Perezida w’u Rwanda Paul kagame n’umuherwe Bill Gates, bari mu batumiwe mu nama yaguye y’Umuryango Mpuzamahanga uteza imbere ubuhinzi (IFAD), izaba tariki 22-23/02/2012. Kimwe n’abantu bakomeye bazahurira muri iyi nama, azavuga ku ngaruka imihindagurikire y’ikirere igira ingaruka ku musaruro w’ibikomoka ku buhinzi.
U Rwanda rugiye kujya rukoresha ikoranabuhanga mu kumenyekanisha ibicuruzwa byinjira mu gihugu n’ibyoherezwa hanze hakoreshejwe ikoranabuhanga ryitwa Electronic Single Window.
Ikigo gishinzwe isoko ry’imibagabane (CMA) kuri uyu gatatu tariki 08/02/2012 cyasinye amasezerano y’ubufatanye na banki nkuru y’igihugu (BNR) mu guhanahana amakuru haganijwe kureba uko ubukungu bwiyongera mu gihugu.
Muri raporo yamurikiwe inteko ishinga amategeko y’u Rwanda umutwe w’abadepite n’uwa Sena, kuri uyu wa gatatu tariki 08/02/2012, komisiyo y’igihugu ishinzwe kurwanya Jenoside (CNLG) yagaragaje ko mu mazu 38,679 yubakiwe abatishoboye barokotse Jenoside yakorewe abatutsi, agera ku 12,908 akeneye gusanwa.
Umuyobozi wa sosiyete yo muri Afrika y’Epfo itwara abantu n’ibintu mu ndege, South African Airlines (SAA), tariki 08/02/2012, yatangaje ko SAA iteganya kongera ingendo ikorera mu Rwanda zikava kuri eshatu zikagera kuri eshanu mu cyumweru.
Mu rwego rwo kurushaho guteza imbere imico y’ibihugu byombi n’akarere biherereyemo muri rusange, umufasha wa Nyakubahwa Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Jeanette Kagame, yageneye ikigo “Igongo Cultural Centre” cyo muri Uganda impano y’amadorali y’Amerika ibihumbi 10.
Umugabo witwa Ntivuguruzwa Bernard wo mu murenge wa Muko mu karere ka Gicumbi, tariki 08/02/2012, yakubise umugore we, Mukambonabucya Esperance, agafuni aramukomeretsa mu gahanga.
Guinness World Records yemeje ko umugabo witwa M. Chandra Bahadur Dangi ariwe muntu mugufi cyane ku isi kuko afite uburebure bwa santimetero 53 n’ibiro 12.
Abakozi babiri b’Ambasade ya Leta Zunze Ubumwe z’Amerika mu Rwanda, uyu munsi tariki 08/02/2012, basuye aho Kigali Today ikorera i Nyarutarama mu mujyi wa Kigali kubera ko abakozi b’iyo ambasade bashimye amakuru Kigali Today yandika.
Ubuyobozi bw’akarere ka Ngoma buratangaza ko imirimo yo gukora igishushanyo mbonera kigaragaza uko ku nkengero z’ikiyaga cya Sake hagirwa umujyi nyaburanga igeze kure.
Urwunge rw’amashuri rya Butare (GSO Butare) rwateguye irushanwa rya Volleyball ryo kwibuka uwahoze ari umuyobozi w’iryo shuri, Padiri Kayumba Emmanuel. Iryo rushanwa rizaba mu mpera z’iki cyumweru.
Bamwe mu bacuruzi bacururiza mu murenge wa Gacurabwenge, baratangaza ko imisanzu babaka hatitawe ku mari bacuruza bituma bamwe muri bo bagwa mu gihombo.
Ishyirahamwe ry’umukino wo w’amagare mu Rwanda (FERWACY) rigiye kubaka i Musanze ikigo kizajya gikorerwamo imyitozo ku rwego mpuzamahanga.
Aborozi bo mu karere ka Nyagatare baratangaza ko icyemezo Leta yafashe cyo kugurisha uruganda rw’amata rwitwa Savannah Dairy ruri muri ako karere kizatuma babona amafaranga menshi kuko bazajya bagurisha amata yabo ku ruganda nta wundi banyuzeho.
Umukino wa shampiyona Police FC ifitanye n’Isonga FC kuri uyu wa gatatu kuri stade ya Kigali, iramutse iwutsinze yahita isimbura APR FC ku mwanya wa mbere kuko iyirusha amanota atatu gusa kandi Police yo izigamye ibitego byinshi.
Umugabo w’imyaka 55 witwa Kageruka Evariste ukomoka mu kagari ka Nsanga, umurenge wa Rugendabari mu karere ka Muhanga yitabye Imana ku mugoroba wa tariki 06/02/2012 azize gusitara.
