Umugabo witwa Nshimiyimana Eugene w’imyaka 27 y’amavuko utuye mu murenge wa Muyira mu karere ka Nyanza, tariki 10/04/2012, yishe abana be babiri na nyina ubabyara abatemesheje umuhoro bivuye ku makimbirane yari hagati ye n’uwo mugore bashakanye.
Abana babiri bari mu kigero cy’imyaka 10 y’amavuko bagejejwe kuri sitatiyo ya Polisi ya Gahunga mu murenge wa Cyanika mu karere ka Burera baregwa kumanura amatara ku mazu bakajya kuyagurisha.
Umwe mu Banyakoreya batuye mu mudugudu wa Karehe, Akagari ka Sheli, umurenge wa Rugarika mu karere ka Kamonyi, saa kumi z’umugoroba wo ku wa 9/4/2012 yasanze bakinguye inzu acumbitsemo bamwiba ibikoresho bitandukanye.
Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi bo mu karere ka Rulindo barasaba ko mu gihe ku nzibutso handikwa amazina y’abazize Jenoside yakorewe abatutsi, hanateganywa umwanya w’amazina ya ba ruharwa mu kuyishyira mu bikorwa.
Minisitiri w’ubutabera w’u Rwanda akaba n’intumwa wa Guverinoma, Tharcisse Karugarama, yakiriwe mu biro bya Perezida w’igihugu cya Togo Nyakubahwa Faure Gnassingbé, tariki 10/04/2012, amushyikiriza ubutumwa bwa mugenzi we, Paul Kagame.
Umuyobozi w’intara y’amajyaruguru arakangurira Abanyarwanda kurushaho gufata iya mbere bakikemurira ibibazo igihugu cyabo gifite kuko amateka agaragaza ko amahanga ntacyo yafashije.
Mbere y’uko icyunamo gitangira, abacitse ku icumu batuye mu murenge wa Muhura akarere ka Gatsibo bashyikirijwe urwandiko rubatera ubwoba rubabwira ko icyunamo kizarangira barangije kubica.
Nyuma y’imyaka 18 Abanyaruhango bibuka ababo baguye muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, nibwo bwa mbere babonye ikigo gikomeye kiza kwifatanya nabo kikanabatera inkunga.
Abapolisi b’Abanyarwanda 189 bari mu butumwa bw’amahoro muri Haiti bitafanyije n’abandi Banyarwanda bakora muri icyo guhugu ndetse n’abakozi b’umuryango w’abibumbye mu gikorwa cyo kwibuka Jenoside yakorewe abatutsi muri mata 1994.
Imiryango irindwi yo mu murenge wa Gitoki akarere ka Gatsibo icumbikiwe n’abaturage nyuma y’uko amazu yabo ajyanywe n’umuyaga wahushye mu mvura yaguye tariki 09/04/2012.
Imwe mu mihanda nyabagendwa yo mu duce twa Sahara ahagana ku mashuri ya St. Joseph mu karere ka Kicukiro ikomeje kwangizwa n’isuri muri iki gihe cy’imvura.
Shyirambere Jean Marie Vianney yaturikanywe n’igisasu cyo mu bwoko bwa gerenade imuca ikirenge, ubwo yahiraga ubwatsi bw’amatungo tariki 10/04/2011.
Abanyarwanda baba mu Buyapani, Guverinoma y’icyo gihugu n’ishuti z’u Rwanda, kuri uyu wa mbere tariki 09/04/2012 bakoze igikorwa cyo kunamira inzirakarengane zaguye muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Abakobwa babiri barwariye ku kigo nderabuzima cya Kinunu, kiri mu murenge wa Boneza, akarere ka Rutsiro, nyuma yo kunywa imiti ya Kinyarwanda bashaka gukuramo inda bikabagwa nabi.
Ubuyobozi bw’akarere ka Nyagatare buratangaza ko kuba bamwe mu barimu bashya batangiranye n’umwaka w’amashuri 2012 batarahembwa byatewe n’amadosiye yabo yakerewe kugera muri serivisi ishinzwe imishahara ariko ubu barimo kureba uko bakemura iki kibazo ku buryo bwihuse.
Ikigo nderabuzima cya Rutenderi kiri mu Kagali ka Rutengeri, Umurenge wa Gashenyi, akarere ka Gakenke nta mazi gifite kuva cyashingwa mu 1997. Icyo kibazo gifite ingaruka ku isuku y’ikigo nderabuzima n’abarwayi bakigana.
Obed Byiringiro, umwana w’umwaka umwe w’amavuko uvuka mu Murenge wa Murindi, Akarere ka Kayonza tariki 08/04/2012 yanyereye mu muferegi wuzuye amazi ahita yitaba Imana.
