Madamu wa Perezida wa Repubulika Jeannette Kagame arahamagarira urubyiruko rwa Afurika kutitinya ahubwo rugahaguruka rugahanga udushya twarufasha kwiteza imbere.
Umunyamabanga Nshingwabikorwa wa Komisiyo y’Igihugu y’Ubumwe n’Ubwiyunge (NURC), Fidèle Ndayisaba, avuga ko igipimo cy’Ubumwe n’Ubwiyunge kizaba kizagera kuri 95% mu mwaka wa 2017.
Abaturage bo mu Karere ka Ruhango ntibishimiye igihe gito cyahawe umupfakazi wa Jenoside cyo kuba yavuye mu isambu yatswe mu rubanza yatsinzwemo.
Minisitiri w’Ubutabera Busingye Johnston abwira abagomba kwishyura ibyo bangije muri Jenoside yakorewe Abatutsi, ko kutagira ubushobozi bidakwiye kuba urwitwazo rwo kutishyura.
Nyuma y’aho umuhanda Kigali - Muhanga ufunguriwe mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri, tariki 10 Gicurasi 2016, kugenda na byo byabaye ingorabahizi bitewe n’umubare w’abantu benshi bari baraye ku Ruyenzi na Kamuhanda mu Karere ka Kamonyi, bifuzaga kwambuka Nyabarongo ngo bagere i Kigali.
Leta y’u Rwanda yasinyanye amasezerano n’Umuryango w’Ubumwe bw’Uburayi (EU) y’inkunga ingana n’amapawundi miliyoni 117 angana na miliyari 157Frw yo kwagura ibikorwa by’ingufu z’amashanyarazi mu gihe cy’imyaka itanu.
Polisi y’Igihugu yafunguye umuhanda wa Kigali-Musanze nyuma yo gusiburamo icyondo cyari cyawuzuyemo ariko imodoka nto ni zo zemerewe gucamo kugeza ubu.
Imihanda ya Kigali-Muhanga na Kigali-Musanze yamaze gufungurwa nyuma y’amasaha agera kuri 48 ku wa Kigali Musanze na 24 kuwa Kigali-Muhanga ifunzwe kubera ibiza.
Ambasaderi w’igihugu cya Malawi mu Rwanda, Hawa Olga Ndilowe, yatangaje ko igihugu ahagarariye kizigira ku Rwanda gahunda yo kurwanya nyakatsi.
Nyuma y’uko Nyabarongo yuzuye ikarenga umuhanda wa Kaburimbo uva Kigali werekeza mu Majyepfo, abantu batari bake bazinduka bajya gukorera no kwiga i Kigali bacitse intege.
Abatuye Umurenge wa Nyanza mu Karere ka Gisagara bari bafite imitungo ahanyujijwe umuyoboro w’amashanyarazi, barasaba ingurane z’ibikorwa byangijwe, bakaba bamaze imyaka ibiri batarishyurwa.
Imvura idasanzwe yaguye mu Karere ka Gakenke, yateje inkangu zahitanye abantu 34 ndetse zisenya inzu zisaga 400 mu ijoro rishyira ku Cyumweru, tariki 8 Gicurasi 2016.
Imvura yaguye mu Karere ka Rubavu mu ijoro ryo ku wa Gatandatu ushyira ku Cyumweru, tariki 8 Gicurasi 2016, yateye inkangu mu Murenge wa Nyakiriba, ihitana abantu bane bo mu rugo rumwe.
Abarezi bo mu Karere ka Gisagara baravuga ko biyemeje gusakaza umuco w’amahoro mu Banyarwanda bahereye mu banyeshuri bigisha.
Imvura yaraye iguye mu Karere ka Gakenke, mu ijoro rishyira kuri iki Cyumweru tariki 8 Gicurasi 2016, yateje ugutenguka kw’inkangu zagushije amazu, abagera kuri 23 bakaba bamaze gupfa kandi hari impungenge ko umubare w’abapfuye ushobora kwiyongera.
Abaturage bo mu Mudugudu wa Nyamiyaga, Akagari ka Nyagisozi mu Murenge wa Nyagisozi muri Nyaruguru barishimira ko babonye amazi meza, nyuma y’imyaka 22 bavoma ibiziba.
Abaturage bo mu Murenge wa Nyabitekeri barasaba amazi meza kuko inganda zitunganya kawa zigabije amavomo yabo, zikayayobora mu ikawa batunganya.
Komisiyo ya Sena ishinzwe Ububanyi n’Amahanga, Ubutwererane n’Umutekano irashishikariza abaturage kubyaza umusaruro amahirwe u Rwanda rufite yo kuba mu Muryango w’Afurika y’Uburasirazuba.
Mu gusoza icyumweru cyahariwe gahunda ya “Girinka “ mu Karere ka Kirehe, abituye b’abituwe barashimira Perezida Kagame wabateje imbere binyuze muri “Girinka Munyarwanda”.
Abikorera bo mu Karere ka Rusizi biyemeje gutanga miliyoni 20 z’amafaranga y’u Rwanda mu Kigega Agaciro Development Fund.
Abaturage batuye mu Mudugudu wa Nyamugari, Akagari ka Gafunzo mu Murenge wa Mwendo w’Akarere ka Ruhango, baratabariza umubyeyi witwa Nyirabahire Venancie, kuko ubuzima bwe buri mu kaga.
Abaturage batuye mu midudgudu ya Ninzi na Rugabano mu Murenge wa Kagano muri Nyamasheke barasaba guhabwa ingurane nyuma yo kwangirizwa ibyabo hakorwa imihanda.
Kigali Today Ltd yongeye guhugura abanyamakuru n’abandi bifuza kuba abanyamwuga mu gufata amafoto, amahugurwa iteguye ku nshuro ya gatatu.
Abikorera ngo bagiye gushyiraho uburyo abarimu babona ibyo bakeneye mu buryo bwo kubakopa bakabyishyura mu byiciro binyuze mu mabanki bahemberwamo.
Brig Gen Mujyambere Leopord wari wungirije Mudacumura ku buyobozi bwa FDLR, wafatiwe Goma, yari umwe mu bahanga uyu mutwe wagenderagaho.
Mu gihe mu nkambi y’abarundi ya Mahama hakomeje kugaragara umubare munini w’urubyiruko rutwita inda zidateguwe, hashinzwe ikigo kizigisha ubuzima bw’imyororokere ku ngimbi n’abangavu.
Brig Gen Mujyambere Leopord uzwi nka Ashile yafatiwe Goma n’inzego z’umutekano ajyanwa Kinshasa.
Ubuyobozi bw’Intara y’Amajyepfo bwashimiye abaturage b’Umurenge wa Ntyazo mu Karere ka Nyanza ku bufatanye bagaragaje bwatumye umuntu washakaga guhungabanya umutekano akoresheje imbunda ahasiga ubuzima.
Umuyobozi mushya w’Umuryango FPR - Inkotanyi mu Karere ka Rutsiro, Ayinkamiye Emerence, yijeje abanyamuryango ko agomba guhangana n’ibibazo byugarije akarere birimo gusubiza abana mu ishuri no kurwanya ikibazo cy’imirire mibi.