Imibiri 25000 yashyinguwe mu cyubahiro mu rwibutso rwa Jenoside rwuzuye iruhande rwa Paruwasi Gaturika ya Cyanika mu karere ka Nyamagabe aho izo nzirakarengane ziciwe muri Jenoside yakorewe abatutsi muri Mata 1994.
Abatuye mu gasenteri ka Kabeza mu murenge wa Gahini mu karere ka Kayonza bahangayikishijwe n’ubujura budasanzwe bwadutse muri aka gace. Hari abajura basigaye baza kwiba mu mazu nijoro bakica inzugi bagatwara ibintu byose basanze mu nzu kandi ba nyir’inzu baryamye ntibabyumve.
Umunyeshuli witwa Mungeli Zabuloni wigaga mu kigo cya Nyanza Technical School yirukanwe burundu azira gufata umuyobozi ushinzwe amasomo mu ijosi. Icyemezo cyafashwe n’inama ya komite y’ababyeyi barerera muri icyo kigo yabaye tariki 26/02/2012.
Minisitiri w’Intebe yatanze inkunga ku miryango ibiri yo mu murenge wa Kinzuzi, akarere ka Rulindo, mbere yo kwifatanya n’abahatuye mu gikorwa cy’umuganda ngaruka kwezi wabaye tariki 25/02/2012.
Muri kaminuza Gatorika y’u Rwanda iri mu murenge wa Save mu karere ka Gisagara, hatangijwe ku mugaragaro umuryango w’abanyeshuri bacitse ku icumu rya Jenoside yo muri mata 1994 (AERG/IJABO).
Minisitiri w’ubutegetsi bw’igihugu, Musoni James, yihanangirije abayobozi bo mu Ntara y’Amajyepfo ko Guverinoma y’u Rwanda itazihanangira na gato abayobozi bahutaza abaturage. Yabibukije ko bashyizweho kugira ngo bafashe abaturage gutera imbere aho kubagirira nabi.
Abasenateri 13 n’abadepite 2 ndetse n’abayobozi b’akarere ka Nyamagabe bafatanyije n’abaturage bo mu murenge wa Cyanika gutegura ahazashyingurwa imibiri y’abazize Jenoside yakorewe abatutsi mu 1994.
Abanyarwanda babiri, Ruhumuriza Abraham na Uwimana Jeannette, nibo begukanye ibihembo bya mbere mu irushanwa ryo gusiganwa ku magare ryiswe Criterium de Rwamagana ku cyumweru tariki 26/02/2012.
Abayobozi b’umujyi wa Gisenyi mu Rwanda na Goma muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo biyemeje kuzajya bahana amakuru ku mibare y’icyorezo cya Kolera kiri guca ibintu mu mujyi wa Goma.
Uhagarariye Somalia mu Rwanda yatangaje ko yiteguye gukora igishoboka cyose kugira ngo afashe urubyiruko rw’u Rwanda kugeza ku Banyasomaliya inkunga rwabageneye.
Polisi ya Kinazi mu karere ka Ruhango yataye muri yombi umusore witwa Ngezahoguhora Alphonse, tariki ya 25/02/2012, ubwo yafatirwaga mu cyuho afite udupaki 88 tw’urumogi.
Mu rukerera rwo kuwa gatandatu tariki 25/02/2012 imodoka yo mu bwoko bwa Toyota Hiace ifite nimero RAC 754 A yajyaga Kigali yakoreye impanuka mu karere ka Musanze ahitwa kuri Koncaseri ikomeretsa abantu 3 bari bayirimo inangiza inzu.
Kubera ko akunda Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, umubyeyi witwa Mpinganzima Zayinabu utuye mu murenge wa Busasamana mu karere ka Nyanza yabyaye umwana w’umuhungu amwita Paul Kagame.
Mu mukino wa mbere wa play off mu rwego rw’abagabo, Kigali Basketball Club (KBC) yatsinze KIE amanota 78 kuri 45 mu mukino wabereye muri Gymnase ya kaminuza y’u Rwanda i Huye tariki 25/02/2012.
Minisitiri muri Perezidanse ushinzwe itumanaho n’ikoranabuhanga, Ignace Gatare, yifatanyije n’abaturage bo mu karere ka Musanze mu muganda ngaruka kwezi bawusoza bungurana ibitekerezo. Abaturage bishimiye ko n’abayobozi bo mu nzego zo hejuru babegera bagakorana.
Ihuriro Nyarwanda riharanira kubungabunga ikibaya cy’uruzi rwa Nili (NBDF) ryifatanije n’abaturage bo mu murenge wa Nyamata y’Umujyi mu karere ka Bugesera batera ibiti ku nkenyero z’ikiyaga cya Kamatana, tariki 25/02/2012, mu rwego rwo kwizihiza umunsi
Abanyeshuri bigaga mu kigo cy’amashuri yisumbuye cyitwa PTC (Professional Training Center) giherereye mu karere ka Musanze, bari baroherejwe iwabo nyuma y’uko icyo kigo bagifunze kubera kutuzuza ibyangombwa, ku wa gatatu tariki 22/02/2012 bashubijwe amafaranga bari barishyuye nk’uko byari biteganyijwe.
