Ubuyobozi bw’Akarere ka Rubavu bwahagurukiye kurangiza ikibazo cy’ubutaka bwa Ngirira buherereye mu murenge wa Mudende bumaze imyaka 20 bwaratujwemo abaturage.
Nyampinga w’u Rwanda Mutesi Jolly, kuri uyu wa Kabiri, tariki 19 Mata 2016, yasuye abana b’incuke biga mu mashuri ya “Peace and Hope Initiative” i Kinyinya, abaha amata ndetse yiyemeza kubakamishiriza mu gihe cy’umwaka wose.
Imvura yaguye mu ijoro ryo kuri uyu wa 18/Mata/ 016 i Musanze yateje umwuzure mu Murenge wa Gataraga inasenya amazu makumyabiri andi arangirika cyane.
Abaturage batuye hafi y’Isoko rya Nyamitaka bagombaga kwimurwa kubera ko begereye Ikivu, basaba kwemererwa gusana amazu yabo kuko hashize imyaka itatu batarahabwa ingurane.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Nyanza bwatangaje ko bugiye guhagurukira ibibazo by’inka bivugwa ko zapfuye n’izagurishijwe muri gahunda ya Girinka Munyarwanda.
Ndagijimana Alphonse wari ushinzwe umutekano mu Mudugudu wa Mirama ya mbere mu Karere ka Nyagatare, yaburiwe irengero nyuma yo gukekwaho ruswa.
Abasenateri bagize komisiyo ikurikirana ibikorwa by’ibihugu bigize Umuryango w’ibihugu by’Afurika y’Uburasirazuba (EAC), baravuga ko hagikenewe ubukangurambaga bwinshi ngo abaturage bamenye inyungu ziwurimo.
Nyuma y’uko umuryango utuye muri Kansi mu Karere ka Gisagara abyariye rimwe abana batatu b’impanga ugasaba ubufasha bwo kubarera, yahawe inka.
Abakora isuku mu Bitaro bya Kaminuza bya Butare (CHUB) barinubira ko bamaze amezi atatu n’igice badahembwa.
Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Francis Kaboneka, arasaba abayobozi bo mu nzego z’ibanze gukemura ibibazo by’abaturage, batabanje gutegereza ko bigera mu nzego zo hejuru.
Umuyobozi w’Ibitaro bya Gisirikare by’u Rwanda (RMH), Brig Gen Emmanuel Ndahiro, avuga ko kwibuka ari ingufu zo kurwanya ingengebitekerezo ya Jenoside.
Miliyoni 170Frw zatanzwe n’Intara y’Amajyaruguru hatabariwemo ibindi bikorwa byakozwe mu gutera inkunga abacitse ku icumu bo muri Rulindo, zizabafasha mu bibazo bitandukanye.
Nyuma yo gufunga Veterineri w’Akarere ka Rusizi, Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Muganza, na we yatawe muri yombi.
Minisitiri w’Intebe Anastase Murekezi, avuga ko amategeko abuza zimwe mu manza kugera ku bushinjacyaha zikajyanwa mu bunzi agomba guhinduka.
U Rwanda rwashyikirije Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) abantu babiri, Sikujua Anne Marie na Muhindo Papi, bakekwaho kuba baribye mu Mujyi wa Goma mu Ugushyingo 2015.
Umukozi ushinzwe ubworozi (Veterineri) mu Karere ka Rusizi yatawe muri yombi na Polisi akurikiranweho kunyereza amafaranga yari agenewe kugura inka z’abatishoboye barokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Abanyarwanda bagitsimbaraye ku ngengabitekerezo ya Jenoside, baributswa ko amategeko n’ibihano biyigenga bihari, mu gihe badashaka gufatanya n’abandi kubaka igihugu.
Bamwe mu bari abakobwa bafashwe ku ngufu muri Jenoside yakorewe Abatutsi bagaterwa inda, ntibataragira ubutwari bwo kubwira abana babyaye amateka banyuzemo.
Imfungwa n’abagororwa bo muri gereza ya Nyamagabe, bafashe ingamba zo guhashya ingengabitekerezo ya Jenoside, bashishikariza imiryango n’inshuti zibasura kuyirinda.
Urubyiruko rwibumbiye mu muryango “Les fraternelles Zirikana” rwarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, bavuga ko bifuza gukora ibikorwa bigaragaza inyiturano y’ineza leta yabagiriye.
Urukiko rw’Ibanze rwa Ruhuha mu Karere ka Bugesera, rwafunguye by’agateganyo Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Nyarugenge, Nsengiyumva Charles, ukurikiranweho kunyereza amafaranga yari agenewe abatishoboye, agakomeza gukurikiranwa ari hanze.
Umugabo w’imyaka 60 y’amavuko utuye mu Murenge wa Kibilizi mu Karere ka Nyanza, akurikiranweho gupfobya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 akoresha ibirori mu cyumweru cy’icyunamo.
Umunyamabanga Nshingwabikorwa (Gitifu) w’Umurenge wa Gitesi mu Karere ka Karongi, Uwayezu Theodosie, afunzwe akekwaho ingengabitekerezo ya Jenoside.
Abanyarwanda 95 bageze mu Karere ka Rusizi batahutse, baturutse mu mashyamba ya Congo aho bari bamaze imyaka isaga 21 bazerera.
Perezida wa Repubulika, Paul Kagame yijeje ko umutekano w’Abanyarwanda urinzwe bihagije, ku buryo ngo uwagerageza kuwuhungabanya atamenya “ikimukubise”.
Umukuru w’umudugudu wa Nyarutembe mu Kagali ka Rugabogoba gaherereye mu Karere ka Karongi, yahitanywe n’inkuba yanakomerekeje abandi batatu, nyuma y’imvura yaguye.
Perezida Kagame yijeje mugenzi we wa Tanzaniya, John Pombe Magufuli, ko u Rwanda ruzakomeza kubabera inshuti z’indahemuka, kandi bazahora bafatanya muri byose bigamije inyungu z’abaturage.
Perezida wa Repubulika Yunze Ubumwe ya Tanzania, Dr. John Pombe Magufuli, kuri uyu wa Gatatu, tariki 6 Mata 2016 yagiriye uruzinduko rw’amateka mu Rwanda, ari na rwo rwa mbere akoze kuva yatorerwa kuyobora igihugu cye mu Ukwakira 2015.
Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Francis Kaboneka, yasabye abayobozi b’ibanze mu Ntara y’Amajyepfo kugaragaza abagize uburiganya mu kunyereza inka 1201 zari zigenewe abatishoboye; kugira ngo bahanwe by’intangarugero.