Uwari uhagarariye Umuryango w’Abibumbye (UN) mu Rwanda, Aurelien Agbenonci, aratangaza ko abona manda ye yarihuse kubera imikoranire myiza yagiranye na Leta y’u Rwanda mu myaka ine ahamaze.
Minisitiri James Musoni arasaba Njyanama z’uturere kurangwa no guhanga udushya mu miyoborere myiza ariko ikiruseho zikarangwa no kuvugira abaturage bazitoye.
Minisitiri w’Ingabo James Kabarebe aratangaza ko umugabo agira imbaraga nyinshi ariko ko hari imbaraga atagira zigirwa n’umugore kuko imirimo umugore yirirwa akora abagabo bake ari bo bayishobora.
Polisi yo mu karere ka Kirehe yafashe imifuka itanu y’urumogi yatawe n’abantu bikanze abana bari bagiye mu rutoki aho abo bantu bari bihishe.
Sosiyeti itwara abantu mu ndege yo muri Portugal yitwa TAP yasinyanye amasezerano na South African Airways (SSA) yo muri Afurika y’Epfo mu rwego rwo korohereza abagenzi bayo kugera aho itageraga ariko hagerwa na SAA harimo no mu Rwanda.
Ubwo yasuraga akarere ka Ruhango, tariki 07/03/2012, ambasaderi wa Leta Zunze Ubumwe z’Amerika mu Rwanda yashimye ko mu Rwanda hari abaturage bagira uruhare rukomeye mu iterambere ry’igihugu.
Leta ya Canada irateganya kohereza Umunyarwanda Télesphore Dereva mu Rwanda kugira ngo anyuzwe imbere y’ubutabera bw’u Rwanda ku byaha aregwa byo kuba yarabaye mu mutwe w’Interahamwe.
Umufasha wa Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Jeannette Kagame, arasaba abana b’abakobwa kwigirira icyizere bagatsinda amasomo ya bo neza bakareka kwitinya no guheranwa n’amateka yaranze abana b’abakobwa bari barahejwe mu burezi hakiga abana b’abahungu gusa.
Ubushakashatsi bwakozwe ku turemangingo tw’ingagi y’ingore yo muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika bwagaragaje ko ingagi n’abantu bahuje byinshi mu turemangingo (DNA) nubwo bwose hashize imyaka irenga miliyoni 10 umuntu n’ingagi batandukanye.
Umuhanzi Ngabo Medard uzwi ku izina rya Meddy ubu uri kubarizwa muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika aratangaza ko akumbuye u Rwanda ndetse n’abafana be ku buryo ashaka kugaruka mu Rwanda agakoresha igitaramo.
Umusore witwa Gumureki Safari utuye mu murenge wa Butaro, mu karere ka Burera ubu nta munwa wo hasi afite nyuma yo kurumwa n’umugizi wa nabi akawukuraho wose.
Mu rwego rwo gukomeza guhashya ikoreshwa ry’ibiyobyabwenge mu karere ka Burera, tariki 07/03/2012 mu murenge wa Gatebe akagari ka Musenda hamenywe litiro 605 za kanyanga ndetse n’amagarama 60 y’urumogi.
Leta y’u Rwanda irateganya ko mu myaka itanu hazaba hari imirimo igera kuri miliyoni 1.7; nk’uko byatangajwe na Minisitiri w’Ubucuruzi n’Inganda mu kiganiro n’abanyamakuru kuri uyu wa Gatatu tariki 07/03/2012. Muri 2011 mu rwanda habaruwe imirimo ibihumbi 500.
Sosiyete icuruza serivise zo kurinda umutekano yitwa G4S yagurishije ibikorwa byayo mu Rwanda ku yindi sosiyete ikora ako kazi yitwa KK Security.
Uganda irateganya guha ubwenegihugu Abanyarwanda baba muri icyo gihugu batujuje ibyangombwa byo kwitwa impunzi cyangwa se badashaka gutaha mu Rwanda; nk’uko byatangajwe n’Ibiro bya minisitiri w’Intebe muri Uganda.
Carlos Slim, umugabo w’imyaka 72 wo muri Mexique, ku nshuro ya gatatu, yongeye kuza ku mwanya wa mbere mu bantu bakize ku isi. Afite umutungo ungana n’akayabo ka miliyari 69 z’amadorari y’Amerika.
Uruhinja rw’ukwezi kumwe rwo mu murenge wa Musebeya mu karere ka Nyamagabe rwitabye Imana ruzize imvura nyinshi yaguye mu mpera z’icyumweru cyarangiye tariki 04/03/2012 muri ako karere. Ibindi byangiritse ni amazu 23, ihene 22, ingurube 19 n’intama 2.