Umusore witwa Iyamuremye bakundaga kwita “Kagina” basanze yapfiriye mu icumbi yari atuyemo mu mudugudu wa Rubumba, mu murenge wa Runda, nyuma y’aho ku mugoroba wo kuri uyu wa Kane tariki 23/02/2012, yari yanyweye uducupa 13 twa African Gin ku ntego.
Abaturage bo mu murenge wa Murunda, akarere ka Rutsiro, barasabwa gutera ibiti bifata ubutaka no kwitabira gahunda yo gukomeza gucukura imirwanyasuri, kuko aribwo buryo bushoboka bwo guhangana n’inkangu ndetse n’isuri.
Inama Njyanama y’Akarere yakuye ku buyobozi bw’ibigo, abayobozi b’ibigo by’amashuri umunani bazira kudatanga umusaruro uhagije mu bizamini bisoza amashuri abanza n’ay’icyiciro rusange mu myaka ibiri yikurikiranya.
Abanyeshuri barangije icyiciro cya kabiri cya kaminuza muri Kaminuza Yigenga ya Kigali (ULK) ishami rya Gisenyi, barasabwa kuba urumuri rw’Abanyarwanda, nk’uko babisabwe n’umuyobozi wayo mu gikorwa cyo guha impamyabushobozi abagera kuri 689, cyabaye kuri uyu wa Gatanu tariki 24/02/2012.
Abakinnyi n’abatoza b’ikipe y’igihugu Amavubi, bizeye kuzatsindira ikipe ya Nigeria i Kigali mu mukino uzabahuza kuwa Gatatu, bagendeye ku mateka ikipe y’igihugu ya Zambia yanditse ubwo yatsindaga Cote d’Ivoire ku mukino wa nyuma w’igikombe cya Afurika (CAN).
Minisitiri w’Intebe wakoreye igikorwa cy’umuganda mu karere ka Rulindo kuri uyu wa Gatandatu tariki 25/02/2012, yasabye abaturage batuye aka karere kurushaho gutura mu midugudu, bitewe n’uko ariko karere kakiri inyuma ugereranyije n’urugero igihugu kiriho.
Abahinzi b’inanasi bibumbiye muri Koperative COOPAF, ihuriyemo abahinzi b’imbuto bo mu murenge wa Gacurabwenge, batangaza ko kubura isoko rihoraho ry’umusaruro wabo bituma bagurirwa ku biciro bitajyanye n’ingufu bakoresha mu ihinga.
Urukiko Mpuzamahanga rwashyiriweho u Rwanda rw’i Arusha (ICTR), kuri uyu wa Gatanu tariki 24/02/2012 rwafashe icyemezo cyo kohereza urubanza rwa Fulgence Kayishema ushinjwa ibyaha bya Jenoside kuburanishwa n’ubutabera bw’u Rwanda.
Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Rusasa n’abanyamabanga nshingwabikorwa babiri b’utugari, birukanywe ku mirimo yabo bashinjwa imicungire mibi y’umutungo wa Leta no gukoresha impapuro mpimbano. Byemejwe n’inama Nyanama y’akarere yateranye kuri uyu wa gatanu tariki 24/02/2012.
Imbwa zariye abana batatu bo mu murenge wa Gashenyi mu karere ka Gakenke, bari bagiye ku ishuri zibakomeretsa mu maso no mu mutwe bahita bamjyanwa mu mu bitaro bya Nemba.
Mu Ihururo ry’Abavuzi Gakondo bo mu Rwanda (AGA Rwanda Network) haravugwa amakimbirane ashingiye ku mpano y’inka esheshatu zahawe Perezida waryo Rekeraho Emmanuel. Yazihawe mu busabane bwo gusoza umwaka no kwishimira ibyo bagezeho mu mwaka wa 2011, bwabereye i Kabere mu Karere ka Nyagatare.
Polisi y’u Rwanda n’iya Tanzania byiteguye gukomeza ubufatanye mu guhererekanya amahugurwa, nk’uko byaganiriweho na Minisitiri w’Imbere mu gihugu wa Tanzania, Shamsi Nahodha wari wasuye umukuru wa Polisi y’u Rwanda, Emmanuel K. Gasana, kuri uyu wa Gatanu tariki 24/02/2012.
Ndayishimiye Onesphore wabonye amanota ya mbere mu bizamini bisoza amashuri yisumbuye mu Rwanda, atangaza ko iyo ntsinzi ayikesha gusenga, kubaha ababyeyi ndetse no gukoresha neza igihe cye.
Umwana w’umukobwa w’imyaka 14 witwa Ingabire Diane yatoraguwe mu Murenge wa Jenda mu Karere ka Nyabihu.
