Mu ruzinduko yagiriye mu karere ka Gicumbi, mu rwego rwo kureba intambwe bamaze kugeraho no kubashimira ibimaze gushyirwa mu bikorwa, Perezida Kagame yasabye abaturage batuye ako karere kugira umwete wo gukora bakiteza imbere.
Abaminisitiri bashinzwe umutekano mu bihugu bigize Umuryango wa Afurika y’Uburasirazuba (EAC) bateraniye i Kigali muri gahunda yo kwiga ku kibazo cy’iterabwoba n’ikwirakwizwa ry’ibiyobyabwenge muri aka karere.
Itsinda ry’abakozi ba Minisiteri y’umuco na siporo kuri uyu wa mbere tariki 27/08/2012 ryakoresheje amarushanwa yo ku byina mu rwego rwo gutoranya ababyinnyi bazinjizwa mu itorerero ry’igihugu rihoraho (Urukerereza).
Mu ijoro rishyira tariki 26/08/2012, imodoka yo mu bwoko bwa FUSO yaturukaga Rubavu yerekeza Kigali ipakiye ibigori na karoti yakoreye impanuka mu murenge wa Mukamira mu karere ka Nyabihu, ahagana saa moya n’igice z’ijoro.
Nyuma y’umuganda wabaye tariki 25/08/2012, abaturage bo mu karere ka Ngororero batashye ikiraro kimanitse mu kirere gifite metero 50 cyambukanya umugezi wa Kibirira kigahuza umurenge wa Bwira na Gatumba mu tugari twa Ruhindage na Kamasiga.
Guverinoma y’igihugu cy’Ubudage imaze gushyikiriza u Rwanda inyubako eshatu zigezweho zizifashishwa mu kwigisha abapolisi gukomeza kunonosora ubumenyi n’imyiteguro mu butumwa bwo kubungabunga amahoro polisi y’u Rwanda imaze kumyenyekanaho hirya no hino ku isi.
Nubwo inzego zishinzwe umutekano zababujije kenshi gutema ibiti, impunzi z’Abanyekongo ziri mu nkambi ya Kiziba mu karere ka Karongi ziravuga ko zidashobora kubura inkwi zo gucana kandi zireba amashyamba hafi yazo.
Ndahayo Ignace wari umukuru w’umutekano mu mudugudu wa Muremure, mu kagari ka Munini mu murenge wa Ruhango yahagaritswe ku mirimo ye azira kwenga no gucuruza inzoga z’inkorano zitemewe.
Abahesha b’inkiko bagera kuri 30 barahiriye kuzuzuza inshingano zabo imbere ya Minisitiri w’ubutabera, Tharcisse Karugarama, wabasabye kuzaba indirerwamo buri muntu aboneramo ubutabera bw’u Rwanda.
Inkuba yakubise abantu batandatu, umwe muri bo ahita yitaba Imana ubwo bari bugamye imvura mu nzu iri mu kagari ka Kidakama, umurenge wa Gahunga, mu karere ka Burera.
Minisitiri w’ubucuruzi n’inganda, Francois Kanimba, atangaza ko u Rwanda rwatangiye guteza imbere ubucuruzi bwambuka imipaka mu rwego rwo kongera ibyo u Rwanda rwohereza mu mahanga.
Minisitiri w’ububanyi n’amahanga w’u Rwanda, Louise Mushikiwabo, yahuye na Minisitiri w’ububanyi n’amahanga w’igihugu cy’Ubudage M. Guido Westerwelle, tariki 15/08/2012, baganira ku kibazo cy’umutekano mucye mu burasirazuba bwa Kongo.
Imodoka yo mu bwoko bwa Land Cruiser ifite purake RAB 614 R yarenze umuhanda mu mudugudu wa Sakira mu kagari ka Bukinanyana, umurenge wa Jenda ho mu karere ka Nyabihu tariki 21/08/2012.
Mu gihe hategurwa kwizihiza isabukuru y’imyaka 25 umuryango FPR-Inkotanyi umaze ushinzwe, umusaza Kayonga Zakayo uvuka mu murenge wa Cyato mu karere ka Nyamasheke atangaza ko imiyoborere myiza umuryango FPR-Inkotanyi wazanye mu Rwanda imaze kugeza byinshi ku baturage.
Ikipe y’abamugaye igomba guhagararira u Rwanda mu mikino ya Paralempike mu gihugu cy’Ubwongereza yaraye yakiriwe ku mugaragaro muri iyi mikino iteganyijwe kuba kuva tariki 29/08/2012 kugeza tariki 09/09/2012.
Nyuma y’aho intoki zigera kuri 20% y’iziri mu karere ka Nyabihu zigaragaye ko zirwaye kirabiranya, hafashwe ingamba zo kurwanya iyi ndwara ku buryo icika burundu; nk’uko ushinzwe ubuhinzi mu karere ka Nyabihu, Nyirimanzi Jean Pierre, abivuga.
