Umukobwa witwa Mukanyonga Laurence wo mu murenge wa Muko mu karere ka Gicumbi wibye ababyeyi be inka maze ajya kuyikwa rwihishwa umuhungu bakundana.
Umunyarwandakazi Beatrice Munyenyezi azatangira kwitaba ubucamanza tariki 22/02/2012 i New Hampshire muri Leta zunze ubumwe za Amerika kugira ngo yiregure ku byaha aregwa birimo ibyaha bya Jenoside yakorewe abatutsi mu Rwanda ndetse no kubeshya inzego z’abinjira muri Amerika.
Minisiteri y’Ubuzima yatanze moto 237 ku bigo nderabuzima, ibitaro byo mu turere twose tw’igihugu n’ibigo bitanu bitegamiye kuri Leta bikorana nayo, mu rwego rwo gufasha abakangurambaga b’ubuzima gukurikarana gahunda zijyanye no kuzamura ireme ry’ubuzima mu Rwanda.
Umutoza w’Amavubi atarengeje imyaka 20, Richard Tardy, yashyize ahagaragara abakinnyi 19 azifashisha mu mukino wa gicuti uzahuza u Rwanda na Uganda tariki 28/02/2012 kuri Stade Amahoro i Kigali.
Ahitwa Muremure mu murenge wa Nduba mu karere ka Gasabo niho hazajya hamenywa imyanda hagasimbura aho yari isanzwe imenywa i Nyanza.
Raporo yakozwe na komisiyo y’umuryango w’Abibumbye yita ku bukungu muri Afurika (UNECA) igaragaza ko 50% by’imisoro ibihugu by’Afurika byakagombye kwinjiza igendera muri ruswa.
Ubudage bwashyikirije inkunga y’amayero 500 000 (miliyoni 400 z’amafaranga y’u Rwanda) ishami ry’umuryango w’abibumbye ryita ku biribwa (WFP) agenewe gufasha impunzi z’Abanyekongo 54 000 zimaze imyaka 17 mu Rwanda.
Abasirikari 49 b’ Umuryango w’Abibumbye ushinzwe kugarura amahoro mu ntara ya Darfur (UNAMID) bari bafashwe bugwate n’inyeshyamaba za JEM (Justice and Equality Movement) baraye barekuwe tariki 20/02/2012. Harekuwe Abanyasenegali 46 n’abandi batatu baturuka muri Yemen, Rwanda na Ghana.
Ikigo k’igihugu cy’imisoro n’amahoro (Rwanda Revenue Authority) kirakangurira abasoreshwa gusorera ku gihe kugira ngo birinde ibihano.
Itsinda ry’Abanyarwandakazi bakora akazi ko gusifura umupira w’amaguru batoranyijwe n’ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru ku isi (FIFA), bazambikwa ibirango bya FIFA bibahesha uburenganzira bwo gusifura imikino mpuzamahanga ku mugaragaro tariki 24/02/2012.
Inama yahuje ubuyobozi bw’umuryango w’Afurika y’Iburasirazuba (EAC) n’abaterankunga bayo, tariki 20/02/2012, yemeje ko uyu muryango uzakoresha 7 315 000$ (4389000000 Rwfs) mu gushyira mu bikorwa inshingano enye za EAC mu mwaka wa 2012-2013.
Musenyeri Nathan Rusengo Amooti yasimbuye Geoffrey Rwubusisi ku buyobozi bwa Diyosezi y’Abanglikani ya Cyangugu mu muhango wabaye tariki 19/02/2012.
Isuzuma ryakozwe mu karere ka Nyamasheke ku mahame y’uburinganire n’ubwuzuzanye bw’umugabo n’umugore ryagaragaje ko imitangire ya za raporo ikiri hasi mu kugaragaza uko amahame y’uburinganire ashyirwa mu bikorwa.
Guverinoma y’u Rwanda iranyomoza amakuru avuga ko umubano wayo n’u Bufaransa waba wajemo agatotsi, nyuma y’aho yanze ambasaderi mushya Guverinoma y’u Bufaransa yari yohereje mu Rwanda.
Inzego zibungabunga umutekano mu gihugu zatashye ku mugaragaro inzu nshya zizajya zikoreramo mu buryo bwiswe Joint Operations Centre (JOC).
Ingabo 49 z’Umuryango w’Abibumbye ushinzwe kugarura amahoro mu ntara ya Darfur (UNAMID) n’Abanyasudani batatu batawe muri yombi n’inyeshyamba zo mu mutwe wa JEM (Justice and Equality Movement), zibashinja kwinjiza abatasi ku butaka bwabo nta ruhushya.
Minisitiri w’uburezi yashimye ikigo cy’ubushakashatsi mu by’ubuhanga n’ikoranabuhanga (IRST) kuko gikora ubushakashatsi busubiza ibibazo by’abaturage kuko ari inzira nyayo yo kurwanya ubukene.