Umusore witwa Habumuremyi Charles ukomoka mu karere ka Nyabihu aratangaza ko kuva aho ikigo yigagaho bagifungiye yabuze ubundi bushobozi bwatuma ajya gushaka ikindi kigo yakwigaho none ubu yikorera akazi k’ubuyede.
Umusore witwa Habanabakize uzwi ku izina rya Kibwa wo mu Murenge wa Muko mu kagari ka Ngange, yaburiwe irengero kuva tariki 23/02/2012, nyuma yo kwiba mwishywa we, Bimenyimana Jean Claude, ihene y’ishashi n’umufuka wuzuye ibishyimbo.
Abanyeshuri 1032 barangije mu ishuri rikuru ry’ubuzima rya Kigali (KHI) umwaka ushize bahawe impamyabushobozi kuri uyu wa gatanu tariki 24/02/2012 mu birori byabere muri stade ya Camp Kigali.
Umuryango ufasha mu bikorwa bigamije iterambere ry’imiturire, Shelter Afrique, uratangaza ko ugiye gushora miliyoni 10 z’Amadolari y’Amerika mu myubakire y’amazu yo guturamo mu Rwanda ashobora gukodeshwa cyangwa kugurwa n’abatari abaherwe (middle income).
Minisitiri w’Urubyiruko Nsengimana Philibert arasaba urubyiruko rwo mu karere ka Karongi kwitoza umuco wo gukunda akazi kuko ari wo musingi w’iterambere rirambye.
Abayobozi bakuru muri Guverinoma n’abo mu muryango wa Nyakwigendera Tharcisse Shamakokera bamusezeyeho mu cyubahiro, mu gikorwa cyabaye kuri uyu wa gatanu tariki 24/02/2012 mu nzu Inteko Ishingamategeko ikoreramo.
Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru muri Nigeria (NFF) rirasaba ko umukino uzahuza Amavubi na Nigeria tariki 29/02/2012 mu rwego rwo gushaka itike yo guhatanira gikombe cy’Afurika utabera kuri stade Ragional ya Kigali.
Ikipe ya APR Basketball Club izatangira imikino ya Play off y’uyu mwaka ikina na Espoir mu mikino izabera i Nyanza na Huye kuwa gatandatu no ku cyumweru (tariki 25-26/02/2012).
Abaturage bagera kuri 2200 bo mu tugari twa Kawangire na Rwimishinya mu murenge wa Rukara mu karere ka Kayonza bamaze kwipimisha ku bushake agakoko gatera SIDA mu gihe cy’ukwezi kumwe.
Mu gihe imihigo y’umwaka 2011-2012 isigaje amezi ane ngo igaragarizwe abayobozi, akarere ka Rulindo karerekana ko kamaze kwesa 70% by’imihigo yose kahize uko ari 44.
Intara y’Uburasirazuba ariyo ifite inka nyinshi ugereranyije n’izindi ntara ariko izo nka zifitwe n’abantu bakeya ugereranyije n’umubare w’abaturage batuye iyi ntara; nk’uko bitangazwa na Guverineri w’intara y’uburasirazuba, Uwamariya Odette.
Inka 20 zahawe abaturage bo mu mudugudu w’icyitegererezo wa Nyagatovu mu murenge wa Mukarange wo mu karere ka Kayonza tariki 22/02/2012. Izi nka zatanzwe n’umuryango Heifer International zije zisanga izindi 15 uyu muryango uherutse gutanga muri uyu mudugudu.
Abana bane bo ku rwunge rw’amashuri rwa Gihara mu karere ka Kamonyi barahungabanye ubwo inkuba yakubitaga kuri iryo shuri tarkiri 23/02/2012 saa tanu n’iminota cumi n’itanu.
FERWAFA yateye mpaga Isonga FC nyuma y’ikirego cyatanzwe na AS Kigali ishinja Isonga ko yakinishije Nirisarike Salomon kandi atemerewe gukina muri shampiyona mu mukino wahuje aya makipe yombi tariki 15/02/2012.
Ikigo cy’igihugu cyita ku buvuzi (RBC) cyatangiye gahunda nshya yo gutanga imiti ituma umubyeyi wanduye agakoko ka SIDA atanduza umwana atwite. Mu buryo bushya umubyeyi ubana na VIH/SIDA azajya akomeza gufata iyo miti bitandukanye n’uburyo bwari busanzwe aho yayirekaga amaze gucutsa umwana.
Dosiye w’uwahoze ari Minisitiri wo gutwara abantu n’ibintu muri Leta yayoboraga mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi muri 1994, Rafiki Nsengiyumva, yaburiwe irengero bituma urukiko rw’ubujurire rw’i Paris rutabasha gutanga umwanzuro kw’iyoherezwa rye mu Rwanda.
Umuyobozi wungirije ushinzwe imibereho myiza y’abaturage mu karere ka Karongi aratangaza ko gushyingura mu cyubahiro imibiri y’abazize Jenocide bitagomba gutegereza igihe cy’icyunamo gusa.