Ubuyobozi bw’Intara y’Amajyepfo bwashyizeho « ikayi y’imihigo » izajya yifashishwa mu guhiga no guhigura imihigo iganisha ingo ku iterambere zo muri iyo ntara ku iterambere.
Umusore witwa Nsengimana John yananiwe kubana n’abantu abitewe n’imico yatojwe n’inyamanswa z’ishyamba zamureze kuva akiri uruhinja kugeza akuze nyuma yo kujugunywa n’ababyeyi bamwibarutse.
Umugabo witwa Mugambira Vedaste utuye mu murenge wa Gatore mu karere ka Kirehe afungiye kuri sitasiyo ya Polisi ya Gatore kuva tariki 21/02/2012 azira gufatanwa ibiro 21 by’urumogi.
Mu ntara y’amajyaruguru, akarere ka Burera niko ka mbere muri gahunda yo guhuza ubutaka bugahingwamo igihingwa cyatoranyijwe; nk’uko byagarajwe tariki 22/02/2012.
Perezida w’u Burundi, Pierre Nkurunziza, yatumiwe kuzabwiriza mu giterane cy’ububyutse cyateguwe n’itorero Zion Temple cyizabera i Londre mu Bwongereza tariki 24/02/2012.
Inama idasanzwe ya Njyanama y’Akarere ka Rwamagana yateranye tariki 22/02/2012 yongeye kwemeza ibihano yari yahaye abakozi 5 b’ako Karere bazira kurangara mu irushanwa ry’Imiyoborere myiza bigatuma akarere ka Rwamagana kakaba aka nyuma mu gihugu cyose gahawe amanota 0%.
Imishinga ya Leta n’iy’abikorera ifitiye abaturage akamaro ikorera mu nzego z’ibanze iramutse ihurijwe hamwe yatanga umusaruro wisumbuyeho; nk’uko byatangajwe n’umuyobozi w’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe imiyoborere myiza (RGB), Prof. Anastase Shyaka.
Umunyarwanda ukekwaho kugira uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi witwa Mathias Bushishi yawekuwe by’agateganyo n’urukiko rw’i Buruseli mu Bubiligi tariki 17/02/2012.
Abanyamerika bahariye ukwezi kwa kabiri ibikorwa byo kuzirikana akababaro n’ubugome bujyanye n’ivanguramoko Abanyamerika bakomoka muri Afurika bakorewe kuva mu kinyejana cya 19 ubwo batari bafite uburenganzira bungana n’ubw’abazungu.
Itsinda ry’Abaganga b’inzobere mu kubaga bo mu gihugu cy’u Bwongereza baturutse mu muryango All Nations bamaze icyumweru mu bitaro by’ADEPR-Nyamata mu karere ka Bugesera mu gikorwa cyo kuvura abagabo indwara yo kubyimba udusabo tw’intanga (ernie).
Uwari umuyobozi akaba n’umufatanyabikorwa wa Rayon Sport, Albert Rudatsimburwa, yambuwe iyo kipe isubizwa abafana bakuru kubera ko yananiwe gushyira mu bikorwa ibyo yumvikanye nabo ubwo yayihabwaga.
Urwego rurwanya icyorezo cya SIDA mu karere ka Rusizi rurasaba urugaga rw’ababana na VIH/SIDA muri ako karere kugira uruhare mu gukumira ubwandu bushya. Urugaga rw’ababana na VIH/SIDA mu karere ka Rusizi rwatoye komite nshya tariki 22/02/2012.
Ndahimana Gregoire, wayoboraga icyahoze ari Komini ya Kivumu muri Perefegitura ya Kibuye yasabiwe igifungo cya burundu n’ubushunjacyaha mu rukiro Mpanabyaha Mpuzamahanga rwashyiriweho u Rwanda (ICTR).
Umurundi witwa Singirankabo Jean ari mu maboko ya polisi, kuva tariki 22/02/2012, acyekwaho gusambanya umugore wa Nsabimana Aimable utuye mu murenge wa Ntongwe akarere ka Ruhango amubeshya ko agiye kumuha umuti umuvura ku tabyara.
Abasore batanu bashinjwa ubujura bwa mudasobwa zo mu biro (desktops) 16 n’ibikoresho byazo bibye ku kigo cy’amashuri cya La Colombiere mu ijoro ryo kuwa kabiri tariki 21/02/2012 bafungiye kuri station ya polisi i Remera mu mujyi wa Kigali.
Minisitiri w’ububanyi n’amahanga w’u Rwanda, Louise Mushikiwabo, atangaza ko u Rwanda nta gahunda rufite yo guhamagaza Ambasaderi warwo mu Bufaransa. Yanavuze ko kuba u Rwanda rwaranze uwari gusimbura Ambasaderi y’u Bufaransa mu Rwanda ari uburenganzira bwa rwo kuko amategeko agenga ububanyi n’amahanga abyemera.
