Mu Murenge wa Nemba mu Karere ka Gakenke, haravugwa ikibazo cy’uko nta munyamabanga nshingwabikorwa w’akagari urara mu kagari akoreramo, kandi amabwiriza abibasaba.
Ubwo hatangizwa Ukwezi ko Kurwanya Imirire Mibi mu Karere ka Nyagatare, kuri uyu wa 08 Ukwakira, hanezwe ababyeyi bagurisha ibyagenewe kurwanya imirire mibi.
Abanyamabanga nshingwabikorwa b’utugari 97 tugize Akarere ka Gakenke baratangaza ko terefone bagenewe na Perezida Kagame bajejweho kuri uyu wa 9 Ukuboza 2015 zizatuma bazajya bihutisha raporo.
Abayobozi bo mu turere twa Rusizi na Nyamasheke barasabwa gufatanya n’abaturage kugira ngo amatora yose yitegurwa azagende neza.
Iyo igihugu gituwe n’umubare munini w’abagore ariko ubuyobozi bukiharirwa n’abagabo, demokarasi ngo iba irwaye, nk’uko Inama nyafurika ku miyoborere yabigaragaje.
Ubushakashatsi bwakozwe na Transparancy Internatinal Rwanda (TI-Rw) kuri ruswa mu mwaka wa 2015, bwagaragaje ko hari ruswa mu byiciro binyuranye by’amashuri mu Rwanda.
Abanyarwanda baba muri Côte d’Ivoire, kuri uyu wa 5 Ukuboza 2015 bakoze ubusabane bwo kwifuzanya gusoza umwaka neza binjira muri 2016.
Abagore bo mu Murenge wa Musha muri Rwamagana barasabwa guhaguruka bagakora kuko gutegera amaboko abagabo muri byose bituma bahohoterwa.
Minisiteri ishinzwe kurwanya Ibiza no gucyura impunzi iributsa Abanyarwanda bari mu buhunzi kubuvamo, kuko nyuma y’umwaka nta mfashanyo bazaba bagihabwa.
Bamwe mu bana bo mu kibaya cya Bugarama mu Karere ka Rusizi, bavuga ko iwabo babasaba gucuruza mu gihe cy’ibiruhuko.
Abanyeshuri 14 bo mu ishuri rya gisirikare rya Kenya (NDC) bari mu ruzinduko rugamije kwiga uko ingabo z’u Rwanda zicunga umutekano.
Komisiyo y’Afurika yunze ubumwe (AUC) irasaba ibihugu byigize umugabane w’Afurika gufatira urugero ku Rwanda mu gushyira abagore muri politiki.
Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Nemba muri Gakenke bahangayikishijwe no kutagira ibyangombwa by’ubutaka bwitwa ko ari ubwabo.
Mukantaganda Bujeniya wo mu Karere ka Ngororero avuga ko imiyoborere idaheza yatumye ashyira ahagaragara umwana we ufite ubumuga.
Komite y’abafite ubumuga mu Karere ka Ruhango, iravuga ko kuba baritaweho n’ababyeyi na Leta, bituma babayeho neza.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame yazamuye abapolisi barenga 550 mu ntera harimo 21 bari ku ipeti rya Chief Superintendent bashyizwe ku rya Assistant Commissioner of Police (ACP).
Perezida wa Repubulika akaba n’Umugaba w’ingabo w’ikirenga, Paul Kagame, yazamuye mu ntera abasirikare 5726 mu byiciro bitandukanye barimo n’Abajenerali 10.
Umuryango AVEGA, w’Abapfakazi ba Jenoside yakorewe Abatutsi, watangije gahunda ya “AVEGA wWeek” igamije kurushaho kwegera abanyamuryango ngo bahabwe ubufasha bakeneye mu miryango.
Komite nshya y’Ihuriro ry’Abana mu Karere ka Ngoma yiyemeje guhangana n’akato gakorerwa abana bafite ubumuga.
Abana batorewe guhagararira Ihuriro ry’Abana ku rwego rw’Akarere ka Kamonyi, biyemeje gukora ubuvugizi ku bibazo bibangamira iterambere ry’abana.
Kiliziya Gatolika igiye gutangira gahunda y’imyaka itatu, irimo gutanga imbabazi no kuzisaba ku ruhare rwayo muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Bamwe mu baturage bo mu karere ka Ngororero baranenga abayobozi bakererwa mu bikorwa babatumiramo kandi bo baba bubahirije amasaha.
Perezida wa Komisiyo y’igihugu y’Itorero Rucagu Boniface, yemeza ko ubwitange ari bwo bwaremye u Rwanda, burarubohora, burarwubaka buruhesha n’agaciro.
Impuguke ziteraniye mu rwanda ziga ku kibazo cy’ubucye bw’urubyiruko muri politiki, ziratangaza ko zizafata imyanzuro ijyanye n’uburyo umubare warwo wazamuka.
Minisitiri ushinzwe gucunga Ibiza no gucyura Impunzi, Seraphine Mukantabana, yashyikirije amazu 5 Abanyarwanda bahungutse bavuye muri Kongo.
Mu Munsi Mpuzamahanga w’Abafite Ubumuga mu Karere ka Musanze, havuzwe ko umushinga wo kubafasha kwiga wamaze kwemezwa hashingiwe ku buremere bw’ubumuga bafite.
Abafite ubumuga batangaza ko bafite ubumenyi mu myuga itandukanye, ariko bamwe muri bo babura ubushobozi bwo kubushyira mu bikorwa.
Abafite ubumuga bo mu Murenge wa Huye bibumbiye muri koperative ihinga ikawa bahize kuzaba bafite uruganda rutunganya kawa muri 2018.
Kagande Sirivani na Mukasikubwabo Immaculée bo mu Murenge wa Mpanga barashima byimazeyo abagiraneza babafashije nyuma y’imyaka 14 barwaje umwana.