Kwibuka intwari z’u Rwanda byabereye mu midugudu ariko Perezida Kagame hamwe n’abandi bayobozi bakuru b’igihugu bifatanyije n’imiryango y’intwari twibuka bashyira indabo ku mva zazo ziri i Remera mu mujyi wa Kigali. Dore amwe mu mafoto y’uwo muhango.
Ambasaderi w’u Rwanda muri Afurika y’Epfo, Vincent Karega, ari mu b’ambasaderi 27 baza kwakirwa na Perezida w’iki gihugu, Jacob Zuma, bamushyikiriza impapuro zibemerera guhagararira ibihugu byabo muri Afurika y’Epfo.
Umusaza Mugure Paul w’imyaka 86 y’amavuko avuga ko afite indwara amaranye imyaka itanu bakaba baranze kumuvura kuko atagira ibyangombwa. Uyu musaza akomoka mu karere ka Nyamasheke ariko agenda acumbuka aho ageze kubera ko agenda ashakisha aho yabasha kwivuriza indwara na n’ubu ataramenya.
Minisitiri ufite igikorwa cyo gutegura Umunsi w’Intwari mu nshingano ze, Protais Mitali, asanga ntawavuga ubutwari adahereye ku bakiri bato kuko aribo bazavamo intwari z’igihugu z’ejo hazaza.
Umuyobozi wa Enterprise Urwibutso, Sina Gerard, avuga ko iyo ukora haba abashima ndetse n’abanenga rimwe na rimwe batanafite icyo bashingiraho banenga, ariko bagerageza gusobanura ibiba bitarumvikanye neza.
Abasenateri bagize komisiyo ya politiki n’imiyoborere myiza basuye akarere ka Kirehe, tariki 31/01/2012, bishimiye uburyo ako karere gashyira mu bikorwa ibyo kiyemeje ndetse n’uburyo gakorana n’abafatanyabikorwa.
Mu gitaramo gitegura umunsi w’intwari cyabereye mu ishuri rikuru Gatolika rya Kabgayi (ICK) ku mugoroba wa tariki 31/01/2012 hifujwe ko urubyiruko rwatozwa kuzavamo intwari zitangira igihugu hakiri kare.
Abantu babiri bo mu mudugudu wa Ruvumera mu kagali ka Kavumu mu murenge wa Busasamana, mu cyumweru gishize, bapfuye bazize kunywa umuti wica udukoko mu bimera witwa simikombe.
Umuryango Imbuto Foundation, tariki 31/01/2012, washyize ahagaragara igitabo mpfashanyigisho kizajya gifasha abigisha gusobanurira urubyiruko rufite imyaka 15 kugeza kuri 24 uko rwakwirinda icyorezo cya SIDA.
Bimwe mu bigo byo mu karere ka Huye byabashije kubaka amashuyi y’uburezi bw’imyaka 12 birarangiza ariko ibindi ntibirabigeraho neza kubera ikibazo cy’amikoro. Ibibazo bafite babigejeje ku buyobozi bw’akarere mu nama bagiranye tariki 30/01/2012.
U Rwanda ruri mu bihugu bine gusa bwo muri Afurika byamaze gutanga inkunga byiyemeje gutanga mu gufasha Somaliya mu gihe ikibazo cy’inzara giterwa n’ibiza byagwiriye icyo gihugu gikomeje kwiyongera.
Nyuma y’imyaka irenga itanu Diyosezi ya Ruhengeli idafite umushumba wihariye, kuva tariki 30/01/2012 irayoborwa na Musenyeli Vincent Harolimana wari usanzwe ari umuyobozi wa Seminari ntoya yo ku Nyundo.
Umukinnyi ukinira ikipe y’igihugu ya volley ball ndetse n’iya Nyanza Volleyball, Kwizera Pierre Marshal, ubu arimo gushakisha ibyangombwa ngo ajye gukina muri Algeria.
Nyuma y’amezi atatu amaze ku buyobozi bwa FERWAFA, kuri uyu wa mbere Ntagungira Celestin ‘Abega’ yasuye umuyobozi w’ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru ku isi (FIFA) Joseph Sepp Blater, maze baganira ku by’ingenzi bizatuma umupira wo mu Rwanda utera imbere.
Umuvugizi wa Guverinoma akana na minisitiri w’ububanyi n’amahanga, Louise Mushikiwabo, yavuze ko u Rwanda rutigeze ruhindura aho rwari ruhagaze ku kibazo cya Libiya. Yabitangaje mu isozwa ry’inama y’abakuru b’ibihugu bigize umuryango w’Afurika Yunze Ubumwe yaberaga i Addis Abeba muri Ethiopia.
