Umugabo witwa Tuyishime Emmanuel yahungiye mu gihugu cya Tanzaniya nyuma y’uko umugambi yari afite wo kugurisha abana babiri b’abakobwa umupfubanye.
Umuhanzi nyarwanda Kalimba Jackson wari waritabiriye amarushanwa ya Tusker Project Fame 5 yavuyemo atsinzwe n’Umunyakenyakazi Ruth yegukanye iryo rushanwa tariki 29/07/2012.
Kuri uyu wa mbere tariki 30/7/2012, Sekamana Uwase Yannick Fred ukina umukino wa Judo mu batarengeje ibiro 73, ni we Munyarwanda wa mbere uza gutangira amarushanwa mu mikino Olympique ibera mu Bwongereza.
Itegeko rirengera rikanakurikirana ababuriwe irengero, niryo ryonyine u Rwanda rwanze gusinya mu masezerano agera ku icyenda y’Umuryango Mpuzamahanga y’uburenganzira bwa mutnu.
Mu ijoro ryo ku cyumweru tariki 29/07/12, imodoka ya Mini-bus yari itwaye abagenzi 18 yakoze impanuka irenze gato ahitwa ku Kivumu mu karere ka Muhanga ubwo yavaga mu karere ka Nyanza igana mu karere ka Musanze.
Nyuma y’umuganda rusange wabaye tariki 28/07/2012 urubyiruko nyarwanda rwagize umwuga ikoranabuhanga mu isakazabumenyi (ICT) bakoze igikorwa bise e-umuganda kigamije gushyira ibice bigize umujyi wa Kigali ku gishushanyo ndanga karere (openstreetmap).
Ntirugiribambe Jean Damascene w’imyaka 38 yatawe muri yombi tariki 29/07/2012 n’abaturage bo mu mudugudu wa Nyabinyenga, akagari ka Munini, umurenge wa Ruhango mu karere ka Ruhango, akekwaho kwiba inka yari ashoreye ayishakira umuguzi.
Abagize inteko ishinga amategeko, umutwe wa Sena, bifatanyije n’abaturage bo mu Murenge wa Mukura mu karere ka Huye mu gikorwa cy’umuganda wabaye tariki 28/07/2012.
Ikipe y’abafite ubumuga bwo kutabona (goal ball) yo mu karere ka Gisagara yabashije kwegukana umwanya wa gatatu ku rwego rw’igihugu mu mikino yabaye muri uku kwezi kwa Nyakanga 2012.
Igitego cya kabiri cy’u Rwanda cyatsinzwe na Patrick Umwungeri cyatumye u Rwanda U20 rutsinda Mali ibitego bibiri kuri kimwe mu mukino wo gushaka itike y’igikombe cya Afurika wabereye kuri Stade ya Kigali ku cyumweru tariki 29/7/2012.
Jason Derulo, umuririmbyi w’Umunyamerika wari waje kwitabira igitaramo cyo gusoza amarushanwa ya PGGSS 2, mbere yo gusubira iwabo muri Amerika yabanje gusura abarwayi mu bitaro bikuru bya CHUK aranabagaburira tariki 29/07/2012.
Urwego rwa polisi rushinzwe umutekano wo mu muhanda ruratangaza ko abakomvuwayeri bagiye gucibwa mu ma matagisi bitewe n’imyitwarire idahwitse yo gutongana n’abagenzi mu buryo butandukanye ibagaragaraho.
Ubuyobozi bw’umurenge wa Kagogo, mu karere ka Burera buratangaza ko bwafatiye ingamba uburaya bw’abakobwa bafite munsi y’imyaka 18 bukorerwa muri santere ya Gitare, iri muri uwo murenge, kuburyo ngo muri iki gihe bumaze kugabanuka.
Umugabo w’umurundi w’imyaka 45 y’amavuko utashatse ko amazina ye atangazwa yibwe miliyoni 3 z’amafaranga y’u Rwanda hamwe n’imfunguzo z’imodoka ye yo mu bwoko bwa RAV 4 mu mujyi wa Nyanza.
Bamwe mu batanze umusanzu w’ubwisungane mu kwivuza bo mu karere ka Muhanga bavuga ko batishimiye ukuntu icyo gikorwa gitinda kandi mbere umuntu yarajyaga kwishyura agatahana ikarita ye cyangwa se akayibona bidatinze.
Mu mukwabu wakozwe mu murenge wa Kigarama wo mu karere ka Kirehe, polisi yafashe litiro 150 za Kanyanga ndetse n’ibiro 733 by’urumogi maze bitwikirwa mu ruhame imbere y’abaturage, polisi n’ubushinjacyaha.
Kubera imvune, ba myugariro b’ikipe y’u Rwanda y’abatarengeje imyaka 20 Salomon Nirisarike na Faustin Usengimana ntabwo bazagaragara mu mukino wo gushaka itike y’igikombe cya Afurika uhuza u Rwanda na Mali kuri iki cyumweru tariki 29/07/2012.
