Ubuyobozi bw’Akarere ka Nyabihu ngo bugiye kwibanda mu byaro mu kwegereza abaturage amashanyarazi muri itanu mu mirenge ikagize.
Bamwe mu bacuruzi ba Musanze bakoresha indangururamajwi n’umuziki bakurura abakiriya ngo bibongerera abakiriya ariko hari abakavuga ko bibangamira abandi bacuruzi.
Urwego rushinzwe ubuzima mu Karere ka Gastibo n’amavuriro akarimo, ku wa 18 Kanama 2015, bigiye hamwe uko babonera igisubizo impfu z’ababana n’ababyeyi bapfa babyara.
Perezida Kagame atangaza ko nta mpaka zari zikwiriye kubaho, kugira ngo umugore ahabwe agaciro akwiriye.
Umuyobozi w’Akarere ka Burera, Sembagare Samuel, aravuga ko mu gutanga isoko ryo kuba isoko mpuzamahanga ryo ku mupaka wa Cyanika hajemo ikibazo bikaba ngombwa ko riseswa rikongera gutangwa bundi bushya mu gihe ryagombye kuba ryaratangiye kubakwa muri Gicurasi 2015.
Ikigo cy’ikoranabuhanga, RwandaOnline Platform Ltd, cyamurikiye abakozi b’Akarere ka Gicumbi, kuri uyu wa 18 Kanama 2015, urubuga rwitwa www.irembo.gov.rw ruzajya rufasha abaturage guhabwa serivisi mu buryo buboroheye.
Abakozi b’akarere ka Nyaruguru kuva ku rwego rw’akagari kugeza ku karere, basobanuriwe itegeko rishya ribagenga mu mirimo yabo ya buri munsi.
Bamwe mu bagore bo mu Murenge wa Rwinkwavu mu Karere ka Kayonza bari mu bucukuzi bw’amabuye y’agaciro basanga abagore bakwiye gutinyuka na bo bagashora imari mu bucukuzi bw’amabuye y’agaciro kuko ari hamwe mu hasigaye hava inyungu nyinshi.
Ibura y’amazi muri iki gihe k’impeshyi ryatumye abatuye mu mu karere ka Gicumbi bayoboka imigezi n’ibishanga, ku buryo abatabishoboye bagura ijerekani ku mafaranga 400.
Nyuma y’imyaka 5 inyubako za Hoteli Kivu Marina Bay yo mu Karere ka Rusizi zarahagaze kubera imicungire mibi, ubu imirimo yo kuyubaka yongeye gusubukurwa.
Bamwe mu bakozi b’akarere ka Rutsiro bavuga ko kutitwara neza mu kwesa imihigo ari ihindurwa mirimo rya hato na ho bakorerwaga ariko ubuyobozi bwo ntububyemera.
Abaturage bakorera imirimo itandukanye mu Mujyi wa Rwamagana baravuga ko muri iyi mpeshyi bugarijwe n’ibura ry’amashanyarazi rya hato na hato, kandi bikaba bikomeje kubatera igihombo kuko hari n’igihe bamara umunsi wose badakoze.
Abayobozi b’ibigo by’amashuri abanza n’ayisumbuye yo mu Karere ka Nyanza basoje ku wa 14 Kanama 2015 ibikorwa by’itorero ry’Igihugu bari bamazemo icyumweru bihwitura ku birebana n’indangagaciro na kirazira bigomba kubaranga mu kazi.
Mu biganiro byahuje abamotari bakorera mu Karere ka Kamonyi n’Ubuyobozi bwa Polisi ku wa 15 Kanama 2015; mu nzu mberabyombi y’akarere, abamotari bagaragaje impungenge ku batwara badafite ibyangombwa bavuga ko bakora amakosa mu muhanda, bakanduza isura y’abandi.
Bamwe mu bagore bo mu karere ka Gisagara baravuga ko bagifite imbogamizi yo guharirwa imirimo myinshi y’urugo n’abagabo hitwajwe umuco.
Kuri uyu wa gatandatu tariki ya 15 Kanama abakirisitu gaturika basaga 30.000 bari bateraniye i Kibeho mu karere ka Nyaruguru, mu isengesho ryo kwizihiza ijyanwa mu ijuru rya Bikira Maria.
