Francois Rusagara, utwara moto ifite purake RB 781 T, ukorera mu karere ka Ruhango yagonze umwana arakomereka bikabije ku mugoroba wa tariki 28/04/2012 kubera umuvuduko mwinshi.
Abanyeshuli b’Abanyarwanda baba muri Pologne bafatanyije na University of Lodz, tariki 26/04/2012, bibutse ku nshuro ya 18 Jenoside yakorewe Abatutsi. Herekanywe film hanatangwa ikiganiro hagamijwe gusobanura no kumenyekanisha uko Jenoside yagenze.
Uwitonze François wo mu mudugudu wa Rubona, akagari ka Nyarusange mu murenge wa Kirimbi ho mu karere ka Nyamasheke yitabye Imana tariki 27/04/2012 nyuma yo kugwa mu mukingo ahagana mu masaha ya saa moya (19h00) z’umugoroba.
Ubuyobozi bwa Police FC buratangaza ko nta mukino busigaje gukina n’Isonga FC muri shampiyona y’uyu mwaka, kuko igihe umukino wagombaga kubera Police yakoze ibisabwa ariko Isonga yo ikanga kuza ku kibuga gukina uwo mukino.
Umunyamabanga nshingwabikorwa w’umurenge wa Janja mu karere ka Gakenke, Buradiyo Theogene, yahagaritswe ku kazi by’agateganyo kuva tariki 20/04/2012 kubera amakosa atandukanye agendanye n’akazi.
Minisitiri w’urubyiruko atangaza ko urubyiruko rudakwiye gutegereza amahugurwa kugira ngo rwihangire imirimo iruteza imbere kuko amahugurwa atari kampara kugira ngo ushaka kugira icyo ageraho akigereho.
Polisi ikorera mu karere ka Rutsiro, mu gikorwa cy’umuganda rusange cyabereye mu murenge wa Nyabirasi tariki 28/04/2012, yashyikirije inkunga ubuyobozi bw’akarere amafaranga ibihumbi 300 yo gufasha abantu 100 batishoboye kubona mitiweli.
Minisitiri w’ubutegetsi bw’igihugu (MINALOC) yemereye Intore z’abakangurambaga b’imibereho myiza amaradiyo na telefone kugira ngo bijye bibafasha mu kazi kabo bashinzwe.
Umugore umenyerewe gukina amafilimi asekeje (Comedie) muri Hollywood n’umugabo we bari gukorera ibiruhuko mu Rwanda, aho banasuye inzu ndangamurage y’u Rwanda iherereye mu karere ka Huye mu ntara y’Amajyepfo.
Abana barenga ijana bakoreweho ihohoterwa muri bo abagera kuri 20% gusa nibo ibibazo byabo byamenyekanye, nk’uko byatangajwe n’umukuru wa Polisi mu ntara y’Amajyepfo, nyuma y’ibikorwa cy’umuganda wabereye mu karere ka Huye.
Umuyobozi w’ishyirahamwe ry’imikino y’abamugaye mu Rwanda (NPC), Diminique Bizimana n’umwungirije Elie Manirarora ubu bari muri Soudan y’Amajyepfo aho bagiye gutangiza imikino y’abamugaye muri icyo gihugu gishya ku isi.
Abagabo batatu bakora umukino wo gusiganwa ku magare, kuri uyu wa Gatandatu batangiye urugendo rwa kirometero 6.000 ruzarangirira mu Rwanda bakoresheje amagare. Batangaza ko urwo rugendo rugamije gukusanya inkunga yo kugura ibikoresho by’uburezi bwa siporo byagenewe abana b’u Rwanda.
Impunzi z’Abakongomani zigera ku 170 zimaze kugera ku butaka bw’u Rwanda, kubera umutekano muke n’imirwano hagati y’ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo n’imitwe y’inyeshyamba.
Abayobozi b’ibihugu bigize Umuryango w’Afurika y’Iburasirazuba bari bahuriye mu nama idasanzwe, yaberaga i Arusha muri Tanzania, bemeranyije kugira ubufatanye no gutabarana mu gihe hari igihugu gisagaririwe n’ikindi kitari muri uwo muryango.
Amagambo umunyamakuru wa Radio Huguka witwa Habarugira Epaphrodite, ashinjwa ko yavuze, yuzuyemo ingengabitekerezo ya Jenoside, ashobora kuba yarayavuze yanyweye inzoga, bitewe n’uko yakurikiranyije interuro ubwo yasomaga amakuru.
Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA), ryamaze gushyiraho akanama gashinzwe gukurikirana ikibazo cyatejwe n’umukino w’ikirarane wagombaga guhuza ikipe y’Isonga FC n’iya Police FC ariko ntube impande zombi ntizibivugeho rumwe.
