Perezida wa komisiyo y’igihugu yo gusezerera no gusubiza mu buzima busanzwe abahoze ari abasirikare, Sayinzoga Jean, aremeza ko nta mwuga uruta indi. Yabitangarije abamugaye bahoze ari ingabo kuri uyu wa Gatanu, ubwo bahabwaga impamyabushobozi z’amahugurwa bari bamazemo amezi atandatu.
Akarere ka Burera karateganya kubyaza umuyaga umuriro w’amashanyarazi kuko muri ako karere hakunze kuba umuyaga mwinshi kandi igihe cyose.
U Rwanda na Tanzaniya byasinye amasezerano yo korohereza abacuruzi bakorera ubucuruzi bwabo ku mipaka ya Tanzaniya n’u Rwanda (simplified trade regime). Abacuruzi bakora ubucuruzi buto kuri uwo mupaka bongerewe amasaha yo gukora ava kuri 12 ajya kuri 16 ku munsi.
Umuhanzi akaba n’umunyamakuru kuri Radio Maria Vincent de Paul Ntabanganyimana aratenganya kumurikira abakunzi be alubumuye ya mbere «Ngwino urebe” mu kwezi kwa karindwi uyu mwaka; nk’uko yabidutangarije.
Abayobozi, abakozi n’abakorerabushake ba komisiyo ishinzwe amatora mu Rwanda, tariki 15/3/2012, bakoze umuganda udasanzwe ku rwibutso rwa Jenoside yakorewe abatutsi rwa Ntarama.
Abagize Ikirezi Group itanga Salax Awards baratangaza ko gahunda izaba yateganyijwe ku munsi wo gutanga ibihembo igomba gukurikizwa uko yagenywe kabone nubwo abahanzi bazahembwa batinda kuhagera.
Ubuyobozi bwa banki nyafurika itsura amajyambere (BAD) burashima imirimo yo gutunganya igishanga cya Rurambi butera inkunga kuko izakemura ikibazo cy’ibiribwa.
Abanyeshuri bagera kuri 359 barangije mu mashami atatu yo mu ishuri rikuru Gatolika rya Kabgayi (ICK) bahawe impamyabumenyi kuri uyu wa gatanu tariki 16 Werurwe 2012. Basabye Leta ko yajya iha buruse zo kujya kwiga hanze abanyeshuri bo mu mashuri yigenga bagize amanota menshi nk’uko bigenda muri za kaminuza za Leta.
Urukiko rw’ubujurire mu Rukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha rwashyiriweho u Rwanda (ICTR) ruzatanga umwanzuro ku bujurire bwa Kanyarukiga Gaspard tariki 08/05/2012.
Bimaze kumenyekana ko hari abantu bakorera muri Repubulika Iharanaria Demokarasi ya Kongo bakorana na FDLR bakazana ibiyobyabwenge mu Rwanda; nk’uko byemezwa n’umuyobozi wa polisi mu karere ka Rubavu.
Impanuka y’imodoka zitwara abagenzi za sosiyete Horizon Express na African Tours yahitanye abantu 9 abandi 46 barakomereka bikabije.
Amafaranga aturuka ku musaruro w’ikawa ashobora kuziyongeraho 50% muri uyu mwaka wa 2012 kubera ko umusaruro wabaye mwiza bitewe n’ibihe by’imvura byabaye byiza, bigatuma ubwiza bwa kawa burushaho kuba bwiza.
Minisiteri y’ubucuruzi n’inganda irasaba abaguzi kumenya ko bafite uburenganzira kandi ko bakwiye kubuharanira ntibemere ko hari uwabubangamira.
Ihene 12 z’abaturage bo mu kagari ka Rugendabari mu murenge wa Mukarange mu karere ka Kayonza zishwe n’imbwa za bamwe mu baturage batuye muri ako kagari tariki 14/03/2012.
Mu rwego rwo kurwanya imirire mibi igaragara mu karere ka Gatsibo, ubu hatangiye gahunda yo gutekera hamwe mu mudugudu mu rwego rwo kwigisha ababyeyi guteka indyo yuzuye muri gahunda yiswe “igikoni cy’umudugudu”.
Umuyobozi w’intara y’Amajyepfo, Alphonse Munyentwari, arasaba itsinda rizakora inyigo yimbitse ku bagiye kwimurwa mu midugudu yo mu murenge wa Nyabinoni kugira ubushishishozi kubakeneye kwimurwa kugira ngo hatazagira ubigiriramo ikibazo.
Kuva tariki 10/03/2012, Urugo rwa Mukasonga Sada na Kayiranga batuye mu mudugudu wa Mugandamure B mu kagali ka Kavumu mu murenge wa Busasamana mu karere ka Nyanza rwibasiwe n’inkongi y’umuriro uturuka ahantu hatazwi ugatwika inzu n’ibyo batunze.
