Abatuye ndetse n’abakorera muri Santere ya Gitare iri mu Murenge wa Kagogo, mu Karere ka Burera, batangaza ko inzoga z’inkorano nk’Umurahanyoni n’Umunini zaharangwaga zagabanutse ku buryo ngo urugomo n’uburaya byaterwaga n’ubusinzi bwazo, na byo byagabanutse.
Indege yo mu bwoko bwa kajugujugu y’ingabo z’Ummuryango w’Abibumbye zibungabunga amahoro muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Kongo (MONUSCO) yakoze impanuka ku kibuga cy’indege cya Goma kuri uyu wagatandatu tariki ya 18 Nyakanga 2015 ubwo yari irimo igwa kuri iki kibuga.
Ubuyobozi bw’akarere ka Rutsiro buratangaza ko bwemeye amakosa ku kibazo k’isuku, bunatangaza ko bwiyemeje kwikubita agashyi ngo iyi suku nke irangire. Babitangaje bwo itsinda ry’abadepeti ryari ryahagurukijwe n’iki kibazo ryabagendereraga kuri uyu wa gatandatu tariki 18 Nyakanga 2015.
Abagore bo mu turere twa Nyanza, Gisagara, Nyaruguru, Karongi na Musanze bakora umwuga w’ubuhinzi mu cyaro bibumbiye mu ihuriro rifashwa na Action AID baravuga ko kuba Leta y’u Rwanda yarabahaye ijambo byabahesheje kugira uruhare mu bibakorerwa.
Ubucuruzi bw’ibirayi bwaranzwe n’uruhurirane rw’ibibazo byatumaga abahinzi batabona inyungu ziva mu buhinzi bwabo n’ abaguzi bakagura ibirayi ku giciro cyo hejuru byahawe umurongo ngenderwaho nyuma y’ibiganiro byahuje Minisiteri y’Ubucuruzi n’Inganda (MINICOM), Urugaga rw’Abikorera (PSF) ndetse n’amakoperative (...)
Guverineri w’Intara y’Iburasirazuba, Uwamariya Odette, avuga ko abaturage b’iyo ntara by’umwihariko abo mu mirenge ihana imbibi na Pariki y’Akagera badakwiye gukomeza kubarirwa iby’inyamaswa ziyirimo kandi na bo bashobora kuzisura.
Itsinda ry’Abasenateri ryasuye Akarere ka Muhanga kuri uyu wa gatandatu tariki 17 Nyakanga 2015 riranenga ibikorwa by’imihanda byagombye kuba byubakwa mu Karere ka Muhanga.
Kuri uyu wa kane tariki 16 Nyakanga 2015 hafi y’Ibiro by’Akarere ka Rutsiro hataburuwe imibiri 54 y’abishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 nyumay’aho umuntu utamenyekanye yandikiye ubuyobozi aburangira aho babajugunye.
Ibikorwa byo kurwanya umutwe wa FDLR mu Burasirazuba bwa Congo kuva 2015 yatangira ntibyawugabanyije intege, ahubwo byawuhaye uburyo bwo kwisuganya no kwihuriza hamwe kandi biwuha n’ingufu z’ibikoresho kuko aho irwaniye n’ingabo za Congo izambura ibikoresho.
Ku munsi mpuzamahanga wahariwe abakomatanije ubumuga bwo kutumva, kutavuga no kutabona wizihijwe ku uyu wa 15 Nyakanga 2015, abahagarariye inzego zishinzwe abafite ubumuga mu Rwanda babasabiye gushyirwa mu cyiciro cyihariye kurusha abandi, kubera ubukana bw’ubumuga bafite.
Women Foundation Ministries, Umuryango Mpuzamahanga udaharanira Inyungu, urimo gutegura igiterane mpuzamahanga cyiswe All Women Together cyangwa mu Kinyarwanda “Abagore Twese Hamwe” kizabera ku Kimihurura mu Mujyi wa Kigali kuva ku wa 28-31 Nyakanga 2015.
Guverineri w’intara y’Amajyepfo yibukije abaturage ko, kumva ko bari mu bwoko bumwe bw’Abanyarwanda, bukeneye kubaho neza no gutera imberao. Bakigenera ikibakwiriye kandi cyateza imbere igihugu cyabo barwanya n’uwashaka kubasubiza inyuma.
Abasaza n’abagore bagikomeye bo mu Murenge wa Nkotsi, mu Karere ka Musanze, mu gitondo cyo kuri uyu wa 15 Nyakanga 2015, bazindukiye ku biro by’akarere basaba ko barenganurwa kuko bakuwe ku rutonde rw’abahabwa inkunga y’ingoboka ya VUP mu buryo bavuga ko budasobanutse.
Ubuyobozi bw’Urwego rw’Umuvunyi butangaza ko hateye abatekamutwe biyitirira kuba abakozi b’inzego z’ubutabera ndetse n’Urwego rw’Umuvunyi bagasaba abaturage amafaranga ibihumbi 100 babizeza ko ibibazo bafite mu nkiko no mu Rwego rw’Umuvunyi bazabijyamo bigakemuka.
