Umuhanda wa kaburimbo Abanyaburera bemerewe na Perezida Paul Kagame watangiye gukorwa kuburyo ngo mu gihe cy’imyaka ibiri gusa uzaba wuzuye.
Mu gihe Akarere ka Rubavu kiteguye igenzurwa ry’imihigo tariki 25 Nyakanga 2016, kasabye abaturage bako kuzakira neza abayigenzura kandi bakirinda kubabeshya.
Iserukiramuco Mpuzamahanga ry’Ubuhanzi bwimakaza Ubumuntu (Ubumuntu Arts Festival), ryatangiye i Kigali ryamamaza intero y’ubumuntu, urukundo n’amahoro mu batuye isi.
Abagore b’i Kayonza bakorana n’umuryango Women for Women (WfW) batangiye gutunganya amata bakayakoramo Yawuruti (Yoghurt) na Foromaji nyuma yo kubiherwa amahugurwa.
Isoko rya Kijote mu Murenge wa Bigogwe i Nyabihu rigiye guhindurwa Transit Center.
Polisi y’u Rwanda n’Umujyi wa Kigali biramenyesha abaturwanda ko umuhanda uturuka i Kanombe ukomeza mu Giporoso—Gisementi-Gishushu-Kimihurura kugera mu Mujyi rwagati uzakoreshwa cyane ku wa gatanu tariki 15 Nyakanga bitewe n’Inama ya Afurika Yunze Ubumwe ya 27 ibera i Kigali.
Minisiteri y’Umutekano (MININTER) ivuga ko iyo intwaro nto n’iziciriritse (ALPC) zinyanyagiye mu baturage mu buryo butemewe, ziteza umutekano muke n’iterambere rikahadindirira.
Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga Louise Mushikiwabo aravuga ko ikibazo cy’umutekano mucye muri Sudani y’Epfo gihangayikishije Afurika, kizibandwaho mu nama y’Afurika yunze Ubumwe.
Perezida Robert Mugabe wa Zimbabwe yageze i Kigali, akaba ari we mu perezida wa mbere ugeze i Kigali mu ba Perezida bazitabira inama ya AU.
Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Abibumbye Ban Ki Moon aragera i Kigali kuri uyu wa Gatanu aho aje kuganira na bamwe mu bayobozi b’ibihugu by’Afurika ku kibazo cya Sudani y’Amajyepfo.
Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga, Louise Mushikiwabo, yongeye gushimangira ko u Rwanda rudateganya guta muri yombi Perezida wa Sudani, Omar Al Bashir, witegura kuza mu nama ya AU.
Bamwe mu baturage bagomba kwimurwa ahagomba guterwa icyayi mu Karere ka Nyaruguru baravuga ko uburyo bwo kubishyura burimo ibibazo by’urudaca.
Bamwe mu babyeyi n’urubyiruko bo mu Murenge wa Ntarama muri Bugesera baravuga ko Ikigo Gasore Foundation kizabafasha kurandura ingeso mbi.
Bamwe mu baturage bo mu Karere ka Nyaruguru baboha ibiziriko bakabigurisha, baravuga ko bibatunze hamwe n’imiryango yabo.
Inama y’Umuryango w’Afurika yunze Ubumwe(AU) iteraniye mu Rwanda, iravuga ko ihangayikishijwe n’ikibazo cy’abimukira, ariko ngo bagiye kukigira umwihariko w’ikindi gihe.
Ikigo cy’ubushakashatsi n’ubusesenguzi bwa politiki mu Rwanda (IPAR) kiravuga ko imihigo y’uturere itandukanye no kuba umuntu yakwiha ikizamini akanikosora ahubwo ko ivuga ibikorwa bifatika.
Minisitiri w’Ingabo, Gen. James Kabarebe, avuga ko kurinda umutekano w’igihugu bijyana no kurinda ubuzima bw’abaturage bagituye, bityo ko abantu bose bakwiriye kubwitaho.
Igihembo Akarere ka Karongi kahawe nyuma yo kumara imyaka ibiri nta mwana uvukanye ubwandu bwa SIDA ku babyeyi banduye, ngo cyabateye kongera ingufu mu mikorere yabo.
Abanyamadini n’amatorero ntibabangamirwa no guhurira mu giterane, kigamije gushimira Imana ibyo yakoreye Abanyarwanda, n’ubwo badahuje imyemerere y’amadini n’amatorero yabo.
Mu Rwanda niho hatangirijwe ku mugaragaro ubukangurambaga bwo kurwanya ruswa muri Afurika, mu gikorwa kiswe Afurika itarangwamo ruswa.
Minisitiri w’ububanyi n’amahanga, Louise Mushikiwabo yizeje abitabiriye Inama y’Umuryango wa Afurika yunze ubumwe (AU) iteraniye i Kigali, ko hazavamo umusaruro unogeye abaturage.
Abaturage babarirwa mu 190 bo mu Murenge wa Nyamirambo mu Karere ka Nyarugenge, barashimira KT Radio yabakoreye ubuvugizi bakishyurwa asaga miliyoni 2,5Frw bakoreye muri VUP ariko bakaba bari bamaze umwaka n’igice batayahabwa.
Abanyeshuri bari mu Itorero Indangamirwa barakangurirwa kuba abaranga b’u Rwanda, barushakira incuti kandi bagashaka ibishya byarufasha gutera imbere.
Bamporiki Beata w’umuzunguzayi amaze amezi atandatu yiga gufotora akaba yizeye ko uyu mwuga uzamuvana mu buzunguzayi.
Igisirikare cy’u Rwanda (RDF) cyasezereye mu cyubahiro aba Ofisiye bakuru, abato n’abandi basirikare, bose hamwe 775.
Ikigo cy’Igihugu cy’Imisoro n’Amahoro, RRA, kiratangaza ko kigiye gutangira ubukangurambanga ku misoreshereze mu bwubatsi kuko uru rwego ngo rudasora uko bikwiye.
Impirimbanyi y’amahoro y’Umunyapakisitani Malala Yousafzai ategerejwe mu Rwanda, mu ruzinduko azasuramo Inkambi ya Mahama ibamo impunzi z’Abarundi.
Kubera intambara yubuye muri Sudani y’Amajyepfo, Rwandair yagaritse ingendo zerekeza i Juba mu Murwa Mukuru w’icyo gihugu mu giye yajyagayo kane mu cyumweru.
Bamwe mu bakirisito b’itorero rya Karongi International Community Church mu Karere ka Karongi barashinja umushumba wabo ubutekamutwe no gukoresha nabi umutungo w’itorero.
Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi (MINAGRI) iratangaza ko yatangiye gufasha abaturage babarirwa mu bihumbi 47 bibasiwe n’amapfa.