa Rusizi na Nyamasheke kurushaho kuba inyangamugayo biyubaha mu bikorwa byabo bya buri munsi barwanya ihohoterwa rishingiye ku gitsina.
Abanyeshuri biga muri za kaminuza zibarizwa mu karere ka Ngoma ndetse n’abarimu babo barasabwa kujya bitabira umuganda rusange w’ukwezi nk’abandi Banyarwanda aho kwitwaza impamvu z’amasomo bakawusiba.
Mu biganiro kuri gahunda ya “Ndi umunyarwanda” byatangiye mu mirenge yose igize igihugu tariki 27/01/2014, abagize inzego zihagarariye abaturage, bibukijwe ko politiki y’ikinyoma yatwikiriye ibikorwa by’ubutegetsi bubi, abaturage bagacengezwamo amacakubiri n’ubwicanyi ku buryo bageze n’aho bakora Jenoside.
Nyuma y’icyiciro cya mbere cy’ibiganiro kuri gahunda ya “Ndi Umunyarwanda” cyibanze ku nzego nkuru z’Igihugu n’urubyiruko bikagera ku rwego rw’Akarere, kuva tariki 27/01/2014 iyi gahunda yatangijwe ku rwego rw’umurenge, aho abayobozi b’Imidugudu, Utugari, n’Umurenga bahuriye hagamijwe gutegura iyi gahunda ku rwego (…)
Intumwa y’umuryango w’abibumbye ku burenganzira bwa muntu, Maina Kiai, yavuze ko nta gushidikanya guhari ko iterambere mu by’ubukungu u Rwanda rugezeho mu gihe gito nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi muri 1994, rigiye kujyana no guha abaturage uburenganzira n’ubwisanzure bwa buri muntu.
Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame, arasaba ingabo z’igihugu (RDF)kuba imbarutso y’umuvuduko w’iterambere ryihuse igihugu gifuza kugeraho.
Bamwe mu baturage b’akarere ka Nyabihu basanga gahunda ya “Ndi Umunyarwanda” bamaze iminsi basobanurirwa hamwe n’umunsi w’Intwari wizihizwa buri tariki ya mbere Gashyantare bifitanye isano ikomeye kandi byuzuzanya.
Nyuma y’ibyumweru bibiri n’igice Abanyarwanda birukanywe muri Tanzania, bavuye mu nkambi ya Rukara na Kiyanze bagatuzwa mu karere ka Ruhango, barishimira uko bakomeje kwitabwaho n’abo baje basanga.
Umuzungu witwa Wolfgang ukomoka mu gihugu cy’u Budage arimo kuzenguruka u Rwanda n’igare, akaba ari igihugu cya 14 agezemo muri Afurika ngo afite gahunda yo kuzazenguruka ibihugu byose by’Afurika.
Ministiri w’Intebe, Dr Pierre Damien Habumuremyi, yasobanuriye abantu uko Perezida Kagame ameze; avuga ko ari umwe mu bakuru b’ibihugu bakunda abaturage birenze uko bikunda, kandi ko aciye bugufi ariko akazirana n’umuntu umushotora.
Abaturage bo mu kagari ka Ruyenzi, umurenge wa Runda mu karere ka Kamonyi barashishikarizwa kwitabira umuganda ari benshi kuko abayobozi baboneraho kuhatangira ubutumwa bugenewe abaturage, bakanabagezaho zimwe muri gahunda za Leta.
Mu muganda rusange wabereye mu mudugudu wa Gitovu mu kagali ka Kavumu mu murenge wa Busasamana mu karere ka Nyanza kuwa gatandatu tariki 25/01/2014, abaturage babiri bari bawitabiriye bahawe inka muri gahunda ya Girinka Munyarwanda ku buryo butunguranye.
Komisiyo y’igihugu y’Ubumwe n’Ubwiyunge mu Rwanda iratangaza ko kuva kuri uyu wa mbere tariki ya 27/01/2013 kugeza kuwa 30/01/2014 izaba iri mu gikorwa cyo gutangiza no gusobanura neza gahunda ya ‘Ndi Umunyarwanda’ mu mirenge yose igize akarere ka Nyamasheke kugira ngo abayobozi mu nzego z’ibanze bayicengerwe neza bazayigeze (…)
Abaturage bo mu murenge wa Kaniga mu karere ka Gicumbi bamaze imyaka 8 baratanze amafaranga arenga miliyoni ebyiri ngo bakwaga n’abababwiraga ko ngo ari umusanzu leta ibaka ngo bazabone umuriro w’amashanyarazi, ariko ubuyobozi bw’akarere na EWSA ishinzwe gutanga uwi muriro bemeje ko ayo mafaranga batigeze bayakira kandi (…)
Abaturage bo mu karere ka Rubavu bashishikarijwe guharanira kuba intwari binyuze muri gahunda ya “Ndi umunyarwanda,” kuko ifasha umuntu kumva nk’umunyarwanda icyo agomba gukorera igihugu cye n’abagituye.
