Umutoza w’ikipe y’igihugu ya Tunisia, Sami Trabelsi, yatangaje ko abakinnyi yahamagaye mu mukino wa gicuti uzabahuza n’u Rwanda bakeneye imyiteguro ikarishye no kubashyira ku murongo umwe kuko bamwe bari no mu biruhuko.
Nzabirinda Boniface ari mu maboko ya polisi aregwa icyaha cy’ubwambuzi bushukana, nyuma yo kubeshya ko ari umukozi wa Komisiyo y’igihugu yo kurwanya Jenoside (CNLG) agasaba Hakizimana Aimable amafaranga ibihumbi 200 kugira ngo azamufungurize se ufunze.
Polisi y’igihugu iri mu gikorwa cyo gupima ku bushake ubwandu bw’agakoko gatera SIDA ku bantu batandukanye, barimo abasirikare, abapolisi na local defences, abashinzwe community policing mu tugari ndetse n’imiryango yabo hamwe n’abandi bose babyifuza bo mu karere ka Ngororero.
Imyitozo Rayon Sport yagombaga gutangira kuwa mbere tariki 21/05/2012 yahagaritswe n’ibiganiro hagati y’iyo kipe n’umuterankunga SORAS biri gutera intambwe ishimishije aho kuba ibirarane by’imyishahara; nk’uko bitangazwa n’umunyamabanga wa Rayon Sport, Gakwaya Olivier.
Umunyamabanga nshingwabikorwa w’akarere ka Rubavu, Christopher Kalisa, n’abakozi babiri ba gereza nkuru ya Nyakiliba na rwiyemezamirimo umwe bari mu maboko y’ubutabera bakekwaho kunyereza umutungo wa Leta no gukoresha impapuro mpimbano.
Ikigo cy’Igihugu gishinzwe guteza imbere ubumenyingiro (WDA) kigiye gutera inkunga ibigo byigisha imyuga bihanga udushya tugamije guteza imbere imirimo ifite isoko muri iki gihe.
Abana b’imfubyi za Jenoside zitujwe mu mudugudu w’Amizero wo mu kagari k’Urugero, umurenge wa Ntarama mu karere ka Bugesera barasaba ubutabazi bwihuse kuko amazu barimo yatangiye gusenyuka kandi bakaba nta bushobozi bafite bwo kuyasana.
Ikigo cy’igihugu gishinzwe ubuziranenge (RBS) kirasaba ko hashyirwaho itegeko rihuriweho n’ibindi bigo bishinzwe igenzura mu rwego rwo kubahiriza ubuziranenge bw’ibicuruzwa.
Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha rwashyiriweho u Rwanda (ICTR), tariki 21/05/2012, rwasubukuye urubanza rudasanzwe rw’umunyemari Félécien Kabuga, humvwa ubuhamya bumushinjura buzakoreshwa igihe azaba ari mu maboko y’ubutabera.
Ubuyobozi bw’umurenge wa Kigali mu karere ka Nyarugenge burakangurira Abanyarwanda kwirinda kwegera cyangwa kwambuka umugezi wa Nyabarongo mu gihe amazi yayo yiyongereye. Muri uku kwezi kwa Gicurasi, hamaze gutoragurwa imirambo y’abantu itanu muri uwo mugezi.
Abacuruza ibiyobyabenge bahawe amezi atandatu yo kuba baretse ubwo bucuruzi bufatwa nk’icyaha gihanwa n’amategeko mu Rwanda, kuko nyuma yaho bazahanywa bikomeye.
Nyuma y’iminsi amaso y’Amarundi ateye mu kigo cy’ishuri ryisumbuye ry’Indangaburezi riri mu karere ka Ruhango ubu noneho yadukiriye abaturage.
Perezida Dioncounda Traoré uyoboye igihugu cya Mali mu nzibacyuho, kuri uyu wa mbere tariki 21/05/2012, yakubiswe n’abatavuga rumwe n’ubutegetsi bwe batishimiye ko ayobora.
Igitero cyagabwe n’inyeshyamba za FDLR n’umutwe wa Mai-Mai ku kigo cya gisirikare cya Luofa mu gitondo cyo kuwa mbere tariki 21/05/2012 cyasize abarwanyi bane ba FDLR na Mai-Mai bafashwe bunyago n’ingabo za Kongo-Kinshasa (FARDC).
Jerome Ndahayo w’imyaka 28 y’amavuko utuye mu murenge wa Ruhango mu karere ka Ruhango afungiye kuri Sitasiyo ya Polisi ya Nyamagana mu karere ka Ruhango nyuma yo gutabwa muri yombi azira kanyanga.
Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha rwashyiriweho u Rwanda (ICTR) rwemeye kumva umutangabuhamya wa nyuma w’ubushinjacyaha uzavuguruza ubuhamya bwa Augustin Ngirabatware wahoze ari Minisitiri w’Igenamigambi mu gihe cya Jenoside.