Isonga FC, ikinisha abakinnyi 10 gusa, yatunguye APR FC iyitsinda ibitego 2 kuri 1 mu mukino w’umunsi wa 14 wa shampiyona wabereye kuri Stade Amahoro i Remera tariki 07/03/2012.
Police FC yatsinzwe na Nyanza FC ibitego 2 ku busa i Nyanza kuwa gatatu tariki 07/03/2012, bituma inganya amanota na Mukura yari iyikurikiye ku rutonde rwa shampiyona.
Raporo y’ikoreshwa rya interineti n’umuvuduko wayo, yashyize u Rwanda ku mwanya wa kane muri Afurika mu kugira internet yihuta.
Nubwo bubakiwe inzu yo kubyariramo n’ikigo cyo gupima ubwandu bwa SIDA ku bushake (VCT), ishami ry’ikigo nderabuzima cya Mahoko (poste de santé) riherereye mu murenge wa Kanama, akarere ka Rubavu riratangaza ko hakiri ibibazo byo gukemurwa.
Mu rwego rwo gushishikariza abatuye akarere ka Rulindo kwishingana mu buvuzi, ubuyobozi bw’ akarere buravuga ko hakwiye kurushaho gutangwa inyigisho ku kamaro ka mitiweli, kuko imyumvire ikiri hasi ari kimwe mu bidindiza iki gikorwa.
Mu rwego rwo kumenya no gukemura ibibazo by’ihohoterwa bigaragara mu muryango Nyarwanda, Minisiteri y’Uburinganire n’Iterambere yatangije gahunda yise “Akagoroba k’ababyeyi” kagamije guhuriza hamwe ababyeyi bakaganira ku bibazo bahura na byo mu ngo zabo.
Ubuyobozi bw’akarere ka Kayonza buragira inama abaguze amasambu n’abayahawe muri gahunda y’isaranganywa kubegera bakabasubiza amafaranga yabo kuko bashobora kuzabihomberamo.
Komisiyo y’igihugu y’amatora irasaba abanyeshuri biga mu mashuri yisumbuye na kaminuza gufata iya mbere mu kwimakaza demokarasi n’imiyoborere myiza binyuze mu matora.
Inzu y’umugabo witwa Abdou Maniragaba wo mu Kagali ka Gatare, mu Murenge wa Nyarugenge mu Karere ka Nyarugenge yafashwe n’umuriro kubera buji atari yajimije ariko Imana ikinga akaboko ntiyangirika.
André Gasambongo yabonye amanota atatu ye ya mbere kuva yatangira gutoza AS Kigali muri Mutarama uyu mwaka. Yabigezeho atsinze Marine FC igitego 1 ku busa mu mukino wa shampiyona wabereye kuri Stade ya Kigali i Nyamirambo kuwa kabiri tariki ya 6 Werurwe.
Nkurikiyinka Jean Marie wahoze ari umuforomo mu bitaro bya Nyanza kuva tariki 02/03/2012 yaratorotse nyuma yo kurangarana ubuzima bw’umubyeyi n’umwana atwite bose bakahasiga ubuzima.
Amakimbirane ashingiye ku micungire mibi y’umutungo w’Umuryango uharanira Imibereho myiza y’Umuryango (ARBEF) akomeje gufata indi ntera kuko ibice bibiri birwanira ubuyobozi bikomeje kwitana ba mwana.
Hakenewe ibikoresho bihagije bya gisirikare, abasirikare bajijutse kandi bafite imibereho myiza kugira ngo barinde umutekano w’akarere; nk’uko byatangajwe n’impuguke mu bya gisirikare ziteraniye i Kigali mu nama ihuje ibihugu bigize umuryango w’Afurika y’Iburasirazuba (EAC).
Abanyeshuri bagera kuri batandatu bo mu ishuri ryisumbuye rya Don Bosco ry’i Kabarondo bamaze gufatwa n’indwara yayoberanye. Abo banyeshuri bafashwe n’iyo ndwara bagaragaza ibimenyetso bimeze nk’ihungabana bikajyana no kugaragaza imyitwarire idasanzwe.
Umugabo witwa Ndayisaba Oreste afungiye kuri station ya polisi ya Ruhuha mu karere ka Bugesera akekwaho icyaha cyo kuvogera urugo rwa Murigande Alexis no kumusambanyiriza umugore. Murigande nawe arafunze kubera icyaha cyo kwihanira.
