Ikigo cy’Igihugu cy’Imisoro n’Amahoro (RRA), cyatangaje ko hashyizweho ububiko bw’ibicuruzwa (warehouses) ku mipaka, mu rwego rwo kugira ngo horoshywe uburyo bwo gupakurura no gupakira ibicuruzwa bituruka hanze y’Igihugu.
Abaturage bo mu Karere ka Burera bakora imirimo y’amaboko muri gahunda ya VUP, baravuga ko nyuma y’aho basubukuriye iyi mirimo, batangiye kwitwararika no kubahiriza amabwiriza yo kwirinda icyorezo cya Covid-19.
Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Urubyiruko n’Umuco, Edouard Bamporiki, avuga ko ashyigikiye gahunda yo kuguma mu rugo mu rwego rwo kwirinda ikwirakwizwa rya COVID-19.
Kuva mu ntangiriro z’iki cyumweru, abagize Koperative y’abatwara abagenzi ku magare ‘Cooperative de Vélos de Musanze’ (CVM) bazwi nk’abanyonzi, bari gushyikirizwa amafaranga y’ubwasisi bwo kubagoboka muri ibi bihe babaye basubitse akazi hirindwa icyorezo cya Covid-19.
Ashingiye ku Itegeko Nshinga rya Repubulika y’u Rwanda ryo muri 2003 ryavuguruwe muri 2015, cyane cyane mu ngingo ya 116, Perezida wa Repubulika Paul Kagame yakuye General Patrick Nyamvumba wari Minisitiri w’Umutekano mu Gihugu ku mirimo ye.
Mu kiganiro Perezida wa Repubulika Paul Kagame yagiranye n’abanyamakuru kuri uyu wa mbere tariki 27 Mata 2020, yavuze ko miliyoni imwe y’amadolari ya Amerika u Rwanda rwahaye Afurika yunze Ubumwe (AU), azabyara inyungu nyinshi kuyarusha.
Perezida wa Repuburika Paul Kagame aratangaza ko nyuma ya tariki 30 Mata 2020, hari imirimo ishobora kuzafungurwa bitewe n’uko amakuru ku cyorezo cya Coronavirus azaba ahagaze mu gihugu.
Abaturage ba Repuburika iharanira Demokarasi ya Kongo bari mu Rwanda kubera ingamba zo gukumira COVID-19 basabye gusubira mu gihugu cyabo batashye.
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) itangaza ko yakiriye ibikoresho bitandukanye byo mu rwego rw’ubuvuzi byatanzwe na Leta y’u Bushinwa, bizafasha u Rwanda guhangana na Covid-19.
Miliyoni zisaga 60 z’amafaranga y’u Rwanda zimaze gucibwa bamwe mu baturage bo mu Ntara y’Amajyaruguru barenze ku mabwiriza ya Leta yo kurwanya ikwirakwizwa ry’icyorezo cya Coronavirus.
Abaturage mu Murenge wa Busasamana mu Karere ka Rubavu bakusanyije ibiribwa byo gufasha abatuye mu mirenge y’umujyi ya Gisenyi na Rubavu.
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) iratangaza ko abandi bantu barindwi bagaragaweho icyorezo cya COVID-19 mu bipimo 1,275 byafashwe kuri uyu wa Gatandatu tariki 25 Mata 2020.
Polisi y’u Rwanda iratangaza ko muri ibi bihe abantu basabwa kuguma mu ngo mu rwego rwo guhangana n’icyorezo cya Coronavirus, abantu bashobora gusaba uruhushya rwo kujya gushaka serivisi za ngombwa bakoresheje uburyo bw’ikoranabuhanga.
Ambasade ya Leta zunze ubumwe za Amerika mu Rwanda, yatangaje ko USA zongeye guha u Rwanda inkunga ya miliyoni enye z’amadolari ya Amerika, hafi miliyari enye z’amafaranga y’u Rwanda, yo gufasha kurwanya icyorezo cya COVID-19.
Minisiteri y’Uburinganire n’iterambere ry’umuryango (MIGEPROF) yagaragaje impamvu z’ingenzi ziza ku isonga mu gutera ihohoterwa rikorerwa mu miryango.
Miliyari eshanu n’igice ni yo mafaranga y’u Rwanda azakoreshwa mu gutunganya imihanda itanu izashyirwamo kaburimbo mu bice by’Umujyi wa Musanze, ikazaba ifite ibirometero bisaga bitandatu.
