Umwanditsi akaba n’umufotozi w’Umunyamerika Brandon Stanton, amaze gukusanya amadolari y’Amerika agera ku bihumbi 400 mu minsi itatu yo kubakira amazu ikigo kirera abana kizwi nko "kwa Gisimba."
Guverineri w’Intara y’amajyepfo, CG Emmanuel Gasana, arasaba abatuye mu Ntara y’Amajyepfo gushyira imbaraga mu kwikemurira ibibazo bisaba ingengo y’imari idahambaye.
Abakozi b’ishami ry’ikigo cyo gukwirakwiza no gutunganya ingufu z’amashyanyarazi, REG, mu Karere ka Huye, bagejeje amashanyarazi mu ngo 60 z’i Shyembe, banahatanga mituweri 30.
Abantu 324 biganjemo abatagiraga aho baba n’abandi bari batuye mu manegeka bagiye kwimurirwa mu nyubako ziherereye mu Murenge wa Gikomero mu Karere ka Gasabo.
Ministeri y’Ubutabera(MINIJUST) hamwe n’izindi nzego ziyishamikiyeho, basaba abaturage b’Akarere ka Gicumbi kureka ibyaha byiganjemo ibiyobyabwenge, baba batabiretse bagafungwa burundu.
Perezida Paul Kagame yavuze ko indangagaciro z’u Rwanda ari wo mutima warwo, bitandukanye n’urugero rw’ingunguru yatanze iba ari nini inyuma ariko imbere irimo ubusa.
Guverineri w’Intara y’Amajyepfo CG Gasana Emmanuel yavuze ko kugira ngo iyo ntara ishobore gutera imbere, hari ibyo abayikoramo bakwiye kugenderaho kandi bakabyubahiriza.
Ubu ibigo by’imari mu Rwanda bishobora gutangira gusaba inkunga ya miliyari imwe y’amadorali ya Amerika muri Banki Nyafurika y’ibyohererzwa hanze n’ibyinjira ku mugabane (Afrexim), ubundi ibyo bigo nabyo bigatangira gushora imari mu karere.
Minisiteri y’Uburezi (MINEDUC) iravuga ko icyemezo cya guverinoma y’u Rwanda cyo kongerera imbaraga igifaransa ntaho gihuriye n’uko Louise Mushikiwabo yatorewe kuyobora umuryango w’ibihugu bikoresha igifaransa (OIF).
Inama y’Abaminisitiri yateranye kuri uyu wa gatatu tariki ya 24 Ukwakira 2018, yashyize mu myanya abayobozi batandukanye mu nzego za Leta, barimo Kanzayire Denyse wagizwe umuyobozi ushinzwe guteza imbere ubushakashatsi n’iterambere ry’ireme ry’ibitangazwa mu binyamakuru (Director of Media Content, Research and Development), (…)
Abarangura ibisheke mu gishanga cya Nyacyonga barashinja umunyamabanga nshingwabikorwa w’Akagari ka Bufunda kubaka ruswa mu mukwabu wo gushaka abana bataye ishuri.
Umunyamabanga mukuru w’umuryango w’ibihugu bivuga igifaransa (OIF) Louise Mushikiwabo, yizeje abakozi ba Minisiteri y’ububanyi n’amahanga n’ubutwererane yayoboraga ko Minisitiri mushya bahawe ari umuntu w’inyangamugayo kandi bazakorana neza.
Isesengura rya KT Radio mu kiganiro “Ubyumva ute” cyo kuri uyu wa 23 rigaragaza ko Minisiteri y’iterambere ry’umuryango (MIGEPROF) na Minisiteri y’Umuco na Siporo (MINISPOC) zikwiye gutabara umuryango Nyarawanda ugenda kwangirika.
Bamwe mu bagore bari biyamamaje kujya mu nteko ishinga amategeko mu kiciro cya 30% cyagenewe abagire ariko ntibatsinde, bavuga ko bagenzi babo bashoboye kujyamo babahagarariye neza.
