Nyuma y’igihe kinini mu Ngororero bahiga gukuraho amabati ya Asbestos (Fibrociment) ntibigerweho, ubu noneho ngo 2016, uzasiga yaraciwe burundu.
Njyanama y’Akarere ka Ruhango, irimo kwitegura umwiherero ugamije kwisuzuma ireba ibyo imaze kugeraho ndetse n’ibyo itakoze mbere y’uko mbanda irangira.
Ubuto mu myaka y’ubukure mu bayobozi b’inzego z’ibanze budindiza ikemurwa ry’amakimbirane mu miryango kuko batizerwa ngo babwire imvano yayo.
Buri wa gatandatu wa nyuma mu gihugu hose haba igikorwa cy’umuganda. Nk’uko bisanzwe tubahitiramo amwe mu mafoto yaranze iki gikorwa mu turere dutandukanye aba yafashwe n’abanyamakuru bacu bahakorera.
Abashakashatsi bo mu bigo bitatu ari byo Laterite, ikigo cy’Abanyakanada IDRC n’icyo mu Rwanda gikora ubushakashatsi kuri gahunda za leta IPAR nibo babitangaje bagendeye ku bundi buherutse gutangazwa n’Ikigo cy’igihugu gishinzwe Ibarurishamibare (NISR).
Abanyamabanga Nshingwabikorwa b’utugari tugize Akarere ka Karongi bagiye guhinduranywa mu rwego rwo kurushaho kunoza serivisi basanzwe baha ababagana.
Bamwe mu babyeyi bo mu karere ka Gakenke basanga kwikoreza umwana imizigo ntacyo bitwaye kuko baba barimo kubashakira amaramuko.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Burera buratangaza ko ubu abaturage bo muri ako karere bamaze kugezwaho imiyoboro y’amazi meza babarirwa muri 90.2%.
Abatuye ikirwa cya Mazane giherereye mu murenge wa Rweru mu karere ka Bugesera bagiye kwimurwa bajyanwe i musozi.
Umugore wa Perezida wa Repubulika, Jeannette Kagame, atangaza ko azakora ibishoboka byose kugira ngo abana bahuye n’ibibazo bagire imibereho myiza.
Niyobyiringiro Callixte w’imyaka 25 wakoreraga Umurenge Sacco–Mushubati ho mu karere ka Rutsiro aracyashakishwa aho akurikiranyweho gutorokana 1,651,500frw.
Abayobozi b’ibitangazamakuru byandika barasabwa gukora indi mirimo ifitanye isano n’ibyo bakora kugira ngo bongere ubushobozi bw’ibitangazamakuru byabo bifite ikibazo cy’amikoro.
Kubera ko ikibazo cy’amasoko atangwa atinze ari kimwe mu byatumye tumwe mu turere tw’intara y’Iburengerazuba tutaraje ku myanya myiza mu mihigo cyafatiwe ingamba.
Impanuka y’ikamyo ya Bralirwa yahirimye igeze mu karere ka Gakenke, yatumye abaturage bari hafi aho bahita binywera inzoga yari yikoreye.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Ngororero bugiye gukosora ibitagenda mu mitangire ya serivisi kugira ngo abaturage bakomeze kurushaho kugirira abayobozi icyizere.
U Rwanda rwamaganye raporo y’umuryango Human Rights Watch ivuga ko i Gikondo mu Mujyi wa Kigali hafungirwa abantu mu buryo butemewe n’amategeko.
Nyirarwango Esperance acumbikiwe kuri Sitasiyo ya Police ya Mukamira, mu karere ka Nyabihu, nyuma yo gufatanwa utubure 1000 tw’urumogi.
Abaturage basaga 500 batunganyije amaterasi mu Murenge wa Mwurire mu Karere ka Rwamagana barinubira kuba bararangije imirimo muri Gicurasi, bikaba bigeze muri Nzeri batarishyurwa.
Amasezerano yasinywe hagati y’Umujyi wa Kigali na Sendika y’Abanyamyuga, STECOMA, agena ko abafundi bazajya bazubakira umuntu ufite ibyangombwa gusa.
Ubuyobozi bw’Umujyiwa Kigali, kuri uyu wa 23 Nzeri 2015 bwatangije gahunda yogusana imihanda ishaje mu rwego rwo kongera isuku mu mujyi no kuwuha isura nziza.
Abanyamabanga Nshingwabikorwa b’utugari two mu Karere ka Gakenke basabwe gukosora amakosa yose yagaragaye mu byiciro by’ubudehe bitarenze ku wa 28 Nzeri 2015.
Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Kugenzura imirimo ifitiye igihugu Akamaro cyahembye ibigo bitwara abagenzi byitwaye neza mu gucunga umutekano w’abagenzi.
Minisiteri y’Ibikorwa Remezo irasaba abayobozi n’abakozi bashinzwe imiturire mu Karere ka Bugesera gusobanurira abaturage itegeko rishya ry’imiturire,mu rwego rwo kwirinda ibihano byabageraho.
Abagize Inama y’Abagore mu karere ka Gakenke, baratangaza ko hari abagore bagikorerwa ihohoterwa n’abagabo babo ariko bagatinya kubishyira ahagaragara.
Ubuyobozi bw’akarere ka Gasabo bwasobanuriye abaturage b’umurenge wa Kinyinya ko bakwiye kubana neza bakirinda icyakurura amakimbirane nk’ubukene n’umutekano muke.
Urwego rw’Umuvunyi rurihanangiriza abayobozi b’inzego z’ibanze badakemura ibibazo by’abaturage ko ari uguteshuka ku nshingano za bo kandi ko bazajya babihanirwa
Bizimungu wabaye muri FDLR akimukira mu ngabo za FARDC yacyuwe mu Rwanda abishishikarijwe n’abatuye ku mupaka bari bamuzi nk’Umunyarwanda.
U Rwanda rwakiriye igitaramo cyo kwizihiza umunsi mpuzamahanga wahariwe amahoro, waranzwe n’imyidagaduro y’igitaramo cyabereye muri Stade nto i Remera.
Umugabo Safari Rugamba Didas wari utuye mu murenge wa Kibungo akarere ka Ngoma, yasanzwe yishwe nyuma aratwikwa.
Gasirabo Phenias w’imyaka 45 utuye mu karere ka Nyanza avuga ko aremerewe umutwaro no kubona ibyo atungisha abana 10 yabyaye.