Dusabimana Theophile ukomoka mu mudugudu wa Rwagihura,akagari ka Nyankenke,umurenge wa Nyankenke mu karere ka Gicumbi afungiye kuri station ya polisi ya Gicumbi azira kwica umwana we Umutesiwase amukubise umwase ubwo yarwanaga n’umugore we.
Umubyeyi witwa Urayeneza Marie utuye mu mudugudu wa Munini, akagari ka Rukina, umurenge wa Kinihira mu karere ka Ruhango, yasanze mukeba we witwa Nyiranzajyankundimana Atoinette amwiba ibitoki aramuhururiza maze nawe ahita aramwadukiriye amuhondagura amabuye amusatura umunwa.
Nyuma y’iminsi itatu yitabye Imana, uyu munsi tariki 15/03/2012, Musenyeri Misago Augustin wahoze ari umushumba wa Diyosezi ya Gikongoro yashyinguwe muri Kaderali ya Gingokoro yitiriwe Umuryango Mutagatifu.
Kapiteni wa Rayon Sport akaba yari na myugariro w’ikipe y’igihugu y’u Burundi, Karim Nizigiyimana, bakunze kwita Makenzi yahagaritse burundu gukinira ikipe y’igihugu ku mpamvu z’umwuka mubi uyirangwamo.
Ikipe y’igihugu ya Cross Country yahagurutse mu Rwanda kuri uyu wa kane yerekeza i Cape Town muri Afurika y’Epfo mu isiganwa ku maguru ryitwa "African Cross Country Championship” rizaba tariki 18/03/2012. Indi kipe ni iya Marathon yerekeje i Roma mu Butariyani mu isiganwa ryiswe Marathon International de Rome nayo izaba (…)
Umugabo witwa Munyankiko utuye mu mudugudu wa Mwanza, akagari ka Nyundo, umurenge wa Mataba afungiye kuri Sitasiyo ya Polisi ya Gakenke azira gukubita isuka umugore we witwa Nyirandabantuye Primitive mu mutwe akajya mu bitaro.
Itsinda ry’abanyeshuli biga muri USA Air War College rigizwe n’abakoleneli 10 n’abajyanama 3 b’iryo shuli riri mu Rwanda mu rugendo shuli rugamije kwigira ku Rwanda nk’igihugu gifite amateka akomeye n’uburyo gikoresha cyiyubaka nyuma yo kunyura muri Jenoside.
U Bushinwa bwiteguye gufasha u Rwanda guteza imbere uburezi bw’umwana w’umukobwa ku buryo nta mwana n’umwe uzabura uko yiga; nk’uko bitangazwa na Ambasaderi w’u Bushinwa mu Rwanda.
Umuyobozi w’umutwe w’ingabo zibungabunga amahoro muri Sudani y’Amajyepfo (UNMISS), Gen. Maj. Moses Obi ari kumwe n’umuyobozi w’abakozi muri uwo mutwe, Col. Charles Karamba, basuye urwibutso rwa Jenoside rwa Gisozi mu mujyi wa Kigali kuri uyu wa kane tariki 15/03/2012.
Ubushinjacyaha bwashyize ahagaragara ibimenyetso byaturutse mu Buholandi, bishinja Ingabire Victoire ibyaha birimo kurema umutwe w’ingabo, kuvutsa umudendezo igihugu ndetse no gukorana n’umutwe w’inyeshyamba wa FDLR.
Izamuka ry’ibiciro by’ibiribwa ryagaragaye muri Gashyantare uyu mwaka ryatumye guta agaciro ku ifaranga ry’u Rwanda rigera kuri 7.85 rivuye kuri 7.81; nk’uko imibare y’Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare cyabitangaje kuri uyu wa ane tariki 15/03/2012.
Ipimwa ryakozwe ku murambo wa Theophile Munyaneza watoraguwe mu gitondo cya tariki 12/03/2012 ryerekana ko yishwe atiyahuye nk’uko bamwe bari babiketse.
Urukiko Mpanabyaha Mpuzamahanga, tariki 14/03/2012, rwahamije Thomas Lubanga icyaha cyo kwinjiza abana bari munsi y’imyaka 15 mu gisirikare hagati y’umwaka wa 2002 na 2003.
Abatuye mu mirenge imwe n’imwe igize akarere ka Kirehe bugarijwe n’ikibazo cyo kubura amazi aho usanga amajerekani asaga ijana mu isantire izwi ku izina rya Nyakarambi ategereje gushyirwamo amazi kuri robine imwe rukumbi ihari.
Kuwa gatanu tariki 16/03/2012 saa moya za nijoro hateganyijwe igitaramo cyiswe “An Evening with Natty Dread” i Butare muri Kaminuza y’u Rwanda. muri icyo gitaramo Natty Dread azaba ari kumwe na Kamichi, Ras Kayaga uzwi ku izina Maguru, Holy Jah Doves, King Patience n’abandi.
