Abakora ubucuruzi bw’agataro mu mujyi wa Muhanga baratangaza ko ibyemezo bafatiwe byo kudacururiza ku isoko rya Muhanga batazabireka kuko gucuruza agataro ari byo bibatunze.
Bralirwa, uruganda rutunganya inzoga n’ibinyobwa bidasindisha mu Rwanda, yatangaje ko guhera tariki 21/01/2012, igiciro cya fanta cyavuye ku mafaranga 250 kijya ku mafaranga 300. Igiciro cy’ibindi binyobwa ntacyo byahindutseho.
Inyamaswa nazo zifata ibiyobyabwenge zibizi kandi zibishaka.. Mu byo zifata habamo ibimera byose bisindisha (cyangwa bihindura imikorere isanzwe y’ubwonko ) kuva ku mbuto n’ibibabi by’ibyatsi.
Maniraguha Salomon, Munyehirwe Bosco na Nishimwe Odille bafungiye kuri sitasiyo ya polisi ya Kabarondo mu karere ka Kayonza nyuma yo gufatirwa mu cyuho bafite urumogi bavuga ko bari bajyanye mu mujyi wa Kigali.
Ishyirahamwe ry’umukino wa Volleyball mu Rwanda (FRVB) ku bufatanye na Imbuto Foundation bateguye amarushanwa ya Volleyball mu turere tw’u Rwanda mu rwego rwo gukangurira abaturage kurwanya Malaria bakoresha inzitiramubu.
Guhera ku manywa yo kuwa gatanu tariki 20/01/2012 abantu bongeye kumva Radio Salus ivugira ku mirongo yari isanzwe ikoreraho, ariyo 97.0 MHz FM mu majyepfo no ku 101.9 MHz mu mujyi wa Kigali.
Ibiro by’ubutasi mu kurinda umutekano wa Leta Xunze Ubumwe z’Amerika (Defense Intelligence Agency [DIA]) birahamya ko uwahoze ari Umukuru w’igihugu cya Liberiya, Charles Taylor, yarokoreye ibiro by’ubutasi by’Amerika (Central Intelligence Agency [CIA]) na Minisiteri y’Ingabo muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika guhera mu (…)
Guverineri w’Intara y’Amajyepfo, Munyantwali Alphonse, atangaza ko umuyobozi nyawe adashobora kugira umutekano igihe cyose umuturage ayobora adatekanye.
Abanyamadini basanga nabo ari uruhare rwabo rwo gukangurira abaturage zimwe muri gahunda za leta ziganisha ku iterambere, zirimo gufasha gusobanurira abaturage akamaro ko kwakira neza ababagana.
Ubwo hasozwaga ukwezi kw’imiyoborere myiza mu karere ka Rulindo, tariki 20/01/2012, hagaragaye abaturage batarasobanukirwa na gahunda yo guhinga ibigori mu mwanya w’amasaka, ndetse n’ibihano bahabwa uwarenze uwarenze kuri ayo mabwiriza.
Abaturage bo mu murenge wa Rugarama mu karere ka Gatsibo bemeza ko kuva hatangira gahunda yo kugenzura inka zibagwa n’inyama zicuruzwa, ubujura bw’inka bwagabanutse.
Urukiko rwa Quebec rwongeye kwigiza inyuma itangazwa ry’imyanzuro ntakuka ku bujujurire bwa Leon Mugesera umaze imyaka 16 aburanira kutoherezwa mu Rwanda. Byagombaga kurara bitangajwe ariko byimuriwe kuwa mbere w’icyumweru gitaha.
Isimbi Deborah Abiella umukobwa w’Umuvugabutumwa Antoine Rutayisire, niwe waraye atowe nk’umukobwa uhiga abandi mu bwiza muri Kaminuza Nkuru y’u Rwanda mu mwaka wa 2012 (Miss NUR 2012).
Minisitiri w’Intebe Pierre Damien Habumuremyi, ubwo yari mu ruzinduko muri Afurika y’Iburengerazuba, yafashe akanya asura bamwe mu Banyarwanda baba muri Senegal, aho yabasobanuriye gahunda za leta y’u Rwamda muri uyu mwaka wa 2012.
Abanyeshuri biga mu kigo cya College Karambi kiri mu murenge wa Kabagari wo mu karere ka Ruhango baratangaza ko kuba ikigo bigamo kitagira amazi bigira ingaruka ku buzima no ku myigire byabo.
Uwase Beatrice w’imyaka 26 y’amavuko ukomoka mu mudugudu wa Gihisi mu kagali ka Kavumu mu murenge wa Busasamana mu karere ka Nyanza yatemye murumuna we witwa Uwamariya Philomene bapfa telefoni ya karasharamye.
Mu nama cyagiranye n’ishyirahamwe ry’abatwara abagenzi mu Rwanda, tariki 19/01/2012, ikigo ngenzuramikorere mu Rwanda (RURA) cyatangaje ko kigiye kumanura ibiciro by’ingendo.