Abana babiri bo mu kagali ka Nyakina, umurenge wa Gashenyi mu karere ka Gakenke bakoze impanuka kuri uyu wa mbere tariki 21/05/2012 bageze ahantu hitwa mu Kintama, mu Kagali ka Rusagara mu murenge wa Gakenke barakomereka.
Penaliti y’intsinzi yateye ku mukino wa nyuma wa Champions League ishobora kuba inshuro ya nyuma Didier Drogba akinnye yambaye imyenda y’ubururu ya Chelsea; nk’uko yabitangarije bagenzi be kuri iki cyumweru.
Nyuma yo kujya gukorera imyitozo muri Tunisia, kuri uyu wa gatatu tariki 23/05/2012, Amavubi arakina umukino wa gicuti na Libya mu rwego rwo kwitegura umukino w’amajonjora y’igikombe cy’isi uzahuza Algeria n’u Rwanda tariki 02/06/2012.
Abasirikare bari mu rwego rw’aba-officiers bagera kuri 36 baturutse mu bihugu byo muri Afurika y’Uburasirazuba, Malawi na Australia bari guhabwa amasomo ku kuba indorerezi mu bikorwa byo kubungabunga amahoro ku isi by’umuryango w’abibumbye (UN).
Biteganyijwe ko mu muganda w’ukwezi uzaba tariki 26/05/2012, Nyakubahwa Madame Jeannette Kagame azifatanya n’Abanyagatsibo mu gutangiza igikorwa cyo kurwanya ikoreshwa ry’ibiyobyabwenge. Kuri uwo munsi, mu Rwanda hose hazatangira gahunda yo gushishikariza abaturage guhagarika gukoresha ibiyobyabwenge.
U Rwanda ruzakoresha ingengo y’imari ya tiriyali imwe na miliyoni 374 mu mwaka utaha wa 2012/2013, nk’uko bigaragara mu mbanzirizamushinga yayo yamurikiwe Inteko Ishingamategeko imitwe yombi.
ECOBANK yatanze mudasobwa mu mirenge SACCO igize akarere ka Nyanza mu rwego rwo kuzifasha kunoza imikorere yazo no kubahiriza ibikubiye mu masezerano y’ubufatanye impande zombi zashyizeho umukono muri Kanama 2011.
Umugore w’imyaka 42 y’amavuko witwa Séraphine Nyiransabimana wo mu mudugudu wa Kabarima mu kagali ka Gasiho mu murenge wa Minazi yarohowe mu mugezi wa Nyarutovu tariki 20/05/2012 yitabye Imana nyuma y’umunsi umwe abuze.
Alexis Muyoboke, umujyanama (manager) w’itsinda Urban Boys aratangaza ko afite ikizere ko abahanzi be bazegukana insinzi muri PGGSS 2 nubwo bagiyemo nyuma.
Mukandori Odette w’imyaka 36 y’amavuko wo mu mudugudu wa Burima, akagari ka Burima, umurenge wa Kinazi mu karere ka Ruhango afungiye kuri polisi ya Kinazi guhera tariki 20/05/2012 akurikiranyweho icyaha cyo kubyara umwana akamuta mu myanda.
Minisitiri w’Intebe, Dr Pierre Damien Habumuremyi, asanga abayobozi Umuryango w’Abibumbye (UN) wohereza mu butumwa butandukanye ku isi bakwiye kuba ijwi ry’abaturage basanze kandi bakongererwa ubumenyi mu miyoborere.
Abasirikari bakuru 25 bahuriye i Kigali mu mahugurwa agamije kubongerera ubumenyi mu kubungabunga amahoro ku isi. Ayo mahugurwa yatangiye kuri uyu wa mbere tariki 21/05/2012 yateguwe n’ishami ry’umuryango w’abibumbye rishinzwe kubungabunga amahoro ku isi.
Nyuma yo gukwirakwiza amashanyarazi mu mirenge igize akarere ka Ngoma harimo n’ibyaro, hari abantu babeshya abaturage ko batumwe n’ikigo gishinzwe gutanga amazi, umuriro w’amashanyarazi ,isuku n’isukura (EWSA) ngo bakore amashanyarazi maze bakabaca amafaranga.
Igitero FDLR yateye mu gace ka Tchambutsha mu birometero 100 mu majyepfo ya Walikale muri Kivu y’Amajyaruguru mu ijoro rishyira tariki 17/05/2012 cyahitanye abasivili bagera kuri 13 bo mu bwoko bwa Waloa Loanda.
Didier Drogba niwe wabaye intwari ku gikombe cya UEFA Champions League 2012 kuko yatsinze igitego cyo kunganya ndetse na penaliti y’intsinzi kandi avuga ko uwo mukino ari bimwe mu bihe bikomeye mu mupira w’amaguru yari ategereje.
Abarokotse Jenoside bo mu karere ka Kamonyi basaba ko imva zashyinguwemo imibiri y’abazize Jenoside nyuma gato ya Jenoside zakorerwa neza kuko byagaragaye ko zitangiye gusenyuka.
Umucungamari (comptable) w’umurenge wa Mutendeli mu karere ka Ngoma, Rwabagabo Olivier, yakoze impanuka ubwo yari atwaye moto akagongana n’imodoka yo mu bwoko bwa Dyna tariki 15/05/2012 ahita apfa.