Abanyarwanda batuye mu mujyi wa Ottawa-Gatineau n’inshuti zabo, tariki 07/04/2012, bahuriye mu gikorwa cyo kwibuka ku nshuro ya 18 Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda.
Umugore witwa Julienne Nyiranteziryayo yitabye Imana taliki 09 Mata 2012 aguye mu mpanuka y’ubwato yabereye mu kiyaga cya Kivu mu murenge wa Boneza, akagari ka Remera mu karere ka Rutsiro.
Imvura ivanze n’umuyaga yaguye mu masaha ya saa saba z’amanywa mu kagari ka Cyanya mu murenge wa Kigarama akarere ka Kirehe, tariki 09/04/2012, yasenye amazu 10.
Abahanzi batorewe gukomeza mu kiciro cya kabiri cya Primus Guma Guma Super Star 2 n’abayobozi ba Bralirwa na East African Promotors ndetse n’abanyamakuru bakurikirana iby’imyidagaduro bo mu bitangazamakuru binyuranye, basuye urwibutso rwa Ntarama n’urwa Nyamata mu Bugesera tariki 09/04/2012.
Umuyobozi w’Intara y’Iburasirazuba, Uwamariya Odette, arahamagarira Abanyarwanda b’ibyiciro byose kurwanya ingengabitekerezo ya Jenoside kuko igisebo kuyikomokaho cyambitswe Abanyarwanda bose imbere y’amahanga.
Komisiyo y’igihugu yo kurwanya Genocide (CNLG) yazanye uburyo bushya bwo kubika imibiri y’abazize Jenoside ku buryo bugezweho, ikazajya imara igihe kigera ku myaka 150.
Nubwo benshi bibwira ko ihungabana ari iry’abacitse ku icumu gusa kuko aribo bakorewe Jenoside, umunyamabanga w’inama njyanama y’akarere ka Muhanga, Nyirabahire Speciose, avuga ko ihungabana ritagirwa n’abacitse ku icumu gusa kuko n’abandi bashobora guhungabana.
Umugabo witwa Majoro yishwe n’umuriro w’amashanyarazi nyuma yo kurira inkingi y’umuriro w’amashanyarazi mu murenge wa Gihango akagari ka Congo Nil, umudugudu wa Kandahura, akarere ka Rutsiro.
Umurambo w’uwitwa Niyoyita Jean De Dieu watoraguwe tariki 06/04/2012 wakaswe ijosi mu mudugudu wa Mvumba akagali ka Kirama umurenge wa Kazo mu karere ka Ngoma.
Mu muhango wo gutangiza ku mugaragaro icyumweru cyo kwibuka ku nshuro ya 18 Jenoside yakorewe Abatutsi muri mata 1994, Umuyobozi w’akarere ka Nyamasheke yabwiye abaturage ko kwibuka iyo Jenoside ari ibya buri Munyarwanda ariko abaturage ba Nyamasheke bakaba bagomba kubyitabira kurushaho kuko bafite umwihariko kuri Jenoside.
Umuhanzi Rwibutso Innocent uvuka mu murenge wa Ntongwe akarere ka Ruhango, avuga ko guhanga indirimbo z’icyunamo bituma yumva aruhutse umuzigo munini yikorejwe na Jenoside yakorewe abatutsi mu mwaka 1994.
Abanyeshuli bibumbiye mu muryango witwa Isaro Foundation biga muri Kaminuza ya Oklahoma Christian yo muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika bamaze gukusanya ibitabo 3000 bazohereza mu Rwanda kugira ngo bafashe abashaka gusoma banashimangire umuco wo gusoma.
Umugore w’Umunyamerikakazi, Rivae Hart, ukomoka muri Leta ya Ohio wo mu kigero cy’imyaka 50 afunzwe akurikiranyweho gufungira mu cyumba bogeramo (douche) akana k’agakobwa yari abereye nyirakuru.
Urupfu rwa Mushambakazi witabye Imana mu gicuku cya tariki 08/04/2012 mu mudugudu wa Karuyumbo mu kagali ka Cyotamakara mu murenge wa Ntyazo azize ihungabana ntaho ruhuriye n’ingangabitekerezo ya Jenoside nk’uko byari bitangiye guhwihwiswa.
Polisi y’u Bubiligi yataye muri yombi Umunyarwanda utavuga rumwe na Leta ya Kigali witwa Boniface Rutayisire, tariki 07/04/2012 mu mujyi wa Bruxelles, ubwo yashakaga gukora imyigaragambyo yo guhakana Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda.