Umuyobozi w’uruganda Nokia rukomeye, rumaze igihe ari urwa mbere ku isi mu gukora amatelefoni agendanwa menshi yemereye televiziyo MTV3 yo mu gihugu cya Finland ko kompanyi ye yamaze gutakaza umwanya wa mbere mu kugurisha amatelefoni menshi.
Guverineri w’intara y’amajyaruguru, Aime Bosenibamwe, arashima uburyo w’abanyeshuri barokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 (AERG), uburyo ifasha abo banyeshuri ibakura mu bwigunge ari nako ibafasha kongera kwiyubaka.
Impaka z’abagomba kugaragara mu kibuga zikomeje kuba ndende, mu gihe imyiteguro y’umukino w’umupira w’amaguru ugomba guhuza abanyamakuru bakora mu myidagaduro n’abahanzi bari muri PGGSS 2 uzaba kuri iki Cyumweru igeze kure.
Abakora umurimo wo kwicuruza mu karere ka Huye, bazwi ku izina ry’Indaya, bavuga ko hari aba Local Defences bashinzwe umutekano bajya babasaba kuryamana bakanabaka amafaranga, kugira ngo batabashyikiriza Polisi ikabafunga.
Urwego rw’ubuhinzi n’urw’inganda bikomeje gutera imbere kubera impinduka zakozwe na guverinoma, biri mu bizatuma ubukungu bw’u Rwanda bwiyongera uyu mwaka kurusha umwaka ushize, nk’uko bitangazwa na Guverineri wa Banki Nkuru, Ambasader Claver Gatete.
Karla Vanessa Perez ukomoka muri Mexique ari mu bitaro aho ategerereje kubyara impanga z’abana icyenda, abakobwa batandatu n’abahungu batatu, azibaruka tariki 20/05/2012, nk’uko bitaganywa n’abaganga.
Mu Rwanda hari gukorwa ubushakashatsi bugamije kureba imbogamizi abakoresha ikoranabuhanga n’itumanaho, ndetse n’icyizere bafitiye amakompanyi acuruza iyo miyoboro ya internet na telefone.
Ababa n’abagenda mu Mujyi wa Kigali barakangurirwa kwihutira kugeza ku buyobozi n’abari mu nzego z’umutekano amakuru y’ibiteye impungenge byose babona ntacyo basuzuguye, nk’uko byemerejwe mu nama ya Komite y’umutekano y’Umujyi wa Kigali yateranye kuri uyu wa Gatanu tariki 27/04/2012.
Rayon Sport yugarijwe n’ibibazo by’ubukungu, kuri iki Cyumweru tariki 29/04/2012 kuri Stade Amahoro i Remera, iracakirana na mukeba wayo APR FC irajwe ishinga no kongera gutwara igikombe cya Shampiyona.
Emmanuel Gatorano wari ushinzwe iterambere ry’abaturage mu kagali ka Rubona, mu Karere ka Ruhango, yamaze gutoroka nyuma y’aho tariki 23/04/2012 atahuriweho ko yibye imifuka itatu y’ifumbire yari igenewe abaturage.
Perezida Kagame zitabira inama idasanzwe y’abakuru b’ibihugu bigize akarere k’Afurika y’Iburasirazuba, yiga kuguteza imbere ubufatanye mu kwihutisha ibicuruzwa bitinda mu nzira bijya mu bihugu bidakora ku Nyanja.
Abakozi bakora muri Call Center ya MTN basuye impfubyi za Jenoside mu mudugudu wo ku Nyenyeri, umurenge wa Rubengera mu karere ka Karongi babashyikiriza inkunga y’ibikoresho byo mu rugo bihwanye na miliyoni ebyiri mu gikorwa bise One Agent One Orphan.
Perezida wa FC Barcelone, Sandro Rosell yatangaje ku mugaragaro ko Tito Vilanova wari umutoza wungirije wa Guardiola ariwe wagizwe umutoza mushya wa FC Barcelone kuva uyu munsi ndetse no muri saison itaha.
Ikigo cy’igihugu gishinzwe imisoro n’amahoro mu Rwanda (Rwanda Revenue Authority) cyatangaje ko cyinjije amafaranga miliyari 428.4 ugereranyije na miliyari 397.3 yari yateganyije kwinjiza mu mezi 9 ashize (kuva muri Nyakanga 2011 kugeza muri Werurwe 2012). Amafaranga RRA yinjije arengaho 7% by’ayo yari yateganyije kwinjiza (…)
Urubyiruko rwibumbiye muri koperative SYCEP mu karere ka Gisagara umurenge wa Save ruratangaza ko rumaze kugera kuri byinshi rubifashijwemo n’umushinga IREX/USAID Youth for Change: Building Peace in Rwandan Communities.
Urukiko rw’ikirenga rwa Danmark rwemeje ko Umunyarwanda Emmanuel Mbarushimana uba muri icyo gihugu azaburanishwa icyaha cya Jenoside bitandukanye n’icyemezo cyari cyarafashwe n’urundi rukiko rwari rwemeje ko azaburanishwa ku byaha by’ubwicanyi gusa.
