Abanyeshuri biga muri za kaminuza zibarizwa mu karere ka Ngoma ndetse n’abarimu babo barasabwa kujya bitabira umuganda rusange w’ukwezi nk’abandi Banyarwanda aho kwitwaza impamvu z’amasomo bakawusiba.
Musabyimana Augustin yitabye Imana saa mbiri n’igice z’ijoro tariki ya 28/01/2014 agonzwe n’imodoka yo mu bwoko bwa Toyota Coaster yamugongeye mu mudugudu wa Mutobo akagari ka Mahembe umurenge wa Byimana akarere ka Ruhango.
Ikipe y’u Rwanda mu mupira w’amaguru w’abatarengeje imyaka 20, izabanza gukina na Sudan y’Epfo mu mikino y’amajonjora yo gushaka itike yo kuzakina igikombe cya Afurika kizabera muri Senegal umwaka utaha.
Mu biganiro kuri gahunda ya “Ndi umunyarwanda” byatangiye mu mirenge yose igize igihugu tariki 27/01/2014, abagize inzego zihagarariye abaturage, bibukijwe ko politiki y’ikinyoma yatwikiriye ibikorwa by’ubutegetsi bubi, abaturage bagacengezwamo amacakubiri n’ubwicanyi ku buryo bageze n’aho bakora Jenoside.
Abakozi batatu bakoraga muri koperative yo kubitsa no kuguriza ya Kiziguro Isonga Sacco (KISACCO) bafunzwe bazira kunyereza umutungo ungana na miliyoni 5, naho umucunga mutungo w’iyi koperative we yahise aburirwa irengero, ubu akaba akiri gushakishwa n’inzego z’umutekano.
Nyuma y’icyiciro cya mbere cy’ibiganiro kuri gahunda ya “Ndi Umunyarwanda” cyibanze ku nzego nkuru z’Igihugu n’urubyiruko bikagera ku rwego rw’Akarere, kuva tariki 27/01/2014 iyi gahunda yatangijwe ku rwego rw’umurenge, aho abayobozi b’Imidugudu, Utugari, n’Umurenga bahuriye hagamijwe gutegura iyi gahunda ku rwego (…)
Abantu batandatu bakomerekejwe bikomeye n’igisasu cyo mu bwoko bwa grenade, cyaturutse mu ijoro ryo kuri uyu wa mbere tariki ya 27/01/2014 mu kayira kari inyuma y’ishuri rikuru rya Polisi riherereye mu mujyi wa Musanze.
Ubwo yifatanyaga n’abaturage b’akarere ka Gisagara kwakira urumuri rw’icyizere rutazima, Depite Spèciose Mukandutiye yavuze ko buri Munyarwanda natwara uru rumuri mu mutima we umwijima wazanywe na Jenoside yo muri mata 1994 uzimuka hagahora umucyo.
Intumwa y’umuryango w’abibumbye ku burenganzira bwa muntu, Maina Kiai, yavuze ko nta gushidikanya guhari ko iterambere mu by’ubukungu u Rwanda rugezeho mu gihe gito nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi muri 1994, rigiye kujyana no guha abaturage uburenganzira n’ubwisanzure bwa buri muntu.
Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame, arasaba ingabo z’igihugu (RDF)kuba imbarutso y’umuvuduko w’iterambere ryihuse igihugu gifuza kugeraho.
Abagabo babiri bafungiye kuri sitasiyo ya polisi ya Ruhuha mu karere ka Bugesera bakekwaho icyaha cyo gutema inka y’umuturanyi wabo warokotse Jenoside yakorewe Abatutsi yabaye mu Rwanda mu 1994.
Urukiko rwisumbuye rwa Nyamagabe rwahamije umugore witwa Uwamahoro Dative icyaha cyo kwica uwo bashakanye ndetse no kuzimanganya ibimenyetso, runamukatira igihano cyo gufungwa imyaka 10 no gutanga ihazabu y’amafaranga ibihumbi 100.
