Imbaga y’abakirisitu basaga ibihumbi makumyabiri yizihije yubile y’imyaka 100 y’Ubusaseridoti mu Rwanda na yubile y’imyaka 75 y’amavuko ya Musenyeri Thadée Ntihinyurwa.
Soeur Immaculée Uwamariya washinze umuryango ‘Famille Espérance’(FAES) yemeza ko gushyingirwa ari umuhamagaro w’Imana, bitandukanye n’amarangamutima.
Madamu Jeannette Kagame yasobanuriye abagore b’abakuru b’ibihugu byo ku isi uko u Rwanda rwahisemo kubaho rutagira ikigo na kimwe cy’impfubyi ahubwo umwana wese akarererwa mu muryango.
Imibare ituruka mu buyobozi bw’Akarere ka Rusizi ihamya ko muri ako karere habarurwa indaya 1000 zirimo n’abana bataragira imyaka y’ubukure.
Perezida Paul Kagame yavuze ko ibihugu 12 byo ku Mugabane w’Afurika byamaze kwiyemeza gutanga umusanzu ungana na 0.2 ku ijana by’amafaranga bikura ku bicuruzwa byinjira muri ibyo bihugu.
Imodoka ziparika mu Mujyi wa Kigali ntizikishyuzwa hakoresheje gitansi mu rwego rwo korohereza abayobozi bazo.
Ababyeyi basabwe gukunda abana babo no kubarera neza, mu gihe abana bo basabwa gukurana indangagaciro zo gukunda igihugu no kugikorera.
Bisi y’ikompanyi itwara abagenzi yitwa “RITCO” yavaga i Kigali ijya i Rusizi yakoreye impanuka muri Karongi, abagenzi 60 yari itwaye ntihagira n’umwe ukomereka.
Col Augustin Nsengimana bitaga Cadace wahoze ari umuyobozi muri FDLR yicuza imyaka 21 yayimazemo kuko yamupfiriye ubusa.
Guverineri w’Intara y’Amajyaruguru, Gatabazi Jean Marie Vianney atangaza ko agiye guhagurikira ikibazo cy’umwanda kigaragara mu batuye muri iyo ntara.
Ikigo cy’igihugu gishinzwe iteganyagihe (Meteo Rwanda) gitangaza ko imvura y’umuhindo izaba nyinshi ariko ngo hari uduce tumwe na tumwe tuzagira imvura irenze igipimo cy’iyari isanzwe igwa.
Perezida Paul Kagame yasabye Umuryango w’Abibumbye gufata abanyamuryango bawo bose kimwe, kugira ngo intego yatumye ujyaho yo guhuza ibihugu yubahirizwe.
Perezida Paul Kagame yavuze ko amateka y’umuryango mpuzamahanga muri Afurika kugeza ubu atarawuha isomo, kuko buri gihugu cyose wagiye wivangira mu bibazo byarangiraga bibaye bibi kurushaho.
Perezida Paul Kagame yavuze ko urwego u Rwanda ruhagazeho ku isi, nta handi rwavuye uretse guha Abanyarwanda icyizere no kubereka ko ibyo bakora ari ibyabo.
Komisiyo y’Uburenganzira bwa Muntu, igaragaza ko hari abamotari n’abatwara imodoka za taxi, bagira uruhare mu ihohoterwa rishingiye ku gitsina rikorerwa abana.
Perezida Paul Kagame yahuye na Perezida Emmanuel Macron w’Ubufaransa, bagirana ibiganiro birebana n’amahoro n’umutekano muri Afurika.
Madame Jeannette Kagame mu kiganiro yatanze mu nteko rusange y’umuryango w’abibumbye ya 72, yagarutse ku ihungabana rikomeye bamwe mu Banyarwanda bahuye na ryo kubera Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Imvura idasanzwe yaguye mu Karere ka Burera isize imiryango itandatu yo mu Murenge wa Cyanika itagira aho yikinga kuko inzu zabo zasenyutse.
Inzu z’abayobozi zubatswe nta byangombwa ni zo zahereweho zisenywa mu nzu 350 zigomba gusenywa mu Karere ka Kamonyi.
Ubushakashatsi bugaragaza ko igituma abana bafite ibibazo by’imirire mibi batagabanuka byihuse mu Ntara y’Amajyepfo ari uko ingengo y’imari igenerwa iyi gahunda ikiri hasi.
Umwana witwa Igisubizo Swaliha wagize amahirwe yo guterurwa na Perezida Paul Kagame i Nyamirambo, ari mu byishimo nyuma y’uko se umubyara afunguwe nk’uko yabyifuzaga.
Umuyobozi wa Kaminuza y’ubukerarugendo n’Ikoranabuhanga mu bucuruzi (UTB), Dr Kabera Callixte avuga ko abarangiza muri iri shuri bakagombye kugirirwa icyizere kuko bashoboye.
Urubyiruko rurasabwa gushishoza mu gufata ibyemezo mu miyoborere y’ibihugu byabo kugira ngo barusheho gufata iya mbere mu kubaka ibihugu bavukamo.
Guverineri Gatabazi Jean Marie Vianney na Guverineri Mufulukye Fred barahamagarirwa kuzamura iterambere ry’intara bagiye kuyobora bibanda ku mibereho myiza y’abaturage.
Bamwe mu baturage b’Akarere ka Gatsibo bavuga ko kuba bamaze igihe kirekire batarabona ibyangobwa by’ubutaka, bibabangamira mu kubukoresha nko kuba babugurisha.
Komisiyo y’Ubumwe n’Ubwiyunge (NURC) iratangaza ko igiye gukoresha umuryango nk’ibirindiro by’amahoro n’ubumwe n’ubwiyunge.
Abajyanama b’ubuzima bo mu Karere ka Rusizi mu Murenge wa Nkombo bibumbiye muri Koperative yorora inzuki, barasaba akarere kubagaruriza amafaranga yabo yaburiwe irengero.
Abakozi b’Imana bo ku Mugabane wa Afurika barasabwa guhuza imbaraga kuko ngo bafite umuti Afurika ikeneye ngo ive mu bibazo umazemo igihe.
"Mvura nkuvure" gahunda igamije kwimakaza ubumwe n’ubwiyunge hagati y’abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi n’abayikoze, yafashije abantu 360 mu isanamitima, bo muri Nyamagabe.
Nyuma y’ibyumweru bibiri Fred Mufulukye agizwe Guverineri mushya w’Intara y’Iburasirazuba yatangiye gukora imirimo ashinzwe asura abaturage bo mu Karere ka Nyagatare.