Uwahoze ari Minisitiri w’Ubucuruzi n’Inganda, Vincent Munyeshyaka avuga ko asigiye umusimbuye, Mme Hakuziyaremye Soraya ibikorwa by’igihe kirekire yari yamaze kwiyemeza.
Isesengura rya Kt Radio rigaragaza ko Guverineri mushya w’Intara y’Amajyepfo CGP Emmanuel Gasana afite akazi katoroheye ko guhindura Intara y’Amajyepfo, ku mwanya asimbuyeho Mureshyankwano Marie Rose.
Kuri uyu wa 23 Ukwakira 2018, Perezida wa Repubulika Paul Kagame akaba n’umuyobozi wa Afurika yunze Ubumwe, yujuje imyaka 61 y’amavuko.
Gen Maj Emmanuel Bayingana wari usanzwe ari umuyobozi wungirije w’Itorero ry’igihugu, yasimbuye Gen Maj Albert Murasira wagizwe Minisitiri w’ingabo asimbura Gen James Kabarebe.
Mu ihererekanyabubasha hagati ya Kaboneka Francis wari Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, na Prof Shyaka Anastase wahaye kuyobora iyi minisiteri, Kaboneka yasabye umusimbuye, guha abaturage agaciro.
Kompanyi ya Agasani Online Market ikora ubucuruzi kuri Internet, yatangiye gukorera mu Rwanda yizeza ubunyangamugayo imikorere no kugeza ibicuruzwa aho bikenewe, yaba imbere mu gihugu no hanze yacyo.
Minisitiri mushya w’Ubutegetsi bw’Igihugu Prof Shyaka Anastase yasabye urwego rw’igihugu rw’imiyoborere gukomeza gusigasira imiyoborere myiza mu Rwanda.
Ikigega cyo kwizigamira "Ejo Heza LTSS" cyashyizweho na Leta y’u Rwanda kigiye kujya cyakira abantu b’ingeri zose mu bushobozi bwabo, bizigamire bityo bateganyirize iza bukuru.
Perezida Paul Kagame yifatanyije n’abatuye mu Mujyi wa Kigali muri siporo rusange, iba rimwe mu byumweru bibiri mu kwezi, yabaye kuri iki Cyumweru tariki 21 Ukwakira 2018.
Ubuyobozi bw’Intara y’Uburengerazuba bwahagurukiye kurwanya ingeso y’isake ibagirwa umusore wagiye kurambagiza umugeni kimwe n’ingeso yo kugura umugabo ku bakobwa.
Amaze kwakira indahiro z’abayobozi bashya muri guverinoma no mu buyobozi bukuru bwa Polisi y’Igihugu, Perezida Paul Kagame yafashe umwanya asimira Madame Louise Mushikiwabo atorewe kuyobora Umuryango Mpuzamahanga w’ibihugu bikoresha ururimi rw’igifaransa (OIF).
Perezida Paul Kagame yongeye kwibutsa abayobozi barimo n’abaminisitiri barahiye ko akazi ka mbere gakomeye bafite ari ugukorera abaturage kandi bakazamura n’imibereho yabo.
muri Minisiteri 19 zigize Guverinoma, 11 zahawe abaminisitiri b’abagore, ubu bakaba bagize 58% by’abagize ubuyobozi bwa Guverinoma.
Uwacu Julienne wari umaze imyaka itatu ari Minisitiri wa Siporo n’Umuco, yashimiye Perezida Kagame ku cyizere yamugiriye amuha kuyobora iyi Minisiteri.
Kuri uyu wa 18 Ukwakira 2018, Perezida Paul Kagame yavuguruye Guverinoma. Muri ministeri zahinduriwe abayobozi harimo iy’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane (MINAFET) ndetse n’iy’Ingabo (MINADEF).
Bamwe mu baturage bo mu Kagari ka Ruliba mu Murenge wa Kigali mu Karere ka Nyarugenge, barashinja ubuyobozi kunyereza amafaranga y’ubwisungane mu kwivuza (mituweri).