Nyuma yo kubona ikigo nderabuzima mu murenge wa Cyumba wo mu karere ka Gicumbi abagore bajyaga kubyara ndetse n’abandi barwayi bavuga ko kibagobotse urugendo rurerure bakoraga bajya kwivuza kure y’aho batuye.
Umugore n’umugabo batuye mu murenge wa Muhanga mu karere Muhanga bari mu makimbirane ashingiye ko bashakanye bemeranijwe amafaranga nyuma ntiyaboneka.
Nyuma yuko akarere ka Ngoma gatangarije ingengo y’imari ingana na miliyari zirenga gato 10 kazakoresha mu mwaka wa 2013/2014, nyuma y’amezi atandatu iyi ngengo y’imari yavuguruwe yongerwamo amafaranga hafi miliyari imwe y’amafaranga y’u Rwanda.
Nyuma yuko akarere ka Ngoma kasheje umuhigo wo kwiyubakira inyubako z’ibiro by’utugali twose tugize aka karere zijyanye n’igihe, utu tugali twose ngo tuzanashyirwamo televiziyo zizajya zifasha abaturage kureba amakuru yo hirya no hino.
Abagore babiri (Uzamurera Elizabeth w’imyaka 35 y’amavuko na Kabatesi Christine w’imyaka 34 y’amavuko) bafungiye kuri sitasiyo ya polisi ya Nyamata mu karere ka Bugesera nyuma yo gufatanwa ibiro 12 by’urumogi barujyanye mu mujyi wa Kigali.
Bamwe mu baturage b’akarere ka Nyabihu basanga gahunda ya “Ndi Umunyarwanda” bamaze iminsi basobanurirwa hamwe n’umunsi w’Intwari wizihizwa buri tariki ya mbere Gashyantare bifitanye isano ikomeye kandi byuzuzanya.
Umuhanzi Eric Senderi uzwi ku izina ry’ubuhanzi rya Senderi International Hit aratangaza ko kuri ubu abasore bariho kandi ko na cash zabonetse. Ibi yabitangaje abinyujije mu ndirimbo ye “Abasore bariho nta cash” aherutse gusubiramo akayita “Zarabonetse”.
Nyuma y’ibyumweru bibiri n’igice Abanyarwanda birukanywe muri Tanzania, bavuye mu nkambi ya Rukara na Kiyanze bagatuzwa mu karere ka Ruhango, barishimira uko bakomeje kwitabwaho n’abo baje basanga.
Mwitenawe Augustin, umwe mu bahanzi bo mu Rwanda bo hambere, avuga ko atemeranya n’abavuga ko umuziki wo mu Rwanda wateye imbere ngo kuko ntiwatera imbere kandi abaririmbyi benshi bo mu Rwanda b’iki gihe bigana injyana z’ahandi aho kuririmba mu njyana kavukire.
Abakozi 11 bakoraga isuku mu kigo cy’imyuga cya Kavumu kiri mu murenge wa Busasamana mu karere ka Nyanza barashinja rwiyemezamirimo witwa Agaba Sylvan kuba yarabambuye amafaranga y’ukwezi kwa karindwi mu mwaka ushize wa 2013.
Aimable Bayingana, wari umuyobozi w’Ishyirahamwe ry’umukino w’amagare mu Rwanda yongeye gutorerwa kuyobora iryo shyirahamwe mu gihe kingana n’imyaka ine, mu matora yabereye ku cyicaro cy’iryo shyirahamwe ku cyumweru tariki ya 26/1/2014.
Imodoka yo mu bwoko bwa Toyota Hilux yavaga i Rusizi yerekeza i Kigali, yafashwe n’inkongi y’umuriro irashya irakongoka ubwo yari igeze mu kagari ka Buvungira murenge wa Bushekeri wo mu karere ka Nyamasheke. Cyakora abantu babiri bari bayirimo barokotse nta cyo babaye.