Mu gihe hasigaye amasaha make kugirango irushanwa ry’igikombe cy’Afurika cy’ibihugu (CAN) mu mupira w’amaguru rigiye kuba ku nshuro ya 28 ritangire abantu benshi by’umwihariko abakunzi ba ruhago muri Afurika bakomeje kwibaza igihugu kizegukana iri rushanwa.
Nzabakurana Protogene w’imyaka 25 y’amavuko yishwe n’abajura bamusanze aho yakoraga akazi ko kurara izamu mu karere ka Gisagara murenge wa Save akagari ka Nyagacyamo aho bita mu Rwanza.
Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda bibumbiye mu ihuriro “Humura” baba Ottawa-Gatineau muri Canada banejejwe n’uko Leta ya Canada yafashe icyemezo cyo kohereza Léon Mugesera mu Rwanda akanyuzwa imbere y’ubutabera.
Ubwo Abanyarwanda baba muri Diaspora basuraga urubyiruko rwigishirizwa imyuga mu kigo cya Iwawa, tariki 18/01/2012, biboneye ko Iwawa Atari gereza y’urubyiruko nk’uko byakomeje kuvugwa maze bahita biyemeza gushaka uko batera inkunga iyi gahunda nziza yo gutoza urubyiruko imyuga.
Abaturage bo mu murenge wa Kiziguro baturiye ivuriro rya Mbogo binubira ko bakora urugendo runini bajya kwa muganga kandi barubakiwe ivuriro rikaba ryarananiwe kuzura.
Umuyobozi w’intara y’iburasirazuba, Uwamariya Odette, arakangurira abayobozi gukemura ibibazo by’abaturage ku gihe no mu mucyo kuko iyo bidakozwe neza aribyo bibyara umutekano muke.
Ubwo bibukaga abakozi ba BRALIRWA 36 bishwe n’abacengezi ku Gisenyi (Rubavu) tariki tariki 19/01/1998, abasigaye bo mu miryango y’izi nzirakarengane yibumbiye mu ishyirahamwe “Girimpuhwe” bashimiye BRALIRWA ukuntu ikomeje kubatera inkunga.
Abanyarwanda batahutse tariki 18/01/2012 i Rusizi bava muri Congo baravuga ko icyemezo gikuraho ubuhunzi ku Banyarwanda ntacyo cyari kibabwiye kuko n’ubundi ubuzima babagamo butari ubw’abantu bafite uburenganzira bw’impunzi.
Habumuremyi Joseph wari utuye mu kagari ka Gisovu mu murenge wa Cyanika ho mu karere ka Burera yapfiriye muri Uganda kubera ibikomere byo mu mutwe yatewe n’abagizi ba nabi bo muri icyo gihugu.
Umuvugizi w’ingabo z’igihugu, Col. Joseph Nzabamwita, yatangaje ko guhagarikwa kw’abasirikare bakuru bane (4) bo mu ngabo z’igihugu n’icyo bakurikiranyweho ntaho bihuriye n’ibyavuzwe mu cyegeranyo cyasohowe n’umuryango w’abibumbye ku itariki 30 ukuboza 2011, cyavugaga ko u Rwanda na bimwe mu bihugu byo muri aka karere (…)
Nyuma yo gushyirwa mu majwi n’abaturage batishimiye imikorere ye, Niyonshuti Gilbert, umuyobozi w’akagari ka Kigasha mu murenge wa Ngarama mu karere ka Gatsibo yirukanywe ku mirimoye kubera ruswa.
Polisi y’igihugu yakoze umukwabo wo gusaka ibiyobyabwenge mu mamodoka atandukanye hifashishijwe imbwa ziba zarigishijwe gusaka ibiyobyabwenge [sniffer dogs]. Iki gikorwa cyahereye mu karere ka Kayonza nka kamwe mu turere tuza ku isonga mu gufatirwamo ibyobyabwenge bihanyuzwa bijyanwa mu mujyi wa Kigali.
Ibigo Norfund na Fanisi bya Leta ya Norway byatangiye ibikorwa mu Rwanda muri gahunda yo gushaka ba rwiyemezamirimo bakorana bakanabatera inkunga mu bucuruzi nk’uko bisanzwe bibigenza mu bihugu biri mu nzira y’amajyambere hirya no hino ku isi.
Irushanwa ryo kwibuka Emmanuel Ntarugera bitaga ‘Gisembe’ rizatangira kuwa gatanu tariki 20/01/2012 rigasozwe ku cyumweru rizabera kuri petit stade i Remera no kuri Club Rafiki i Nyamirambo. Rizitabirwa n’amakipe 11, harimo atandatu y’abagabo, atatu y’abagore n’abiri y’abahoze bakina basketball bakaza kuyihagarika (veterans).
Ubwo umuyobozi w’intara y’amajyepfo, Alphonse Munyentwari, yasuraga abaturage bo mu murenge wa Muyira mu karere ka Nyanza, tariki 18/01/2012, bamugaragarije ko batakivuza induru kubera inzara nk’uko mu myaka ishize byari bimeze muri ako gace.