Minisitiri w’Uburezi, Dr Musafiri Papias Malimba, mu muhango wo gutangiza urugerero rw’abanyeshuri b’Abanyarwanda biga mu mahanga bazwi ku izina ry’”Indangamirwa” kuri uyu wa 14 Nyakanga 2015, yabibukije ko ubumenyi bahahayo bugomba kubakira ku ndangagaciro na kirazira by’umuco Nyarwanda.
Abantu batanu bamaze bashyinguwe kuri iki gicamunsi cyo ku wa 15 Nyakanga 2015 nyuma yo kwitaba Imana babuze umwuka ubwo bari mu mwobo bacukura amabuye y’agaciro yo mu bwoko bwa Wolfram mu kirombe cya Sosiyete ya New Bugarama Mining kiri mu Murenge wa Kagogo mu Karere ka Burera.
Abaturage bo mu Murenge wa Rugera mu Kagari ka Rurembo barishimira ko ibyo urubyiruko rwo muri aka kagari rwemerewe na Perezida wa Repubulika batangiye kubigezwaho.
Inama y’Igihgu y’Abagore (CNF) mu Karere ka Nyaruguru iratangaza ko hagiye gutangizwa ihuriro (Forum) ry’abagore bafite akazi mu nzego zinyuranye.
Irakoze Gleme, umukobwa w’imyaka 19 ukora akazi ko kuvugira inka, avuga ko aterwa ishema no kuvugira inka mu birori bitandukanye kandi ari umukobwa, umurimo ubusanzwe ukorwa n’abagabo.
Mu bigo by’amashuri byo mu Karere ka Kirehe harangiye amarushanwa ku biganirompaka mu gutyaza ubumenyi mu rurimi rw’Icyongereza, maze ubuyobozi bw’akarere n’abaterankunga muri icyo gikorwa babishimira urwego abarimu bagezeho mu kuvuga Icyongereza bahamya ko bizazamura ireme ry’uburezi.
Inteko Ishinga Amategeko yose (Umutwe wa Sena n’uw’Abadepite) yemeje ko ubusabe bw’abaturage ku ihindurwa ry’ingingo ya 101 y’Itegeko Nshinga bufite ishingiro; aho iyo ngingo n’izindi zifitanye isano na yo zizahindurwa, kugira ngo bihe ububasha Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, bwo kongera kwiyamamariza kuyobora u (...)
Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Mushishiro mu Karere ka Muhanga, bazindukiye ku Biro by’Umurenge gukurikirana uko igikorwa cyabarega mu Nteko Ishinga Amategeko, cyo gusuzuma ubusabe bwabo bwo kuvugurura Ingingo y’101 y’Itegeko Nshinga kugira ngo Perezida Kagame azongera kwiyamamaza bamutore akomeze kubayobora.
Abakozi b’Akarere ka Rutsiro kuva ku rwego rw’akagari kugeza ku rwego rw’akarere bari mu gikorwa cyo gutanga imisanzu mu Kigega “Ishema Ryacu” bavuga ko babikorera kwanga agasuzuguro bimwe mu bihugu by’amahanga bikomeje kugaragariza u Rwanda.
Carry Turk, uhagarariye Banki y’Isi mu Rwanda, yatangaje ko izakomeza gutera inkunga Leta y’u Rwanda kugira ngo ibashe kunoza imyigishirize y’ubumenyingiro no kubugeza henshi mu Rwanda hagamijwe korohereza abakeneya kubwiga kubona amashuri.
Kuri Sitasiyo ya Polisi ya Ngoma, mu Mujyi wa Butare, hafungiwe abagabo batandatu bakekwaho guhangika abantu babagurisha amayero (amafaranga akoreshwa muri bihugu by’Umuryango w’Ubumwe bw’Iburayi) y’amakorano abandi bita ibiwani.
Abaturage bo mu Murenge wa Ndego mu Karere ka Kayonza ngo barifuza ko Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame, yazabasura bakamubona imbonankubone kuko basanzwe bamwumva kuri radiyo gusa.
Abanyamuryango ba FPR Inkotanyi bo mu Murenge wa Mugesera mu Karere ka Ngoma borojwe inka muri 2012 n’umuryango wa FPR ubwo wizihizaga imyaka 25 umaze uvutse, bituye boroza bagenzi babo batishoboye inka 30.
Bamwe mu buyobozi bw’Akarere ka Nyanza n’abayobozi b’ibigo by’amashuri muri ako karere ntibemeranywa na Minisiteri y’Uburezi ku kibazo cy’ijanisha ry’abana bataye ishuri mu mwaka wa 2014-2015 mu bigo by’amashuri abanza n’ayisumbuye muri ako karere.
Mu nama y’uburezi yahuje abayobozi b’ibigo by’amashuri abanza n’ayisumbuye yo mu Karere ka Nyanza kuri uyu wa 13 Nyakanga 2015 bafashe umwanzuro ko bagiye kujya bamenyesha ababyeyi imyigire n’imyitwarire by’abana babo hakoreshejwe uburyo bw’ikoranabuhanga.
Abakoresha icyombo giherutse gushyirwa mu Kiyaga cya Mugesera ngo cyoroshye ubuhahirane yagati y’abaturage b’Akarere ka Rwamagana n’ab’aka Ngoma batuye mu bice bikora kuri icyo kiyag, bavuga ko bari mu gihombo baterwa no kutabona umubare uhagije w’abagenzi bakigenderamo.