Abahagarariye abafite ubumuga mu Karere ka Kamonyi, barasabwa gukangurira abo bahagarariye gukora imishinga bakihangira imirimo aho gusabiriza.
Bamwe mu bacuruzi baciriritse ntibaramenya iby’ikoreshwa ry’akamashini gatanga inyemezabuguzi (EBM) kandi muri bo hari abagombaga kuba bagakoresha.
Ikigo kigenga cy’ikoranabuhanga (Rwanda online) kiratangaza ko kugeza ubu, serivisi 30 zakwa n’abaturage mu nzego zitandukanye zishobora guhabwa umuturage atiriwe asiragira.
Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga akaba n’Umuvugizi wa Leta, Louise Mushikiwabo, yavuze ko u Rwanda rwiteze ubufatanye n’ubuhahirane bw’Abanyafurika, bazateranira i Kigali mu kwezi gutaha.
Ishyirahamwe mpuzamahanga rishinzwe ingendo z’indege (IATA) ryongeye guha ikigo cy’igihugu cy’ubwikorezi bwo mu kirere, RwandAir, icyemezo cyo kwagura imikorere.
Abagize Umutwe w’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye muri Afurika y’Iburasirazuba (EASF), baravuga ko kongerera ubushobozi abashinzwe ubutabazi bwo mu mazi, bizabafasha mu kurokora ubuzima bw’abarohama.
Urubyiruko rw’imwe mu miryango yigenga mu karere k’ibiyaga bigari, rwemeza ko amarushanwa y’ibiganiro aruhuza buri mwaka, ngo arufasha kubaka amahoro.
Bamwe mu rubyiruko bavuga ko kuba amateka mabi yarafashe igihe kinini yigishwa mu Rwanda, bisaba ko handikwa ibindi ibitabo biyavuguruza.
Itsinda ry’Intara y’Amajyepfo riyobowe n’Umunyamabanga Nshingwabikorwa wayo, Madamu Izabiriza Jeanne, ryahwituye ubuyobozi bw’Akarere ka Nyanza ku idindira ry’imwe mu mihigo ya 2015-2016.
Polisi y’u Rwanda irasaba abikorera kwirinda ruswa n’ibyaha bifitanye isano na yo, kandi bakagira uruhare mu kubirwanya.
Abanyamuryango ba FPR Inkotanyi bo mu Murenge wa Base mu Karere ka Rulindo boroje inka 12 imiryango itishoboye kugira ngo yivane mu bukene.
Ambasaderi w’u Rwanda muri Congo Brazzaville, Habyarimana Jean Baptiste, yabwiye amahanga ko ubumwe n’ubwiyunge ari bwo butuma u Rwanda rutera imbere nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Abakora n’abacuruza ibikorwa by’ubukorikori bwo mu Rwanda, batangaza ko abanyamahanga bitabira kugura ibikorwa byabo kurusha Abanyarwanda.
Ishuri Rikuru ry’Imyuga n’Ubumenyingiro mu Ntara y’Amajyepfo (IPRC - South) ryahaye abapfakazi ba Jenoside bo mu Murenge wa Gikonko mu Karere ka Gisagara, amashanyarazi akomoka ku zuba, radiyo hamwe na televiziyo, kugira ngo bave mu bwigunge.
Abasirikare bakuru 46 baturuka mu bihugu umunani bya Afurika barangije amasomo mu bya gisirikare n’ay’igisivire mu byerekeye n’umutekano.
Akarere ka Gasabo kagiye kubaka inyubako nshya kazakoreramo ijyanye n’igihe, ikazatuma servisi batangaga ziba nziza kurushaho kubera ko n’abakozi bazaba bafite ubwinyagamburiro.
Abasore babiri bafashwe bajyanwa muri FDLR bicuza gushushukishwa akazi kabahemba amadolari bakemara kandi bajyanwe mu bikorwa bibi.
Umukuru w’Ingabo za Repubulika ya Czech, Gen. Josef Becvar yaje kuganira na bagenzi be b’u Rwanda uko bakongera umubano ushingiye ku mahugurwa.
Abasore n’inkumi basaga 200 muri Kirehe bitabiriye ibizamini byo kwinjira muri Polisi y’u Rwanda, bemeza ko bizabafasha gutanga umusanzu wo kurinda igihugu.
Umunyamabanga Nshingwabikorwa wa Komisiyo y’Igihugu y’Ubumwe n’Ubwiyunge Fidel Ndayisaba asanga gusaba imbabazi bikwiye gufatwa nk’umuti ku babikora aho kubita ibigwari.
Abanyarwanda basaga miliyoni imwe n’ibihumbi 400 bangana na 16% by’Abanyarwanda bose, bugarijwe n’ubukene bukabije ku buryo batagira inzu ndetse bakaba barya bigoranye.
U Rwanda rwasinyanye amasezerano n’ikigo gishinzwe ikoranabuhanga cya Korea y’Epfo (NIA), agamije ubufatanye no gushingira ku bunararibonye bw’icyo gihugu.
Umuryango w’Urubyiruko ruteza imbere Imiyoborere Myiza na Demokarasi (RGPYD), uratangaza ko gutoza urubyiruko imiyoborere myiza birurinda kujya muri politiki y’urwango yoreka igihugu.
Captaine Kayibanda Callixte wari ushinzwe kwigisha mu mashuri ya gisirikare mu mutwe wa FDLR, yarambiwe imibereho y’ishyamba atahuka mu Rwanda.
Umuyobozi wa Transparancy International Rwanda (TI), Ingabire Marie Immaculée, avuga ko abaka ruswa akenshi baba bahagarariye Leta, bigatuma bayangisha abaturage.
Abayobozi b’imirenge ibiri yo muri Burera bahagaritswe ku mirimo yabo bazira imikorere mibi irimo n’uburiganya muri Girinka.
Umuyobozi wa Kigali Today Ltd Kanamugire Charles, yasabye abahuguwe na Kigali Today Ltd mu gufotora, kubyaza umusaruro ubumenyi bahawe, bagaragaza isura nziza y’igihugu.
Radio Mpuzamahanga y’Ubudage “Deutsche Welle” yigeze gukomera cyane mu Karere ka Afurika, yafunze ibikorwa byayo mu Rwanda ndetse isubiza u Rwanda ubutaka yari imazemo imyaka 53.
Akarere ka Rubavu kasabye abafite imitungo bambuwe ku maherere kuyisaba bakayihabwa, nyuma yo gusubiza imitungo y’umwe mu miryango yari yarariganyijwe.
U Rwanda na Turkey byongeye umubano hagati yabyo bishyira umukono ku masezerano y’imikoranire no koroshya imigenderanire hagati y’ibihugu byombi.