U Rwanda na Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo byemeranyije guhuza serivisi za gasutamo z’imipaka itatu ihuza ibi bihugu kandi ikazajya ikora amasaha 24.
Mu turere twa Rusizi na Nyamasheke, abaturage basaga ibihumbi 25 barashimira umushinga Cooperation Suisse ku bwo kubegereza amazi meza, nyuma y’igihe bari bamaze bavoma ibinamba na byo bakabibona biyushye akuya.
Ubushakashatsi ngarukamwaka bw’urwego rw’igihugu rw’imiyoborere (RGB) ku miyoborere, bwagaragaje ko hakwiye kongerwa imbaraga mu kurwanya ruswa, ndetse hakanavugururwa uburyo bwo gukorera mu mucyo
Perezida Paul Kagame yagiranye ibiganiro na Perezida w’Intara ya Rhineland-Palatinat, Malu Dreyer, uri mu Rwanda mu rwego rwo kureba aho imishinga bafatanya n’u Rwanda igeze ishyirwa mu bikorwa.
Kanyankore Alex wahoze ari umuyobozi wa Banki y’igihugu itsura Amajyambere, BRD yatawe muri yombi n’Urwego rw’ igihugu rushinzwe ubugenzacyaha, RIB.
Akarere ka Gasabo kazitaba urukiko mu gutaha kw’ Ugushyingo, mu kirego akarere karezwemo n’abatuye muri Kangondo ya mbere, iya kabiri na Kibiraro ya mbere.
Impuzamiryango irwanya ihohoterwa mu Karere k’ibiyaga bigari, COCAFEM GL irasaba abagabo n’abahungu kugira uruhare mu kurwanya ihohoterwa rikorerrwa abakobwa n’abagore.
Minisiteri y’ibikorwa remezo iratangaza ko bitarenze umwaka wa 2023 ingo zibarirwa mu bihumbi 445 zo mu gihugu hose, zizaba zimaze kubona amashanyarazi akomoka ku mirasire y’izuba.
Urugaga rw’urubyiruko rushamikiye kuri FPR Inkotanyi rwo mu kagari ka Murama mu Murenge wa Kinyinya mu Karere ka Gasabo, rwihaye intego yo guhangana n’ibiyobyabwenge n’inda zitateguwe zikigaragara mu rubyiruko.
Madame Jeannette Kagame yaraye ahawe igihembo cy’umudamu w’indashyikirwa muri Afurika kubera uruhare rwe mu bikorwa bihindura ubuzima bw’abaturage, cyane cyane abagore n’abana b’abakobwa.
Ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatandatu tariki 29 Nzeri 2018, i Johannesburg muri Afurika y’Epfo harabera umuhango wo gushyikiriza Madame Jeannette Kagame igihembo cy’umugore w’Umunyafurika wakoze ibikorwa by’indashyikirwa.
Laboratwari yo mu kigo gishinzwe ubushakashatsi ku by’inganda (NIRDA) ikeneye amafarana arenga miliyari imwe kugira ngo ivugururwe, mu gihe kitarenze imyaka itanu yubatswe.
Ikigo kimenyerewe nka Yego Moto ku bufatanye n’Ikigo gishinzwe imirimo ifitiye igihugu akamaro (RURA) cyatangije uburyo bw’ikoranabuhanga gishyira utumashini dushya muri Taxi-voiture tuzorohereza abazitega kubona servisi nziza.
Minisitiri w’ubutabera Johnston Busingye yemeza ko u Rwanda rumaze gushyira mu bikorwa hejuru ya 60% by’imyanzuro rwasabwe n’akanama k’Umuryango w’Abibumbye gashinzwe uburenganzira bwa muntu.
Imanizabayo Claudine arashakisha iwabo nyuma y’imyaka ibiri amaze muri Uganda, aho avuga ko yatorokanwe n’umugore washakaga kumushora mu buraya bukorerwa mu kabari ke.
