Mu gihe cy’icyumweru abavuzi gakondo bamaze bavura ababagana ku cyicaro cyabo, nyinshi mu indwara zagaragaye ku barwayi barenga 150 bitabiraga ubuvuzi ku munsi ni iziterwa n’ukudakora neza kw’imitsi.
Ikipe y’intore z’abarezi b’akarere ka Burera mu cyiciro cy’abagabo yabonye itike yo gukina ¼ cy’irangiza mu irushanwa rihuza intore z’abarezi mu gihugu hose.
Abasigajwe inyuma n’amateka batagiraga aho baba n’abandi babaga mu mazu adashobotse mu mirenge ya Rambura na Muringa, bubakiwe amazu 52 kugira ngo barusheho gutura heza no guhabwa agaciro gakwiriye Abanyarwanda.
Polisi ikorera mu karere ka Nyarugenge yataye muri yombi abantu batatu bakekwaho kwiba ipikipiki ifite puraki RA 464 V ya Flavien Habyarimana ushinzwe ubuhinzi n’amashyamba mu murenge wa Rukumberi, akarere ka Ngoma.
Umurambo w’umwana w’umukobwa w’imyaka 3 wari watawe mu mugezi wa Murokora watoraguwe mu kagari ka Ruragwe, umurenge wa Rubengera mu karere ka Karongi kuwa gatanu tariki 06/07/2012.
Abasore bakina ku mugabane w’u Burayi Rusingizandekwe, Kabanda na Nirisarike bategerejwe mu myitozo y’ikipe y’igihugu y’abatarengeje imyaka 20, aho arimo gukorera imyitozo i Rubavu yitegura umukino ifitanye na Mali tariki 28/7/2012.
Ipikipiki yo mu bwoko bwa AG 100 ifite cya RA391C, yagonze umunyamaguru wagenderaga mu gice cyagenewe abanyamaguru, bitewe n’uko nta matara yari ifite kandi n’umuriro wabuze mu mujyi wa Huye.
Mukantabana Madeleine utuye mu mudugudu wa Nyanza, Akagali ka Nyanza, umurenge wa Busasamana mu karere ka Nyanza yibasiwe n’imyanda y’ibitaro bya Nyanza urugo rwe rwose ruhinduka isayo, ku mugoroba wo kuwa Kane tariki 6/07/2012.
Umuholandi Louis Van Gaal wahoze atoza ikipe ya Bayern Munich, yagizwe umutoza w’ikipe y’igihugu cye yasimbuye Bert Van Maarwijk wasezeye ku mirimo ye mu minsi ishize, nyuma yo kwitwara nabi agaszezerewa ku ikubitiro mu gikombe cy’u Burayi.
Amazi abiri y’ubucuruzi aherereye mu kagali ka Kiziguro Umurenge wa Nkungu, yaraye yibasiwe n’inkongi y’umuriro, arashya arakongoka n’ibikari byayo. N’ubwo nta muntu wahasize ubuzima, hangirikiye ibintu bifite agaciro ka miliyoni eshatu.
Minisitiri wa Misiri ushiznwe Amazi, umutungo kamere no kuhira, Dr. Hisham Qandil, aratangaza ko igihugu cye kiteguye gukorana n’ibihugu bikora ku ruzi rwa Nil, muri gahunda yo kugabanya ubukene no kwiteza imbere byifashishije umugezi wa Nil.
Abagabo 14 bahoze barwanira umutwe ufatwa nk’iterabwoba wa FDLR nyuma bakaza kwitandukanya nawo, kuri uyu wa Kane tariki 06/07/2012 bageze mu nkambi ya Nyagatare iherereye mu karere ka Rusizi.
Salama bandugu, Mani, ni uko mwambaniye kweli ? Ubu ndabizi abenshi muri mwe bamfitiye bifu (beef – amasinde) ngo narapoteye (narabuze) batazi n’uko byangendekeye…bongo ?
Imodoka y’ikamyo yo mu bwoko bwa Ben yagonze abantu babiri umwe ahita yitaba Imana undi arakomereka bikomeye, mu mpanuka yabereye i Gikondo ahazwi ku izina rya Merez ya Kabiri, kuri uyu wa Gatandatu tariki 07/07/2012.
Jean Marie Ntagwabira wari umaze imyaka ibiri atoza ikipe ya Rayon Sport, yashyize ku mugaragaro ibibazo bimaze iminsi bivugwa muri iyi kipe byanagize ingaruka ku myitwarire mibi yaranze iyi kipe muri uyu mwaka, arangije atangaza ko ayisezeyemo.
