Kuba hari Abarundi babaga mu Rwanda boherejwe iwabo gushaka ibyangombwa, abaturage barasabwa kutabifata nko kubirukana kuko atari ko biri.
Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Imiturire (RHA), kiravugako mu myaka itatu abaturage bazaba bamaze gutuzwa mu migudugu igezweho ku kigereranyo cya 70%.
Abayobozi b’ibigo by’amashuri byo mu Karere ka Burera barasabwa gukumira ibiza byakwibasira ibigo bayobora, bakagura imirindankuba izabafasha kwirinda inkuba zahakubita.
Abafite ubumuga barasabwa guhaguruka bagatinyuka, bagaharanira uburenganzira bwabo mu nzego no mu bikorwa bitandukanye kuko bemeza ko na bo bashoboye.
Minisitiri w’Uburinganire n’Iterambere ry’Umuryango (MIGEPROF), Diane Gashumba, yatangaje ko u Rwanda ari urwa kabiri ku isi mu bamaze gusinya bashyigikira ihame ry’uburinganire muri gahunda ya "HeForShe", rukaba rukurikiye Leta Zunze Ubumwe za Amerika.
Abasenateri bafatanyije n’abatuye Umurenge wa Mugugnga muri ka Gakenke gusana ikiraro cyari cyaracitse, inzira igana ku biro by’umurenge yongera kuba nyabagendwa.
Kuri uyu wa Kabiri, tariki 17 Gicurasi 2016, ni bwo Perezida wa Repubulika Paul Kagame yasoje uruzinduko rw’iminsi ibiri yagiriraga mu Karere ka Karongi mu Ntara y’Iburengerazuba, guhera tariki 16 Gicurasi 2016.
Umushumba wa Diyoseze Gatolika ya Butare, Musenyeri Filipo Rukamba, avuga ko guha imbabazi utazigusabye kubera ko acyinangiye, bituma uruhuka umutima.
Bamwe mu bagabo bo mu Murenge wa Nyagisozi mu Karere ka Nyaruguru, baravuga ko abagore babo babahohotera, bamwe batakigira ijambo mu rugo.
Perezida Kagame uri mu ruzinduko mu Karere ka Karongi, yavuze ko uruganda rwa Gaz Methane, ari imbarutso y’iterambere ry’umujyi wa Karongi n’akarere muri rusange.
Perezida Kagame arasaba abayobozi b’inzego z’ibanze gufatanya n’abaturage kugira ngo babashe gukorera hamwe no guteza imbere igihugu.
Perezida kagame uri mu ruzinduko rwo kwegera abaturage mu Karere ka Karongi, avuga ko iyi gahunda ituma bagirana ibiganiro bibafasha guhindura imyumvire.
Komisiyo y’igihugu y’Uburenganzira bwa Muntu (CNDP) irizeza ubuvugizi bw’abakora mu birombe by’amabuye y’agaciro bazwi izina ry’abapaneri bakora badahemberwe imibyizi yabo.
Perezida Kagame yafunguye ku mugaragaro icyiciro cya mbere cy’umushinga wa Kivu Watta, giherereye mu Murenge wa Bwishyura mu Karere ka Karongi.
Uwitwa Ancilla Mukamparaye yatitirije umuturanyi we Monika Mukaminega amusaba imbabazi ku bw’ibyaha by’umugabo we yamukoreye muri Jenoside, atuza ari uko amubabariye.
Majoro Ntagisanimana wari ushinzwe guhuza FDLR n’abaturage, yitandukanyije na yo ataha mu Rwanda, FDLR yihorera irasa umugore we.
Minisitiri w’Ingabo, Gen. James Kabarebe yemeza ko gutsindwa kw’Inzirabwoba (EX-FAR) kwatewe n’ibikorwa by’ubwicanyi no kurenganya inzirakarengane mu gihe Inkotanyi zarimo kubakiza.
Abagize Urwego rwa DASSO mu Karere ka Rusizi bishimiye ibyo bamaze kugeraho mu gucunga umutekano, baremera imiryango 10 y’abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Abaturage b’Akarere ka Nyaruguru baratangaza ko nyuma yo kwigishwa ububi bw’ihohoterwa rishingiye ku gitsina, biyemeje gushyigikira uburinganire n’ubwuzuzanye.
Abarimu 23 mu karere ka Nyagatare bamaze amezi 5 badakora akazi bemerewe nyuma y’ipiganwa.
Ubuyobozi bw’Umurenge wa Rwezamenyo mu Karere ka Nyarugenge buravuga ko bwashyize imbaraga mu kurinda umutekano w’abaturage n’ibyabo kuko ngo udahari n’iterambere ritashoboka.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame atangaza ko impuguke za Loni zishinja u Rwanda gufasha abarwanya guverinoma y’u Burundi zikwiye gukora ibyafasha icyo gihugu kuva mu kibazo aho gusubiza ibintu irudubi.
Polisi y’u Rwanda mu Karere ka Muhanga iratangaza ko abakora bakanacuruza inzoga zidafite ubuziranenge zizwi ku izina ry’ibikwangari, bazakurikiranwa n’amategeko.
Perezida wa Repuburika Paul Kagame aratangaza ko nta mpamvu abona u Rwanda rwakumira Umuyobozi wa Sudan, Omar El Bashir mu nama ya Afurika yunze Ubumwe (AU) izabera mu Rwanda, mu gihe abayitegura baba bamutumiyemo.
Perezida Kagame atangaza ko Afurika ifite byinshi biyidindiza mu iterambere ariko bimwe ari Abanyafurika bagiramo uruhare, abishingiye ku buhahirane hagati y’ibihugu bukiri bucye.
Komisiyo y’Uburenganzira bwa Muntu (NCHR) ivuga ko imanza zijyanye n’ihohoterwa rikorerwa igitsina gore zicibwa ariko indishyi ngo ntizigera ku bahohotewe nk’uko byakagombye.
Bamwe mu Banyarwanda 109 bavuye muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo bavuga ko babuzwaga gutahuka n’abasize bakoze Jonoside.
Bamwe mu bacuruzi bakorera mu Mujyi wa Kigali baravuga ko baterwa inkeke n’iyo akamashini gatanga inyemezabuguzi (EBM) kagize ikibazo kuko bahagarika gucuruza, mu gihe RRA ivuga ko hari ubundi buryo bwakwiyambazwa.
Muri Nyakanga uyu mwaka, u Rwanda ruzakira inama ya mbere ikomeye ku mugabane w’Afurika y’Afurika yunze Ubumwe (AU).
Ihuriro mpuzamahanga ku bukungu (WEF) riteraniye i Kigali, riraganira kuri ejo hazaza ha Afurika rishingiye ku ngingo zitandukanye zijyanye n’ubukungu, imibereho myiza n’imiyoborere.