Guverineri Wungirije wa Banki Nkuru y’u Rwanda, Dr. Monique Nsanzabaganwa, atangarije inama ya AFRACA ibera i Kigali guhera kuri uyu wa Mbere tariki ya 1 Kanama 2016, ko u Rwanda rufite imibare ishimishije y’abashobora kugera kuri serivisi z’imari, ariko ngo hasigaye kuzibyaza umusaruro.
Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu (MINALOC) yashimiye abaturage b’Umurenge wa Ruli mu Karere ka Gakenke, igikorwa cy’indashikirwa cyo kwiyubakira igikoni cy’umudugudu babinyujije mu muganda.
Abenshi mu bajya mu imurikagurisha baranenga tumwe mu tubari n’ahandi hamurikirwa ibicuuzwa, babyinisha abana bato kuko ngo bishobora gutuma bararuka.
Madamu Jeannette Kagame arashishikariza abagore kurangwa n’ibikorwa by’ubumuntu kuko ari byo biranga ‘Umugore mwiza’ ariko abibutsa gufatanya n’abagabo kuko ngo nubwo umugore yaba mwiza ariko adafatanya n’umugabo, ubwo bwiza butagira akamaro.
Umushinga w’Abanyakoreya, GCS (Global Cilil Sharing) wita ku iterambere ry’abaturage, watangiye gufasha abaturage b’Akarere ka Kamonyi kurwanya ubujiji, by’umwihariko abatari bazi gusoma no kwandika.
Ababyeyi bakura abana mu bigo by’imfubyi bakajya kubarerera mu miryango baributswa kubaha urukundo mbere y’ibindi byose, kuko ari cyo kintu gikomeye babuze.
Minisitiri ushinzwe Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba, Amb. Valentine Rugwabiza, arasaba abaturage kurangwa n’ishyaka ryo kwikemurira ibibazo bibareba batagombye gutegereza inkunga zituruka ahandi.
Uruganda rwa Sima mu Rwanda (CIMERWA) rutangaza ko bitakiri ngombwa gutumiza indi sima hanze, mu gihe Leta yaba ishaka kungukira ku bikorerwa mu gihugu.
Umuganda usoza Nyakanga 2016 ahenshi mu gihugu wibanze ku bikorwaremezo byiganjemo imihanda
Mu Ntara y’Amajyepfo hasozwa icyumweru cyahariwe ubukangurambaga mu kwandikisha ibyangombwa bya burundu by’ubutaka, abagifite ibyangombwa by’agateganyo byabwo bigereranywa n’”ibiryabarezi”.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Nyagatare buvuga ko bugiye kurushaho gusobanurira abaturage ihame ry’uburinganire n’ubwuzuzanye kugira ngo hagabanywe amakimbirane mu miryango.
Perezida Kagame yibukije abanyeshuri 8,500 bahawe impamyabumenyi muri Kaminuza y’u Rwanda ko, aribo u Rwanda rufiteho icyizere cy’iterambere rirambye ry’ejo hazaza.
Irondo ryo mu Kagari ka Kankobwa mu Murenge wa Mpanga i Kirehe ryakijije umugore umugabo we yari amaze gutera icyuma ashaka kumwica.
Aba ‘Ofisiye’ ba Polisi barangije icyiciro cya munani cy’amahugurwa ya ’Cadet’ i Gishari, barasabwa kwitangira igihugu nta bugwari, kabone nubwo byabasaba gutanga ubuzima bwabo.
Ubushakashatsi bwakozwe na Komisiyo y’Igihugu y’Ubumwe n’Ubwiyunge hamwe na Unity Club, bugaragaza ko Akarere ka Rutsiro kaza imbere mu kwimakaza ubumwe n’ubwiyunge.
Abanyeshuri barimo kwiga gufotora mu kigo cy’itangazamakuru, Kigali Today, basuye abagore bakora ubugeni mu kigo “Women for Women” kiri mu Karere ka Kayonza.
Bamwe mu babyeyi bo mu Karere ka Burera baracyumva ko imirimo ivunanye ikoreshwa abana ntacyo itwaye kuko ibinjiriza amafaranga.
Itsinda rya AERG ryahize amatsinda y’uturere 17 mu marushanwa y’ibiganiro mpaka yateguwe n’Imbuto Foundation agamije gutoza urubyiruko kuvuga neza mu ruhame.
Umuryango utabara imbabare (Croix Rwanda) ufite intego yo kwigira kugirango ushobore gukomeza kugoboka abatishoboye.
Leta ya Amerika irizeza u Rwanda ubufatanye burambye mu kubungabunga amahoro ku isi, kubera icyizere rukomeje kugirirwa n’amahanga.
Bamwe mu banyamuryango ba Koperative y’Abakozi b’Akarere ka Rutsiro COTOPROCO (Congo Nil tourism Promotion cooperative) ngo bagiye gusezera bitewe n’imicungire yayo mibi.
Umubyeyi utaramenyekana yataye uruhinja rw’umukobwa ruri mu kigero cy’amezi abiri mu gihuru, rutoragurwa n’Ubuyobozi bw’Umurenge wa Nyamata mu Karere ka Bugesera, ari na ho byabereye.
Abatuye i Cyendajuru mu Murenge wa Simbi muri Huye bishimira ko begerejwe amazi meza, ariko noneho ngo uwabaha n’amashanyarazi.
Abaturage bo mu Karere ka Gakenke baravuga ko bafite impungenge ko imvura iramutse yongeye kugwa umuhanda Kigali- Rubavu wakwongera gufunga.
Abaturage batujwe mu mudugudu w’icyitegererezo wa Kibangira mu Murenge wa Bugarama mu Karere ka Rusizi, babangamiwe n’ikibazo cyo kutagira amazi.
Abayobora FDLR ngo bohereza abana ba bo kwiga mu gihe abavuka ku barwanyi bato birirwa batikirira mu mashyamba ya Congo.
Umuyobozi w’ikigo cy’abana bafite ubumuga (HRD) mu Karere ka Muhanga, Mukamwezi Léoncie, arasaba ubufasha bwo kurera abana 37 bafite ubumuga bari muri icyo kigo.
Abanditsi ba filime Nyarwanda bagera kuri 15, bari guhugurwa ku myandikire inoze kandi ya kinyamwuga muri filime.
Impuguke za Congo Brazaville ziri mu Rwanda kuganira ku myanzuro yashyizweho mu guteza imbere ubuhahirane bw’ibihugu byombi