Leta y’u Rwanda yafashe ingamba zo guhangana n’abantu bose bafite ibikorwa byo kwiharira no gusahura imitungo ya za koperative, mu gihe n’ubwo inyinshi zikomeje guteza imbere ba nyirazo hari izikirangwamo imicungire mibi y’imitungo bihombya abanyamuryango.
Inkongi y’umuriro yibasiye ishyamba yangiza hagitare imwe n’igice mu karere ka Gisagara, umurenge wa Gikonko mu kagari ka Cyiri, kuri uyu wa kane tariki 05/07/2012.
Thadee Kwitonda wahunze ibyaha ashinjwa byo kugira uruhare yagize muri jenoside yakorewe abatutsi mu 1994, yaba agiye koherezwa mu Bubiligi nyuma yo gufatirwa muri Uganda, nk’uko Polisi y’iki gihugu ibitangaza.
Inkongi y’umuriro itaramenyekana icyayiteye yibasiye inzu ya Niyonsaba Leonard, itwika ibishyimbo yari amaze gusarura n’igisenge k’inzu ye kirahangirikira, kuri uyu wa Kane itariki 05/07/2012.
Aba bahinzi bo mu karere ka Nyamagabe baravuga ko imyaka yabo yangiritse kubera imvura nyinshi yaguye mu mezi ashize, n’iyari isigaye imerewe nabi n’izuba ryinshi kubera imihindagurikire y’ikirere.
Abanyarwanda hamwe n’inshuti z’u Rwanda bab mu Budage barashima aho u Rwanda rugeze mu iterambere nyuma y’imyaka 18 rwibohoye n’imyaka 50 rubonye Ubwigenge.
Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, yafunguye ku mugaragaro uruganda East African Granite Industries (EAGI) rukora amakaro, ruherereye ahitwa Rutaraka mu Murenge wa Nyagatare, mu Karere ka Nyagatare.
Ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali buratangaza ko igice cyose cyo mu Mujyi wa Kigali mu rwagati no mu nkengero zawo, hatangiye kubakwa mu buryo bugezweho, bikurikije inyingo yo kuva mu 2011 kugeza mu 2016.
Minisiteri ifite ubuhinzi mu nshingano zayo ( MINAGRI) igiye gushyira ingufu muri gahunda yo kuhira imyaka mu mirima yigisha abaturage guhangana n’ikibazo cy’ibura ry’amazi rya hato na hato.
Guhera mu kwezi gutaha, abakozi bose b’ibitaro byitiriwe umwami Faisal bazaba bagendera ku masezerano y’umurimo mashya mu rwego rwo kugendera ku mabwiriza y’Ikigo cy’Igihugu cy’Ubuvuzi (RBC), asaba gukoresha abakozi babifitiye ubushobozi.
Shampiyona y’imikino y’ababana n’ubumuga bwo kutabona igeze muri ½ cy’irangiza. Mu makipe 10 yari yitabiriye iri rushanwa hasigayemo amakipe 4 akiri guhatanari gutwara igikombe.
Umuryango Haguruka uharanira uburenganzira bw’umugore n’umwana uratangaza ko amazina ahabwa ibyiciro by’imibereho byashizwemo abaturarwanda atemewe mu mategeko kuko ngo ari bumwe mu buryo bukurura ivangura.
Ku bufatanye bw’umuryango Isaro Foundation n’itorero ry’Abangilikani mu Rwanda, tariki 05/07/2012, mu ishuri rya EAV Bigogwe mu karere ka Rubavu hatangijwe isomero rikoranye ikoranabunga (e-library).
Nsengimana Pascal w’imyaka 25 y’amavuko yari ahitanwe na tagisi itwara abagenzi tariki 06/07/2012 ariko Imana ikinga ukuboko. Iyo mpanuka yari ibereye mu karere ka Nyanza tagisi yari itwaye abagenzi bajya mu karere ka Ruhango.
Perezida wa Samalia, Sheikh Sharif Ahmed, yageze mu Rwanda taliki 05/07/2012 mu rugendo yarimo akorera mu bihugu byo muri Afurika, aho asaba ubufasha mu kongera umutekano mu gihugu cye cyitegura amatora mu kwezi kwa Kanama.
Umutwe wa M23 wafashe agace ka Bunagana mu Burasirazuba bwa Repuburika Iharanira Demukarasi ya Congo, gahana imbibi n’igihugu cya Uganda.
Abarimu bo mu ishuli ryigenga rya Lycée ya Ntyazo riri mu murenge wa Ntyazo mu karere ka Nyanza bigaragambije tariki 06/07/2012 banga gutanga ibizimini byabo ngo byandikwe kubera ikibazo cyo kumara amezi atandatu badahembwa.
