Raporo umugenzuzi mukuru w’imari ya Leta yagejeje ku nteko ishinga amategeko imitwe yombi tariki 22/06/2012, igaragaza ko hari amafaranga yo mu ngengo y’imari y’umwaka wa 2011/2012 yaburiwe irengero kuko atagaragazwa uko yakoreshejwe.
Abaturage bo mu Murenge wa Mahembe mu karere ka Nyamasheke, tariki 23/06/2012, bibutse abarezi n’abanyeshuri bo muri uwo murenge bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu mwaka wa 1994.
Indwara y’amaso bita amarundi imaze iminsi ivugwa mu bice bimwe by’igihugu yagaragaye mu karere ka Huye tariki 22/06/2012 ubwo umubyeyi n’umwana we bazaga kwivuza mu bitaro bikuru bya Kaminuza i Butare.
Ibitego bibiri bya Xabi Alonso byatumye ikipe y’igihugu ya Espagne isezerera Ubufaransa mu mukino wa ¼ cy’irangiza wabaye kuwa gatandatu tariki 23/06/2012, ihita ibona itike yo kuzakina ½ cy’irangiza.
Mukura Victory Sport yasezerewe na AS Kigali mu gikombe cy’Amahoro iyitsinze ibitego bitatu ku busa mu mukino wa ¼ wo kwsihyura wabereye kuri Stade ya Kigali i Nyamirambo kuwa gatandatu tariki 23/06/2012.
Dr.Ndekezi Consolate, umuganga w’umunyarwanda uba mu Bufaransa amaze mu Rwanda igihe kirenga ukwezi akorera ubushake mu bitaro bya Ruhengeri aho afasha abaganga bo muri ibyo bitaro kuvura zimwe mu ndwara zitandukanye zijyanye n’ubuzima bw’ababyeyi.
Abakozi b’urwego rushinzwe abinjira n’abasohoka mu Rwanda, tariki 23/06/2012, basuye abacitse ku icumu rya Jenoside yakorewe Abatutsi bo mu Bisesero babagezaho inkunga y’inka 4 n’amafaranga ibihumbi 300 byo kurihira abantu 100 ubwisungane mu buvuzi.
Jeanette Kagame, umufasha wa Perezida wa Repuburika, yafunguye ku mugaragaro urwibutso rwa Jenoside rwa Cyanika ruherereye mu murenge wa Cyanika mu karere ka Nyamagabe mu muhango wajyaniranye n’igikorwa cyo gushyingura no kwibuka inzirakarengane zishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Ibitaramo bya Live biratangira aho abahanzi bose bari muri Primus Guma Guma Super Star 2, kuri uyu wa Gatandatu tariki 23/06/2012 batongera kuririmbira bataririmbiye bakoresheje CD.
Ikigo RBC gishinzwe ubuzima kivuga ko uburere n’uburezi ku kumenya gushyira mu gaciro, no gushobora gucunga amarangamutima aganisha ku mibonano mpuzabitsina, ari kimwe mu byafasha benshi kwirinda Sida.
Amakuru mashya aravuga ko umuyobozi wa FDLR, Straton Musoni, yakoreshaga telefoni yo mu biro bya Minisitiri w’Ubutabera w’igihugu cy’u Budage, mu kuyobora ibikorwa by’inyeshyamba za FDLR, muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo.
Umuhanzi Jules Sentore yashize hanze amashusho y’indirimbo aherutse gukora yise “Ndayoboza”, indimbo y’urukundo ku ivuga k’umusore wakundanaga n’umukobwa, nyuma umukobwa akagenda umusore agasigara yibaza iyo yagiye.
Akarere ka Huye karifuza kongera gutangira kuvugurura umujyi no kwita ku bikorwa by’iterambere mu cyaro, nk’uko umuyobozi wako yabisobanuriye Inama Njyanama, nyuma y’uko gahawe ingengo y’imari igera kuri miliyari icyanda na miliyoni 670.
Hafi 76% by’ingengo y’imari y’akarere ka Ruhango kemerewe, bizakorehswa mu buhinzi n’ubworozi hakurikireho ibikorwaremezo birimo imihanda no gukwirakwiza umuriro w’amashanyarazi.
Impamyabushobozi ziherekejwe n’ibikoresho urubyiruko rwo mu murenge wa Ririma mu karere ka Bugesera rwahawe n’umuryango w’Abaholandi Chelp a Child ibinyujije mu muryango Nyafurika w’ivugabutumwa (AEE), rwemeza ko bizarufasha kwikorera no gusezerera ubushomeri.
Abanyeshuri n’abarezi bo mu kigo cy’amashuri yisumbuye cya Mutagatifu Wenceslas (APECOF), bibutse Abatutsi bishwe muri Jenoside bakajugunywa mu mugezi wa Sebeya wo mu murenge wa Kanama mu karere ka Rubavu.