Kuri uyu wa 15 Kanama 2015, kuri Paruwasi ya Congo-Nil hateranaga abakirisitu ba Kiliziya Gatorika mu Ntara y’Iburengerazuba bizihiza umunsi wa w’iryanwa mu ijuru rya Bikiramariya bita “Assomption” maze Umushumba wa Diyosezi ya Nyundo, Msgr Alexis Habiyambere anenga abatitwara gikirisitu mu miryango abasaba guhindura (...)
Kuri uyu wa 14 Kanama 2015 abakozi b’akarere ka Gakenke bari mu mwiherero n’ubuyobozi hamwe na njyanama, wo kwibukiranya inshingano z’abayobozi mu buryo bw’imikorere n’imikoranire y’inzego z’ibanze, hanagaragazwa amakosa yakozwe n’abakozi b’akarere biganjemo abanyamabanga nshingwabikorwa b’utugari.
Mu gihe bamwe mu bakoresha umuriro w’amashanyarazi mu Murenge wa Rwimiyaga bavuga ko ubura cyane bitewe n’imashini bita “transformateur” ifite ikibazo, ubuyobozi bwa REG bwo buvuga ko biterwa n’ubwinshi bw’ibyuma bishya imyaka.
Imiryango 102 yo Mirenge ya Shyogwe na Cyeza mu Karere ka Muhanga, ku wa 15 Kanama 2015 yagabiwe inka 51 ziswe iz’ubumwe n’ubwiyunge kugira ngo yikure mu bukene.
Ubuyobozi w’Ikigo cy’Igihugu cy’Umutungo Kamere, RNRA, mu Ntara y’Uburengerazuba buravuga ko ivugururwa ry’abakozi ba Leta ryatwaye abakozi bahuguriwe iby’ubutaka muri iyi Ntara.
Habyarimana Jovith ushinzwe Ubutegetsi n’Abakozi mu Karere ka Nyamasheke, ubwo batahaga inyubako nshya ya Sacco ya Gihombo kuri uyu wa 15 Kanama 2015 yavuze ko nta shema kakuye mu kuba umwaka ushize kari ku mwanya wa 17 none kakaba kaje ku wa 16 mu mihigo ya 2014-2015.
Padiri Dominique Karekezi wayoboraga Ishuri Rikuru rya Kibungo (INATEK) yashyinguwe mu cyubahiro i Rwamagana ku wa gatanu tariki 14 Kanama 2015.
Ambasaderi mushya wa Korea y’epfo, Park Yong-Min, hamwe na Fréderic Maria De Man w’Ubuholandi, bagejeje kuri Perezida wa Repubulika Paul Kagame inyandiko zibahesha guhagararira ibihugu byabo mu Rwanda nka ba ambasaderi, kuri uyu wa gatanu tariki 14 Kanama 2015.
Madame Jeannette Kagame aratangaza ko mu Rwanda ari igihugu gifasha abakobwa gutera imbere, agendeye ku mibare igaragaza ko abakobwa bagera kuri 96% bashoboye kujya mu ishuri.
Amashami yose ya Kenya Commercial Bank (KCB), ku mugoroba wo kuri uyu wa 14 Kanama 2015 yafunze mbere ya saa mbiili z’umugoroba, maze amakiliya b’iyo banki bagaragaza kutishimira icyo cyemezo.
Umuryango Never Again Rwanda watangije ibikorwa byawo mu Karere ka Musanze, ku wa 12 Kanama 2015 ngo witezweho kuzafasha abaturage bo mu Murenge wa Muhoza kuganira kuri gahunda za Leta no kuzisobanukirwa bigamije ko bazigiramo uruhare.
Ubuyobozi bw’Ikigo k’Igihugu gishinzwe Umutungo Kamere, kuri uyu wa 13 Kamena 2015 bwahumurije abasaba ibyangomba by’ubutaka ko batazongera gusiragira kuko begerejwe ababitanga mu mirenge.
Abatuye mu murenge wa Gakenke mu karere ka Gakenke, baratangaza ko bamaze gusobanukirwa n’akamaro ko kubana binyuze mu mategeko, kuko kudasezerana bituma batizerana.
Nyuma y’uko hagaragaye uburwayi mu gihingwa cy’imyumbati bwateje igihombo mu bahinzi; Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi yatanze imbuto nshya y’imyumbati ariko bayiteye na yo irarwara. Abahinzi bakeka ko ubu burwayi bushobora kuba buterwa n’ubutaka bahingamo, bakaba basaba ko bukorerwa isuzuma.