Umuyobozi w’ishuri ryisumbuye E.S Mutenderi yarekuwe na parike, tariki 06/02/2012, nyuma yo kugezwa imbere y’ubucamanza akisobanura ku byaha yakekwagaho bya ruswa mu guha abanyeshuri 300 imyanya mu kigo cya Leta mu buryo butemewe n’amategeko.
Umukecuru Mukantabana Odette w’imyaka 64 y’amavuko, tariki 06/02/2012 ahagana saa moya n’igice z’umugoroba, yiyahuje umuti ukoreshwa mu buhinzi wica udukoko mu murima witwa Simikombe.
Icyemezo cya Guverinoma y’u Rwanda cyo kuzamura imishahara y’abarimu cyemejwe tariki 13/01/2012 gishobora gutuma abarimu 777 bigisha mu mashuri yisumbuye bize amashuri makuru na kaminuza basezererwa, bagasimbuzwa abandi bize amashuri yisumbuye gusa.
Canada yatanze amafaranga y’u Rwanda asaga miliyoni 110 (amadolari y’Amerika 182,177 $) kugira ngo igeze Léon Mugesera ku butaka bw’u Rwanda, nk’uko amakuru inzego zicunga abambuka imipaka muri Canada abitangaza.
Umuyobozi w’umuryango w’Ubumwe bw’Uburayi (EU) ushinzwe Afurika, Nick Westcott, arasura u Rwanda kuri uyu wa kabiri, ku nshuro ya mbere, mu rwego rwo kwirebera uburyo u Rwanda rukomeje kwiteza imbere mu bice bitandukanye.
Abantu batatu bitabye Imana undi umwe ahuma amaso bazize inzoga y’inkorano banyoye tariki 04/02/2012 mu kabari ko mu mudugudu wa Gasizi, akagari ka Nyamirango, umurenge wa Kanzenze, akarere ka Rubavu.
Mu gitondo cyo kuri uyu wa kabiri tariki 07/02/2012, umusore witwa Mpawenimana Jean Bosco wo mu kagari ka Nyamagana ko mu murenge wa Ruhango yafatanywe imisongo igera ku 101 y’urumogi.
Ingabo zivuye mu bihugu 9 byo muri afurika bivuye mu bibazo by’intambara ziteraniye mu kigo cy’u Rwanda cyigisha ibijyanye n’amahoro ( Rwanda Peace Academy) kiri i Nyakinama mu Karere ka Musanze ziga uburyo ibihugu byabo byakubaka amahoro arambye (Security Sector Reform- SSR).
Ubwo yafunguraga ku mugaragaro icyiciro cya kabiri cya gahunda zigamije kuzamura ubukungu no kurwanya ubukene (EDPRS II), Perezida Kagame yavuze ko gutera imbere bitizana ahubwo bijyana no gukora ndetse no guhanga udushya tuganisha ku iterambere.
Amakipe atatu muri ane yabonye itike yo gukina imikino ya ½ mu irushanwa ry’igikombe cy’Afurika cy’ibihugu (CAN 2012): Cote d’Ivoire, Ghana na Zambia, buri imwe ifitemo abakinnyi bavukana.
Umugaba w’Ingabo z’igihugu cy’u Bubiligi, General Charles-Henri Delcour, kuva ejo tariki 06/02/2012, ari mu Rwanda mu ruzinduko rw’akazi rumara iminsi ibiri.
Kubera ikibazo cy’ubuhemu no kutizerana mu rukundo benshi mu rubyiruko bahitamo kugira inshuti nyinshi (gutendeka) kugira ngo nahemukirwa n’umwe afate undi.
Minisitiri w’Imari n’Igenamigambi, John Rwangombwa, aremeza ko izamuka ry’ubukungu mu Rwanda mu myaka 5 ishize ryunguye abaturage, nk’uko ubushakashatsi bwa gahunda zigamije kwikura mu bukene (EDPRS) bwabigaragaje.
Sosiyeti ikora ubushakashatsi n’ubucukuzi ku bijyanye n’amabuye y’agaciro yitwa Desert Gold iratangaza ko ubushakashatsi imaze iminsi ikorera mu Rwanda bwerekanye ko ahitwa Rubaya mu ntara y’amajyaruguru habonetse zahabu.
Kuwa mbere tariki 06/02/2012 ubwo minisitiri w’urubyiruko, Nsengimana Jean Philbert yasuraga urubyiruko rwo mu karere ka Burera yarugabiye inka imwe y’inzungu y’ishashi yenda kwima.
Abaturage batuye akagari ka Tyazo mu murenge wa Muhanga, akarere ka Muhanga baranyomoza amakuru yanditswe n’ikinyamakuru Le Prophete ku ruganda rusya amabuye rwa sosiyete y’ubwubatsi, Fair Construction, ruri ahitwa mu Nkoma ya Nkondogoro.