Uwahoze ari rutahizamu w’ikipe y’igihugu ya Ukraine, Andriy Shevchenko, nyuma yo gusezera ku mupira w’amaguru yamaze gutangaza ko agiye gutangira ibijyanye na politiki.
Abaturage bo mu kagari ka Rukara, umurenge wa Rukara mu karere ka Kayonza, bavuga ko gukuriraho u Rwanda imfashanyo nta Munyarwanda n’umwe bikwiye guhangayikisha kuko ntacyo bizatwara u Rwanda.
Abapolisi b’u Rwanda batanu bazamuwe mu ntera kuwa gatanu tariki 27/07/2012 nyuma yo kumara amezi arindwi n’igice bari mu mahugurwa mu kigo cyitwa General Service Unit Training School cyo muri Kenya.
Young Africans (Yanga) yegukanye igikombe cya CECAFA nyuma yo gutsinda Azam ibitego 2 ku busa mu mukino wa nyuma wabereye kuri Stade y’igihugu i Dar Es Salaam ku wa gatandatu tariki ya 28/7/2012.
Bamwe mu bakobwa babarizwa mu gice cy’umujyi wa Nyanza barashinja bamwe mu bahungu ko babotsa igitutu ngo baryamane mbere y’ubukwe bamara kubibemerera bakagenda umuti wa mperezayo na bwa bukwe bugapfa.
Umuboyozi w’Intara y’Uburengerazuba, Kabahizi Celestin, yifatanyije n’abatuye akarere ka Rusizi mu gikorwa cy’umuganda rusange ngarukakwezi cyabereye mu mudugudu wa Karushaririza akagari ka Burunga,umurenge wa Gihundwe tariki 28/07/2012.
Imodoka y’Ikamyo ifite purake BU A 3146 A yavaga Uganda yerekeza i Burundi ihetse imifuka ya Sima yageze mu kagari ka Munini umurenge wa Ruhango mu karere ka Ruhango irahirima igwira uruhande rumwe rwayo ku mugoroba wa tariki 27/07/2012.
Umutesi Lilianne Mubera, Tega Phidelice na Akineza Carmeen batorewe kuzahagararira Intara y’Iburasirazuba mu irushanwa rya Nyampinga w’u Rwanda 2012. Liliane Umutesi yatowe ku banyampinga naho Tega Phidelice na Akineza Carmeen baba ibisonga bye.
“Abirabura ntibasoma, kubw’iyo mpamvu bazahora ari abacakara bacu,” ni amagambo akubiye mu butumwa buri gukwirakwizwa ku mbuga zitandukanye za internet, ipfobya abantu bafite uruhu rwirabura, ishingiye kubyo ibanenga birimo ubujiji, kwifuza birenze n’ubusambo.
Hamaze igihe kitari gito abahinzi bahinga umuceri mu kibaya cya Bugarama mu karere ka rusizi binubira igiciro bahabwa n’inganda zitunganya umuceri ku musaruro beza. Bakavuga ko inganda zibungukamo.
Aborozi bo mu mirenge ya Mayange, Ririma na Gashora mu karere ka Bugesera barasabwa gufata neza amata, nk’uko babihuguriwe kugira ngo umukamo wabo ukomeze ugire ubuziranenge kandi ukomeze ukundwe ku isoko.
Jean Nsengiyumva w’imyaka 45 wo mu karere ka Nyamasheke, yaraye akurikiranye umugore we wari wahukanyiye ku muturanye we nyuma yo kurwana, amusanga aho yari yahungiye atema ihene eshatu.
Sosiyete y’itumanaho mu Rwanda MTN yakoze umuganda ngarukakwezi wo kubagarira ibiti mu kibaya cya Nyandungu mu mujyi wa Kigali, mu rwego rwo kwizihiza isabukuru y’imyaka 94, Nelson Mandela wakuyeho ingoma ya ba gashakabuhake muri Afurika y’Epfo amaze avutse.
Itsinda ry’Abanyanijeriya riyobowe na OKUNMADEWA uhagarariye Banki y’isi ishami ryayo muri Nigeriya, zagiriye uruzinduko mu karere ka Gicumbi zigamije kwigira kuri ako karere ibyo VIUP yabagejejeho, kuri uyu wa Gatanu tariki 27/7/2012.
Abatuye umujyi wa Ruhango bavuga ko bamaze kumenya ko King James ari bwegukane igihembo cy’irushanwa rya Primus Guma Guma Super Star 2, bituma abantu bataramenyekana bangiza ifoto ya Jay Polly yari ku cyapa cyamamazaga abahanzi.