Mu kiganiro ‘Ubyumva Ute’, Ministeri y’Uburinganire n’Iterambere ry’Umuryango (MIGEPROF) yagiriye kuri KT Radio ku mugoroba wo kuwa Kane tariki 23 Mata 2020, yatangaje ko muri ibi bihe bya guma mu rugo amakimbirane yo mu ngo yagabanutse ku buryo bugaragara ariko ibyaha byo gusambanya abana batarageza imyaka y’ubukure (…)
Ubuyobozi bukuru bw’Umuryango w’Abayisilamu mu Rwanda (RMC), buratangaza ko igisibo cy’ukwezi gutagatifu kwa Ramadhan, kizatangira ejo kuwa Gatanu tariki 24 Mata 2020.
Ubuyobozi bw’idini ya Isilamu mu Rwanda buravuga ko nubwo igisibo cya Ramadan kigiye kuba isi yose iri mu bihe bikomeye byo kurwanya icyorezo cya Coeonavirus, bitazabuza Abayisilamu kucyubahiriza basengera mu ngo zabo.
Minisiteri y’Ibikorwa by’Ubutabazi (MINEMA), iributsa impunzi ziri mu nkambi zinyuranye mu Rwanda ko zigomba gukomeza kubahiriza ingamba zashyizweho zo guhangana n’icyorezo cya Covid-19.
Inkangu yatewe n’imvura imaze iminsi igwa yangije imyaka y’abaturage ku buso bwa Hegitari ebyiri n’igice mu Kagari ka Kinazi, Umurenge wa Kinazi mu Karere ka Ruhango.
Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame, yatangaje ko u Rwanda rwiyemeje gutanga Miliyoni y’Amadolari (abarirwa muri Miliyari y’Amafaranga y’u Rwanda) yo gufasha mu kurwanya icyorezo cya COVID-19 no kurwanya izindi ndwara z’ibyorezo muri rusange.
Hirya no hino mu gihugu abaturage bavuga ko bumva ibyo kwambara agapfukamunwa kugira ngo birinde Covid-19, ariko ko nta makuru ahagije bagafiteho ku buryo bakeneye gusobanurirwa byimbitse.
Inama ihuza Abakuru b’Ibihugu na za Guverinonma bigize Umuryango w’Ibihugu bikoresha Icyongereza izwi nka ‘CHOGM’ (Commonwealth Heads of Government Meeting) yagombaga kubera i Kigali kuva ku itariki ya 22 Kamena kugeza ku itariki ya 27 Kamena 2020, yasubitswe.
Muri ibi bihe byo kuguma mu rugo kubera Coronavirus, hari ibikorwa remezo byiganjemo iby’ubuzima, uburezi no kurengera ibidukikije Leta yemeje ko biri mu by’ibanze bigomba gukorwa mu gihe cya vuba.
Ikigo cy’igihugu gishinzwe imiti n’ibiribwa (Rwanda FDA) gitangaza ko igitambaro kidodwamo agapfukamunwa atari ikibonetse cyose, kuko hari ibyo kigomba kuba cyujuje kugira ngo agapfukamunwa kakozwemo kabashe kurinda ukambaye.
Banki ya Kigali (BK), iratangaza ko mu rwego rwo gufasha abakiliya bayo bashobora guhura n’ibibazo by’ubukungu muri ibi bihe bya Coronavirus, yabashyiriyeho inguzanyo yise “Turikumwe Special Loan”, bashobora gusaba bibereye mu ngo zabo, bakayihabwa mu masaha 48.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Rubavu bwandikiye abanyamabanga nshingwabikorwa b’imirenge, n’ushinzwe ubutaka mu karere kutemeza ubugure bw’imitungo mu gihe cya COVID-19 hirindwa ko abaturage bahendwa.
Polisi y’u Rwanda yategetse ibigo bifite abakozi benshi guhagarika uburyo byakoreshaga bibatwara mu modoka zabyo ahubwo ko bagomba gutwarwa mu buryo rusange kandi bubahiriza amabwiriza yo gusiga metero imwe hagati y’umuntu n’undi.
Guverineri w’Intara y’Amajyaruguru, Gatabazi Jean Marie Vianney arasaba abakoresha bo mu bigo byigenga kudatererana abakozi babo muri ibi bihe bikomeye bya COVID-19, aho abasaba kumenya umunsi ku wundi uko ubuzima bwabo buhagaze muri iyi minsi buri wese asabwa kuguma mu rugo.