Ubuhamya n’ubutumwa bwatangiwe ku rwibutso rwa Jenoside rwa Kibirira ubwo hasozwaga icyumweru cy’icyunamo byagaragaye ko mu cyahoze ari komini Kibirira ariho hakorewe igeragezwa rya Jenoside mu 1990 ubwo Abatutsi bari bahatuye batangiye kwicwa abandi bakameneshwa.
Minisitiri w’umutungo kamere, Stanislas Kamanzi, ari kumwe na bamwe mu badepite mu nteko ishingamategeko, ndetse na bamwe mu bayobozi batandukanye mu ntara y’uburengerazuba, bifatanyije n’abaturage b’akarere ka Rutsiro, mu muhango wo gusoza icyumweu cy’icyunamo, cyahariwe kwibuka Jenoside yakorewe abatutsi muri Mata 1994.
Banki yo muri Kenya, Equity Bank, yahaye abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi bo mu murenge wa Ruhuha mu karere ka Bugesera inkunga igizwe n’inka 4 za kijyambere n’imifuka 43 y’umuceri; byose bifite agaciro ka miliyoni 4 z’amafaranga y’u Rwanda.
Nyuma yo guhagarika imyidagaduro yose mu rwego rwo kwibuka ku nshuro ya 18 Jenoside yakorewe Abatutsi mu mwaka w’i 1994, mu mpera z’iki cyumweru shampiyona irakomeza ku munsi wayo wa 21.
Abanyeshuri batanu bo muri Ecole Secondaire Rukara bafungiye kuri sitasiyo ya polisi mu murenge wa Rukara mu karere ka Kayonza, kuva tariki 12/04/2012, bakekwaho kwiba mudasobwa eshanu mu ishuri ryitwa Groupe Scolaire Muzizi ryo muri uwo murenge.
Abatishoboye bo mu mudugudu wa Karama mu kagali ka Cyeru mu murenge wa Kibilizi mu karere ka Nyanza barishimira amazu 20 bubakiwe.
Umwana w’imyaka itanu y’amavuko wo mu nkambi y’Abanyekongo iri mu mudugudu wa Gihembe, umurenge wa Kageyo mu karere ka Gicumbi yitabye Imana azize impanuka y’umuriro yabereye muri iyo nkambi mu ijoro rishyira tariki 15/04/2012.
Abaturage basenyewe n’amazi y’imvura yaguye mu ijoro rishyira tariki 12/04/2012 mu turere twa Musanze, Nyabihu na Rubavu Leta yabemereye ubufasha mu buryo bwihuse kugira ngo bahangane n’ingaruka batewe n’ibyo biza.
Umugabo w’umunyabukorikori w’Umudage w’imyaka 43 y’amavuko yananiwe kubahiriza inshingano z’abashakanye za hato na hato yigira inama yo gutabaza polisi kugira ngo abashe kuva mu nzara z’umugore w’imyaka 47y’amavuko.
Igihe abandi bashyiraga amafaranga mu gaseke yo gufasha abarokotse Jenoside batishoboye, umwana w’umunyeshuri wo mu murenge wa Musheri, mu karere ka Nyagatare washyizemo ibuye.
Imiryango y’abasigajwe inyuma n’amateka yo mu murenge wa Kibilizi mu karere ka Nyanza irifuza kugira ikindi yakora kitari ukubumba inkono no kwirirwa bazikoreye ku mitwe bashakisha abaguzi.
Minisitiri w’umutekano mu gihugu, Musa Fazil Harerimana, arahamagarira Abanyarwanda bose gufatana urunana bakomora ibikomere bya Jenoside kuko utazatanga umusanzu we mu kubikiza no gukumira Jenoside burundi azaba atiza umurindi abayiteguye bacyifuza no kuyikomeza.
Igitero inyeshyamab zo mu mutwe wa FDLR zagabye ku modoka zitwara abagenzi umunani kuri uyu wa Kabiri ushize mu muhanda wa Bendera uri mu birometero 120 uvuye mu Majyaruguru wa Kalemie (Katanga), cyahitanye umugore umwe zinasahura ibintu bitandukanye.
Abacitse ku icumu rya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 mu murenge wa Kinazi akarere ka Ruhango, bavuga ko abarundi bari barahungiye mu Rwanda bijanditse muri Jenoside bagafatanya n’Abahutu kwica.
Mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatanu tariki 13/04/2012, umurambo wa uwitwa Barthazar Uwizeye watoraguwe mu musarani w’inyubako z’amashuri ya ETO Gatumba, nyuma y’amasaha 12 yari amaze yapfuye.
Ingabo z’igihugu na polisi y’u Rwanda barizeza abacitse ku icumu ko batazababa hafi mu gihe cyo kwibuka gusa ndetse ko na nyuma yaho wibuka bizakomeza.
Abaturage bo mu murenge wa Mudende, mu karere ka Rubavu baranengwa uburyo bari baranze kwerekana aho imibiri y’Abatutsi bishwe mu gihe cya Jenoside batawe.