Abatuye mu karere ka Ngororero bakomeje kwerekana byinshi ku byo bazi ku byaha Leon Mugesera aregwa kandi barifuza ko ubutabera bwazamuzana aho yakoreye ibyaha.
Abaturage batuye mu Kagari ka Cyarwa ko mu Murenge wa Tumba wo mu karere ka Huye barasaba ko hagira igikorwa mu kurwanya ibisambo byambura abantu nijoro bikomeje kwiyongera muri ako gace.
Nyuma yo gutwara igikombe cyitiriwe Intwari ku cyumweru tariki 05/02/2012, Police Handball Club yesheje umuhigo wo kwegukana ibikombe byose bikomeye byakiniwe ku butaka bw’u Rwanda mu mukino wa Handball mu mwaka w’imikino wa 2011.
Nyuma yo gusaba imbabazi mu nyandiko, Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Mataba, Nizeyimana Emmanuel, yaje kurekurwa ku mugoroba wa tariki 06/02/2012, anakurirwaho igihano cyo gusezerwa ku kazi kubera imyitwarire igayitse ku muyobozi.
Umuryango wa Leon Mugesera uherutse koherezwa mu Rwanda n’inkiko zo mu gihugu cya Canada kubera ibyaha bya Jenoside akurikiranyweho, ukomeje gusaba Leta ya Canada kwohereza vuba indorerezi mu Rwanda mu rwego rwo kwirebera uko afashwe.
Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda (FERWAFA) ryahakaniye irya Tanzania (TFF) ko umukino wo kwishyura ugomba kuzahuza Simba na Kiyovu Sport muri Confederation Cup wakigizwa inyuma.
Amakuru aturuka muri Minisiteri y’ingabo z’u Rwanda aremeza ko kuva tariki 04/02/2012, Major René Ngendahimana ari we muvugizi mushya w’Ingabo z’u Rwanda.
Ubusanzwe iyo umuntu avuze kanseri ifata amabere abantu benshi bakunze guhita batekereza ku gitsina gore gusa ariko si byo na gato kuko n’abagabo na bo iyo ibagezeho itabarebera izuba.
Hari hashize igihe kirenga amezi atatu humvikana Radiyo nshya mu Rwanda ivugira ku murongo wa 98.7 FM ariko itagira izina. Iyi Radiyo yatangiye ishyiraho imiziki gusa nyuma iza no gutangiza amakuru mu rurimi rw’ikinyarwanda ariko abantu benshi ugasanga bifuza kumenya izina ryayo.
Mu gitondo cyo kuri uyu wa mbere tariki 06/02/2012, Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Mataba mu Karere ka Gakenke yatawe muri yombi kubera imyitwarire igayitse ku muyobozi.
Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Mpunzi (UNCHR), riratangaza ko rikomeje guhangayikishwa na raporo zivuga ko Abanyekongo bakuwe mu byabo bakomeje gukorerwa ubwicanyi n’imitwe yitwaje ibirwanisho irimo FDLR.
Manirahari Jean de Dieu wo mu murenge wa Giti, mu kagari ka Gatobotobo mu mudugudu wa Kabacuzi ari mu maboko y’ubutabera kubera kwica nyina umubyara witwaga Mukamana Esperance amukubise ifuni mu mutwe.
Umugabo witwa Rudacogora wo mu karere ka Gicumbi, umurenge wa Muko mu kagari ka Ngange ari mu maboko ya polisi azira kuruma mugenzi we, Mbanzendore Wellars, amukuraho ibitsike byo ku jisho.
Abaganga bo mu gihugu cya Perou basuzumye umwana w’imyaka itatu basanga atwite undi mwana w’umuhungu.
Ikamyo yo mu gihugu cya Tanzaniya yakoze impanuka, tariki 05/02/2012, mu Rwamenyo mu murenge wa Gashenyi, akarere ka Gakenke umushoferi na kigingi we bahita bitaba imana.
Nubwo hakiri gukorwa ubushakashatsi ku buryo bwo kwigisha hahuzwa ibyigwa n’ibyo abanyeshuri babamo (problem situation based learning), Sebaganwa Alphonse, umwarimu mu ishuri rikuru nderabarezi (KIE) ubu uri gukorera impamyabushobozi ihanitse ya dogitora ku bijyanye n’iyo myigishirize mu Bubiligi, avuga ko Leta y’u Rwanda (…)
Itsinda ry’abashakashatsi b’Abafaransa n’Abanyamerika bakora ubushakashatsi ku cyorezo cya Sida i Montpellier mu Bufaransa bavumbuye ibintu byorohereza virusi itera Sida kwinjira mu turemangingo bita Lymphocyte T CD4 dufasha umubiri gukora abasirikare bawurinda. Utwo turemangingo ni two virusi itera Sida ibanza kumunga (…)