Perezida wa Rupubulika y’u Rwanda Paul Kagame, yakiriye kandi anagirana ibiganiro n’itsinda ry’abasenateri n’abadepite baturutse muri leta zunze ubumwe z’Amerika, kuri uyu wa gatandatu tariki 25/1/2014.
Abaturage n’abagize komite nyobozi y’umudugudu wa Nyarucyamo ya kabiri mu kagari ka gahogo mu karere ka Muhanga, baravuga ko gahunda y’Umugoroba w’ababyeyi ibafasha kunga no gukemura amakimbirane hagati y’abashakanye.
Bamwe mu baturage bo mu murenge wa Cyeza n’uwa Muhanga yo mu karere ka Muhanga mu ntara y’Amajyepfo, barashinja ku mugaragaro bamwe mu bagize komite z’ubudehe ko babarya amafaranga.
Abasirikare bakuru baturuka mu bihugu bitanu byo muri Afurika y’Uburasirazuba, EAC biga mu ishuri rya gisirikare rya Nyakinama RDF Command and Staff College barashima intambwe imaze guterwa mu kwegereza ubuyobozi abaturage mu ntara y’Iburengerazuba no kubihuza n’umutekano w’abenegihugu.
Mu gitabo Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda yanditse cyiswe ‘Rwanda: Building a model nation state’ yagaragajemo ko iyo u Rwanda rutagira ‘abanyapolitiki bashingira ku mazuru y’abantu’ guhera mu mwaka wa 1959 kugeza 1994, ngo ruba rwarafashe inzira nyayo y’iterambere itaruganisha kuri Jenoside n’ingaruka zayo zashegeshe (…)
Ubuyobozi bw’ingabo z’igihugu buratangaza ko butewe ishema n’uburyo umutekano w’u Rwanda uhagaze muri iki gihe, bikiyongeraho ko n’izi ngabo ziri hirya no hino ku isi mu gikorwa cyo kubungabunga amahoro no kuyageza ku bandi mu rwego mpuzamahanga.
Abasirikari bo mu ishuri rikuru rya gisirikari rya Nyakinama ngo bagiye kongera imbaraga mu kubungabunga amahoro n’umutekano kuko ari byo biri gutuma Abanyarwanda bagera ku iterambere mu nzego zose, ndetse n’abatuye ibindi bihugu bakaba bakeneye umutekano nk’uw’u Rwanda ngo bagire intambwe batera.
Kuri uyu wa kane tariki ya 23 Mutarama, intumwa idasanzwe y’Umuryango w’Abibumbye mu ishami rishinzwe uburenganzira bw’ibanze bwa muntu mu birebana no kwishyira ukizana, Bwana Maina Kiai, n’itsinda ayoboye basuye Polisi y’u Rwanda.
Abanyarwanda bavuye muri Congo batangaje ko kuba mu mahanga ntaho bihuriye no kuba mu gihugu cyawe kuko iyo babaga ngo ni mu mashyamba byumvikana ko badafite ubwisanzure.
Nyuma yo gutahuka avuye mu buhungiro, Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame, yasaranganyije abaturage ubutaka bw’ababyeyi be buherereye mu karere ka Ruhango mu ntara y’Amajyepfo.
Abadepite bo muri Kenya basuye intara y’Uburasirazuba tariki 22/01/2014 ngo batunguwe n’ukuntu ubuyobozi bw’u Rwanda bushishikajwe no guteza imbere imibereho y’abaturage bo hasi.
Abanyeshuli b’ishuli rikuru rya gisirikare rya Nyakinama bagiriye urugendo shuri mu karere ka Gatsibo basobanurirwa uko abaturage begerejwe ubuyobozi n’isano bifitanye no gutera imbere kw’amajyambere.
Nyuma y’amahugurwa yakorewe inzego z’ubuyobozi zikorera mu tugari tugize imirenge yo mu karere ka Gicumbi abaturage benshi bamaze gusobanukirwa ko batagomba kugura serivise iyo ari yose bahabwa n’umuyobozi.
Intumwa idasanzwe y’umuryango w’abibumbye (UN) ishinzwe gutanga raporo ku burenganzira bwo gushinga amashyirahamwe aharanira amahoro, Maina Kiai, ngo yagaragaje ko iterambere u Rwanda rwagezeho rijyana no guha uburenganzira abaturage, nk’uko Inteko yabitangaje.