Muri Kenya, umukobwa w’imyaka 16 aherutse gusoroma urumogi araruteka arugaburira abantu aziko ari imboga.
Abatuye mu mirenge ya Nyarubaka na Musambira yo mu karere ka Kamonyi ndetse no mu murenge wa Cyeza wo mu karere ka Muhanga bahangayikishijwe n’imbwa z’inyagasozi zirya amatungo yabo.
Jean Paul Samputu, umuhanzi nyarwanda wamamaye cyane ku rwego rw’isi arategura igitaramo cyo kwizihiza isabukuru y’imyaka 50 amaze avutse n’imyaka 35 amaze muri muzika kizaba tariki 30/06/2012.
Ishami ry’umurango w’abibumbye ushinzwe ubuhinzi (FAO) uratangaza ko muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) hamwe no mu bihugu biyikikije hateye icyorezo cyica amatungo y’ihene. Muri RDC hamaze gupha ihene ibihumbi 75.
Minisiteri y’Ibikorwaremezo (MININFRA) yemeza ko n’ubwo nta nyigo ihamye irakorwa, gahunda yo korohereza abakozi mu ngendo yatangiye mu mwaka w’2005, itanga inyungu y’amafaranga arenga miriyari ebyiri n’igice buri mwaka.
Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha rwashyiriweho u Rwanda (ICTR) ku wa mbere tariki 25/06/2012 rwarangije kumva umutangabuhamya wa nyuma mu rubanza rwa Augustin Bizimana wabaye minisitiri w’ingabo mu gihe cya Jenoside ariko akaba atarabwa muri yombi.
Umukecuru w’Umurundikazi witwa Nzikobanyanka Anastasie w’imyaka 74 y’amavuko yamaze ibyumweru bibiri ari mu buruhukiro bw’ibitaro bya ADEPR Nyamata kubera kubura amikoro yo kumushyingura. Yashyinguwe tariki 26/06/2012.
Nkurikiyinka Fabien, wo mu murenge wa Cyeza mu karere ka Muhanga, amaze imyaka 68 atarashaka umugore kubera ko yabaga mu nzu ya Nyakatsi, abona ko atari akwiriye kuyishakiramo umugore.
Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha rwashyiriweho u Rwanda (ICTR) rwemeje ko urubanza rw’uwahoze ari burugumesitiri wa komini Gisovu, Aloys Ndimbati, rwoherezwa kuburanishwa mu Rwanda.
Abakobwa 15 bigaga mu ishuri ry’ahitwa Bungoma muri Kenya baviriye mu ishuri icyarimwe bamaze guterwa inda n’umuhungu umwe bivugwa ko yamaze kuba rubebe mu gusambanya abanyeshuri bakiri bato akabahonga amafaranga.
Ndagijimana Eugene bakunda kwita Kanyandekwe wo mu mudugudu wa Rutenga akagari ka Gahogo umurenge wa Nyamabuye akarere ka Muhanga, afunzwe azira kwica Emmanuel Biyandurijiki ukomoka mu karere ka Ngororero wamukoreraga muri resitora.
Minisiteri y’Ubuzima igaragaza ko 52% by’urubyiruko rufite hagati y’imyaka 15 na 35 banyweye ibiyobyabwenge, bikaba ari yo mpamvu y’imibanire mibi isigaye igaragara mu muryango nyarwanda ndetse n’indwara zidakira.
Polisi y’u Rwanda icumbikiye abaturage basaga 15 bo mu karere ka Rwamagana mu murenge wa Kigabiro bakekwaho kwivugana Munyankindi Emmanuel wari wabasengereye, bashaka kumwambura amafaranga yari afite.
Yadusoneye Ndungutse utuye ahitwa ku Kamazuru mu murenge wa Nyamabuye mu karere ka Muhanga yitwaza agafuka n’akuma gakata ubwatsi maze akigabiza imirima y’abaturage agasarura ibyo ahasanze ubundi agashyira utwatsi duke kumpande z’ibyo yibye akitahira.
Bamwe mu baturage bo mu karere ka Muhanga baravuga ko bakwa ruswa kugira ngo bubake mu midugudu maze utayitanze agasenyerwa cyangwa ntiyemererwe kubaka.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Nyagatare bwatangarije abayobozi bagize inama yaguye y’umutekano mu Karere ka Nyagatare ko Umujyi w’Intara y’Uburasirazuba ugiye kuba Nyagatare aho kuba Rwamagana nk’uko byari bisanzwe.
Ubuyobozi bw’akarera Ruhango buratangaza ko hari abanyeshuri bata amashuri bakajyanwa mu mirimo ivunanye irimo kurinda umuceri, ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro, kwikorezwa ibintu bivunanye n’ibindi.
Bus nini ya sosiyete Kigali Bus Service (KBS) itwara abantu yagonze abantu babiri ahitwa Karwasa mu murenge wa Gacaca, mu karere ka Musanze, barakomereka bikomeye nayo ihita ita umuhanda ijya munsi yawo.