Bamwe mu banyeshuri ba Kaminuza Gatolika y’u Rwanda n’abayobozi barifuza gukomeza kwigira ku mateka, nyuma yo gusura urwibutso rwa Jenoside rwa Murambi, kuri uyu wa Gatanu tariki ya 13/04/2012.
Abasirikare 31 bakuru mu ngabo z’igihugu bagiye bazamurwa mu ntera zitandukanye hakurikijwe amapeti bari basanzwe bafite, nk’uko byatangajwe na Brigadien General Joseph Nzabamwita, umuvugizi w’Ingabo z’igihugu.
Umurenge wa Gatumba ukomeje igikorwa cyo gufasha abasenyewe n’umuyaga kubona aho biking. Nyuma y’uko ubahaye amahema, amwe nayo agatwarwa n’umuyaga, ubu noneho wabageneye amabati azabafasha gusana amazu yangijwe.
Abaturage n’abayobozi mu karerre ka Muhanga ku wa 13/04/2012, bibutse Abatutsi baroshywe mu mugezi wa Nyabarongo, umuhango wabereye mu murenge wa Rugendabari, aho basabwe kuvuga amateka uko ari kugira ngo ibyabaye bitazongera.
Uwemeyinkiko Ladislas utuye mu murenge wa Murambi akarere ka Rulindo, avuga ko ibihe bya mbere ya jenoside byamugoye, kuko atabashaka gutera imbere bitewe n’uko yahoraga yigura ngo abone bwacya kabiri.
Imibiri y’abazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 ikomeza kugenda ibonwa irongera imibare y’abaguye muri iyi Jenoside, nk’uko bitangazwa na IBUKA igasaba ko hakongera hagakorwa isuzumwa.
Umuyobozi w’Intara y’Uburasirazuba, Uwamariya Odette, yasabye abaturage gukomeza kwibuka abazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, kabone n’ubwo icyumweru cy’icyunamo cyarangiye.
Mu murenge wa Nyabitekeri mu karere ka Nyamasheke hagaragaye bamwe mu baturage bagifite ingengabitekerezo ya Jenoside binyuze mu magambo asesereza abacitse ku icumu ndetse bashaka no gukora ibikorwa bigamije kubagirira nabi.
Abanyarwanda baba mu gihugu cya Kenya, tariki 12/04/2012, bifatanyije n’abandi Banyarwanda mu bihe bikomeye byo kwibuka ku nshuro ya 18 Jenoside yakorewe abatutsi muri Mata 1994, mu rwego rwo gusubiza agaciro inzirakarengane zavukijwe ubuzima icyo gihe.
Uwahoze ari minisitiri w’Intebe mu Bwongereza akaza gushinga umuryango uharanira imiyoborere myiza muri Afurika (Tony Blair Africa Governance Initiative) yifatanyije n’Abanyarwanda kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda.
Urukiko rw’Ikirenga rwanze kwemera ikirego Victoire Ingabire yari yatanze asaba ko hari ingingo zimwe na zimwe ziri mu itegeko rihana icyaha cy’ingengabitekerezo ya Jenoside zakurwamo, runongeraho ko n’inyandiko yari yatanze itari yujuje ibisabwa kuko cyariho umukono we.
Abanyarwanda batanu biga muri Universite Senghor bari kumwe na barumuna babo cyenda biga biga muri kaminuza ya Alexandrie mu Misiri bunamiye abazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda.
Gusoza icyumweru cy’icyunamo mu karere ka Nyabihu byabereye mu rusengero rwiciwemo inzirakarengane nyinshi zazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu mwaka w’1994 ruri mu murenge wa Mukamira mu kagari ka Rugeshi mu mudugudu wa Hesha.
Uruhande rwa Protais Mpiranya wari ukuriye ingabo zarindaga Perezida anakuriye serivise y’iperereza ruzatanga ubuhamya mu rukiko mpanabyaha mpuzamahanga rwashyiriweho u Rwanda (ICTR) kuwa mbere tariki 16/04/2012.
Ambasade y’Amerika mu Rwanda yibutse Abanyarwanda 25 bahoze ari Abakozi ba Ambasade ya Amerika mu Rwanda n’umushinga USAID nawo w’Abanyamerika bishwe muri Jenoside yakorewe abatutsi muri mata 1994.
Minisitiri w’Umuco, Protais Mitali asanga igikorwa cyo kwibuka u Rwanda rukora kitagirira inyungu ku Banyarwanda gusa ahubwo ko n’amahanga yifuza kwigira ku mateka yabo byabafasha.
Umunyarwandakazi, Munyenyezi Beatrice, wari warafatiwe muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika akurikiranyweho uruhare yaba yaragize muri Jenoside yakorewe abatutsi mu Rwanda muri mata 1994 hamwe no kuba yarabeshye ashaka ibyangombwa, yarekuwe ejo tariki 12 Mata 2012.
