Ministiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Prof Shyaka Anastase avuga ko abayobora imirenge n’abashinzwe umutekano muri yo bashobora kuba bafite inyungu mu guheza abaturage mu bukene.
Madame Jeannette Kagame yahaye umukoro abana wo kwandika intego bifuza kugeraho buri kwezi bakazanasuzuma ko zagezweho.
Umuyobozi wa Polisi y’u Rwanda DCG Dan Munyuza avuga ko bimubabaje kuyobora abarya ruswa n’abayirwanya, ariko ko Polisi ikomeje kubavangura.
Abagore n’abakobwa bafite ubumuga butandukanye bavuga ko bakunze guhura n’ihohoterwa rishingiye ku gitsina kuko nta mbaraga baba bafite nibura ngo birwanirire cyangwa batabaze.
Perezida Kagame yageze mu mujyi wa Sharm El Sheikh mu Misiri, aho yitabiriye inama yateguwe na Perezida w’iki gihugu Abdel Fattah Al Sisi, izaba yiga ku iterambere n’ishoramari muri Afurika.
Urwego rw’Umuvunyi n’umuryango Transparency International Rwanda, baraburira abagore n’abakobwa ku myitwarire ishobora gutuma bafatwa nk’abatanze ruswa y’igitsina mu kazi, igihe badakora akazi kabo nk’uko bikwiye.
Minisitiri w’Urubyiruko Rose Mary Mbabazi arasaba urubyiruko rutabaye mu mateka ya Jenoside yakorewe Abatutsi kurwanya ingengabitekerezo yayo no kwirinda kuba imbata y’ayo mateka.
Bajeneza Alphonsine wo mu kagari ka Nyamikamba umurenge wa Gatunda, akarere ka Nyagatare yasinyiye inguzanyo yo muri SACCO atazi ko ari iyo kumuharika.
Abagore bo mu Karere ka Musanze bavuga ko bakibangamiwe na ruswa ishingiye ku gitsina bakwa, ibabuza guhatana ku isoko ry’umurimo.
Minisitiri w’intebe w’u Rwanda Edouard Ngirente, aravuga ko ibikubiye muri raporo ku mibereho y’abaturage y ‘ikigo cy’igihugu cy’ibarurishamibare ari impuruza isaba buri wese gukuba kabiri imbaraga yakoreshaga ubukene mu Rwanda buranduke.
Kuri uyu wa 5 Ukuboza 2018, Perezida wa Repuburika Paul Kagame yakiriye impapuro za ba Ambasaderi 9 bashya zibemerera guhagararira ibihugu byabo mu Rwanda.
Abagize inteko ishinga amategeko umutwe wa Sena barashaka ko ikarita y’itora isimburwa n’indangamuntu, ikajya iba ari yo yifashishwa mu matora.
Ministiri w’Ubutabera akaba n’Intumwa Nkuru ya Leta, Johnston Busingye ateguza gereza abakora ibizamini byo gutwara ibinyabiziga batazita ku mategeko.
Umuyobozi w’Akarere ka Muhanga Uwamariya Beatrice arasaba abagabo kudaca inyuma abagore babo igihe baboneje urubyaro kandi bakareka gukomeza kugendera ku by’imfizi itimirwa kuko bitakijyanye n’igihe.
Itsinda ry’ abajyanama b’ubuzima ryashyizweho n’akarere ngo rigaragaze ukuri ku mibare iva mu mirenge ku bibazo bibangamiye abaturage ryagaragaje ko hari imirenge yagiye itanga imibare igaragaza ko ibi bibazo byarangiye cyangwa bigeze kure nyamara atari ko bimeze.
Mu karere ka Burera, bamwe mu basambanya abana bahungira muri Uganda bigatuma badahanwa nyamara abo bahohoteye bari kugerwaho n’ingaruka, gusa ngo ubuyobozi ku mpande zombi buri gushakira umuti iki kibazo.
Umuryango wita ku bana b’impfubyi n’abari mu bibazo SOS-Rwanda, usaba Abanyarwanda gukunda gufasha imbabare zirimo impfubyi n’abandi bana batagira ubitaho.
Umwe mu bagize Inteko Nshingamategeko, yatangaje ko azashyigikira itegeko ryemerera abakora ibizamini by’impushya za burundu zo gutwara ibinyabiziga, gukoresha imodoka zihindurira vitesi zizwi nka ‘Automatic cars’.
Nyuma y’uko igihe ubuyobozi bw’akarere ka Nyagatare bwari bwihaye ngo abaturage bose babe bafite ubwihererezo bumeze neza kirenze batarabigeraho, bamwe mu batuye aka karere baravuga ko amikoro make ari imwe mu mpamvu zituma ibi bitagerwaho ku gihe.
Musenyeri Filipo Rukamba, umushumba wa Doyosezi ya Butare, akaba n’umuvugizi w’inama y’abepisikopi bo mu Rwanda, avuga ko habayeho ubufatanye bwa nyabwo hagati y’abafatanyabikorwa n’uturere, ikibazo cy’ubwiherero n’icyo gutwita kw’abangavu babihashya.
Ababyeyi bakanguriwe kwigisha abana babo uburenganzira bwabo bakiri bato, kugira ngo bizabarinde ihohoterwa rya hato na hato ribakorerwa.
Perezida wa Sena, Bernard Makuza, avuga ko abayobozi bo ku rwego rw’imidugudu bose bafatanyije, nta kibazo na kimwe cyananirana.
Abahagarariye ibihugu byabo mu Rwanda batandukanye bakoreye umuganda mu Murenge wa Gacurabwenge, mu Karere ka Kamonyi wo gutera ibiti bizakikiza igishanga cya Kibuza.
Umutingito uterwa n’imashini zikora umuhanda Huye-Nyamagabe, urimo gushyirwamo kaburimbo bundi bushya, wagiye utera imitutu amazu y’abawuturiye ku buryo bifuza gusanirwa.
Mu minsi mike ishize Guverinoma y’u Rwanda yakiriye abahoze ari abarwanyi b’imitwe yitwaje intwaro baturutse muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo barenga 700.
KEVIN Monnet Paquet rutahizamu wa St Etienne yo mu cyiciro cya mbere mu Bufaransa yemeje amakuru avuga ako azakinira AMAVUBI.
Ikigo Nyafurika giteza imbere abakoresha ikoranabuhanga, kirahamagarira umuntu wese ubyifuza kwiyandikisha akajya yiga yifashishije ikoranabuhanga kugira ngo abashe kubona abakazi.
Abaturage bo mu karere ka Gasabo bemeza ko mu cyumweru cy’ubutaka serivisi bashaka zihuta, na byinshi mu byari byarananiranye bigahita bibonerwa ibisubizo ntibongere gusiragira.
Minisitiri w’Ububanyi n’amahanga Dr Richard Sezibera, yatangarije abanyamakuru ko nubwo umubano w’u Rwanda n’u Burundi udahagaze neza, rutashobora guhatira u Burundi kunoza umubano utari mwiza bifitanye.
Minisiteri y’imari n’iganamigambi (MINECOFIN) iragaragaza ko umusoro mushya ku mutungo utimukanwa uzagira ingaruka nziza ku baturage bamwe abandi ukabagonga.