Venuste Nsengiyumva arwariye ku bitaro ba Kibungo, nyuma y’uko umugore we yamutemaguye mu mutwe ariko ntapfe tariki. 26/07/2012, ubwo yari amusanze asinziriye.
Urubyiruko rw’Abanyarwanda baba mu mahanga bagiye kujya mu mahugurwa y’ibyumweru bibiri i Gako, guhera kuwa Mbere tariki 30/07/2012. Amahugurwa yateguwe na Minisiteri y’Ububanyi n’amahanga n’Ubutwererane y’u Rwanda.
Inzego z’umutekano mu karere ka Kayonza zarashe umwe mubajura bari bagabye igico kuri TELECENTRE ya Kayonza, inabatesha mudasobwa esheshatu na televiziyo ya rutura (Flat screen) bari bibye.
Mu gasantere ka Mugu hafatiwe imifuka 13 y’ifumbire mva ruganda ihabwa abahinzi bo mu Rwanda mu rwego rw’inyongeramusaruro yari igiye kugurishwa muri Uganda, mu mukwabo wabaye mu gitondo cyo ku wa Gatanu tariki 27/07/2012.
Umuhanzi ukomeye wo muri Leta zunze Ubumwe za Amerika, Jason Darulo, yaraye ageze mu Rwanda nk’uko byari biteganyijwe, ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatanu tariki 27/07/2012.
Umugore witwa Riziki Musabyimana amaze amezi agera kuri 11 atwite inda ariko kugeza uyu munsi umwana ataravukira amezi icyenda nk’abandi. Akavuga ko atazi n’icyateye uko gutinda.
Ba rwiyemezamirimo bo mu ntara y’Amajyepfo, bemerewe kuzahabwa inguzanyo muri gahunda ya Hanga umurimo, barinubira uburyo amabanki akomeje gutinza ibikorwa byo kubaha inguzanyo basaba, nk’uko gahunda ibibemerera.
Umufasha wa Prezida wa Repubulika, Nyakubahwa Jeannette Kagame yasabye abagore bahuguriwe gucunga neza imishinga yabo gutanga imirimo ku rubyiruko kugira ngo babarinde ibyago biterwa n’ubukene cyangwa ubushomeri.
Ambasaderi wa Leta Zunze Ubumwe z’Amerika mu Rwanda, Donald W. Koran aratangaza ko afite icyizere ko ikigo cy’igihugu cyo gutanga amaraso (NCBT) kizemerwa n’ishyirahamwe nyamerika ryo gutanga amaraso American Association for Blood Banks (AABB).
Irambona Eric, umugabo w’imyaka 25, afungiye kuri sitasiyo ya polisi ya Ngoma mu karere ka Huye akurikiranyweho kwiyita umukozi muri Komisio y’Igihugu yo Kurwanya Jenoside akanaka abanyeshuri amafaranga ababeshya ko azabashakira buruse yo kwiga muri kaminuza.
Urubyiruko rw’amatorero atandukanye ruturutse mu bihugu bitandatu by’Afrika ruteraniye mu mahugurwa y’ibijyanye n’imiyoborere myiza mu karere ka Rusizi ku cyicaro cy’itorero angirikani ari naryo ryayateguye.
Kugira ngo umenye ko umukobwa agukunda hari ibimenyetso akora byerekana ko agukunda. Ibimenyetso bikurikira ni ibyo abantu besnhi bakunda guhurizaho.
Umukwabo wakorewe mu gasentere ka Mugu kari mu murenge wa Kagogo mu karere ka Burera wafashe forode z’ibinyobwa bitandukanye bituruka muri Uganda ndetse n’ifumbire mvaruganda ihabwa abahinzi bo mu Rwanda, yari kuzajya gucuruzwa muri Uganda.
Ikamyo yari itwaye risansi ivuye muri Uganda yakoze impanuka igeze ahitwa mu Kigoma urenze gato mu gasantere ka Rukomo igonga umukingo maze icikamo kabiri ihita ikongoka imodoka zibura uko zitambuka.
Hagiye gushyirwaho imirongo ngenderwaho igamije kwerekana uburyo Ihuriro ry’Abana rishyirwaho, imiterere n’imikorere yaryo hakurikijwe inzego z’imiyoborere y’igihugu kuva ku mudugudu kugera ku karere.
Perezida Kagame na Minisitiri w’Intebe wa Uganda nibo bayobozi basubiza cyane ababandikiye ku rubuga rwa Twitter nk’uko bigaragara mu cyegeranyo kigaragaza uko abayobozi ku isi bakoresha Twitter.
Kubera ubwinshi bw’imirimo yo gucukura amabuye ikorerwa mu karere ka Ngororero ndetse n’igihe kirekire gishize ikorwa, mu mirenge icurwamo ayo mabuye usanga hari ibyobo byinshi kandi binini harimo ibikoreshwa n’ibitagikoreshwa bigaragara ko bibangamira ibidukikije.