Urukiko Mpanabyaha Mpuzamahanga Rwashyiriweho u Rwanda (ICTR) rwategetse ko Tharcisse Muvunyi afungurwa kuko yari amaze kurangiza ¾ by’imyaka 15 yakatiwe ; nk’uko itangazo ryashyizweho umukono na perezida w’urukiko tariki 06/03/2012 ribivuga.
Ubushinjacyaha bw’urukiko mpanabyaha mpuzamahanga rwashyiriweho u Rwanda (ICTR) bukomeje kugaragaza uburyo uwahoze ari minisitiri w’imigambi ya Leta, Augustin Ngirabatware, yabeshye mu buhamya yatanze yiregura.
Uretse gucunga umutekano, ingabo z’u Rwanda ziri mu butumwa bw’amahoro i Darfur zirashimirwa ibindi bikorwa by’iterambere birimo amashuri zimaze kugeza ku baturage batuye mu gace zikoreramo.
U Rwanda nicyo gihugu cya mbere ku isi abagore bakoramo politiki nta mbogamizi zishingiye ku gitsina bakorewe.
Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, yasoje umwiherero wa 9 w’abayobozi bakuru b’igihugu waberaga i Gako mu karere ka Bugesera abasaba kumenya inshingano zabo kugira ngo babashe kwesa imihigo.
Ubwo hasozwaga umwiherero wa 9 w’abayobozi bakuru b’igihugu tariki 06/03/2012, abaminisitiri ndetse n’abahagarariye u Rwanda mu bihugu by’amahanga basinye amasezerano y’imihigo na Perezida wa Repubulika y’ibyo bazageraho bitarenze umwaka wa 2012.
Urukiko rwa Gisirikare rwakatiye Sgt/Major Nzirasanabo Gilbert na Caporal Ngabonziza Ramazan gufungwa burundu no gusubiza amafaranga miliyoni enye n’ibihumbi 641 bafatanwe nyuma yo kwiba kwa Munsasire Celestin utuye mu gasantere ka Gihengeri mu murenge wa Mukama mu karere ka Nyagatare tariki 28/02/2012.
Umunyarwandakazi Akamanzi Clare ushinzwe ibikorwa mu kigo cy’igihugu cy’iterambere (RDB) yahawe igihembo nk’umwe mu bayobozi bakiri bato bagaragaje ibikorwa by’indashyikirwa mu guhindura isi (Young Global Leaders).
Abaturage batuye mu misozi ihanamye mu karere ka Muhanga batangaza ko bahangayikishijwe n’imvura imaze iminsi igwa kuko ishobora gutera inkangu zigahitana ubuzima bw’abantu.
Abanyarwanda 20% gusa nibo batuye mu mijyi mu gihe u Rwanda ruteganya ko muri 2020 bazaba bageze kuri 30%.
Imodoka y’ikamyo ntoya ifite numero RAB 226 I yahirimye nta kiyigushije kigaragara ahitwa kuri station ya AVEGA muri Rwamagana igwira umuntu ahita ajyanwa ku bitaro bya Rwamagana.
Ibiganiro byo ku munsi wa gatatu w’umwiherero uhuriwemo n’abayobozi bakuru b’igihugu ubera mu karere ka Bugesera byibanze ku guhanga umurimomu Rwanda. Abayobozi basanze hacyenewe nibura guhangwa imirimo ibihumbi 200 buri mwaka, kongera ubumenyi n’ingufu z’amashanyarazi kugira ngo ishoramari ryiyongere.
Abantu bakuru n’abana bavukanye ubumuga bw’ibibari bagiye kuvurirwa ubuntu, muri gahunda yatangijwe n’umuryango Operation Smile wo muri Afurika y’Epfo (OSSA) ufatanyije na Minisiteri y’Ubuzima. Iki gikorwa kizababa tariki 15-25/03/2012.
Umuryango wa Makombe wo mu murenge wa Muhororo mu karere ka Ngororero, urashinja komite nyobozi y’aka karere kudashyira mu bikorwa umwanzuro inama njyanama y’aka karere iherutse gufata ku bijyanye n’amasambu uyu muryango uburanira.
Umwana w’imyaka 13 y’amavuko witwa Mbarushubukeye Claude ubu aba mu muhanda nyuma yo kwirukanwa mu rugo n’umugabo witwa Nyandwi winjiye nyina.
Ubuyobozi b’ishuri rikuru ry’ubuhinzi rya Kibungo (INATEK) buratangaza ko zimwe mu ngamba zafashwe zo gukumira umuco wo gukopera mu bizamini ari ukubuza abanyeshuri kwinjirana amaterefone mu bizamini.