Ishuri ryigisha ibijyanye n’amahoteli n’ubukerarugendo (RTUC), rifite gahunda yo gukorana na ba nyiri amahoteli n’amaresitora mu rwego rwo kumenya icyo bifuza ko iri shuri ryakwitaho mu myigishirize y’abanyeshuri barisohokamo ari nabo bajya gukora muri ayo mahoteli.
Arthur Asiimwe yagizwe umuyobozi mushya w’ikigo cy’Igihugu cy’Itangazamakuru cyitwaga orinfor ubu kikaba ctitwa Rwanda Broadcasting Agency (RBA).
Perezida wa Uganda, Yoweri Kaguta Museveni, yasabye Inteko ishinga amategeko y’umuryango w’Afurika y’Uburasirazuba (EALA), gufasha abawutuye kubyaza umusaruro isoko rigari rigizwe n’ibihugu bitanu, bakareka kuba ba nyamwigendaho no kurangwa n’ivangura, kugirango bave mu bukene ngo bwababayeho akarande.
Mu kiciro cya mbere cy’ibikorwa by’intore ku rugerero, intore zo mu karere ka Nyabihu yo zesheje imihigo kuri 84%. Mu cyiciro cya kabiri, Intore zitegerejweho umusaruro ushimishije kurushaho.
Abagabo babiri Cyiza Moise na Twagirumukiza Emmanuel, buri wese ku giti cye yiyemerera ko ari we wahanze bwa mbere “Kandagira Ukarabe”, igikoresho ubu cyasakaye mu Rwanda hose, gikoreshwa mu rwego rw’isuku n’isukura, ariko hakibazwa uwaba ufite ukuri nyako.
Intumwa zivuye mu Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru ku isi (FIFA) zageze mu Rwanda tariki 23/4/2013 zije kwigisha amakipe yo mu Rwanda ikoranabuhanga ryifashisha mu kugura, kugurisha abakinnyi no kubashakira ibyangombwa (licences).
Abakirisitu 323 bo mu matorero atandukanye y’abaporotesitanti akorera mu karere ka Kirehe basoje amahugurwa bari bamazemo iminsi ibiri mu karere ka Kirehe aho bigaga ku buryo umuryango nyarwanda wakomeza kurushaho kwiteza imbere binyuze mu masengesho.
Impuguke mu mikino wa Handball, Peter Hand Thumm, ukomoka mu Budage ari mu Rwanda akaba azamara ibyumweru bitatu yigisha umukino wa Handball abakinnyi bakiri batoya, akazanaha amahugurwa abatoza b’uwo mukino bazaturuka mu turere tw’igihugu.
Mu marembo y’amacumbi y’ikigo cyakira abashyitsi Sainfop mu karere ka Musanze hatoraguwe umurambo w’uruhinja watangiye kwangirika, bigaragara ko yapfuye nyina akimara kumwibaruka.
Nyuma y’inkongi y’umuriro yibasiye amacumbi y’abanyeshuri b’abahungu mu kigo Ecole des Sciences de Byimana, tariki 23/0/2013, abanyeshuri bose biga guhera mu mwaka wa mbere kugera mu wa gatatu basubiye iwabo.
Umunyamabanga nshingwabikorwa w’akagari ka Rwoga, Rurangwa Theotime mu murenge wa Kabagari akarere ka Ruhango, afunganywe n’umwungirije Mbabazi Emile ndetse na Seneza Valens umukuru w’umudugudu wa Gitwa bakekwaho kubaza no gutwika amashyamba ya Leta.
Ahari urwibutso rwa Jenoside rwa Murambi mu umurenge wa Gasaka mu karere ka Nyamagabe rufatwa nka rumwe mu zigaragaza neza umugambi wo kurimbura Abatutsi, ubusanzwe hari hari kubakwa ishuri ry’imyuga ariko Jenoside iba kuryubaka bitararangira.
Minisiteri y’ubuhinzi n’Ubworozi, ibinyujije mu mushinga Livestock Infrastructure Support Programme (LISP) yatangiye kubaka imiyoboro y’Amazi azakwirakwizwa mu nzuri mu karere ka Nyagatare.
Polisi y’u Rwanda ikorera mu karere ka Rutsiro tariki 22/04/2013 yataye muri yombi abakozi babiri ba banki y’abaturage y’u Rwanda (BPR) mu gashami ka Murunda, uwa gatatu ntibabasha kumubona bakekwaho kunyereza amafaranga miliyoni 38.
Ikigo cy’imisoro n’Amahoro (RRA) kiraburira abasora bose ko igihe bahawe cyo kwitabira gukoresha ikoranabuhanga mu kumenyekanisha no kwishyura imisoro (e-filing na e-payment) kiri gukendera bakaba basabwa kuryiyandikishamo vuba.
Patrice Hakizimana wari ushinzwe imibereho myiza y’abaturage mu murenge wa Boneza mu karere ka Rutsiro yari ari kuri moto agongwa n’imodoka ahita yitaba Imana mu gitondo cyo kuwa kabiri tariki 23/04/2013.