Abantu batatu bo mu kagari ka Kamashashi, umurenge wa Rugunga, akarere ka Kicukiro batawe muri yombi kuwa kabiri tariki 13/03/2012 mu mukwabu wa Polisi wo gufata abacuruzi b’ibiyobyabwenge.
Ubushinjacyaha bw’Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha rwashyiriweho u Rwanda (ICTR) burasaba ko urubanza rwa Mathieu Ngirumatse na Edouard Karemera rwasubirwamo hagakosorwa amakosa yo kubakuraho icyaha cyo gucura umugambi wa Jenoside.
Abaturage bari ku irondo mu murenge wa Rukira mu kagali ka Kibatsi mu ijoro ryo kuwa 13/03/2012 batesheje abatekaga ikiyobyabwenge cya kanyanga bariruka bose barabacika babasha gufata ibikoresho gusa.
Inama Rusange y’Inteko y’abayobozi b’ibigo by’amashuri yisumbuye yo mu ntara ya Kisumu muri Kenya yabereye i Kigali kuri Mount Kigali Hotel i Nyamirambo kuva tariki 13/03/2012. Abo barezi bifuje kuza gukorera umwiherero wabo mu Rwanda kugirango bagire ibyo bigira ku Rwanda byerekeranye n’uburezi.
Umwana w’imyaka ine y’amavuko witwa Akateretswenimana yitabye Imana tariki 14/03/2012 azize kunywa ikigage, abandi 19 bakinyoye nabo barwaye indwara zo munda bivugwa ko zatewe n’icyo kigage.
Bayiringire Seth w’imyaka 36 y’amavuko utuye mu kagari ka Murama mu murenge wa Bweramana mu karere ka Ruhango afungiye kuri station ya polisi mu murenge wa Kabagali azira gufata ku ngufu umukobwa witwa Ayingeneye Bertirida w’imyaka 23 y’amavuko tariki 14/03/2012.
Abasore 10 bafatiwe mu isoko rya Bweramana bakekwaho kuyogoza abaturage babatwarira utwabo bafungiye kuri station ya polisi ya Kabagali guhera tariki ya 14/03/2012.
Abaturage bo mu mudugudu wa Gikoma akagali ka Batima mu murenge wa Rweru mu karere ka Bugesera bataburuye umurambo wa Kayitesi Speciose wari umaze iminsi ushyinguye bakeka ko yazutse nk’uko byari byatangajwe n’umugabo we.
Bwa mbere muri shampiyona y’uyu mwaka hagaragaye ibitego byinshi ku ikipe imwe, ubwo APR FC yanyagiraga Marine FC ibitego 7 kuri 1 mu mukino wa shampiyona wabereye kuri stade ya Kigali i Nyamirambo kuwa gatatu tariki 14/03/2012.
Ku munsi wa kabiri urubanza rwe rusubukuwe, Ingabire Victoire yahakanye ibimenyetso ashinjwa n’ubushinjacyaha ko yaba yaragiranye ibiganiro n’abagize umutwe wa FDLR binyuze ku murongo wa internet (email).
Abasenyewe n’isanwa ry’umuhanda Butansinda-Busoro mu mudugudu wa Busoro mu Kagali ka Masangano mu murenge wa Busoro mu karere ka Nyanza baratabaza basaba kurenganurwa.
Kubufatanye n’ishuri mpuzamahanga ryigisha ibijyanye no gucunga amahoteli ryitwa “Les Roches”, mu Rwanda hazubakwa ishuri ryigisha gutanga servisi zinoze, rizaba rifite ubushobozi bwo kwakira abanyeshuri 1500.
Guhera mu kwezi kwa kane uyu mwaka abanyeshuri b’abakobwa biga muri UNILAK i Nyanza bazatangira gucumbikirwa n’ishuri naho ku bahungu bizatangira muri Kamena. Ubu iryo shuri ryujuje amacumbi azabasha kwakira abanyeshuri bari hagati ya 300 na 400.
Umufasha wa nyakwigendera Nizeyimana Mohamed uherutse kwitaba Imana nyuma y’uko abatekamutwe bamutwariye amafaranga miliyoni 10, aravuga ko anenga cyane uburyo abafatiwe muri iki gikorwa cyo gutubura bari gukurikiranwa.
Umugore witwa Ayanna w’imyaka 54 y’amavuko wo muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika afite agahiga ko kugira inzara ndende kuri iyi si ya Rurema. Yateretse inzara z’intoki n’ibirenge ziba ndende bigera aho yazirebaga akazita abana be.
Ikwiyikuzo Diane uvuka mu murenge wa Butaro mu karere ka Burera afite imyaka irindwi y’amavuko; ariko iyo ari imbere y’abantu ari kuririmba ntiwapfa kumenya ko angana atyo ukurikije ukuntu aririmba nta bwoba afite.