Bamwe mu baturage bo mu Karere ka Muhanga binangiraga kwishyura amafaranga y’ubwisungane mu kwivuza (MUSA), baricuza ingaruka zo kwigurishiriza imitungo.
Umusirikare wa Congo warasiwe mu Rwanda ku wa 24 Kamena 2016 yashubijwe mu gihugu cye ingabo za EJVM zisura aho yarasiwe.
Abanyamuryango b’Umuryango FPR-Inkotanyi bo mu Karere ka Kirehe, bavuga ko ibyo umuryango wagezeho muri uyu mwaka babikesha ingufu zongewe mu bukangurambaga.
Inama nkuru y’itangazamakuru mu Rwanda (MHC) iravuga ko kongerera ubumenyi abanyamakuru binyuze mu mahugurwa bituma barushaho kunoza umwuga wabo.
Amazu 69 niyo yubatswe n’intore zirangije urugerero mu mirenge itandukanye igize Akarere ka Gatsibo, akaba yarubatswe mu gihe cy’amezi atatu.
Minisiteri y’Umutekano (MINENTER) ivuga ko kuba hari abana bagororwa ku byaha bakoze ari igisebo ku babyeyi batabashije kubaha uburere bukwiye.
Umutahira w’Intore mu Karere ka Ngororero, Mukantabana Odette, aragaya abanyeshuri basoza Itorero ntibitabire urugerero, anasaba abarwitabiriye guhashya ubwo bugwari muri barumuna babo.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Ruhango burasaba intore zisoje urugerero, kutagera hanze ngo zihindanye kuko zivuye ku rugerero, zibutswa ko ubutore bukomeza.
Umuryango nterankunga wa gikirisitu wita ku batishoboye “World Vision” waremeye amabati ibihumbi 45 abasenyewe n’ibiza mu Karere ka Gakenke.
Umwana w’umukobwa byagaragaraga ko avuye ku ishuri, yagejeje kuri Guverineri w’Intara y’uburengerazuba ikibazo cyo kutamenya inkomoko ye, bamwe kwihangana birabananira baraturika bararira.
Imodoka yo mu bwoko bwa Fuso itwaye inka yavaga Karongi yerekeza i Kigali, ikoreye impanuka mu Karere ka Kamonyi, inka enye zihita zipfa naho ba kigingi babiri barakomereka.
Guverineri w’Iburengerazuba, Caritas Mukandasira, yamaze impaka abaturage n’Uruganda rw’Icyayi rwa Bisakura bari bamaze igihe bashinjanya kurengererana.
Ministiri w’Ingabo, Gen. James Kabarebe witabiriye ibiganiro bihuje abapolisi bakuru b’ibihugu 10 by’Afurika, yabamenyesheje ko bahanganye n’abakomeye barwanya ubusugire bw’Afurika.
Madamu Jeannette Kagame yagiye muri Gabon mu ruzinduko rw’akazi ndetse no gukomeza umubano u Rwanda rufitanye n’icyo gihugu.
Abagore bo mu Ntara y’Iburengerazuba barasabwa gusobanura neza uburinganire bukumvikana kuko ngo hari abagore bamwe bumvise nabi ihame ry’uburinganire, bigateza amakimbirane mu miryango.
Abashinzwe ubumenyi bw’ikirere bavugaga ubushize ko inyanja ngari zashyushye ku buryo byateza imyuzure; none ubu ngo zishobora gukonja bigateza amapfa.
Akarere ka Rwamagana karavuga ko imwe mu mihigo gafite yadindiye kuko abafatanyabikorwa bagombaga kugafasha kuyuzuza, batashyize mu bikorwa ibyo biyemeje.
Perezida wa Tchad, Idriss Déby Itno, akaba na Perezida w’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe (AU) ageze mu Rwanda mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatatu, tariki 22 Kamena 2016, mu ruzinduko rw’akazi.
Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Bugesera, yataye muri yombi umusore w’imyaka 28 ukekwaho ibyaha bitandukanye birimo kwiyitirira imirimo yo mu nzego za Leta adakora, agamije kubeshya impunzi ko azazishakira ibyangombwa bizazihesha kujya mu bihugu byo hanze.
Abaturage batanze imigabane muri Sosiyeti y’Ishoramari y’Akarere ka Kamonyi, KIG, bayobewe iherezo ry’imishinga yavugwaga gukorwa none barasaba ubuyobozi kubabariza.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Rutsiro buraburira abagura amata na SOSOMA bitangwa ku mavuriro mu kurwanya imirire mibi, kuko abazabifatirwamo bazahanwa.
Abaturage b’Akarere ka Burera basabaga koroherezwa kwambuka umupaka wa Cyanika bafite abana, bahakaniwe, basabwa kubahiriza ibisabwa n’amategeko kuko kubyoroshya ngo byatiza umurindi icuruzwa ry’abantu.
Abaturage bo mu midugudu ya Mujabagiro na Murwa mu Murenge wa Kagano i Nyamasheke barasaba ubuyobozi kubakemurira ibibazo mu ikorwa ry’umuhanda uva Ninzi ugana Murwa.
Abagabo batandatu bafungiwe kuri Sitasiyo ya Polisi ya Kirehe mu Karere ka Kirehe, bashinjwa kwiba inka.
Urubyiruko rw’abanyeshuri biga mu mashuri yisumbuye mu Karere ka Ngoma rurasabwa kuba abafatanyabikorwa mu kurwanya ihohoterwa, batanga amakuru ku gihe.
Impunzi z’Abarundi ziri mu Nkambi ya Mahama ngo ntizitewe ipfunwe no kwitwa impunzi kuko ngo n’umwana w’Imana yahunze ashaka umutekano, bakemeza ko umutekano bahunze bashaka bawufite.
Mu nama y’inteko rusange y’umuryango FPR Inkotanyi mu Murenge wa Ngororero muri Ngororero, abanyamuryango biyemeje kwihutisha ubuvugizi ku bibazo by’abaturage.
Abanyamuryango b’ishyaka rya PSD barasabwa gushora imbaraga mu nzego z’imirenge n’utugari kuko bigaragara ko ishyaka rikora ku rwego rw’akarere gusa.
Musenyeri wa Diyosezi ya Nyundo, Anaclet Mwumvaneza, arasaba urubyiruko kuba abakirisitu bubaha Imana ariko bakazirikana gukora bikorwa by’iterambere.