Umugabo witwa Gatarayiha Venuste yitabyimana akubiswe n’inkuba ubwo yari aryamanye n’umugore we tariki 08/08/2012 ahagana saa munani n’iminota 40 z’amanywa.
Umukinnyi w’ikipe y’u Rwanda y’abatarengeje imyaka 20, Tibingana Charles Mwesigye, ukina muri Uganda, yavuye muri Proline Academy yerekeza mu SC Victoria University.
Itegeko ryo kumviriza telefoni z’abaturage rimaze iminsi ritowe n’Inteko ishinga amategeko, rigamije gukumira kumviriza umuntu bitajyanye n’umutekano w’igihigu. Ibi bitandukanye n’uko abantu bari babyumvise bakekaga ko umudendezo wabo ugiye gusagarirwa.
Dogiteri Wilson Rubanzana ushinzwe ibikorwa by’ubuvuzi muri police y’igihugu asanga umugabo nyawe wiyubaha adashobora gusambanya umugore cyangwa umukobwa ku ngufu, kandi imibonano mpuzabitsina yose igomba kuba mu buryo bwumvikanywaho burinda ingaruka mbi.
Umuryango uharanira inyungu z’abacitse ku icumu rya Jenoside (IBUKA) wandikiye Umuryango w’Abibumbye ibaruwa ifunguye werekana ko Steve Hege ukuriye itsinda ry’Umuryango w’Abibumbye ryakoze iperereza muri Kongo ari umwambari wa FDLR.
Perezida wa Ghana mushya, John Mahama wagiyeho asimbura Atta Mills witabye Imana mu kwezi gushize yashyizeho visi Perezida witwa Amissah-Arthur wari guverineri wa Banki Nkuru y’igihugu ya Ghana.
Inama njyanama y’akarere ka Rulindo irishimira ko nta mukozi n’umwe w’akarere wagiye munsi y’amanota 60% mu isuzumamikorere riheruka; nk’uko byatajwe na Gatabazi Pascal, perezida wa njyanama y’ako karere.
Abaturage bo mu murenge wa Gikundamvura mu karere ka Rusizi bahangayikishijwe n’ikibazo cyo kutabona amazi meza. Bavoma amazi asa n’ibiziba kandi mu kuyavoma nabyo ntibyoroshye kuko kugira ngo bavome bagomba kwifashisha amakoma y’urutoki
Umuryango utegamiye kuri Leta World Vision wamuritse ku mugaragaro ishuri ryigisha imyuga n’ubumenyingiro wubatse mu karere ka nyaruguru mu rwego rwo kurushaho guteza imbere uburezi bw’umwana w’umunyarwanda kandi akiga agamije kwihangira imirimo.
Umutoza w’ikipe y’u Rwanda y’abatarengeje imyaka 20, Richard Tardy, yanejejwe no guhurira na Nirisarike Salomon i Bamako, aho ikipe y’u Rwanda igiye gukina umukino wo kwishyura na Mali, mu guhatanira itike yo kuzakina igikombe cya Afurika umwaka utaha.
Ibyaha 1005 bishingiye ku ihohoterwa rikorerwa abana byabaye mu mezi arindwi ashize mu gihugu cyose. Ibyo bifitanye isano no kwangiza abana, gushaka abana bakiri batoya, gukoreshwa imirimo isaba ingufu no guta abana.
Abaturage bo mu murenge wa Karambi mu karere ka Nyamasheke bakoreye umushoramari NTF wagombaga gushyira mu bikorwa umushinga w’icyayi wa Gatare ubwo yatereshaga icyayi, ariko bamaze umwaka n’igice batarahembwa.
Ku rutonde rushyirwa ahagaragara buri kwezi n’Iishyirahamwe ry’Umupira w’amaguru ku isi (FIFA), u Rwanda rwagumye ku mwanya wa 125 rwari ruriho mu kwezi gushize.
Guhera tariki 01/08/2012 ikigo nderabuzima cya Ruli kimaze kwakira abarwayi 15 bafite indwara y’impiswi bo mu mirenge wa Ruli, Muhondo na Kayenzi. Imuyobozi w’icyo kigo akeka ko icyo cyorezo cyatewe n’ibura ry’amazi mu Murenge wa Ruli mu karere ka Gakenke.
Abatsindiye ibihembo bitandukanye muri Tombola ya SHARAMA na MTN, muri iki cyumweru cya kabiri, babishyikirijwe kuri uyu wa gatatu tariki 08/08/2012.
Imiryango y’impunzi z’Abanyarwanda igizwe n’abantu 26 zabaga mu nkambi ya Nakivale muri Uganda, kuri uyu wa kane tariki 09/08/2012, zirakirwa ku mupaka wa Gatuna, nyuma yo kwemera gutahuka ku bushake.
Ministiri w’ubuzima, Dr.Agnes Binagwaho, yihanangirije abakozi bose bo kwa muganga ko bagomba gusekera ababagana, nka bumwe mu buryo bwo gutanga servisi nziza.