Abantu 5 bafungiye kuri polisi ya Kiramuruzi bakurikiranyweho icyaha cyo kwica Rwabukanga, umusore w’imyaka 17 wari umunyeshuri ku ishuri ryisumbuye rya Gakoni. Bamurange Afissa, umwe mu bafunze amaze kwemera icyaha nubwo hari abandi bafunganywe batarabyemera.
Minisitiri w’Intebe asanga abantu bahabwa serivisi mbi bakabyemera aribo batuma gutanga serivisi mbi bidacika mu Rwanda.
Karekezi Olivier ukinira APR FC ni uwa 43 ku rutonde rw’abakinnyi 45 b’Abanyafurika bahembwa akayabo ku isi yose, akaba uwa gatatu uhembwa menshi mu bakinira ku mugabane wa Afurika. Karekezi ahembwa amafaranga y’u Rwanda akabakaba miliyoni 45 ku mwaka.
Abanyarwanda bakorera Arusha muri Tanzaniya, tariki 26/04/2012, bifatanyije hamwe n’abandi baturage mu kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994.
Pep Guardiola yaba yamaze gusezerera abakinyi be ba FC Barcelone muri iki gitondo cyo kuwa gatanu tariki 27/04/2012. Yabwiye abakinnyi ati “Bahungu banjye,ndasezeye muri Barca”.
Guverinoma y’u Rwanda irishimira umusaruro uva ku bucukuzi bw’amabuye y’agaciro ariko ikanenga ishyirwa mu bikorwa rya gahunda yo guhuza ubutaka ridakorwa neza bigatuma ibiribwa bitiyongera cyane.
Gasinzigwa Fabien yatsindiye isambu yaburanaga na Mugunga Kayitare Alexis tariki 23/03/2012 mu rukiko rwa Nyanza, ariko ngo kugeza n’ubu ntarabona uwamuhesha ibye.
Kuva yagezwa mu Rwanda, Pasteur Uwinkindi Jean yitabye bwa mbere urukiko tariki 26/04/2012 asomerwa urutonde rw’ibyaha akurikiranyweho aribyo Jenoside n’itsembatsemba nk’icyaha cyibasiye inyoko muntu.
Abantu batatu bitabye Imana abandi barakomereka bikomeye mu mpanuka y’imodoka ebyiri zagonganiye mu mudugudu wa Ruyenzi, umurenge wa Runda mu karere ka Kamonyi, ku mugoroba wa tariki 25/04/2012.
Michel Halbwachs washinze isosiyeti yitwa Data Environnement icukura gaz methane mu kiyaga cya Kivu yanze ku mugaragaro umudari w’ishimwe yahawe na Allain Juppé, minisitiri w’ububanyi n’amahanga mu Bufaransa kubera ko iyo minisiteri yanze kumufasha mu bikorwa bye mu Rwanda kandi yari ibishoboye.
Ubwo abakinnyi ba Rayon Sport bari barangije imyitozo, tariki 26/04/2012, ku kibuga Rayon Sport ikoreraho imyitozo giherereye ahahoze hitwa muri ETO Kicukiro bagiranye inama n’abafana mu rwego rwo kubagaragariza ibibazo bafite bikunze no gutuma batitwara neza.
Shampiyona y’icyiro cya kabiri irimo kwegereza umusozo; nyuma yo gukina imikino yo mu matsinda, ubu shampiyona igeze muri ¼ cy’irangiza, amakipe ane yazamutse muri buri tsinda akaba yaramaze kumenyekana.
Mu gihe shampiyona isigaje imikino itatu ngo igere ku musozo, Ruremesha Emmanuel wari umutoza wa La Jeunesse yeguye ku mirimo ye naho Sogonya Hamis watozaga Etincelles asezererwa kubera umusaruro mubi.
Byiringiro Augustin, wari ushinzwe imibereho myiza y’abaturage mu murenge wa Mugombwa mu karere ka Gisagara yitabye Imana tariki 26/04/2012 azize impanuka ya moto.
Nzibavuga Kaniziyo w’imyaka 50 y’amavuko wari utuye mu mudugudu wa Nyabubare, akagari ka Kaburemera, umurenge wa Ngoma ho mu karere ka Huye, yishwe mu ijoro rishyira tariki 26/04/2012 atewe icyuma mu ijosi.
Abatuye akagari ka Karenge mu murenge wa Kibungo mu karere ka Ngoma banenga cyane bamwe mu baturge baturiye irimbi rya Paruwasi riri imbere ya Economant ya Kibungo bazirika ihene muri iryo rimbi.
Minisitiri w’umuco na siporo unafite kwibuka Jenoside yakorewe Abatusti mu nshingano ze, atangaza ko gahunda yo kwibuka Jenoside yakorewe abatutsi itazigera ihagarara.