Abahesha b’inkiko batari ab’umwuga bo mu karere ka Bugesera barahiye tariki 17/02/2012 basabwe gutanga ubutabera bwihuse, bagashishoza kandi bakagisha inama izindi nzego.
Umwanditsi w’Umunyarwandakazi Justine R. Mbabazi, wanditse igitabo yise “This is your time Rwanda” kivuga ko iki ari cyo gihe cy’u Rwanda cyo kwigaragaza, aravuga ko ibyo yanditse muri iki gitabo ari ubuhamya ku Rwanda butavugwa yizera kandi yahagazeho.
Inyubako nyinshi zitangirwamo serivisi mu karere ka Rwamagana nta bubiko buhagije zifite ku buryo bibangamira imitangire ya serivisi zimwe na zimwe; nk’uko byagaragaye mu mu isuzuma ry’imitangire ya serivisi ririmo kubera muri ako karere.
Abanyeshuri ba Ecole Francaise bijeje polisi y’igihugu ko bazafatanya mu kurwanya ikoreshwa ry’ibiyobyabwenge nk’uko byashimangiwe n’umuyobozi w’iri shuri, Michel Bouscarel.
Abajyanama bagize komisiyo y’Imibereho myiza muri Njyanama y’Akarere ka Rwamagana bari muri gahunda yo gusuzuma uko inzego z’ubuzima n’uburezi zitanga serivisi.
Umugore witwa Betty Mbereko wo muri Zimbabwe yatangarije imbere y’inteko mu mudugudu w’iwabo ko atwite inda y’amezi 6 yatewe n’umuhungu we Farai Mbereko kandi bombi bemeza ko bazakomeza kubana nk’umugore n’umugabo.
Umwana w’imyaka 5 bamusanganye gerenade iwabo mu nzu mu gikorwa cyo gusaka cyabaye tariki 19/02/2012, mu murenge wa Miyoze mu karere ka Gicumbi.
Umuyobozi w’ikigo gishinzwe ubushakashatsi ku bukungu bw’Africa muri kaminuza ya Oxford mu Bwongereza (CSAE) avuga ko u Rwanda rukeneye gahunda nshya kugira ngo ruzabashe kugera ku nshingano rwihaye yo kuva mu cyiciro cy’ibihugu bikennye, rukajya mu cy’ibihugu bifite ubushobozi buciriritse (middle – income levels).
Nyiramana Olive wari umaze amezi 10 akorera ikigo nderabuzima cya Remara – Mbogo mu karere ka Rulindo, yafashwe akoresha impamyabushobozi y’impimbano ahita yiyemerera icyaha.
U Rwanda rurateganya kuringaniza urubyaro kugeza ku kigero cya 70% mu mwaka wa 2013 nk’uko bitangazwa na minisiteri y’imari n’igenamigambi (MINECOFIN).
Ikigo cy’igihugu gishinzwe guteza imbere ibihingwa byoherezwa mu mahanga (NAEB) n’abafatanyabikorwa bayo bo mu ntara y’Amajyepfo biyemeje kongera agaciro, umusaruro ndetse n’ubuso buhingwaho icyayi na kawa.
Colin Haba uyobora by’agateganyo ikinyamakuru The Newtimes niwe watorewe kuyobora Ishyirahamwe Nyarwanda ry’Abanyamakuru (ARJ) ryari rimaze igihe kinini rikora nka baringa, mu matora yabaye kuri iki Cyumweru tariki 19/02/2012.
Umukino wahuje Kiyovu Sport na Simba yo muri Tanzania warangiye amakipe yombi anganyije iigitego 1-1. Zari zahuriye mu mukino ubanza wa CAF (condederation Cup), wabereye kuri Stade ya Kigali kuri uyu wa Gatandatu tariki 18/02/2012.
Ikipe ya “Lion e Fer” y’i Kigali yegukanye irushanwa mpuzamahanga ry’umukino wa Rugby ryaberaga mu karere ka Muhanga, ryashojwe kuri uyu wa Gatandatu tariki 18/02/2012, nyuma yo gutsinda Buffalos nayo y’i Kigali ibitego 26 kuri 7.
Abaturage bo mu Mudugudu wa Binunga mu karere ka Muhanga barishimira amazi bahawe, bavuga ko azabagabanyiriza imvune bagiraga bajya kuvoma kure rimwe na rimwe bakayabura. Igikorwa cyo kubafungurira ayo mazi cyabaye kuri uyu wa Gatandatu tariki 18/02/2012.
Abaturage batuye mu Mugonzi mu kagali ka Nyanza gaherereye mu karere ka Nyanza, batewe inkeke n’ikibazo cy’ubujura bwibasira ingo zabo badahari. Abajura bacunga badahari bakiba ibikoresho n’ibindi bintu bifite gaciro.