Abanyabukorikori bitwaye neza mu marushanwa ya Minisiteri y’Inganda n’Ubucuruzi muri gahunda yayo yise Handcraft Excellency Award Program, barasabwa kugaragariza ubuhanga bwabo mu bikorwa bakora, banateza imbere igihugu.
Ba rwiyemezamirimo baturutse mu turere twa Ruhango, Nyanza na Nyamagabe bari mu mahugurwa i Nyanza, kuva tariki 25-28/06/2012, bigishwa uburyo bwo kunoza neza imirimo bakora.
Itorero ry’Abadiventisiti b’umunsi wa 7 ryo mu mujyi wa Nyamagabe ryahaye amazi meza umudugudu wa Nyentanga utuwemo n’abapfakazi ba Jenoside yakorewe Abatutsi uherereye mu kagari ka Kigeme ko mu murenge wa Gasaka.
Muri Kanama 2012 ishuri ryigisha ubuganga riri i Gitwe mu karere ka Rugango “Institut Superieur Pédagogique de Gitwe (ISPG)” rizabona umwarimu mushya w’inzobere uzabafasha guteza imbere ubumenyi mu by’ibuvuzi.
Uturere tugize Intara y’Uburasirazuba twasohoje umuhigo wo guhuza ubutaka no kongera umusaruro hakoreshwa ifumbiremvaruganda ariko haracyari ikibazo cy’abaturage batishyura ifumbire bagurijwe kuko akarere kamaze kwishyura ifumbire nyinshi kishyuye 47%.
Akarere ka Gasabo katashye ruhurura igezweho kubatse mu murenge wa Kacyiru akagali ka Kamatamu, nyuma y’uko iyari ihari yari imaze igihe isenya amazu y’abayituriye, ikaba yarigeze no kwica abana babiri.
Mu kigo cy’amashuri cya Kirwa kiri mu murenge wa Rurenge mu karere ka Ngoma harabarurwa abanyeshuri batanu batwite inda z’indaro ndetse n’abandi bakekwa ko batwite ariko ntibiremezwa n’abaganga.
Abana babiri bari munsi y’imyaka 12 bakomoka mu karere ka Gakenke bahagurutse mu Gakenke mu cyumweru cyarangiye tariki 23/06/2012, bagiye gusura abavandimwe babo ariko batazi neza aho batuye bibaviramo gusaba akazi mu nzira kugira ngo bucye kabiri.
Umukecuru witwa Mukamanzi Erida utuye mu murenge wa Busoro mu karere ka Nyanza yajyanwe ku kigo Nderabuzima cya Busoro ari intere nyuma yo gukubitwa ibuye n’uwitwa Musabyimana Marie Jeanne warimo arwana na mugenzi we bapfa umuhungu.
Ministiri w’Ububanyi n’amahanga w’u Rwanda asobanura ko mu gihe u Rwanda rufite amahoro rutateza impagarara muri Kongo nk’umuturanyi warwo, kuko kwaba ari ukwisubiza inyuma mu mutekano n’iterambere rwari rugezeho.
Gahunda y’ibikorwa by’ingabo z’igihugu yiswe ARMY WEEK, biri kubera mu turere twa Rusizi na Nyamasheke igamije gukiza abaturage indwara zirenze ubushobozi bwabo no kubageza ku iterambere rirambye.
Abahanzi 10 bari mu irushanwa rya PGGSS 2 barasabwa kwitondera uburyo biyamamaza dore ko uzabirengaho azabihanirwa by’intangarugero bamukura mu marushanwa.
Rutare Jonathan umukinnyi ukina basketball yapfuye urupfu rutunguranye ubwo yari aryamanye na bagenzi be babanaga yitegura kuza mu Rwanda dore ko yari ku rutonde rw’abakinnyi ruzakinisha mu irushanwa ZONE 5.
U Rwanda kimwe n’ibindi bihugu bikenye biri mu ishyirahamwe ASARECA rifasha guteza imbere ubushakashatsi ku buhinzi, rurasaba ko rwagira uburenganzira kimwe n’ibihungu byateye imbere biri kumwe muri iryo shyirahamwe.
Mbonigaba Jean Damascene ukora ku Bitaro Bikuru bya Nemba mu karere ka Gakenke yatoraguye amafaranga ibihumbi 308 mu bwiherero mu cyumweru cyarangiye tariki 23/06/2012 maze ayasubiza nyirayo.
Mu gihe u Rwanda rwitegura inama mpuzamahanga ibanziriza kwizihiza isabukuru y’imyaka 50 y’ubwingenge,Umuyobozi w’ikigo gishinzwe imiyoborere (RGB), Prof. Anastase Shyaka avuga ko u Rwanda rufite isomo ku miyoborere myiza na Demokarasi ruzasangiza abashyitsi bazarusura.