Umuyobozi wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika ushinzwe gukumira ibyaha mpuzamahanga yahakanye ko atigeze avuga ko abayobozi bakuru b’u Rwanda bashobora gukurikiranwa mu nkiko, bitewe n’uko u Rwanda rwashinjwa gufasha umutwe wa M23, urwanira mu burasirazuba bwa Kongo.
Nyuma y’amazi atandatu u Rwanda rwanze kwemera Hélène Le Gal nka ambasaderi w’u Bufaransa mu Rwanda, icyo gihugu cyongeye gutanga irindi zina: Michel Flesh.
Mu gace ko mu murenge wa Cyanika mu karere ka Burera kegereye ikirunga cya Muhabura bigoye kubona itaka ndetse n’amazi, ibyo bikaba aribyo bidindiza hahunda yo guhoma amazu y’abavuye muri nyakatsi (Post Nyakatsi).
Nyuma y’Igitambo cya Misa yaturiye muri Kiliziya ya Paruwasi Nyamasheke, tariki 08/08/2012, Umushumba wa Kiliziya Diyosezi Gatulika ya Cyangugu, yatashye ishuri ry’inshuke ku rwunge rw’amashuri rwa Mutagatifu Nikola i Nyamasheke.
Ishyirahamwe ry’umukino wo gusiganwa ku magare mu Rwanda riratangaza ko abakinnyi basaga 90 baturutse mu bihugu bitandukanye aribo bazitabira irushanwa rya Tour of Rwanda uyu mwaka wa 2012.
Imibiri igera kuri 40 y’abantu biganjemo abana n’abagore yatahuwe mu myobo ibikwamo amazi agenewe kuhira ubusitani bw’imboga n’imbuto mu kigo Home de la Vierge des Pauvres cyubatse mu murenge wa Mukingo mu karere ka Nyanza.
Imodoka y’ivatiri yakonkobotse mu muhanda wa kaburimbo iramenengana ijya muri saro y’inzu y’umuturage mu murenge wa Gashonga mu karere ka Rusizi ahagana saa kumi n’imwe za mu gitondo kuwa kabiri tariki 07/08/2012.
Dusabumuremyi Budensiyana w’imyaka 27, utuye mu mudugudu wa Mbari, akagari ka Karengera, umurenge wa Musambira, yakubiswe anamenwaho amavuta ashyushye n’umugabo we witwa Bizimungu Joseph, ahita atoroka.
Knowless, umwe mu bakobwa bake mu Rwanda bakora umuziki akaba yari n’umwe mu bahanzi 10 bari bitabiriye amarushanwa ya PGGSS 2, azataramira abakunzi be kuri uyu wa gatandatu tariki 11/08/2012 kuri Olympiade i Remera imbere ya stade Amahoro.
Nyuma y’imyaka 18 bari bamaze mu mashyamba ya Repuburika Iharanira Demokarasi ya Congo, abasirikare batandatu bo mu mutwe wa FDLR n’imuryango ibiri basesekaye mu nkambi y’agateganyo ya Nyagatare mu karere ka Rusizi tariki 07/08/2012.
Umuhanzikazi uzwi cyane mu njyana ya Hip Hop aho benshi banemeza ko ariwe mwamikazi w’iyo njyana Paccy, yahamije ko azamurika alubumu ye tariki 24/08/2012.
Abagabo 20 bari mu maboko ya Polisi bakurikiranyweho ubujura buciye icyuho biba mu ngo z’abaturage ibikoresho birimo televiziyo za rutura. Icyaha gihanishwa igifungo cya burundu; nk’uko Polisi ibitangaza.
Inama y’abakuru b’ibihugu bigize umuryango w’akarere k’ibiyaga bigari (ICGLR) yari iteraniye muri Uganda yemeje ko hashyirwaho ikigega cyo gufasha Abanyekongo bahunze imirwano ibera mu burasirazuba bwa Kongo no mu bihugu by’ibituranyi.
Urubyiruko ruturutse mu bihugu bisaga 80 harimo n’u Rwanda ruteraniye mu ihuriro mpuzamahanga (2012 IYF World Camp) kuva tariki 06-09/08/2012 mu ishuri rikuru nderabarezi rya Kigali (KIE).
Umwana w’imyaka 12 yafashwe mu ijoro rya tariki 31/07/2012 amaze kwiyahuza umuti wa Kiyoda nyuma yo guhohoterwa n’umukozi wabaga mu rugo iwabo maze bituma uwo mwana amara iminsi itatu muri koma.
Umugabo witwa Karibwende Vital yatangaje ko atari agamije kugirira nabi Minisitiri w’Intebe ahubwo ngo yari agamije kumenyekanisha ibikorwa bye ndetse no gutanga umuganura wa mbere w’umuco n’amateka bya Nkombo.