Isonga FC yashoje imikino ibanza muri shampiyona y’u Rwanda iri ku mwanya wa munani nyuma yo gutsinda La Jeunesse igitego kimwe ku busa mu mukino wabereye kuri Stade ya Kigali kuri uyu wa gatatu tariki 22/02/2012.
Leta y’u Rwanda irashishikariza inganda zo mu gihugu gukorana n’inganda zikomeye zo mu bihugu byateye imbere mu bucuruzi bwo kugabanya ibyuka bihumanya ikirere (Clean Development Mechanism).
Guverineri w’intara y’Amajyaruguru arasaba abayobozi bo muri iyo ntara kudahana umuturage kubera ko atabashije kubahiriza gahunda y’igihugu yo guhuza ubutaka no kongera umusaruro. Avuga ko umuyobozi akwiye kwegera uwo muturage akamusobanurira neza ibyiza by’iyo gahunda.
Mu kiganiro Perezida Kagame yatangiye mu nama yateguwe n’umuryango mpuzamahanga wita ku buhinzi (IFAD) ibera i Rome mu Butariyani yagaragaje ko gufasha abahinzi bato kuzamura ibikorwa byabo no kwita ku mihindagurikire y’ikirere bigira uruhare mu kuzamura ubukungu bw’igihugu.
Umugore witwa Domina Mukeshimana afungiye kuri sitasiyo ya polisi ya Rulindo azira guhotora umwana yari amaze kwibaruka mu ijoro rishyira tariki 20/02/2012.
Abacukuzi b’amabuye y’agaciro bibumbiye muri Koperative des Mines de Nyamyumba (KOMINYA) mu karere ka Rubavu barasaba Leta kubunganira mu kazi bagakoresha ikoranabuhanga rigezweho mu bucukuzi.
Depite Tharcisse Shamakokera wari uhagarariye umuryango FPR-Inkotanyi mu nteko ishinga amategeko umutwe w’abadepite yitabye Imana kuri uyu wa gatatu tariki 22/02/2012 mu bitaro byitiriwe umwami Fayisari.
Ambassade ya Leta Zunze Ubumwe z’Amerika yafunguye icyumba gitanga amakuru kuri icyo gihugu “American Corner” mu Ishuri Rikuru ryigisha iby’Amahoteli n’Ubukerarugendo (RTUC) ishami rya Rubavu.
Nubwo ari mu marushanywa ya PGGSS II na Salax Awards, umuhanzi Emmy ntibimubuza gutegura amwe mu mashusho y’indirimbo ziri kuri alubumu azamurikira abakunzi muri uyu mwaka.
Umutoza wa Chelsea Andre Villas Boas ari mu minsi ye ya nyuma mu ikipe ya Chelsea kuko amaze iminsi yihanizwa n’umuherwe wayo, Roman Abramovic, kubera umusaruro mubi, none kuri uyu wa kabiri ibintu byakomeje kujya irudubi ubwo yatsindwaga na Napoli ibitego 3 kuri 1 mu mukino ubanza wa 1/8 cya Champions League.
Depite Murara Jean Damascene avuga ko abanyeshuri biga muri kaminuza bagatwara inda batabiteganyije ari injiji.
Ibigo bitanga ubwishingizi bikorera mu Rwanda birakangurirwa kugira uruhare mu kuzamura ubukungu bw’igihugu bishora imari mu bikorwa by’iterambere; nk’uko byatangajwe n’umuyobozi w’Ishyirahamwe ry’ibigo by’ubwishingizi muri Afurika (FANAF).
Papa Benedict wa 16 yatoye Musenyeri Lucinao Lusso guhagararira kiliziya Gatolika mu Rwanda, nk’uko itangazo ryashyizwe ahagaragara na kiliziya Gatolika yo mu Rwanda ribitangaza.
Ubuyobozi bw’akarere ka Nyamasheke bufatanyije na Minisiteri y’Abakozi ba Leta n’umurimo (MIFOTRA) barasaba abikorera bo muri ako karere kumenya no kubahiriza itegeko rigenga umurimo mu Rwanda.
Urubyiruko rw’u Rwanda rwiyemeje gukusanya inkunga igenewe abaturage b’Abanyasomaliya rwateguye urugendo, tariki 24/02/2012, rubanziriza isozwa ku mugaragaro ry’iki gikorwa kimaze amezi agera kuri atandatu.
Abatampera (temperants) bo mu itorero ry’Abadivantisiti b’Umunsi wa Karindwi ryo mu murenge wa Nyamyumba ntibemera ubwisungane mu kwivuza “Mutuelle” kuko ngo ari ishyirahamwe kandi batemerewe kujya mu ishyirahamwe.