Raporo y’Umuryango w’Abibumbye irasabira ibihano abantu 14 bagira uruhare mu guhungabanya umutekano muri Congo harimo abayoboke ba FDLR umunani. Bashinjwa ubusahuzi bw’amabuye y’agaciro no gukora ibikorwa byo guhohotera abaturage.
U Rwanda ruri ku mwanya wa gatandatu ku rutonde rw’ibihugu bifite ubukungu buzamuka cyane ku isi; nk’uko bigaragara mu cyegeranyo cyakozwe na Banki y’Isi cyasohotse muri Kamena 2012. U Rwanda ruri ku mwanya wa gatandatu ku rutonde rw’ibihugu bifite ubukungu buzamuka cyane ku isi; nk’uko bigaragara mu cyegeranyo cyakozwe na (…)
Mu nama yahuje abakozi ba za Ministeri z’ubucuruzi z’u Rwanda na Uganda kuri uyu wa mbere tariki 25/06/2012, bagaragaje ko imbogamizi z’urujya n’uruza rw’ibicuruzwa hagati y’ibihugu byombi zigihari cyane cyane ku ruhande rw’Ubugande.
Mu Rwanda hateraniye inama y’iminsi itanu, ihuje abakuriye ibigo by’amalaboratwari mu bihugu bya Afurika y’Uburasirazuba. Inama igamije guhererekanya ubumenyi n’ubunararibonye bwa buri gihugu kigize aka karere.
Mu kwitegura isabukuru y’imyaka 50 u Rwanda rumaze rubonye ubwigenge, impugucye muri politiki, abarimu muri kaminuza n’abandi bafite amateka akomeye, tariki 30/06/2012, bazitabira inama izabera mu nzu y’inteko Nshinga amategeko yiga ku iterambere ry’u Rwanda na Afurika muri rusange.
Uwingabire Beatrice n’umugabo we Mbazumutima Felicien bafungiye kuri polisi ya Nyamagana mu karere ka Ruhango bacyekwaho kwuvugana Munyeshyaka Andre w’imyaka 30 mu ijoro rishyira tariki 24/06/2012.
Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame, avuga ko ubutumwa bwiza bwamamaye buvuye i Gahini mu karere ka Kayonza bwabaye imbuto nziza ku mibanire y’Abanyarwanda n’Abanya-Uganda.
Inka 8 za Nkurikiyinka Andrew alias Mucanga zishwe n’inkuba ubwo hagwaga imvura nyinshi ivanzemo n’umuyaga mu mudugudu wa Nyabimuri, akagari ka Kagese, umurenge wa Nasho mu karere ka Kirehe saa tanu z’amanywa tariki 24/06/2012.
Jim Clancy, umwe mu banyamakuru babonye ibihembo byinshi kubera gutara amakuru aho bikomeye nko mu bihe by’intambara na Jenoside, atangaza ko mu kazi yakoze n’ahantu henshi yakoreye Jenoside yo mu Rwanda iri mu byamushavuje.
Ubujura bwo kwiba inkono ishyushye bayiteruye ku ziko bukomeje kuvugisha benshi nyuma yaho bukorewe mu rugo rw’uwitwa Gahuta Justin utuye mu mudugudu wa Gakenyeri A, Akagali ka Nyanza, Umurenge wa Busasamana mu karere ka Nyanza.
Abagabo batatu n’umugore umwe bafunzwe bazira gufatanywa ibiro 120 by’urumogi. Bafatiwe ahitwa mu Rukizi mu karere ka Kirehe mu ijoro rya tariki 23/06/2012 bapakiye urumogi hagati mu bitoki bari batwaye mu modoka ya Daihatsu.
Nyuma y’imyaka 18, imibiri 44096 y’abazize Jenoside yakorewe Abatutsi baguye ahahoze ibiro bya komini Rwamatamu muri Perefegitura ya Kibuye bashyinguwe mu cyubahiro tariki 24/06/2012, mu rwibutso rwubatswe mu murenge wa Gihombo mu karere ka Nyamasheke.
Rayon Sport yabonye itike yo kuzakina ½ cy’igikombe cy’Amahoro nyuma yo gutsinda Kiyovu Sport. Tariki 28/06/2012, Rayon Sport izakina na APR FC yesezereye SEC.
Abantu bataramenyekana bitwikiriye ijoro bajya gusiba amazima y’Abatutsi baroshywe mu mugezi wa Nyabarongo mu gihe cya Jenoside. Ayo mazina yari yanditse ku rwibutso ruri ku mugezi wa Nyabarongo mu murenge wa Rugendabari mu karere ka Muhanga.
Raporo y’Umuryango w’Abibumbye kuri Congo yashyizwe ahagaragara nta ruhare rw’u Rwanda igaragaza mu ntambara ibera muri icyo gihugu, nubwo hari hashize iminsi ibitangazamakuru bivuga ko u Rwanda rushobora kuba rufasha abarwanyi ba M23.