Urubanza rwa Augustin Ngirabatware wahoze ari Minisitiri w’igenamigambi mu gihe cya Jenoside, ruzasubukurwa tariki ya 20/02/2012. Biteganyijwe ko aribwo abacamanza bazumva abatangabuhamya babiri bamushinjura.
Amasoko ya Muyogoro na Sovu yo mu Karere ka Huye amaze igihe gito yubatswe yatumye hafungwa andi abiri ya Matyazo na Gako yari asanzwe akora, kubera ko atitabiriwe nk’uko byari byitezwe yubakwa ahubwo abaturage bakomeza kwiremera ayo bari bamenyereye.
Amahugurwa yigaga ku iterambere ry’ibihugu biba bivuye mu bihe by’intambara, yahuzaga intumwa 32 ziturutse hirya no hino muri Afurika, yaberaga i Nyakinama, kuri uyu wa gatandatu tariki 18/02/2012 yasojwe abayitabiriye basabwa gushyira mu bikorwa ibyo bayigiyemo, bateza imbere Afurika.
Ku bitaro bya Nyanza habereye igikorwa cyo gusiramura abagabo 40 bari hagati y’imyaka 15 na 49 ku bushake. Igikorwa cyabaye kuri uyu wa Gatandatu tariki 18/02/2012, cyari kigamije gushyira mu bikorwa gahunda za Minisiteri y’ubuzima yo kurwanya ikwirakwiza ry’ubwandu bwa SIDA n’izini ndwara zandurira mu mibonano mpzabitsina.
Perezida Kagame yitabiriye inama igamijwe kwiga k’umutekano w’Afurika wugarijwe n’imitwe yitwaje ibirwanisho ikomeje guhungabanya umutekano. Ku munsi w’ejo tariki 18/02/2012 nibwo yerekeje i Benin, aho iyi nama yatumijwe n‘umukuru w’Afurika yunze Ubumwe Perezida Yayi Boni izateranira.
Igikorwa cyo gutora abahanzi 10 bazahatanira PGGSS II kizatangira kuri uyu wa mbere tariki 20/02/2012 kirangire tariki 14/03/2012. Abazaza mu icumi ba mbere baza tangazwa tariki 17/03/2012 muri Serena Hotel i Kigali.
Umuriro w’amashanyarazi wa EWSA watwitse ibintu bitari bike mu gasantere ka Kidaho mu murenge wa Cyanika ho mu karere ka Burera ubwo hazaga umuriro mwinshi uyu munsi tariki 18/02/2012 mu ma saa tatu za mu gitondo.
Umugabo uzwi ku izina rya Mandela afungiye kuri sitasiyo ya Polisi ya Gahunga aregwa kwiba ibiro 102 by’ibishyimbo nyuma yo kwica urugi rw’inzu ibyo bishyimbo byari bibitsemo.
Nyuma y’igihe kirekire cyane itsinda KGB (Kigali Boyz) ritagaragara mu ruhando rwa Muzika, ubu ryagarutse.
Amashuri yigisha ababyeyi kwita ku mirire y’abana babo mu rwego rwo kurwanya indwara ziterwa n’imirire mibi arimo gutanga umusaruro kuko abana bari bafite icyo kibazo bari kugenda bamera neza.
Abaturage b’akarere ka Rwamagana bivuriza ku kigo nderabuzima cya Murambi baravuga ko badashobora kuzigera batseta ibirenge mu kwitabira gahunda y’ubwisungane mu kwivuza kubera ukuntu ibafasha mu kwivuza n’imiryango yabo.
Ubuyobozi bw’akarere ka Muhanga burasaba abarimu kudakora nk’abacanshuro ahubwo bagakora babikuye ku mutima kugirango batange umusaruro ugaragara.
Minisiteri y’ubutabera igiye kwiga ku bibazo by’abagororwa n’imfungwa zo mu ma gereza yo mu karere ka Nyamabage nk’uko byatangajwe n’intumwa ya Leta yungirije ubwo we n’intumwa yari ayoboye basuraga Gereza ya Gikongoro tariki 14/02/2012.
Inzoka zo mu nda, amenyo ndetse n’amaso nizo ndwara zibasiye benshi mu bantu 541 biganjemo abana bo mu murenge wa Nyamiyaga mu karere ka kamonyi bavuwe n’itsinda ry’abaganga baturutse mu bitaro bya gisirikare i Kanombe.
Ubuyobozi bw’akarere ka Huye biratangaza ko bwizeye ko amafaranga miliyoni 800 kiyemeje kwinjiza gakuye mu misoro kazayageraho nubwo hari abacuruzi bamwe na bamwe bagiye bareka uwo murimo batinya imisoro mishya akarere kenda gushyiraho.
Imiryango 16 y’abantu 75 bakuwe mu byabo no kurigita k’umusozi wa Kibingo mu kagari ka Musezero mu murenge wa Rwaza, akarere ka Musanze barasaba gufashwa kugira ngo babashe kubaka amazu babamo kuko ubu bacumbitse ku baturanyi.