Mu gihe habura iminsi itandatu ngo u Rwanda rukine na Nigeria umukino wo guhatanira itike yo kuzakina igikombe cya Afurika, Sadou Boubakary na Uzamukunda Elias ‘Baby’ ntibari bemeza ko bazitabira ubutumire bahawe n’umutoza w’Amavubi, Milutin Micho.
Umugore witwa Makamana Valerie w’imyaka 40 y’amavuko utuye mu mudugudu wa Bugura mu kagali ka Gahondo mu murenge wa Busasamana mu karere ka Nyanza yishe uruhinja rwe aruta mu musarane.
Nyuma yo gutsinda urubanza yaburaniragamo icyemezo cyo koherezwa mu Rwanda kubera ibyaha bya Jenoside yakekwagaho, Padiri Juvénal Nsengiyumva agiye koherezwa mu Rwanda azira gutwara imodoka muri Canada yasinze.
Ikigo cyigisha imyuga cyo mu karere ka Kirehe (Kirehe Vocational Training Center) cyatangiye umwaka w’amashuri tariki 21/02/2012 ariko mu banyeshuri 460 barangije icyiciro rusange (tronc commun) boherejwe kuri icyo kigo hamaze kugera 35 gusa.
Inteko y’Abunzi yo mu kagali ka Nyabagengwa, umurenge wa Rilima mu karere ka Bugesera yateranye tariki 21/02/2012 yanzuye ko abagabo batanu bariye imbwa ebyiri n’ihene imwe bya Jean Bosco Gatera bazamwishyura miliyoni imwe y’amafaranga y’u Rwanda.
Abakozi babiri b’akarere ka Rubavu bashinzwe amasoko na rwiyemezamirimo umwe, kuva tariki 21/02/2012, bafungiye ku biro bya polisi muri ako karere bazira gukoresha impapuro mpimbano mu itangwa ry’isoko ryo kubaka umuhanda muri aka karere.
Umurambo wa Siborurema Emmanuel waguye mu cyuzi tariki 19/02/2012 mu karere ka Nyanza wabonetse tariki 21/02/2012 ahagana mu ma saa moya za mu gitondo.
MTN Rwanda, sosiyete ikora ibijyanye n’itumanaho rikoresha telefone na Internet, iratangaza ko uyu mwaka iteganya kuzinjiza umutungo ungana na miliyoni 132 z’amadolari y’Amerika angana na miliyari 96 z’amafaranga y’u Rwanda.
Abanyeshuri biga mu ishuri rikuru ry’ubuhinzi n’ubworozi “ISAE Busogo” ryakoze iziko ritwa “Solar Cooker” riteka ibintu bitandukanye rikoresheje ubushyuhe buturuka ku mirasire y’izuba gusa.
Abanyarwanda 16 batahutse mu Rwanda bavuye muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo (RDC) bageze mu Rwanda tariki 21/02/2012. Muri abo batahutse harimo abahoze ari abarwanyi ba FDLR batanu harimo umusirikare ufite ipeti rya ofisiye n’ufite irya sous liyetona.
Ubuyobozi bwa MTN Rwanda bwasobanuye ko ikibazo cya internet abafatabuguzi bayo bamaze iminsi igera kuri itanu bahura na cyo cyatewe n’urusinga runyura munsi y’inyanja y’Abahinde rwacikiye hagati y’icyambu cya Djibout na Sudani.
Ihene icyenda zimaze kuribwa n’imbwa z’ibihomora mu cyumweru kimwe; mu mu mudugudu wa Rubona , Akagari ka Bihembe, Umurenge wa Rugarika mu karere ka Kamonyi.
Mu nama ya 36 y’inteko rusange y’ihuriro Nyafurika ry’ibigo by’ubwishingizi (FANAF) iteraniye i Kigali kuva tariki 20-23/2012, byagaragaye ko ubwishingizi mu Rwanda bukiri hasi ugereranyije n’ibindi bihugu.
FERWAFA na Minisiteri ya Siporo bari mu biganiro by’ubufatanye na Minisiteri y’Uburezi (MINEDUC), mu rwego guteza imbere umupira w’abagore hanagamijwe kubaka ikipe y’igihugu yo mu minsi iri imbere.
Abasore babiri bakekwaho guhohotera umukobwa w’imyaka 21 y’amavuko bamusambanyije bafungiye kuri station ya polisi ya Nyamagana mu karere ka Ruhango guhera tariki 20/02/2012.
Umugabo witwa Gakuru Francois uzwi ku izina rya Mfizi utuye mu kagari ka Rebero mu Murenge wa Muko mu karere ka Gicumbi afite igikomere mu mutwe yatewe nuko bamukubise ku ishyiga.