Ingabo z’u Rwanda zo muri Brigade ya 411 mu turere twa Muhanga na Kamonyi zagabagiye abatishoboye inka n’amazu by’agaciro kabarirwa muri miliyoni 20FRW.
Abatuye ku Kirwa cya Bushongo kiri mu Kiyaga cya Burera batangaza ko bategereje kwimurwa nk’uko babyijejwe, bagategereza bagaheba.
Abayobozi ba Komisiyo y’ubumwe n’ubwiyunge Sudani y’Epfo bari mu Rwanda, bashaka kumenya uburyo bakomora ibikomere byatewe n’intambara bamazemo imyaka myinshi.
Nyirahabiyaremye Jeannette w’imyaka 40 y’amavuko wari utuye mu Murenge wa Gihombo mu Karere ka Nyamasheke, yishwe aciwe umutwe, umurambo utarurwa mu kiyaga cya Kivu, kuri uyu wa Gatanu tariki ya 1 Nyakanga 2016.
Akarere ka Nyarugenge kiyemeje guca abazunguzayi bagera ku bihumbi bitanu biganje mu gace ka Nyabugogo, kabashyira ahantu heza hatandukanye ho gukorera.
U Rwanda rwamaganye raporo ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika ivuga ko ubucuruzi bw’abantu mu Rwanda bukomeje gufata indi ntera kandi Leta ikaba idafata ingamba zihamye zo guhangana n’ubwo bucuruzi.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame yageze mu gihugu cya Tanzania mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatanu, tariki ya 1 Nyakanga 2016, aho biteganyijwe ko asinya amasezerano y’ubufatanye mu by’ubucuruzi.
Ingengo y’imari y’Akarere ka Kirehe 2016-2017 ngo izibanda ku bikorwa remezo, cyane cyane imihanda n’imiyoboro y’amazi kuko byo byonyine byiharira hafi 1/5 cyayo.
Ayinkamiye Marie Chantal na Nzamurambaho Frederic bo mu Karere ka Rubavu, bari bamaze umwaka batandukanye kubera amakimbirane, bongeye gusubirana ku wa 29 Kamena 2016 kubera umugoroba w’ababyeyi.
Ikigo cy’itangazamakuru cy’Abanyakenya, Nation Media Group (NMG), cyatangaje ko radio yacyo “Radio KFM” ivugira i Kigali, itazongera kuvugira ku murongo wa FM, bituma abanyamakuru b’Abanyarwanda bayikoreraga babura akazi.
Umukino w’amahirwe wiswe “Ikiryabarezi” uhangayikishije bamwe mu babyeyi bo mu karere ka Nyanza, bakaba basaba ko abana babo bawukumirwamo batarararuka.
Imiryango 100 yo mu Karere ka Gatsibo yagabiwe inka, iremeza ko ari amahirwe yo kivana mu bukire babikesha izi nka.
Ingabo z’u Rwanda zagabiye inka 20 abarokotse Jenoside 20 batishoboye bo mu mirenge ya Kibeho na Rusenge mu Karere ka Nyaruguru.
Abadepite basuye abaturage mu mirenge itandukanye y’Akarere ka kamonyi, bavuga ko ibibazo bahasanze bikwiye kuganirirwa mu mugoroba w’ababyeyi.
Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare (NISR) gitangaza ko ubukene mu Rwanda bwagabanutseho 6.9% kuva muri 2011 kugeza muri 2014.
Ikigo cy’ubwishingizi cy’ibihugu by’Afurika birimo u Rwanda, ATI, kiraburira abikorera kuba maso, bakitabira kukiguramo ubwishingizi bwanabahesha igishoro.
Bamwe mu baturage bo mu turere twa Kamonyi na Muhanga baravuga ko inzara n’ubukene ari bimwe mu bibuza amahoro mu miryango.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Gatsibo butangaza ko muri iki gihe izuba ryabaye ryinshi bitabaje uburyo bwo kuhira imyaka ngo barengere umusaruro.
Isosiyete ikora imihanda “China Road and Bridge Corporation” irashinjwa n’Ubuyobozi bw’Akarere ka Nyamasheke kutubahiriza inshingano mu ikorwa ry’umuhanda wa Kivu Belt.
Mukamitari Adrien wari wubatse inzu ku nkengero z’ikivu cya Kivu agahagarikwa agasaba perezida Kagame kurenganurwa yatangiye ibikorwa byo kwisenyera.
Abageze mu zabukuru bo mu Karere ka Ruhango baragira inama abakiri bato bashakana ubu, kutita ku mitungo ahubwo bagaha agaciro urukundo kuko ari rwo rwubaka kurenza imitungo.
Abaturage bo mu Kagari ka Buhabwa mu Murenge wa Murundi mu Karere ka Kayonza bavuga ko ubuyobozi butorohera abavuganye n’itangazamakuru bakagaragaza ibibazo byabo.
Abaturage b’Umudugudu w’Iterambere mu Murenge wa Mageragere muri Nyarugenge bamurikiwe amazi meza azabarinda aya Nyabarongo ngo yabatezaga indwara.
Ingabo z’Igihugu zikorera mu Karere ka Kirehe zashyikirije inzu zubakiye umupfakazi wa Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, bunamuremera inka.
Perezida Paul Kagame yijeje urubyiruko ruhagarariye abandi mu nzego z’ibanze kubana na rwo, nibahitamo gukora ibibahenda kandi bagaharanira amahoro.
Umusore w’imyaka 20 w’i Murunda muri Rutsiro yiyahuye nyuma y’imyaka itandatu na nyina yiyahuye.
Kompanyi ya ISCO icunga umutekano yujuje igorofa y’icyicaro gikuru cyayo, ikaba ihamya ko ari mu rwego rwo guha serivisi nziza abakiriya bayo.
Abacuruzi bo mu Mujyi wa Ruhango, baravuga ko bahangayikishijwe n’ikibazo cyo kubura ibiceri bakoresha mu kazi kabo kubera ko byashiriye mu biryabarezi.
Uruganda Huye Mountain Coffee rurateganya gufasha abafite ubumuga bwo kutumva no kutavuga rwahuguye kubona imirimo yo gutunganya kawa mu nganda.
Cpl Mambo Vert yageze mu Rwanda ku wa 22 Kamena 2016 avuga ko ahunze inzara aterwa n’igihugu cye kitamuhemba.