Umugore witwa Charitine Mukankuranga utuye mu murenge wa Rugarama mu karere ka Gatsibo akurikiranyweho icyaha cyo kwiyicira umwana we w’imyaka 2 witwa Uwase, amukubise igiti inshuro ebyiri mu mutwe.
Uwahoze ari Kapiteni w’ikipe y’igihugu, Ndikumana Hamad (Katauti), n’umunyezamu Ndayishimiye Jean Luc (Bakame) ntabwo batoranyijwe n’umutoza Milutin Micho mu bakinnyi yajyanye nabo muri Tuniziya kwitegura umukino uzahuza u Rwanda na Algeria tariki 02/06/2012.
Minisitiri w’Umuco na Siporo, Protais Mitali, yasabye abakinnyi b’ikipe y’igihugu kuzaharanira ishema ry’u Rwanda mu mukino bafitanye na Algeria mu rwego rwo guhatanira itike yo kuzakina igikombe cy’isi kizabera muri Brazil muri 2014.
Urugaga rw’abagore baharanira amahoro mu Rwanda bifatanyaje n’isi mu kwizihiza umunsi mpuzamahanga w’umuryango hagamijwe gushishikariza Abanyarwanda gutekereza ku buringanire mu muryango kuko amahoro y’umuryango ava mu bufatanye bw’abawugize kandi bikagira uruhare mu iterambere ryawo.
Abunzi babiri bo mu murenge wa Rurenge mu karere ka Ngoma batawe muri yombi na Polisi mu ntangiriro y’iki cyumweru bakekwaho kwaka ruswa y’amafaranga 10.000 umuturage bamwizeza kumuhesha isambu yaburanaga.
Umurambo w’umwana utazwi imyirondoro watoraguwe mu mugezi wa Mwogo uherereye mu murenge wa Nyagisozi mu karere ka Nyanza mu gitondo cyo kuwa gatandatu tariki 19/05/2012.
Bwa mbere mu mateka yayo, Chelsea FC yegukanye igikombe gihatanirwa n’amakipe yabaye aya mbere ku mugabane w’Uburayi (Champions League) nyuma yo gutsinda Bayern Munich penaliti 4 kuri 3, mu mukino wabereye i Munich mu Budage tariki 19/5/2012.
Abagize umuryango w’abanyeshuli bacitse ku icumu rya Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994 biga mu ishuli ryisumbiye rya Nyanza mu karere ka Nyanza basanye inzu y’umukecuru ushaje cyane Nyirantashya kuri uyu wa gatandatu tariki 19/05/2012.
Umuntu umwe yitabye Imana n’amazu agera 127 arangirika mu karere ka Ruhango kubera ikibazo cy’ibiza kimaze iminsi kibasiye udece dutandukanye tw’igihugu; nk’ko bitangazwa n’ubuyobozi bw’akarere ka Ruhango.
Urubyiruko rwibumbiye mu muryango Vision Jeunesse Nouvelle bo mu karere ka Rubavu bafatanyije n’umuryango Hope Ethiopian Rwanda, tariki 18/05/2012, basuye inkambi ya Nkamira irimo impunzi z’Abanyekongo bagamije kubaka ikizere n’ibyiringiro by’ubuzima mu rubyiruko ruba muri iyo nkambi.
Abaturage bo mu mudugudu wa Ryabitana, akagari ka Gihinga mu murenge wa Gacurabwenge, tariki 16 na 19/05/2012 bafatanyirije hamwe gukora umuganda wo gusana umuhanda no kubaka ibiro by’akagari byari byarangijwe n’ibiza.
Bazirasa w’imyaka 31 y’amavuko utuye mu mudugudu wa Bukanka, akagali ka Kagoma, umurenge wa Gakenke yatwitse inzu ye tariki 18/05/2012 kubera ko umugore yanze kumuha amafaranga yo kunywera inzoga.
Umunyamabanga w’ishirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda, Gasingwa Michel, avuga ko buryo bubiri bwo kumenya niba igitego cyinjiye mu izamu buzakoreshwa buzagabanya ibibazo biri kugaragara mu mupira.
Imodoka ebyeri zari zitwaye abahanzi bo muri Primus Guma Guma bari baje kwiyereka abakunzi babo mu karere ka Nyagatare zagonganye tariki 19/05/2012 ahagana masaa mbiri n’igice z’umugoroba ariko ku bw’amahirwe nta wakomeretse.
Perezida wa Sena, Dr. Ntawukuriryayo Jean Damascene aherekejwe n’abasenateri, kuri uyu wa gatandatu tariki 19/05/2012, bifatanyije n’abaturage bo mu Murenge wa Cyabingo, mu Karere ka Gakenke mu muganda wo gukora amaterasi.
Abaturage bo mu kagali ka Nkomero, mu murenge wa Mukingo, mu karere ka Nyanza, bamaze icyumweru nta serivizi babona kubera ko ibiro by’ko kgli byafunze nta mukozi ugikora.