Umuzungu witwa Wolfgang ukomoka mu gihugu cy’u Budage arimo kuzenguruka u Rwanda n’igare, akaba ari igihugu cya 14 agezemo muri Afurika ngo afite gahunda yo kuzazenguruka ibihugu byose by’Afurika.
Umunya-Espagne Juan Mata yamaze kugera ku mugaragaro i Old Trafford muri Manchester United ndetse akaba yamaze gusinya amasezerano y’imyaka ine, anahabwa umwambaro uriho numero 7 mu mugongo.
Umugabo witwa Harelimana Vedaste w’imyaka 60 yatoraguwe mu kinani ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatandatu tariki 25/01/2014 mu Mudugudu wa Murambi mu Kagali ka Kagoma, Umurenge wa Gakenke, Akarere ka Gakenke yitabye Imana.
Ministeri y’Ubuzima yemeza ko ibitaro bya Kibogora mu karere ka Nyamasheke, Ibitaro bya Shyira mu karere ka Musanze ndetse n’ibya Mugonero mu karere ka Karongi byarangije umwaka wa 2013 nta mubyeyi n’umwe uhapfiriye mu gihe cyo kubyara.
Ministiri w’Intebe, Dr Pierre Damien Habumuremyi, yasobanuriye abantu uko Perezida Kagame ameze; avuga ko ari umwe mu bakuru b’ibihugu bakunda abaturage birenze uko bikunda, kandi ko aciye bugufi ariko akazirana n’umuntu umushotora.
Mu mukino w’umunsi wa 15 wa shampiyona y’u Rwanda wabereye kuri Stade Amahoro i Remera ku cyumweru tariki ya 26/1/2014, Rayon Sport yatsinze Kiyovu Sport ibitego 3-1, ishimangira umwanya wa kabiri.
Abaturage bo mu kagari ka Ruyenzi, umurenge wa Runda mu karere ka Kamonyi barashishikarizwa kwitabira umuganda ari benshi kuko abayobozi baboneraho kuhatangira ubutumwa bugenewe abaturage, bakanabagezaho zimwe muri gahunda za Leta.
Minisiteri w’Ubucuruzi n’Inganda iratangaza ko yamaze gufata icyemezo cyo kubaka uruganda rucicicitse rutunganya amabuye y’agaciro mu karere ka Rutsiro mu rwego rwo kongerera agaciro umusaruro w’amabuye aboneka muri ako karere no mu nkengero zako.
Mu muganda rusange wabereye mu mudugudu wa Gitovu mu kagali ka Kavumu mu murenge wa Busasamana mu karere ka Nyanza kuwa gatandatu tariki 25/01/2014, abaturage babiri bari bawitabiriye bahawe inka muri gahunda ya Girinka Munyarwanda ku buryo butunguranye.
Komisiyo y’igihugu y’Ubumwe n’Ubwiyunge mu Rwanda iratangaza ko kuva kuri uyu wa mbere tariki ya 27/01/2013 kugeza kuwa 30/01/2014 izaba iri mu gikorwa cyo gutangiza no gusobanura neza gahunda ya ‘Ndi Umunyarwanda’ mu mirenge yose igize akarere ka Nyamasheke kugira ngo abayobozi mu nzego z’ibanze bayicengerwe neza bazayigeze (…)
Abaturage bo mu murenge wa Kaniga mu karere ka Gicumbi bamaze imyaka 8 baratanze amafaranga arenga miliyoni ebyiri ngo bakwaga n’abababwiraga ko ngo ari umusanzu leta ibaka ngo bazabone umuriro w’amashanyarazi, ariko ubuyobozi bw’akarere na EWSA ishinzwe gutanga uwi muriro bemeje ko ayo mafaranga batigeze bayakira kandi (…)
Umwana witwa Kwizera Dieudonne w’imyaka 10 ku gicamunsi yagonzwe n’imodoka y’ivatiri, Toyoya Corona ifite ikirango RAA 807 L, igufwa ry’ukuguru k’uwo mwana rihita ricika.