Muhawenimana Ildephonse w’imyaka 13 yaguye mu kizenga cy’amazi (pumping station) saa tanu tariki 07/08/2012 mu murenge wa Mpanga mu karere ka Kirehe ahita yitaba Imana.
Nyuma y’aho ikipe y’igihugu ya Espagne U21 isezererewe rugikubita mu mikino Olympique, uwayitozaga Luis Milla yahise asezererwa asimburwa n’uwari usanzwe atoza ikipe ya Espagne y’abatarengeje imyaka 19, Julen Lopetegui.
Umutoza w’ikipe y’u Rwanda y’abatarengeje imyaka 20 mu mupira w’Amaguru, Richard Tardy, afite icyizere cyo gusezerera Mali mu mukino wo kwishyura mu guhatanira itike yo kuzakina igikombe cya Afurika, uzabera i Bamako ku cyumweru tariki 12/8/2012.
Anita Burtty, Umunya-Ositaraliyakazi ufite imyaka 42 y’amavuko akaba n’umuhanga mu by’ubumenyi bw’inyenyeri, yatangaje abantu kuri televiziyo y’iwabo ubwo yavugaga ko yarangije imyiteguro y’ubukwe bwe ateganya muri Mata 2012 kandi ataranabona inshuti y’umusore.
Umunyamabanga w’Umuryango w’Abibumbye ushinzwe kugenzura ibikorwa bya kimuntu n’ubutabazi bw’ibanze, Valerie Amos, kuwa kane tariki 09/08/2012, aragenderera inkambi ya Kigeme ikambitsembo impunzi z’Abanyekongo bahunze intambara ibera mu Burasirazuba bwa Congo.
Inzego zitandukanye z’ubuyobozi bukuru bw’igihugu zimaze igihe zisobanura ko uruhare rw’Abanyarwanda mu kunganira ingengo y’imari ya Leta rugiye kurushaho kuba runini nyuma y’aho amahanga atangarije ko azahagarika inkunga yageneraga u Rwanda.
Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Imisoro n’Amahoro (RRA) cyageneye mudasobwa 10 zifite umurongo wa Internet Ishuri Rikuru rya GS Rutunga, riherereye mu karere ka Gasabo, mu rwego rwo kwitegura kwizihiza umunsi w’abasora.
Abaturage bakorera n’abatuye mu mujyi wa Ruhango, baravuga ko mu gihe gito itorero Nayoti rimaze ritangiye imirimo yaryo muri uyu mujyi babangamiwe cyane n’urusaku ruturuka ku byuma bya muzika bitangwa n’iri torero.
Perezida w’umutwe w’abadepite, Rose Mukantabana yatangaje ko impamvu ituma hatorwa amategeko menshi mu Nteko ari uko igihugu cyanyuze muri Jenoside yakorewe Abatutsi, hamwe no kugira gahunda nyinshi zijyanye n’iterambere.
Mu nama y’umutekano yahuje abaturage b’umurenge wa Karambi, ubuyobozi bw’akarere n’inzego zishinzwe umutekano kuri uyu wa kabiri tariki 07/08/2012, uhagarariye abacitse ku icumu mu murenge wa Karambi yatangaje ko ahangayikishijwe n’umutekano w’umwe mu bacitse ku icumu muri uyu murenge.
Umugabo witwa Safari Saidi ukomoka mu murenge wa Kubungo akurikiranweho kwambara umwambaro wa EWSA akajya kwiba urutsinga mu murenge wa Karembo avuga ko yarutumwe no kuri station Ngoma.
Bamwe mu bakorera ubucuruzi muri santere ya Gahunga iri mu murenge wa Gahunga, mu karere ka Burera batangaza ko kuba barabuze umuriro w’amashanyarazi igihe kigera ku cyumweru byabateje ibihombo kubera ko bamaze icyo gihe cyose badakora.
Kubwumukiza Yottamu, umukuru w’umudugudu wa Nyamuko mu kagali ka Gatagara, umurenge wa Mukingo mu karere ka Nyanza yakubiswe anarumwa izuru ahagana saa tatu z’ijoro tariki 6/08/2012 abikorewe n’umuturage winjiye umugore wo muri uwo mudugudu ayobora.
Abanyeshuli b’Abanyarwanda biga mu mahanga basuye ingoro y’umwami Mutara wa III Rudahigwa kuri uyu wa kabiri tariki 07/08/2012 basobanurirwa ibijyanye n’imitegekere y’u Rwanda mbere y’igihe cy’ubukoroni.
Abaturage bo mu kagari ka Kirebe mu murenge wa Rwimiyanga baratangaza ko kubera ibiciro by’amazi biri hejuru, bakivoma amazi yo mu mariba y’inka mu gihe hashize igihe kirenga imyaka igera muri ine bahawe ivomo ry’amazi meza.
Abayobozi bakuru b’u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo (RDC) bageze mu mujyi wa Kampala ahagomba kubera inama yo kwiga ku ishyirwaho ry’ingabo zo guhagarika intambara mu burasirazuba bwa Congo.