Urwego rw’igihugu rw’imiyoborere RGB rwatangaje ko rufite ubuhamya bw’abantu bagiye batekerwa umutwe n’abiyita abahanuzi bakabacuza imitungo ya bo.
Umujyi wa Kigali uravuga ko igishushanyo mbonera gishya cy’uyu mujyi abaturage bazaba bakibonamo bikazanoroha kugishyira mu bikorwa, kuko aribo bagize uruhare mu kugitangaho ibitekerezo.
Ibyo Abanyehuye babikesha kuba umubare w’abanyeshuri biga mu ishami rya Kaminuza y’u Rwanda ry’i Huye ugiye kongera kwiyongera, na bimwe mu bigo byahoze bihakorera bikahagarurwa.
Perezida Paul Kagame yavuze ko Nelson Mandela yasigiye isi umurage wo kwirinda gutandukanya abaturage, kuko byangiza imibanire yabo y’igihe kirekire kandi bikagira ingaruka ku bukungu.
Tariki 19 Nzeri, Perezida Paul Kagame yayoboye umuhango wo kurahira kw’abadepite 80 bagize inteko nshingamategeko ya kane.
Ubutumwa Intumwa Gitwaza uyobora itorero rya Zion Temple yahaye abakristo basengera mu itorero ayoboye bwumviswe mu buryo butandukanye.
Ishuri rikuru INES-Ruhengeri, ryishyuriye mituweri abaturage 1520 batishoboye ku wa 21 Nzeri 2018, abishyuriwe basabwa guharanira kwishakamo ibisubizo badateze amaso imfashanyo.
Minisitiri w’Urubyiruko Rosemary Mbabazi ahamya ko igihugu cyiza cy’ejo umuntu akibona uyu munsi ari yo mpamvu ngo ari ngombwa gutegura urubyiruko rwo Rwanda rw’ejo.
Perezida Paul Kagame yatangaje ko u Rwanda rwifatanyije n’imiryango y’Abanyatanzaniya yaburiye ababo mu mpanuka y’ubwato bwarohamiye mu kiyaga cya Victoria.
Ambasaderi w’Ubushinwa mu Rwanda, Henry Rao Hongwei, yavuze ko igihugu cye gishima umusanzu wa Perezida Kagame mu kuyobora iterambere rya Afurika kuva yafata intebe y’ubuyobozi bw’Umuryango wa Afurika yunze Ubumwe.
Itsinda riturutse muri Kaminuza ya Gisirikari ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika (NDU) ryakiriwe na Maj Gen Innocent Kabandana mu izina ry’Ingabo z’u Rwanda (RDF) kuwa Gatatu ku Kimihurura mu rwego rw’ibiganiro ku mikoranire yo gushyiraho Kaminuza ya Gisirikari mu Rwanda mu myaka mike iri imbere.
Umuyobozi w’Akagari ka Kabirizi mu Murenge wa Gacaca mu karere ka Musanze, aranengwa ko akagari ayobora nta mashanyarazi gafite mu gihe umuyoboro wayo unyura kuri metero eshatu uvuye ku nyubako y’ako kagari.
Abavuka mu karere ka Gakenke batuye cyangwa bakorera ibikorwa binyuranye hanze y’ako karere, baremeza ko igihe kigeze ngo bashore imbaraga zabo mu iterambere ry’ako karere.
Bamwe mu baturage bo mu Karere ka Nyamasheke baravugako hari ibigomba kunozwa n’inzego z’ibanze kugira ngo amahame ya demokarasi yubahirizwe.
Ikigo cy’igihugu gishinzwe ubugenzacyaha RIB, cyatangaje ko Dr Mungarulire Joseph wahoze ari Umuyobozi Mukuru w’Ikigo gishinzwe ubushakashatsi n’iterambere ry’inganda (NIRDA) n’abandi bayobozi 5 bagikoramo batawe muri yombi n’Ubugenzacyaha.