Mu turere duhana imbibi na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo ndetse n’U Burundi , tariki 19/01/2012, hatangiye icyiciro cya kabiri cyo gukingira abana batarengeje imyaka itanu indwara y’imbasa kubera ko yagaragaye muri ibyo bihugu.
Bavuga Sebastien, umusaza ufite imyaka 65 utuye mu kagari ka Kamanyana mu murenge wa Cyanika ho mu karere ka Burera, arera umwana w’umwaka umwe n’igice yatoraguye tariki 22/09/2011 ku muhanda atazi uwahamutaye.
Mu karere ka Burera cyane cyane mu mirenge yegereye umupaka ugabanya u Rwanda na Uganda hakunze kugaragara ikiyobyabwenge cya Kanyanga. Abatuye muri ako gace bavuga ko iyo kanyanga ituruka muri Uganda.
Umutoza wa Nyanza FC, Abdou Mbarushimana, aratangaza ko iyo kipe yagarutse ku murongo wo gutsinda nyuma y’igihe kikini iyo kipe yari imaze ku rutonde rw’amakipe ashobora gusubira mu cyiciro cya kabiri.
APR FC ubu iri ku mwanya wa kabiri muri shampiyona nyuma yo gutsinda Isonga FC ibitego bibiri kuri kimwe mu mukino wabereye kuri Stade Amahoro tariki 18/01/2012.
Ibiganiro umuyobozi wa FERWAFA, Ntagungira Celestin ‘Abega’ yagiranye n’ukinnyi w’Umunyarwanda ukina mu Bubiligi, Gasana Muhammed Tchité, amushishikariza kuza gukinira Amavubi ntacyo byagezeho.
Abanyarwanda 132 batahutse bava muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo. Tariki 18/01/2012, bakiriwe mu nkambi yakirirwamo impunzi by’agateganyo ya Nyagatare mu karere ka Rusizi.
Gusoza ukwezi kw’imiyoborere myiza mu ntara y’amajyaruguru byabereye mu mu murenge wa Kaniga wo mu karere ka Gicumbi maze umuyobozi w’intara y’amajyaruguru, Bosenibamwe Aime, yasabye abayobozi kwegera abo bayobora.
Minisiteri y’Ubuzima ifatanyije n’Umuryango w’Abibumbye wita ku bibazo by’Abaturage (UNFPA), tariki 18/01/2012, batangije amahugurwa y’abajyanama b’ubuzima muri gahunda yo kuboneza urubyaro ku rwego rw’umudugudu mu karere ka Rubavu.
Mu karere ka Kayonza hagiye kubakwa inzu abagenzi bakora ingendo ndende bazajya baruhukiramo (roadsite station) mbere yo gukomeza ingendo za bo. Iyi nzu ngo izagira uruhare mu guteza imbere ubukungu bw’akarere ka Kayonza by’umwihariko, kuko abazajya baharuhukira bazajya bahaherwa serivisi zishyurwa zizagira uruhare mu guteza (…)
Mu gitondo cy’uyu munsi tariki 18/01/2012, mu mujyi wa Huye habereye impanuka yatejwe n’imodoka yari itwawe n’umwe mu bantu boza imodoka mu binamba bazwi ku izina ry’abanamba. Umwe mu bagonzwe yahise ajyanwa kwa muganga.
Uwimboneye Phiacle na Ntawenda Jean Marie Vianney bamaze igihe cy’ukwezi basezeranye imbere y’amategeko kubana nk’umugore n’umugabo mu buzima bwabo bwose mu gihe Ntawenda atavuga naho Uwimboneye we akaba avuga.
Kuva tariki 17/01/2012, Lt. Gen. Fred Ibingira, Brig. Gen. Richard Rutatina, Brig. Gen. Wilson Gumisiriza na Col. Dan Munyuza bahagaritswe ku mirimo yabo by’agateganyo, maze bahita bafungirwa mu ngo zabo bazira imyitwarire mibi.
Umusore ukiri imanzi yiyemeje gukora imibonano mpuzabitsina ngo abe nk’abandi kuko yumvaga benshi muri bagenzi be bamwigambaho ko babikoze! Ni uko agufatiye inzira no muri farumasi ngo ba ! Ahageze abwira nyiri farumasi ko ashaka udukingirizo kandi ko ari ubwa mbere agiye gukora ibyo bintu.
Mu gihugu cya Arabie Saoudite abayobozi bidini bakurikiranye umugabo wagerageje kugurisha umwana we w’umuhungu abinyujije kuri facebook.
Imyaka ya 2012 na 2013 izaba imyaka y’akazi gakomeye ku bigo bishinzwe ubuzima mu Rwanda kuko bigomba gukora ibishoboka u Rwanda rukagera ku ntego rwihaye yo gusiramura kimwe cya kabiri cy’abagabo bitarenze impera z’ukwezi kwa Kamena 2013. Iri siramura riri muri gahunda yo kugabanya amahirwe yo kwandura SIDA n’izindi ndwara (…)