Umukozi ushinzwe gukurikirana ibarura mu karere ka Kirehe, Njamahoro Basile, arasaba abaturage ko nibigera tariki 28/08/2012 bataragenrwaho n’abakarani b’ibarura byaba byiza yibukije umukuru w’umudugudu ko we bataramubarura cyangwa se akaba akabimenyesha abantu baca mu mudugudu babarura.
Inzego z’ubuyobozi zitandukanye mu karere ka Nyamasheke zirasabwa kwegera abaturage cyane cyane abatuye ahantu hashobora kwibasirwa n’ibiza (high risk zone) bakabasobanurira ibyiza byo bagatura ku midugudu.
Ikipe ya Young Africans (Yanga), kuri uyu wa mbere tariki 27/08/2012 yasubiye muri Tanzania, nyuma yo gutsinda Police FC ibitego 2-1 mu mukino wa gicuti wabereye kuri Stade ya Kigali i Nyamirambo ku cyumweru tariki 26/08/2012.
Christopher umaze kwigaragaza cyane muri muzika nyarwanda kubera ubuhanga n’ijwi rye ryiza, nawe kimwe n’abandi bahanzi bose b’abanyarwanda babarizwa mu Rwanda, ntagikorana na Nelly Asanase muri gahunda ye ya Nelly’s Diamonds.
Ikipe y’u Rwanda ya Basketball U18 yafashe umwanya wa nyuma mu mikino y’igikombe cya Afurika yasojwe ku cyumweru tariki 26/08/2012 i Maputo muri Mozambique.
Ikipe y’u Rwanda ya Sitting Volleyball iri i Londres mu Bwongereza mu mikino Paralympique ikinwa n’abamugaye izatangira tariki 29/08/2012, ngo ntabwo yizeye kuzegukana umudari bitewe n’amakipe akomeye ari kumwe nayo mu itsinda.
Umuyobozi w’Intara y’Amajyepfo, Alphonse Munyentwali, arihanangiriza abayobozi bo mu ntara abereye umuyobozi, kwirinda gukubirana abaturage kubyo basabwe gukora, kugira ngo babone kubaha serivisi baje gusaba.
Ministiri w’ububanyi n’amahanga w’Ububirigi, Didier Reynders, uri mu Rwanda kugeza kuri iki cyumweru tariki ya 26/8/2012, yavuze ko yishimiye ubushake bwa Leta y’u Rwanda bwo gukomeza guharanira ko amahoro yagaruka mu burasirazuba bwa Kongo Kinshasa.
Bitewe n’uko imiyoborere myiza imaze kwiganza mu gihugu, biratanga ikizere ko abana bazahagararira abandi bazagera ku nshingano zabo batorewe nta kabuza.
Umuhanzi akaba n’umukinnyi wa filime Vd Frank, kuri uyu wa kabiri tariki 28/08/2012 azizihiza isabukuru y’amavuko y’imyaka 27 none yatumiye inshuti ze zose zo kuri facebook mu birori yateguye.
Ubwo umuhanzi Serge Iyamuremye uzwi mu ndirimbo zihimbaza Imana yamurikaga alubumu ye ya mbere yise ‘‘Nta mvura idahita’’ tariki 24/08/2012, igitaramo cyagenze neza cyane.
Umukinnyi Mambo wari usanzwe ari myugariro w’ikipe ya Rayon Sports arashaka kuva muri iyi kipe nyuma yo kwisabira ubuyobozi bwayo ko imureka akigendera kuko atibona neza muri iyi kipe.
Kuwa gatandatu tariki 25/08/2012 habaye umukino w’umupira hagati ya Polisi y’akarere ka Nyabihu b’abakozi b’ako karere wari ugamije kurwanya ibiyobyabwenge n’urugomo. Umukino warangiye abakozi b’akarere batsinze abapolisi ibitego 5-1.
Ku musozo w’uruzinduko rwayo mu Rwanda, Young Africans (Yanga) irakina umukino wa gicuti ya Police FC ku cyumweru tariki 26/08/2012 kuri stade ya Kigali i Nyamirambo, mbere yo gusubira muri Tanzania.
Abajyanama b’ubuzimba bo mu mirenge yegereye ikigo Nderabuzima cya Rukomo kiri mu karere ka Nyagatare, tariki 25/08/2012, bagaragarije ubuyobozi bw’akarere n’ubw’ibitaro bya Nyagatare ibyo bakoze maze banahigira imbere yabo ibikorwa bateganya kugeraho muri 2012-2013.
Abanyarwanda 12 barimo umugabo umwe, abagore batatu n’abana umunani bageze mu murenge wa Kamembe tariki 25/08/2012 baturutse muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo aho bari bamaze imyaka myinshi mu buhungiro.
Ndayizeye Mariko, umusore w’imyaka 26 wo mu murenge wa Kamembe akagari ka Gihundwe acumbikiwe kuri sitasiyo ya pilisi ya Kamembe azira guphumura inzu ikorerwamo ubucuruzi mu ijoro.