Ikigo Mars One cyo mu Budage cyatangiye kwandika abifuza kuzajya gutura ku mubumbe witwa Mars uri mu kirere, bakazaturayo iteka ryose kuko icyogajuru cyizabajyana cyitazagira uwo kigarura ku isi.
Kwishyura ifumbire mvaruganda itangwa n ikigo gishinzwe kohereza ibintu mu mahanga (NAEB) bikomeje kuba ikibazo cy’ingutu. Mu Karere ka Gakenke habarurwa umwenda wa miliyoni hafi 87 z’ifumbire yatanzwe mu mwaka 2011, amakoperative ya kawa agomba kwishyuza abahinzi.
Umugore witwa Justine Nyiraneza utuye mu kagali ka Cyabararika, umurenge wa Muhoza wakorewe ibikorwa by’itotezwa n’abantu bataramenyekana mu cyumweru cy’icyunamo, yahawe ubufasha n’abanyeshuri bo mu ishuri rikuru INES Ruhengeri.
Imibare itangwa n’akarere ka Gakenke igaragaraza ko kuva mu ntangiriro z’uyu mwaka wa 2013, ibitaro n’ibigo nderabuzima byo muri ako karere byakiriye abakobwa n’abagore 41 basambanyijwe ku gahato.
Abasirikare bashinzwe iby’ubuvuzi baturutse mu gihugu cya Tanzania bari mu rugendo shuri rw’iminsi 2 mu Rwanda aho bigira ku Ingabo z’u Rwanda ibijyanye n’ubwisungane mu kwivuza bw’abasirikare.
Abantu bane bafungiye kuri sitasiyo ya polisi ya Muhoza mu karere ka Musanze, bazira ubucuruzi bw’ikinyabutabiriye cyitwa ‘mercure’ bashyizeho ibimenyetso by’ibihimbano kuko bavuga ko yasuzumwe n’umuhanga w’umurusiya witwa Mendeleev.
Kuva kaminuza nkuru y’u Rwanda (NUR) yashingwa mu mwaka wa 1963, ngo ni ubwa mbere umunyeshuri wayo yishe umubyeyi we; nk’uko bitangazwa na Kalisa Egide, umuyobozi w’umuryango rusange w’abanyeshuri biga muri NUR.
Kuri sitatiyo ya Polisi ya Nyamata mu karere ka Bugesera hafungiye abagabo 4 barimo n’umwarimu wo mu ishuri ribanza rya Nyabaguma mu murenge wa Shyara mu karere ka Bugesera, bakekwaho kwiba impombo z’amazi za EWSA ariko zitagikoreshwa.
Ahagana saa yine za mugitondo, kuri uyu wa kabiri tariki 23/04/2013, mu Karere ka Gakenke, Umurenge wa Gashenyi, Akagali ka Nyacyina mu mudugudu wa Mukira, umuturage yataburuye igisasu cyo mu bwoko bwa grenade n’amasasu 40.
Umuhanzi Kamichi umaze kumenyerwaho inganzo ihambaye dore ko anandikira indirimbo benshi mu bahanzi nyarwanda, yadutangarije ko kuri uyu wa gatandatu tariki 27/04/2013 azashyira hanze indirimbo ye nshya yise « Ako kantu ».
Nikuze Cancilde w’imyaka 36 ukomoka mu Mudugudu wa Gicaca Akagari ka Nyakibungo, Umurenge wa Gishubi Akarere ka Gisagara ari mu maboko ya polisi akekwaho kwica umugabo we Murwanashyaka Evariste bakundaga kwita Cyaramye.
Hashize iminsi mike hatangiye kuvugwa ko Uwiringiyimana Theo Bosebabireba yaba yarafashe gahunda yo kwigumira i Burayi kubera imyenda yaba yarasize afashe.
Ikigo cy’imyuga cyo mu karere ka Rusizi gifite gahunda yo kuzatanga imirimo 2500 cyane cyane ku rubyiruko rutishoboye muri gahunda ya Leta yo guteza imbere ubukungu bushingiye mu kwihangira imirimo cyane cyane hitabwa ku mirimo itari iy’ubuhinzi n’ubworozi.
Leta y’u Rwanda irashima ibikorwa by’Abanyarwanda baba hanze (Diaspora) bigamije kufasha no kongerera ubumenyi abari imbere mu gihugu, binyuze mu mushinga wa MIDA (Migration Development in Africa).
Muri iki gihe intambara irimo gututumba hagati ya Koreya ya Ruguru na Koreya y’Epfo. Muri iyi nkuru twasubiye mu mateka agaragaza ko amakimbirane hagati y’ibyo bihugu ari aya cyera.
Mu kagari ka Kibuye, umurenge wa Bwishyura akarere ka Karongi, umusore bahimba mano six (mano atandatu), yaketsweho ubujura kubera ko ibimenyetso basanze ahakorewe ubujura byamushyiraga mu majwi.