Lamprichytys Tanganicanus ni ubwoko bw’isamake ziba mu kiyaga cya Kivu. Ubushakashatsi bwagaragaje ko izo samake zazanywe mu kiyaga cya Kivu ahagana mu 1959. Zaziye rimwe n’ubundi bwoko bw’isamake bita Isambaza zikunzwe cyane mu Rwanda hose.
Mu gihe Abanyarwanda bibuka ku nshuro ya 18 abazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, hari abagihura n’ihungabana baterwa n’ibyo banyuzemo uretse ko abantu bose badapfa kwemera ko abo bantu koko baba bahuye n’ihungabana.
Nyuma yuko ubuyobozi busabye abaturage ko uwatwaye ibendera ryo ku kigo cy’ishuri cya Cyambwe mu murenge wa Musambira yarigarura, saa cyenda zo ku cyumweru tariki 8/4/2012 niho ryabonetse.
Abayobozi ba guverinoma y’u Buhinde, abahagarariye ibihugu byabo, abashoramari n’inshuti z’u Rwanda zifatanyije n’Abanyarwanda baba mu Buhindi tariki ya 07/04/2012 ubwo u Rwanda rwatangizaga icyumweru cy’icyunamo hibukwa inzirakarengane zaguye muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Umugore witwa Mushambakazi w’imyaka 48 yitabye Imana ahagana mu ma saa Cyenda z’igitondo cyo kuri iki Cyumweru tariki 08/04/2012 azize ihungabana, nk’uko byatangajwe n’inzego zishinzwe umutekano n’ubuyobozi bw’umurenge wa Ntyazo.
Ahagana mu masaa moya z’umugoroba wo ku kuri uyu wa Gatandatu tariki 07/04/2012, abarinzi bo ku kigo cy’amashuri abanza cya Cyambwe, giherereye mu kagari ka Cyambwe, umurenge wa Musambira, batangaje ko baburiye irengero ibendera ry’igihugu ry’icyo kigo.
Kaminuza Nkuru y’u Rwanda irateganya gushyingura mu cyubahiro imibiri 15 y’abazize Jenoside bakuwe mu miringoti no mu mirima iri mu ishyamba rikikije iyi kaminuza, mu gikorwa kizaba tariki 21/04/2012.
Ambasade y’u Rwanda muri Senegal ifatanyije n’Ishami rya ONU rikorera muri iki gihugu n’Abanyarwanda bahaba n’inshuti z’u Rwanda, bifatanyije n’Abanyarwanda n’isi yose mu kwibuka inzirakarengane zishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Akarere ka Rulindo kavuze ko mu cyunamo cy’umwaka utaha abandi Banyarwanda batahigwaga muri Jenoside yakorewe Abatutsi bazatanga ubuhamya bw’ibyabaye kuko nabo babizi.
Ubuyobozi bw’akarere ka Burera burasaba abacitse ku icumu rya Jenoside yakorewe Abatutsi bo muri ako karere kwiyumanganya kugira ngo uwashatse ko batabaho atazabona bababaye akishima.
Abaturage bo mu karere ka Gatsibo barahamagarira buri Munyarwanda guharanira ubumwe kugira ngo yiyubakire igihugu. Ubumwe n’ubwiyunge byagarutseho henshi mu midigudu igize akarere ka Gatsibo ubwo hatangizwaga icyunamo cyo kwibuka ku nsuro ya 18 abazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda.
Ubuyobozi bw’umurenge wa Bwishyura mu karere ka Karongi bwifatanyije n’abandi Banyarwanda kwibuka ku nshuro ya 18 inzirakarengane zazize Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994.
Akarere ka Ruhango kifatanyije n’abandi Banyarwanda ndetse n’isi yose kwibuka ku nshuro ya 18 inzirakarengane zazize Jenoside ya korewe Abatutsi mu 1994.
Muri iki gihe twibuka ku nshuro ya 18 Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994, abaturage b’umurenge wa Kanjongo mu karere ka Nyamasheke biyemeje gukusanya amafaranga miliyoni zirenga gato icyenda mu rwego rwo gufasha abacitse ku icumu batishoboye.
Abarokotse Jenoside i Mwurire mu karere ka Rwamagana bavuga ko kurokoka Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda ari igitangaza gikomeye ku buryo batabona uko bashimira uwo ari we wese wagize uruhare mu kurokora abahigwaga.
Umwana w’umukobwa wo mu gihugu cya Kolombiya ufite imyaka icumi y’amavuko, yabyariye umwana w’umukobwa mu bitaro bya Manaure mu cyumba cyakirirwamo indembe.
Ubwo hatangizwaga icyunamo cyo kwibuka ku nshuro ya 18 abazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu karere ka Rubavu, abana b’imfubyi basabye Abanyarwanda kurushaho kubegera bakababera ababyeyi.