Mu karere ka Rutsiro mu ntara y’Uburengerazuba ngo bahangayikishijwe cyane n’uko abacuruzi bahakomoka bamara gutera imbere bakimuka bakigira mu yindi mijyi, aho kugira ngo bakomeze bashore imari mu karere bakomokamo. Minisitiri w’Ubucuruzi n’inganda mu Rwanda ariko yanenze ko hari ibyo akarere katarakora ngo abo banyemari (…)
Mu muganda rusange wabaye kuwa gatandatu tariki ya 25/01/2014 mu karere ka Ruhango, hakozwe ibikorwa byo gutunganya urwibutso rw’ahitwa Kinazi, ahateganyijwe kuzashyingurwa imibiri isaga ibihumbi 60 bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Umuntu umwe urembye cyane arwariye mu bitaro bya Nyamata azira gukubitwa n’inkuba we na bagenzi be bane ku mugoroba wo kuwa 24/1/2014, ubwo inkuba yakubitaga abantu batanu mu mvura yaguye ku mugoroba. Abandi bane cyakora bahise bazanzamuka, mu gihe uyu mugenzi wabo akomeje gukurikiranwa n’abaganga.
Umukino uhuza ikipe ya Rayon Sports na Kiyovu kuri icyi cyumweru kuri stade Amahoro i Remera niwo uri kuvugisha benshi mu mikino yose ya shampiyona y’u Rwanda igeze ku munsi wa 15. Kuri uyu gatandatu tariki ya 25/01/2014 ariko amakipe ya AS Kigali na Espoir yagabanye amanota mu mukino yanganyijemo igitego 1-1 kri stade ya (…)
Abaturage bo mu karere ka Rubavu bashishikarijwe guharanira kuba intwari binyuze muri gahunda ya “Ndi umunyarwanda,” kuko ifasha umuntu kumva nk’umunyarwanda icyo agomba gukorera igihugu cye n’abagituye.
Urubyiruko rwo mu karere ka Huye rwasobanuriwe ko uru rumuri rw’icyizere bashikirijwe ari urubashishikariza kuva mu mwijima w’amacakubiri babibwemo bakibagirwa Ubunyarwanda bubahuza bagaha intebe amoko abatanya.
Umugabo witwa Kanakuze Fidele w’imyaka 30 y’amavuko yishe nyina umubyara witwa Kabarerwa Patricia w’imyaka 72 y’amavuko amutemye ijosi n’umusaya kubera ko yaramubujije kwinjiza indaya munzu.
Urwego rw’umuvunyi rurasaba abayobozi b’inzego z’ibanze mu karere ka Rusizi gukemura ibibazo by’abaturage batiriwe babasiragiza, kuko arizo nshingano zabo bashyiriweho.
Guverineri w’intara y’amajyaruguru, Bosenibamwe Aimé, arasaba abaturage bo mu murenge wa Rugengabari, mu karere ka Burera, gufata neza umutungo kamere w’amabuye y’agaciro ari mu murenge wa bo kugira ngo uzabafashe kwigira kandi baharanira kuwusaranganya.
Perezida wa Rupubulika y’u Rwanda Paul Kagame, yakiriye kandi anagirana ibiganiro n’itsinda ry’abasenateri n’abadepite baturutse muri leta zunze ubumwe z’Amerika, kuri uyu wa gatandatu tariki 25/1/2014.
Ubuyobozi bw’ishuri ribanza rya Nyamagumba riherereye mu murenge wa Muhoza, akarere ka Musanze, baravuga ko abanyeshuri babo batazongera guhura n’impanuka za hato na hato bitewe n’uruzitiro ruzatuma nta mwana wongera gusimbukira mu muhanda uko yishakiye.
Abaturage n’abagize komite nyobozi y’umudugudu wa Nyarucyamo ya kabiri mu kagari ka gahogo mu karere ka Muhanga, baravuga ko gahunda y’Umugoroba w’ababyeyi ibafasha kunga no gukemura amakimbirane hagati y’abashakanye.