Minisitiri w’ububanyi n’amahanga w’Ububiligi, Didier Reynders yunamiye imibiri y’abazize Jenoside ishyinguye mu rwibutso rwa Gisozi mu mujyi wa Kigali, aho yatangaje ko amateka agaragara muri urwo rwibutso ateye agahinda kandi yigisha kugira ngo ibyabaye bitazasubira.
Polisi y’igihugu iri mu karere ka Nyamasheke mu gihe cy’iminsi 10 mu gikorwa cyo gupima agakoko ka Sida mu bafatanyabikorwa bayo mu gucunga umutekano, aribo rokodifensi (local defense), inkeragutabara n’urwego rwa community policing n’abaturage.
Bamwe mu bakarani b’ibarura rya Kane ry’abaturage mu murenge wa Busasamana mu karere ka Nyanza, baratangaza ko ikibazo cy’imbwa zo mu ngo no kubura ababaha amakuru nyayo bitangiye kuba imbogamizi kuri bo.
Umuyobozi wungirije ushinzwe ubukungu mu karere Kirehe, Jean de Dieu Tihabyona, yakoze impanuka imodoka ye igonga ibiti bibiri birarimbuka nawe arakomereka bidakabije, ubwo yajyaga mu muganda wo kuri uyu wa Gatandatu tariki 25/08/2012.
Minisitiri w’intebe Dr. Pierre Damien Habumuremyi, arasaba Abanyarwanda gukora cyane bakirinda incyuro z’abanyamahanga bacyurira u Rwanda bitwaje imfashanyo baruha.
Chantal Mukeshimana yafatiwe mu Rwanda hafi y’umupaka w’u Rwanda na Uganda, uri mu Cyanika, afite forode y’inzoga ya Host yayikenyeye imbere y’imyenda ariko baramubabarira ntibamufunga.
Minisitiri w’ububanyi n’amahanga w’ububiligi akaba n’uwungirije Minisitiri w’intebe w’iki gihugu, aratangaza ko ababajwe n’ihohoterwa rishingiye kw’ivangura ry’amoko rikorerwa Abakongomani bavuga Ikinyarwanda mu Burasirazuba bwa Congo.
Umuyobozi wungirije w’ikigo cy’igihugu cy’imisoro n’amahoro (Rwanda Revenue Authority), Tushabe Richard, yavuze ko uburyo bwo kumeneyekanisha no kwishyura imisoro hifashishijwe ikoranabuhanga butuma abasora babona umwanya uhagije wo gukurikirana neza ibyo bakora.
Abakozi n’abasoramari bo mu karere ka Ngororero bashimishijwe n’uko ikigo cy’Igihugu gishinzwe Imisoro n’Amahoro (RRA), kigiye kuhafungura ishami. Bakavuga ko bizoroshya imikoranire n’iki kigo, kuko bikazagabanya amande bacibwaga kubera ubukererwe.
Abavuzi gakondo barasabwa kubahiriza amategeko agenga ihuriro ryabo, banihatira kubaha ubuzima bw’ababagana babavura ku buryo bwemewe na Minisiteri y’Ubuzima. Barabisabwa mu gihe bitegura kwizihiza umunsi mpuzamahanga wahariwe ubuvuzi gakondo.
Bamwe mu bashigashigajwe inyuma n’amateka bo mu karere ka Kamonyi, bavuga ko badakunze kwitabira amahugurwa, bityo ubumenyi bwabo ntibutere imbere, mu gihe ariyo yabafasha kwiyungura bwenge bwo kwiteza imbere.
Umuhnzikazi Dada Cross usanzwe abarizwa muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, kuri ubu ari kubarizwa mu Rwanda, mu gihe nta gihe gishize ahavuye. Aje kurangiza indirimbo ze yasize muri studio zitarangiye.
Kunywa ibiyobyabwenge biza ku isonga mu bihungabanya umutekano w’akarere ka Gicumbi, nk’uko byagaragaye muri raporo zitangwa n’inzego z’umutekano zikorera muri ako Karere, mu nama mu nama y’umutekano yaguye yahuje uturere twose tugize intara y’Amajyaruguru kuri uyu wa Gatanu tariki 24/8/2012.
Abarya umuceri mukeya kandi bawuhinga ni abibumbiye muri Koperative y’Abahinzi b’Igishanga cya Rwasave (COAIRWA), nk’uko babigaragarije umuyobozi w’Akarere ka Huye, Kayiranga Muzuka Eugène, wari wabagendereye kuri uyu wa Gatanu tariki 24/08/2012.
Ikipe ya Young Africans yo muri Tanzania yatsinze rayon Sport ibitego 2-0 mu mukino wa gicuti wahuje aya makipe, kuri uyu wa Gatanu atriki ya 24/8/2012, kuri stade Amahoro i Remera.
Ubuyobozi bw’akarere ka Rutsiro bwafashe icyemezo cyo kuganira n’abakozi bako, mu rwego rwo kurebera hamwe ingamba zigamije kongera kubavana ku mwanya wa nyuma, nyuma y’uko kaje ku mwanya wa nyuma mu kwesa imihigo y’umwaka wa 2011 – 2012.