Abanyamuryango ba FPR Inkotanyi bo mu Murenge wa Mugesera mu Karere ka Ngoma borojwe inka muri 2012 n’umuryango wa FPR ubwo wizihizaga imyaka 25 umaze uvutse, bituye boroza bagenzi babo batishoboye inka 30.
Bamwe mu buyobozi bw’Akarere ka Nyanza n’abayobozi b’ibigo by’amashuri muri ako karere ntibemeranywa na Minisiteri y’Uburezi ku kibazo cy’ijanisha ry’abana bataye ishuri mu mwaka wa 2014-2015 mu bigo by’amashuri abanza n’ayisumbuye muri ako karere.
Mu nama y’uburezi yahuje abayobozi b’ibigo by’amashuri abanza n’ayisumbuye yo mu Karere ka Nyanza kuri uyu wa 13 Nyakanga 2015 bafashe umwanzuro ko bagiye kujya bamenyesha ababyeyi imyigire n’imyitwarire by’abana babo hakoreshejwe uburyo bw’ikoranabuhanga.
Abakoresha icyombo giherutse gushyirwa mu Kiyaga cya Mugesera ngo cyoroshye ubuhahirane yagati y’abaturage b’Akarere ka Rwamagana n’ab’aka Ngoma batuye mu bice bikora kuri icyo kiyag, bavuga ko bari mu gihombo baterwa no kutabona umubare uhagije w’abagenzi bakigenderamo.
Kuri uyu wa kabiri tariki 14 Nyakanga 2015, Abanyarwanda benshi bazindukiye ku Ngoro y’Inteko Ishinga Amategeko bagiye kumva uko isuzuma ibitekerezo byabo bisaba ko Ingingo y’101 y’Itegeko Nshinga ihindurwa rikemerera Perezida Kagame gukomeza kuyobora u Rwanda nyuma ya 2017.
Mu mwaka w’imihigo ushoje wa 2014-2015, imiryango ibihumbi 10 na 71 y’abatishoboye yahawe ibikotesho bisukura amazi (filtres) bizayifasha kunywa no gukoresha amazi meza mu ngo zabo hagamijwe kurwanya indwara ziterwa n’amazi mabi.
Abakozi ba Hoteli Faraja, imwe mu mahoteli mashya yo mu Mujyi wa Musanze, bavuga ko bamaze amezi hagati y’atatu n’ane badakora ku ifaranga ngo kubaho bikaba bibagoye, bityo bagasaba ubufasha kugira ngo babone imishahara yabo.
Ubwo abakiristu ba Paruwasi Bare bizihizaga yubire y’imyaka 50 iyi paroisse ishinzwe,bungutse umupadiri mushya,wanahise ahabwa ubutumwa muri Diyosezi ya Butare ari na ho hakomoka Padiri Kayinamura Thelesphore washinze Paroisse ya Bare mu 1965.
Abaturage batuye ahataragezwa umuriro w’amashanayarazi babwiwe ko bagomba gutangira gukora cyane bayitegura kugira ngo azabagereho bariteje imbere imbere bashobore kuyabyaza umusaruro mu bikorwa bitandukanye.
Abaturage barema isoko ryo mu Murenge wa Kivuruga mu Karere ka Gakenke barashimira Leta ko yabubakiye isoko ariko bagasaba ko hakorwa n’umuhanda urigeraho kuko kugeza ubu nta modoka ishobora kurigezaho ibicuruzwa bigatuma kuhakorera bigorana.
Abacitse ku icumu rya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 batishoboye batujwe mu Mudugudu wa Kiberinka mu Kagari ka Gahondo mu Murenge wa Busasamana mu Karere ka Nyanza barashima Polisi y’u Rwanda ko yabubakiye nyuma y’imyaka 21 yari ishize badafite amacumbi.
Bamwe mu bagore bo mu Murenge wa Mugombwa ho mu Karere ka Gisagara bavuga ko nyuma yo kwibumbira mu matsinda y’ubwizigame basigaye bafatanya n’abagabo babo mu guteza imbere ingo.
Umuyobozi w’ikigo cyitwa Iriba Ndangamuco na Ndangamateka, gishakisha ibiranga amateka y’u Rwanda kikanabitanga ku babikeneye bose (ku buntu), ni umwe mu batanze ikiganiro ku bahanzi bitabiriye iserukiramuco ‘Ubumuntu Arts Festival’ kuri iki cyumweru tariki 12 Nyakanga 2015, aho yasobanuye akamaro k’itangazamakuru mu (...)
Abakora isuku mu Karere ka Rusizi mu mirenge ya Kamembe , Mururu na Gihundwe babarirwa mu 170 bibumbiye muri Koperative Imbagara zubaka, baravuga ko bamaze amezi 3 badahembwa amafaranga yabo bakoreye agera kuri miliyoni 17 n’ibihumbi 700.
