Byatangajwe kuri uyu wa 17 Ukwakira 2018, ubwo hatahagwa ku mugaragaro sitasiyo nshya y’amashanyarazi ya ’Mont Kigali’, yubatswe ku nkunga y’Umuryango w’ibihugu byunze ubumwe bw’Uburayi (EU), ikaba yuzuye itwaye asaga miliyari 12Frw.
Urubyiruko rwitabiriye ubukangurambaga bwo kurwanya ihohoterwa rikorerwa abana muri Nyarugenge, rwakomye akaruru k’ibyishimo nyuma yo kumva ko rutazahanirwa gukora ubusambanyi.
Abaturage bo mu murenge wa Cyuve mu karere ka Musanze bahangayikishijwe na bamwe mu bagore bari gusenya ingo kubera ubusinzi bukomoka ku nzoga n’ikigage cyitwa umunini. Bamwe mu bagore bo bakavuga ko kuba iki kibazo kigaragara bikomeje guterwa na bamwe mu bagabo babo babatererana mu nshingano zirebana no kwita ku rugo. (…)
Umukingo uri hejuru y’ikibanza cyarimo kubakwa mu Mujyi rwagati wa Kigali iruhande rw’inyubako yitwa Centenary House, wagwiriye abantu bane barimo basiza.
Byamaze kwemezwa ko Leta ya Isiraheli izafungura ambasade yayo mu Rwanda mu 2019, nyuma y’igihe kinini biri mu mishinga ariko bigakomeza gusubikwa.
Abakozi bo mu Karere ka Nyaruguru biyitiriye amasibo y’Inkotanyi zari mu Nteko ishinga amategeko ubwo Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 yatangiraga, kugira ngo bihute mu mihigo.
Abayobora utugari bavuga ko kuba urwo rwego rugira abakozi bake bituma abaturage binubira serivisi babaha kubera ko batababona buri gihe uko babashatse.
Abaturage bo mu Murenge wa Ruhango bavuga ko biyemeje kwita ku tuntu bitaga duto, ariko dutuma batakaza amanota mu mihigo y’Uturere.
Umujyi wa Kigali uravuga ko abaturage wubakiye ku Kimisagara barimo abatarahawe aho gutura, hashingiwe ku byo amasezerano bashyizeho umukono ateganya.
Umunyarwanda Patrick Niyigena wari usanzwe ukorera ubucuruzi muri Uganda yagejejwe mu Rwanda, nyuma y’iminsi akorerwa iyicarubozo n’inzego z’umutekano muri Uganda.
Perezida Paul Kagame yasobanuye ko kuva u Rwanda rwatangira gufata iya mbere mu gushaka kuzanzahura umuryango w’Ibihugu bivuga ururimi rw’Igifaransa, hari icyo byongereye k’uko rwari rubanye n’u Bufaransa.
Ministeri y’ubutabera (MINIJUST) hamwe n’ubuyobozi bw’uturere, baringingira abaturanyi b’imitungo yasizwe na beneyo kuyicunga, kuko ngo imyinshi itagitanga umusaruro.
Louise Mushikiwabo watorewe kuyobora Umuryango w’ibihugu bivuga ururimi rw’Igifaransa, yizera ko ari we muntu wari ukenewe mu kuzanzahura uyu muryango bitewe n’ubunararibonye yakuye mu rugendo rw’u Rwanda mu kwiyubaka.
Louise Mushikiwabo yatorewe kuba Umunyamabanga mukuru w’Umuryango w’Ibihugu bivuga ururimi rw’Igifaransa (OIF), asimbuye Umunya-Canada Michaelle Jean wawuyoboraga.
Mu gihe amatora y’Umunyamabanga mukuru w’umuryango w’ibihugu bikoresha ururimi rw’Igifaransa, OIF, abura amasaha make ngo abe, mu Mujyi wa Erevan mu gihugu cy Armenie aho aya matora ari bubere, hakomeje kugaragara ibimenyetso bishimangira ko Madame Louise Mushikiwabo ari bwegukane uyu mwanya.
Kuri uyu wa Kane tariki 11 Ukwakira 2018, Mu Mujyi Erevan, umurwa mukuru wa Armenia hatangijwe inama ihuza abakuru b’ibihugu bihuriye ku rurimi rw’igifaransa.
Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Gatatu Perezida Paul Kagame yageze mu gihugu cya Armenie mu Mujyi wa Erevan, ahateganijwe kubera amatora y’umunyamabanga mukuru w’umuryango w’ibihugu bikoresha ururimi rw’Igifaransa (OIF).
Canada yatangaje ko itagishyigikiye Umunya-Canada Michaelle Jean uhanganye na Madame Louise Mushikiwabo ku mwanya w’Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’ibihugu bikoresha ururimi rw’Igifaransa (OIF).
Nyuma yo kuganzwa n’iterambere ry’itumanaho, Ofisi y’amaposita iravuga ko yahinduye imikorere, ikazajya igeza ku bantu ibicuruzwa baguze bakoresheje ikoranabuhanga.
Ubuyobozi bw’Umurenge wa Nyamabuye mu Karere ka Muhanga buravuga ko bugiye guhagurukira abiyitirira umwuga wo guhuza abagura n’abagurisha badafite ibyangombwa.
Nta kwezi kurashira Ingabire Umuhoza Victoire akomorewe ku gifungo cy’imyaka 15 yari yarakatiwe n’urukiko ariko yatangiye imishinga yo kuzana abana be mu Rwanda bagasura igihugu cyabo.
Ikigo cy’Igihugu gishinzwe iby’iteganyagihe “Meteo Rwanda” cyaburiye Abanyarwanda ko hari ibimenyetso bigaragaza ko mu gihugu hashobora kugwa imvura ikaze muri iyi minsi.
Nyirabagande Fridaus uzwi ku izina rya Languida mu ikinamico Urunana, avuga ko hari igihe akina ibintu bikamugiraho ingaruka zo kubabara nk’aho byamubayeho.
Mu Murenge wa Nyundo Akarere ka Rubavu ahitwa Bahimba, ni agace kahoranye isura y’umutekano muke mu gihe cy’abacengezi 1998, ariko ubu hujujwe umudugudu w’Ikitegerezo ufite agaciro k’asaga miliyari y’amafaranga y’u Rwanda.
Umuherwe Mo Ibrahim usanzwe utegura ibihembo byamwitiriwe bihabwa abayobozi b’indashyikirwa mu miyoborere, yatumiye Perezida Kagame mu nama y’ubutegetsi bw’umuryango we yabereye i Londres
Perezida Paul Kagame yabwiye urubyiruko ko muri Afurika hari amahirwe yarufasha kugera ku cyo rwifuza cyose, kuko imbogamizi rwahura na zo atari nyinshi nk’uko rubikeka.
Abakora isuku mu mihanda minini y’Umujyi wa Kigali barinubira kuba ikigo kibakoresha kitwa "Royal Cleaning Ltd" kimaze amezi atatu kitabahemba, ubu inzara ikaba izahaje imiryango yabo.
Perezida Paul Kagame na Madame Jeannette Kagame basangiye ifunguro rya saa Sita na bamwe mu baturutse muri kongere ya Leta zunze Ubumwe za Amerika.
Komisiyo y’Uburenganzira bwa muntu (NCHR), iravuga ko byinshi mu birego yagejejweho n’abaturage ikabikemura byiganjemo kwamburwa amasambu, kwimwa ingurane ku mitungo, gufatwa ku ngufu, ndetse n’iby’abana bihakanywe n’ababyeyi.