Itsinda “Ramura Jazz Band” ryo mu murenge wa Ruli, akarere ka Gakenke rirasaba abakunzi baryo kubashyigikira kugira ngo ribashe no kugera ku isoko ry’umuziki muri Kigali no mu gihugu cyose.
Ingengo y’imari y’akarere ka Kayonza yibanze ku Mirenge ya Nyamirama na Murama ikennye kurusha iyindi. Ibibazo birimo kutagira amazi meza iyo mirenge ifite byasumbaga kure iby’iyindi mirenge.
Kwitonda Thadee ukurikiranwaho uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994, mu gitondo cya tariki 05/07/2012 yatawe muri yombi mu mujyi wa Kampala muri Uganda hafi ya Ambasade y’Ububiligi.
Imodoka yo mu bwoko bwa Toyota Hiace itwara abagenzi i Nyamirambo yagonze imodoka enye mbere yuko ihagarara mu muhanda uva kuri State Regional ujya mu mujyi hafi yahitwa kuri Club Rafiki tariki 05/07/2012.
Itsinda Dream Boys barataramira kwa Mutangana (La Belle Terrasse) i Nyabugogo kuri uyu wa gatanu tariki 06/07/2012 guhera saa moya za nijoro.
Knowless araba ari kuri Sky Hotel kuri uyu wa gatanu tariki 06/07/2012; kuwa gatandatu tariki 07/07/2012 azaba ari i Remera kuri Ambiance Club imbere gato ya Alpha Place ahahoze Chaku hanyuma ku cyumweru azataramira abakunzi be Nyabugogo kuri Top Chef.
Igihugu cya Tanzania cyasabye ko Leta Zunze Ubumwe z’Amerika n’Uburayi byagifasha mu gukora iperereza ku makuru avuga ko cyemereye amato atwara peteroli ya Irani gukoresha ibendera ryacyo kugira ngo adakumirwa n’ibihano mpuzamahanga byafatiwe Irani.
Mu gihe amasezerano ikipe ya Mukura VS yari ifitanye n’umutoza Ruremesha yarangiye tariki 05/06/2012, iyi kipe ntiratangaza niba uyu mutoza azongera amasezerano cyangwa niba izashaka undi mutoza ugomba kuyitoza muri shampiyona itaha.
Polisi ikorera mu karere ka Nyagatare yataye muri yombi abagabo babiri bo mu murenge wa Nyagatare bakekwaho gutobora iduka rya Tigo maze bakiba ibintu bifite agaciro kangana n’amafaranga arenga miliyoni 17.
Mu mezi ashize mu karere ka Huye habaye cyamunara maze umuntu agura imodoka yo mu bwoko bwa Volkswagen (VW) amafaranga y’u Rwanda 7500.
Ikompanyi ikora ibijyanye n’ibikorwa remezo, NPD-COTRACO, irasabwa kongera ibikorwa ikora no kubirangiriza igihe amasezerano iba yagiranye n’abakiriya bayo.
Abamotari bongeye kwihanangirizwa kubahiriza amategeko y’umuhanda mu mujyi wa Kigali, kuko impfu nyinshi z’abaguye mu mpanuka zihabera zihitana abari kuri moto kurusha abari mu modoka.
Biteganyijwe ko Perezida Kagame azasura akarere ka Nyagatare tariki 06/07/2012 akanafungura ku mugaragaro uruganda Easter African Granite Industries rukora amakaro ruherereye ahitwa Rutaraka mu murenge wa Nyagatare.
Kuri uyu wa kane tariki 05/07/2012 mu masaha ya saa tanu z’amanywa, abantu 12 barohamye mu kiyaga cya Kivu babiri muri bo bahasiga ubuzima, abandi 10 barohorwa ari bazima.
Ikipe ya Young Africans yo muri Tanzania irimo kurambagiza abakinnyi batatu bakina mu Rwanda: Meddie Kagere wa Police FC, Iranzi Jean Claude na Mbuyu Twite bakinira APR FC.
Minisitiri w’Uburezi arasaba amashuri makuru na Kaminuza kujya batoza abanyeshuri barera kwihangira imirimo aho kubigisha babategurira kuzashaka akazi.
Ku bufatanye n’abatwara abangenzi ndetse n’Ikigo cy’Igihugu ngenzuramikorere (RURA), Umujyi wa Kigali washyizeho uburyo bwo gutwara abagenzi, wemeza ko buzakemura ikibazo cy’ibura ry’imodoka mu masaha amwe n’amwe.