Muzindutsi Nkorerimana utuye mu kagari ka Ruhanga mu murenge wa Kigina mu karere ka Kirehe, guhera tariki 30/01/2012, ari mu maboko ya polisi akurikiranyweho gushaka gutera icyuma uwitwa Fulgence Ndayambaje ubwo basangiraga.
Abaturage bo mu turere tunyuranye mu ntara y’uburasirazuba batangiye kugurisha imyaka yabo yari igeze igihe cyo gusarurwa ku giciro gito ku kiri ku isoko (ibyo bita kotsa imyaka) kubera ko abo baturage badafite aho kuyisarurira.
Guverinoma y’u Rwanda iri gutegura gahunda yo kugabanya uturere twakorerwagamo gahunda yiswe Vision Umurenge Program (VUP). Iyi gahunda ifasha abaturage mu buryo bw’imfashanyo-ngoboka, abahabwaga akazi n’izindi nyungu zishingiye kuri iyo gahunda.
Tariki 30/01/2012, Bralirwa yatangije ku nshuro ya kabiri igikorwa cyiswe Primus Guma Guma Super Star (PGGSS) kigamije guteza imbere abahanzi nyarwanda n’umuzika nyarwanda.
Mu nama y’umutekano yaguye y’akarere ka Nyanza yabaye tariki 30/01/2012 byagaragaye ko hari ibyaha byahungabanyije umutekano mu kwezi kwa Mutarama ariko bigatinda kumenyekana.
Abayobozi b’ibihugu bigize umuryango w’Afurika yunze ubumwe bahuriye mu nama yabereye Addis Ababa muri Ethipia kuva tariki 29-30/01/2012, baganiriye ku ngamba zo guteza imbere ubuhahirane hagati y’ibihugu by’Afurika
Nyuma y’urugendo rw’iminsi itanu yagiriraga mu Rwanda, umuyobozi wungirije ushinzwe amajyambere arambye muri Banki y’Isi, Rachel Kyte, yavuze ko yashimye icyerecyezo cya Guverinoma y’u Rwanda cyo gushyiraho politiki ziganisha ku kuzamura ubukungu.
Ikipe za Minisiteri y’Ingabo zarangije amarushanwa y’imikino inyuranye hagati ya Minisiteri n’ibigo byo mu Rwanda zirusha izindi. Tariki 29/01/2012, ayo makipe yashyikirijwe ibikombe n’imidari mu mupira w’amaguru, uw’intoki (volley ball na Basketball), mu gusiganwa ku maguru no koga.
Urubanza rwa Augustin Ngirabatware wahoze ari Minisitiri w’Igenamigambi mu gihe cya Jenoside, tariki 30/01/2012, rwongeye gusubukura ku rukiko Mpuzamahanga rwashyiriweho u Rwanda rw’i Arusha, herekanywa ubuhamya bwa videwo bwaturutse mu Bufaransa.
Kuwa Mbere tariki 30/01/2012, Perezida Paul Kagame yashyikirijwe igihembo n’umuryango w’Abakuru b’ibihugu by’Afurika, kubera uburyo Leta y’u Rwanda ishyira ingufu mu kurwanya indwara ya Malariya.
Ibitaro bya Gisirikare bya Kanombe, uyu munsi tariki 30/01/2012, byashyikirijwe inkunga y’ibikoresho by’ubuvuzi bizakoreshwa mu kwita ku barwayi ba SIDA n’ab’izindi ndwara z’ibyuririzi, ndetse n’inzu bizakoreramo.
Umutoza mushya wa AS Kigali, Kasambongo André, arifuza ko iyo kipe yakongera kujya mu ruhando rw’amakipe atsinda kuko aje kuyitoza iri ku mwanya wa nyuma ku rutonde rwa shampiyona.
Kalisa John a.k.a Kjohn azwi cyane muri Entertainment nk’umuntu uteza imbere abahanzi (promotion). Mu minsi ishize yaragaragaweho cyane kwibanda ku makuru y’umuhanzi Young Grace bityo bituma abantu benshi babyibazaho cyane.
Abaturage batuye umujyi wa Muhanga ariko mu gice kigaragara ko kikiri icyaro barinubira ko amafaranga basabwa gutanga buri mwaka ku butaka ari menshi.
Muri shampiyona y’icyiciro cya kabiri yari igeze ku munsi wa cyenda, mu mukino wari ukomeye kurenza indi, ku cyumweru tariki 29/01/2012, Musanze FC yatsinze Rwamagana City ibitego 2 ku busa ihita inayisimbura ku mwanya wa mbere.
Abaturage batuye aho Leon Mugesera akomoka mu mudugudu wa Gapfura, akagali ka Rusororo mu murenge wa Muhororo barifuza ko urubanza rwa Mugesera rwazaburanishirizwa aho yakoreye ibyaha kuko bamufiteho amakuru menshi arimo n’ukuntu yangaga bene se abaziza ko nyina ari umututsikazi.