Umushinjacyaha mukuru w’Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha rwashyiweho u Rwanda, Hassan Bubacar Jallow, arasaba u Rwanda gushakira Bernard uzamwunganira mu rubanza mbere yo koherezwa kuburanira mu Rwanda.
Umuyobozi w’karere ka Gakenke, Nzamwita Deogratias, arasaba ihuriro ry’abafatanyabikorwa b’akarere (JADF) gukora ibikorwa bifatika cyane cyane ibihundura imibereho y’abaturage, kuko akarere ka Gakenke kari mu turere 10 twa nyuma mu gihugu mu kugira abaturage bakennye.
Abayobozi b’inzego z’ibanze barakangurirwa kugira imikoranire myiza n’itangazamakuru n’imwe mu nzira yafasha abayobozi gukemura ibibazo no gukosora amwe mu makosa arebana n’ubuyobozi n’abaturage.
Abakozi b’Ikigo cy’Igihugu cyo Gutanga Amaraso (RBC/NCBT), bifatanije n’Imiryango y’abahoze bakora muri icyo Kigo bazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, mu rwego rwo gufata mu mugongo abarokotse bo muri iyo miryango no kwifatanya n’Abanyarwanda bose kwibuka no kwamagana ibikorwa byose byerekeza kuri Jenoside (…)
Abakozi b’ikigo cy’igihugu gishinzwe umutungo kamere n’ububiko bw’impapuro mpamo (Rwanda Natural resources Authority), bateye inkunga y’amafaranga asaga miliyoni ebyiri n’igice abacitse ku icumu rya Jenoside batuye mu mudugudugu wa Gasaka, wo mu kagari ka Nzega ko mu murenge wa Gasaka mu karere ka Nyamagabe.
Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi (MINAGRI), irasaba abahinzi bo mu karere ka Nyagatare kwishyura ifumbire bakoresheje mu mirima yabo, nyuma y’aho igenzura ryagaragaje ko abagera kuri 23% aribo bishyuye gusa.
Abajyanama b’ubuzima bakorana n’ikigo nderabuzima cya Mayange, mu karere ka Bugesera, bahawe amagare 89, mu rwego rwo kuborohereza urugendo bajya mu baturage.
Imiryango y’abari abakozi ba perefegitura zahinduwemo intara y’Amajyepfo bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi u 1994, irasaba ko hashyirwaho ikimenyetso cyerekana uko bishwe.
Umunyamabanga uhoraho muri Minisiteri y’ubuhinzi n’ubworozi (MINAGRI) aratangariza abahinzi bo mu Ntara y’Amajyaruguru ko nta gihingwa cyaciwe mu Rwanda. Amasaka ntiyaciwe ariko ntabwo agomba kubangamira ibihingwa by’ibanze bya gahunda y’igihugu y’imbaturabukungu (CIP).
Ndayisaba Valens w’imyaka 31 uvuka mu murenge wa Rutare akagari ka Nkoto afungiye kuri sitasiyo ya polisi ya Gicumbi azira kwinjiza ikiyobyabwenge cya Kanyanga muri ako karere.
U Rwanda, u Burundi na Repuburika iharanira Demokarasi ya Congo (RDC), bigiye gufatanya kubaka urugomero rw’amashyanyarazi rushya rwa Rusizi ya Gatatu binavugurure izari zisanzweho, arizo Rusizi ya Mbere n’iya Kabiri.
Ubuyobozi bw’umujyi wa Kigali buvuga ko butazagabanya ibiciro by’imva mu irimbi rya Rusororo kubera ko gushyingura mu buryo bwa kijyambere bihenda kuko byangiza ibidukikije; kandi ko i Rusororo atariho honyine hashyingurwa.
Kubera itandukaniro rinini rishingiye ku bukire hagati y’abatuye Kigali, Ministiri w’Intebe, Dr. Pierre Damien Habumuremyi, yasabye ubuyobozi bw’umujyi gukuraho icyo cyuho, hibandwa ku gutanga iby’ibanze biranga umujyi ku batuye icyaro.
Mu igenzura ry’isuku ryabaye tariki 20/06/2012, umugabo bakunda kwita Musafiri yafungiwe boutique afite ahitwa mu Ivundika mu karere ka Ngoma kubera ko avanga boutique n’urwagwa.
Ku masoko amwe n’amwe yo mu karere ka Bugesera haracyagaragara abantu bacuruza imyumbati cyangwa ifu yayo yatoye uruhumbu. Abahagurira bavuga ko nta kundi babigenza kuko badasobanukiwe n’ubuziranenge bw’ibiribwa.
Banki ny’Afurikaa Itsura Amajyambere (BAD) n’Ikigega Mpuzamahanga cyo kurengera Ibidukikije (WWF) byashyize ahagaragara raporo y’uko ibidukikije bihagaze muri Afurika ndetse binahamagarira abayobozi gushora imari mu mutungo kamere wo kuri uwo mugabane.