Umugore w’umugabo witwa Gapasi Etienne utuye mu murenge wa Nkungu yafashe icyemezo cyo kwisubirira iwabo kubera uyu mugebo we adasiba gufatwa yibye.
Ishyirahamwe ry’abamotari mu karere ka Rubavu rizwi ku izina rya UCOTMRU, taliki 23/04/2013, ryashyikirije ubuyobozi bw’akarere ka Rubavu cheque y’amafaranga miliyoni enye agomba gushyirwa mu kigega Agaciro Development Fund.
Ahagana saa mbiri mu gitondo cya tariki 23/04/2013 inkongi y’umuriro yibasiye amacumbi y’abanyeshuri b’abahungu biga kuva mu mwaka wa mbere kugeza mu wa gatatu mu kigo Ecole de Science Byimana.
Ubwo minisitiri w’akakozi, Anastase Murekezi, yasuraga abakozi bo mu nzego zitandukanye zo mu karere ka Rusizi yabashishikarije gukunda umurimo kuko ibikorwa bivuye mubyo umukozi yakoze aribyo bimihesha agaciro akaba yawurambamo ndetse akazamuka mu yindi ntera.
Bamwe mu baturage bo mu karere ka Ngororero bavuga ko bishimiye ukwiyongera kw’ibitangazamakuru mu Rwanda kuko uko bibageraho ari byinshi ari nako bibakorera ubuvugizi ku bibazo bafite ndetse bimwe bigakemuka.
Kongera ubuso buhingwaho umuceri no gushaka imbuto nziza zikunzwe ku isoko nicyo kizere cyahawe sosiyete SOPAVU Ltd yeguriwe uruganda rutonora umuceri ruri mu karere ka Gatsibo tariki 22/04/2013.
Abatishoboye batanu basizwe iheruheru na Jenoside yakorewe Abatutsi bo mu murenge wa Kazo akarere ka Ngoma bahawe inka zavuye mu mafaranga abaturage batanze mu gihe cy’icyunamo.
Mu Rwanda usanga bamwe mu bahanzi babaye ibyamamare kakahava bageraho bakazima ntibongere kuvugwa cyangwa se ugasanga urukundo bari bafitiwe mu myaka yashize rusa n’aho rusigaye ari umugani.
Umuyobozi w’akarere ka Muhanga aratangaza ko ubucuruzi bwa forode bwavugwaga mu cyahoze ari Gitarama (ubu ni mu karere ka Muhanga) butakiharangwa kuko ubu ngo bwabaye amateka.
Ubufasha ku biga amashuri makuru na kaminuza ntibuzavaho burundu nk’uko bamwe babikeka. Abakene bo mu cyiciro cya 1 na 2 cy’Ubudehe bazahabwa inguzanyo bazishyura 100%. Aba bazahabwa inguzanyo ku mafaranga y’ishuri n’ayo kubatunga.
Umuyobozi w’akarere ka Muhanga wungirije ushinzwe ubukungu, imari n’amajyambere, Uhagaze Francois, aratangaza ko ubuyobozi bw’akarere bugiye guhangana n’abagakoreramo banga gusora bitwaje impamvu zitandukanye.
Mu muco nyarwanda, inkwano (ubundi yari inka) yafatwaga nk’ikimenyetso cy’ishimwe umusore yaganeraga ababyeyi b’umugeni agiye kurongora ko bareze bamurene neza ariko kuri ubu hari bamwe basanga inkwano itagifite icyo gisobanuro ahubwo ngo yafashe isura y’ikiguzi.
Mu karere ka Rwamagana bibutse ku nshuro ya mbere abantu bose batwawe n’amazi muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, ubwo bamwe bicwaga bakajugunywa mu mazi, abandi bakayajugunywamo ari bazima ndetse ngo hari n’abagize ibyago bakayagwamo bagerageza guhunga abicanyi.
Umukorerabushake w’ikigo cy’u Buyapani gishinzwe iterambere mpuzamahanga (JICA) yashinze isomero ry’ibitabo ndetse n’inzu ikinirwamo imikino itandukanye mu murenge wa Nyamata mu karere ka Bugesera.
Minisitiri ushinzwe umutekano muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo, Richard Muyej, yatangaje ko muri Kongo hari umubare munini w’impunzi z’Abanyarwanda kuko habarirwa ibihumbi 127.537 by’impunzi z’Abanyarwanda zitarataha.
Polisi imaze guta muri yombi abantu batanu bakwekwaho urupfu rwa Rurangwa Alexandre wishwe tariki 17/04/2013 mu murenge wa Byumba akagari ka Gisuna, umudugudu wa Gatare bamuteye ibuye muri mu mutwe (muri nyiramivumbi).
Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa mbere tariki 22/4/2013, ububiko bw’Ikigo gishinzwe ubuzima (RBC) buri i Gikondo hafi yo kuri MAGERWA, bwadutsemo inkongi y’umuriro itwika bimwe mu bikoresho byiganjemo impapuro, ibitabo bitarakoreshwa byo kwiyandikisha by’abarwayi ba SIDA, hamwe n’inzitiramubu.