Byishimo Destin wavukiye mu Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo ariko akagira umubyeyi w’Umunyarwanda na we utuye muri Kongo, avuga ko ahangayikishijwe n’uburyo azabona ibyangombwa nyuma y’uko asabwe n’inzego zishinzwe abinjira n’abasohoka gusubiza indangamuntu yafatiye mu Rwanda ashinjwa kuba umunyamahanga.
Abanyarwanda 91 bari bamaze imyaka 21 mu buhunzi mu burasirazuba bwa Kongo, kuri uyu wa 10 Nyakanga 2015, batashye mu Rwanda bavuga ko bigobotoye ikinyoma cyari cyarabahejeje mu mashyamba no mu mibereho mibi.
Bamwe mu bagabo bo mu Karere ka Muhanga bavuga ko bari bazi ko gukora imibonano mpuzabitsina n’abo bashakanye nta hohoterwa ririmo igihe cyose umugore ataburanye cyangwa ngo yivumbure.
Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu, Dr Mukabaramba Alvera, yababajwe n’amakosa menshi yakozwe muri gahunda yo gushyira abaturage mu byiciro by’ubudehe aha abanyamabanga nshingwabikorwa b’utugari n’imirenge iminsi itatu yo kuba barangije kuyakosora yose banagejeje raporo ku karere.
Nk’uko twakomeje kubagezaho ibiri kubera mu Iserukiramuco "Ubumuntu Arts", twabahitiyemo amafoto amwe yaranze ibirori byo ku gicamunsi ku munsi wa mbere. Mukurikire...
Abatuye ku Gasantere ka Rugogwe gaherereye mu Murenge wa Ruhashya, Akarere ka Huye, bavuga ko itunganywa ry’umuhanda Rugarama-Kigoma, unyura muri ako gasantere, ryatumye bava mu bwigunge, ndetse n’ibiciro byo gutwara abantu n’ibintu ku binyabiziga bikagabanuka.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Nyaruguru buratangaza ko abakozi ba Leta bafashe imyenda mu mashami ya Koperative Umirenge Sacco yo muri ako karere bakaba batarayishyura, bagomba kuyishyura byihuse bitaba ibyo bagafatirwa ibyemezo birimo no gutakaza imirimo yabo.
Abanyarwanda birukanwe muri Tanzaniya batuye mu Murenge wa Ndego barashimira Leta y’u Rwanda ku bw’ubufasha bwose bahawe bageze mu Rwanda nyuma yo kwirukanwa muri icyo gihugu.
Bamwe mu baturage bo mu Karere ka Nyabihu batuye mu midugudu bavuga ko gutura mu midugudu ari byatumye babasha kugera ku bikorwa remezo ku buryo bworoshye kandi bwihuse.
Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Busasamana mu Karere ka Nyanza baravuga ko batemeranya n’ibyiciro by’ubudehe bashyizwemo bakaba ngo biteguye kujurira.
Ibyiciro binyuranye by’abaturage mu Karere ka Nyaruguru kuri uyu wa 10 Nyakanga 2015 biyemeje gukusanya amafaranga y’u Rwanda 17 n’ibihumbi 50 azashyirwa mu Kigega “Ishema ryacu”.
Umurage Ndahiro Claude, Umuyobozi w’Ishyirahamwe ry’Abanyeshuri biga mu Ishuri Rikuru rya INILAC/ Ishami ryaryo rya Kigali, yatangaje ko, binyuze mu rugerero, bateganya kwitura igihugu ibyo cyabakoreye byose.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Nyaruguru buratangaza ko bwishimira ko mu myaka itanu ishize, abaturage bacana umuriro w’amashanyarazi bavuye kuri 0.8%, ubu bakaba bageze kuri 20%.
Umunyamabanga wa Leta ushinzwe Imibereho Myiza muri Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu (MINALOC), Dr Alvera Mukabaramba, arasaba Abanyarwanda kutita ku bihuha bibangisha gahunda ya Leta yo gushyira abaturage mu byiciro by’ubudehe.
Nyuma y’uko Urugaga rw’Abikorera mu Rwanda rushyiriyeho Ikigega “Ishema ryacu” banga agasuzuguro k’amahanga; abikorera bo mu Karere ka Kamonyi bakoze inama nyungurana bitekerezo kuri uyu wa kane tariki 9 Nyakanga 2015, maze bemeza gushyira muri iki gigega amafaranga y’u Rwanda abarirwa muri miliyoni 15.
Umuryango Handicap International ukomeje kugaragaza ko hakiri icyuho kinini hagati y’amategeko arengera abafite ubumuga no kuyashyira mu bikorwa, kuko ngo iki cyiciro cy’abaturage kitarisanga bihagije muri gahunda zinyuranye z’iterambere ry’igihugu.