Mu gitondo cya tariki ya 30/01/2012, mu mujyi wa Nyamagabe ku kagega abaturage bavomaho amazi, indayi yarwanye na mugezi wayo bapfa umugabo bakizwa n’inkeragutabara.
Ubuyobozi bw’ishuri ryisumbuye rya Nyagisenyi mu karere ka Nyamagabe bwafashe icyemezo cyo guhagarika abanyeshuri 85 ku masomo, mu rwego rwo guhangana n’ikibazo cy’ubujura kimaze iminsi kibasiye iki kigo.
Umunsi w’intwari wizihizwa tariki ya mbere Gashyantare, uyu mwaka uzizihirizwa ku rwego rw’umudugudu aho Abanyarwanda b’ingeri zose bazahura maze bakaganire ku butwali, ibiranga intwali ndetse n’amateka y’itwari z’u Rwanda.
Yayi Boni, umuyobozi mushya w’umuryango w’Afurika Yunze Ubumwe (AU) akaba na Perezida wa Benin, yavuze ko azakora uko ashoboye kugira ngo agarure amahoro muri Afurika.
Ku mugoroba wo kuwa gatandatu tariki 28/01/2012, umugabo witwa Sebasaza Augustin wari utwaye imodoka yo mu bwoko bwa Fuso arututse mu karere ka Rulindo yageze i Shyorongi abura feri ahitamo gushyira imodoka mu muferege.
Ku mugoroba wo kuri iki cyumweru tariki 29/01/2012 Perezida wa Repubulika y’ u Rwanda ari kumwe n’umufasha we bakiriwe ku meza na minisitiri w’intebe wa Ethiopia, Meles Zenawi.
Isonga FC yabujije Etincelles kuzamuka ku rutonde rwa shampiyona ku cyumeru tariki 29/01/2012, ubwo aya makipe yanganyaga ibitego 2 kuri 2 mu mukino wa shampiyona wabereye kuri sitade Umuganda i Rubavu.
Uwahoze ari umunyamabanga nshingwabikorwa n’umucungamutungo b’akarere ka Gatsibo, tariki 26/01/2012, bakatiwe ibihano kubera icyaha cyo kunyereza umutungo w’akarere mu myaka ya 2007 na 2008.
Perezida Kagame, tariki 29/01/2012, yateye igiti mu mwanya u Rwanda rwagenewe imbere y’inyubako nshya y’umuryango w’Afurika Yunze Ubumwe (AU) iri Addis Ababa muri Ethiopia.
Sosiyete yitwa “Prime life insurance Ltd” igiye gufungura imiryango mu gihugu, ikazaba ikora ibijyanye n’ubwishingizi bw’ubuzima.
Abantu bigaragambya mu murwa mukuru w’u Buholandi, La Haye, bategereje Paul Rusesabagina ugomba kugera muri iki gihugu, aho aributange ijambo mu muhango wo kwibuka Dr. Martin Luther King.
Umuryango w’abanyeshuri ba ISPG, ubarizwamo abanyeshuri 1.226, abakobwa 809 n’abahungu 418, usanga hari abakunzwe kandi bishimiwe cyane na bagenzi babo. Ni muri urwo rwego buri mwaka muri iki kigo hatorwa abakobwa 10 ba mbere bishimirwa cyane kurusha abandi.
Léon Mugesera yatangiye gushaka umwunganizi uzamwunganira mu rubanza rugomba gutangira mu minsi ya vuba, aho azaba yisobanura kuri dosiye y’ibirego yashyikirijwe urukiko ku gikorwa yakoze mu 1992 cyo gukangurira abantu gukora Jenoside.
kuri uyu wa Gatandatu Minisiteri ishinze ibikorwa by’ikiremwamuntu muri Congo Brazzaville, yatangaje ko bashyizeho tariki 30/06/2012, nk’itariki ntarengwa yo kurangiza ubuhunzi ku Banyarwanda baba muri iki gihugu.
Kuri uyu wa Gatandatu, Perezida w’u Rwanda Paul Kagame mu ruzinduko akomeje kugirira mu gihugu Cya Ethiopia, yanatashye inyubako izakoreramo icyicaro cy’umuryango w’Afurika yunze ubumwe, iri i Addis Abeba.
Perezida Kagame uri mu gihugu cya Ethiopia, uyu munsi tariki 28/01/2012, yitabiriye inama y’abakuru b’ibihugu bagize komite ngena bikorwa y’umuryango NEPAD (Heads of State and Government Orientation Committee [HSGOC]).
Umusore witwa Niyibizi Andre ari mu maboko ya polisi akekwaho ko yaba ari we wishe nyina, Bwenge Perusi, witabye Imana mu ijoro rishyira tariki 28/01/2012 mu murenge wa Ngororero mu karere ka Ngororero.