Uko amasaha yagiye akura tariki 12/4/2012 ni ko n’ingaruka z’imvura y’umurengera yateye umwuzure zakomeje kugaragara mu karere ka Nyabihu. Mu masaha y’igicamunsi, undi mwana w’imyaka 13 yahitanywe n’ingaruka z’umwuzure w’imvura yaguye mu ijoro ryo kuwa 11/04/2012 muri ako karere.
Kanyamibwa w’imyaka 55 y’amavuko wari utuye mu Kagali ka Kinini, Umurenge wa Shyogwe, Akarere ka Muhanga yapfuye tariki 10/04/2012 ahitanwe n’inzoga nyinshi yanyweye.
Abagabo bane n’umugore umwe bo mu karere ka kamonyi bacumbikiwe n’ubushinjacyaha bakekwaho icyaha cy’ingengabitekerezo ya Jenoside kubera amagambo apfobya n’ahakana Jenoside yakorewe abatutsi, bavuze muri iki gihe cy’icyunamo.
Maridadi Musabyimana w’imyaka 31 yiciwe mu mudugudu wa Susa, mu kagari ka Musanze, umurenge wa Muhoza mu karere ka Musanze tariki 11/04/2012. Nubwo iperereza rigikorwa, bicyekwa ko yaba yishwe na mugenzi we bita Kazungu bapfa kutumvikana uko bagombaga kugabana amafaranga yari yavuye mu byo bibye.
Umuyobozi w’Intara y’Iburasirazuba arasanga Imana yari ikwiye kwemerera Abanyarwanda bagakomeza kuyoborwa na Leta ya FPR yahagaritse Jenoside.
Mu rwego rwo kurushaho kunoza imikoreshereze myiza y’ubutaka, kwihutisha iterambere ndetse no korohereza ishoramari, uturere twa Gasabo na Kicukiro twatangiye gahunda yo gushyiraho ibishushanyo mbonera byihariye; nk’uko bitangazwa n’umujyi wa Kigali.
Nyandwi Cyprien w’imyaka 27 y’amavuko, arwariye ku kigo nderabuzima cya Congo Nil mu karere ka Rutsiro kubera inkoni yakubiswe n’umugabo witwa Habimana Emmanuel, ubwo yari amusanze yihagarika ku gikuta cy’inzu y’akabari Habimana acururizamo.
Mu gihe hirya no hino hari kwibukwa abatutsi bazize Jenoside mu 1994, abarokotse bo mu murenge wa Nyundo bababajwe n’imyuzure imaze iminsi yinjira mu rwibutso rw’uwo murenge.
Muhimpundu Beatrice aryamye mu bitaro bya Rwamagana atavurwa ubushye yaje kwivuza kuko ikarita ye ya mituweli yahiriye mu nzu.
Abaturage benshi baturanye n’ibirunga mu karere ka Musanze bibasiwe bikomeye n’amazi menshi y’imvura aturuka mu birunga. Ugeze ku ishuri rikuru rya INES, nko mu birometero 5 uvuye mu mujyi rwagati wa Musanze, urahasanga amazi atembana imbaraga nyinshi kurusha imigenzi.
Ivuriro ryitwa Girimpundu riherereye mu murenge wa Kimisagara mu karere ka Nyarugenge ryafunzwe by’agateganyo kuva tariki 10/04/2012 kubera ko ryatangaga imiti igabanya ubukana bwa Sida ku buryo butemewe n’amategeko. Ikindi ni uko iyo miti bayigurishaga kandi itangirwa ubuntu.
Abanyeshuri 90 bo muri kaminuza ya Kabale muri Uganda baje kwifatanya na bagenzi babo bigana b’Abanyarwanda, kwibuka inzirakarengane zazize Jenoside yakorewe abatutsi mu Rwanda no kwigira ku byabaye.
Uwimbabazi ubana n’ubwandu bwa SIDA yemeza ko amahenehene yamugiriye akamaro kuko yari yarazahajwe n’uburwayi none ubu akaba amaze kwiyongeraho ibiro bigera ku icumi.
Mugabarigira Jean bahimba Mironko ari mu maboko ya polisi nyuma yo gufatirwa iwe mu urukerera rwa tariki 12/04/2012 ari kubaga inka ya Mutsindashyaka Joel utuye mu Kagali ka Mbyo umudugudu wa Kabeza.
Cyamunara yo kugurisha inzu ya Theoneste Mutsindashyaka yari imaze igihe itegerejwe yasubitswe kuri uyu wa kane tariki 12/04/2012, nyuma yo kubura umuntu wagereka igiciro cya miliyoni 992 z’amafaranga y’u Rwanda.
Umwana w’imyaka 18 wo mu karere ka Nyabihu yahitanywe n’imvura idasanzwe yaguye mu ijoro rya tariki 11/04/2012. Iyo mvura yaguye guhera saa tanu z’ijoro igeza hafi saa moya za mu gitondo mu turere twa Nyabihu, Musanze na Rubavu yateye imyuzure yangije amazu 43 n’imyaka.