Nyuma yo kumurika uko ingengo y’imari y’umwaka ushize yakoreshejwe, tariki 20/06/2012, abagize Inama Njyanama y’Akarere ka Rubavu bemeje ingengo y’imari y’umwaka 2012/2013 ingana na miliyari 11, miliyoni 675, ibihumbi 880 n’amafaranga 787.
Ikigo nderabuzima cya Kirehe kiri mu karere ka Kirehe kirwanya imirire mibi cyorora inkwavu, inkoko hamwe no guhinga uturima tw’igikoni. Ibi bifasha abaturage bafite abana bafite indwara zituruka ku mirire mibi kongera kubaho neza.
Mu muhango wo kwibuka abanyeshuri umunani bigaga mu ishuri ryisumbuye rya Buramba riri mu murenge wa Kabacuzi mu karere ka Muhanga, abanyeshuri bahiga basabwe kwirinda ingengabitekerezo ya Jenoside yagiye igaragara ahatari hake mu bigo by’amashuri.
Umukobwa w’imyaka 29 ukomoka mu Bwongereza yatawe muri yombi nyuma yo kwiba amayero ibihumbi 200 (amanyarwanda asaga miliyoni 150) kugira ngo akore ubukwe bwiza yifuzaga.
Michael Nicholson of Kalamazoo, bahimba "Mich", wo muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika aherutse gutsindira impamyabumenyi ye ya 29 yo ku rwego rwa kaminuza mu gihe abandi bagerageje kwiga menshi usanga batarengeje eshanu.
Habinshuti Moise w’imyaka 21 avuga ko yinjiye mu banywi b’ibiyobyabwenge agamije kugira ngo nawe ajye atereta abakobwa benshi ariko ngo nta kiza yabikuyemo.
Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha rwashyiriweho u Rwanda (ICTR) rwanze icyifuzo cya Protais Zigiranyirazo cyasabaga guhabwa impozamarira zingana na miliyoni imwe y’amadolari kubera ko urukiko rutubahirije uburenganzira bwe bw’ibanze.
Akarere ka Gakenke karateganya gukoresha 70% by’amahoro n’imisoro mu ngengo y’imari ya 2012/2013 mu kwegereza abaturage amashanyarazi, kugirango abaturage bakoresha amashanyarazi muri ako karere bave kuri 2% bagere hagati ya 5 na 6% by’abatuye ako karere.
Mu birori byo gutaha imirenge SACCO ine, muri 11 zimaze kubakwa mu karere ka Bugesera, Minisitiri w’ubucuruzi n’inganda, Francois Kanimba, yishimiye imbaraga abaturage bakoresheje mu kwiyubakira imirenge SACCO.
Sosiyete y’itumanaho ya MTN yiyemeje ko igiye gufasha ishuri ribanza rya Gashike riri mu murenge wa Kinazi akarere ka Ruhango kuzamura uburezi bwaryo kuko bigaragara ko rifite amikoro macye.
Abantu 6000 biganjemo urubyiruko bazahabwa imirimo itari iy’ubuhinzi mu karere ka Nyanza mu mwaka w’ingengo y’imali 2012-2013; nk’uko Murenzi Abdallah, umuyobozi w’akarere ka Nyanza yabitangaje tariki 21/06/2012.
Kuri uyu wa kane tariki 21/06/2012, umuyobozi w’Akarere ka Rwamagana yatangaije ku mugaragaro imurikabikorwa ry’ibikorwa binyuranye by’iterambere n’imibereho myiza bikorerwa muri ako karere.
Inzu ya Kankindi Constance w’imyaka 77 y’amavuko utuye mu mudugudu wa Butansinda, akagali ka Butansinda, akarere ka Nyanza yatwitswe n’abagizi ba nabi bimwe mu byo atunze bihinduka umuyonga ubwo yari yagiye gutera intabire y’imyumbati.
Polisi y’igihugu ikorera mu karere ka Muhanga ku bufatanye n’ingabo z’igihugu bafashe abantu umunani biganjemo urubyiruko bafite ibiyobyabwenge mu ijoro rya tariki 20/06/2012.
Mu gihe u Rwanda rwitegura kwizihiza imyaka 50 rubonye ubwigenge hamwe n’imyaka 18 rwibohoje, tariki 24-30/06/2012, ingabo z’igihugu zizakora ibikorwa by’ubuvuzi no kwigisha abaturage kugira ubuzima bwiza mu turere twa Nyamasheke na Rusizi.
Hakizimana Francois w’imyaka 57 wo mu kagari ka Bugarama, umurenge wa Kibirizi mu karereka Nyamagabe afunzwe ashinjwa kwica umugore we witwa Musabyimana Olive wari ufite imyaka 42 hanyuma umurambo akawuroha mu rugomero rw’amazi rwa Rukarara aho wamaze amezi abiri utaraboneka.