Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda (FERWAFA) rimaze gutangaza ko umukino wagombaga guhuza u Rwanda na Tanzaniya utakibaye kubera irushanwa ry’Umuvunyi.
Bamwe mu baturage bavuga ko kuba bagenzi babo bagiheza ababana n’ubwandu bwa SIDA ari bimwe mu bituma bigorana kugira ngo ubwandu bwayo bugabanuke.
Bamwe mu bayobozi b’ingabo mu gihugu cya Malawi, bari mu ruzinduko rw’iminsi ine mu Rwanda mu rwego rwo kunoza umubano no kubaka igisirikare cy’umwuga mu bihugu byombi.
Abaturage b’Akarere ka Ngororero mu Ntara y’Iburengerazuba barasabwa guhagurukira kwita ku isuku yo ku mubiri n’iyo mu ngo kuko bigaragara ko badohotse.
Umuyobozi w’Akarere ka Burera, Sembagare Samuel, arasaba abaturage bako kurwanya ibikorwa biganisha kuri ruswa, batanga amakuru y’aho babonye ibikorwa nk’ibyo.
Kaminuza y’u Rwanda (UR) yiyemeje ko igiye guhagurukira ikibazo cy’itinda ry’amafaranga agenerwa abanyeshuri buri kwezi yo kubafasha, ku buryo bitazongera kujya birenza ibyumweru bitatu atarabageraho igiye yarekuwe na Minisiteri y’Imari n’igenamigambi (MINECOFIN).
Umuyobozi w’ingabo z’u Rwanda mu ntara y’Amajyepfo, Major General Alex Kagame, arasaba abayobozi cyane abo mu nzego zibanze kuba maso mu bihe by’iminsi mikuru, bagakorana n’abaturage bya hafi.
Ikipe y’igihugu y’umupira w’amaguru y’u Rwanda n’iya Tanzaniya zirateganya guhurira mu mukino wa gicuti kuwa kabiri tariki 9/12/2014, umukino uzaba ku munsi w’ubwigenge bw’igihugu cya Tanzaniya.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Nyabihu buratanga za ko kubera ubukangurambaga bukorwa hirya no hino abaturage bitabira gahunda zo kuboneza urubyaro bagenda biyongera.
Umunyabugariya Ventsislav Peychev yahimbye bombo zigiramo umubavu uhumuza umubiri w’uwaziriye. Umubavu uba muri izo bombo ngo ukuraho imyuka isanzwe mu mubiri maze ahubwo ugahumura mu gihe kigera ku masaha atandatu, bitewe n’ibiro by’uwaziriye ndetse n’umubare wa bombo yariye.
Ababyeyi bo mu Murenge wa Kansi mu Karere ka Gisagara bivuriza ku kigo nderabuzima cya Gikore, baratangaza ko kuva bubakiwe inzu yakira ababyeyi bajya kubyara ntawe ukibyarira mu rugo.
Ikipe ya Cricket ya Right Guards ni yo yaraye yegukanye irushanwa rya UAE Exchange & Xpress money ryari rimaze iminsi ribera ku kibuga cya Kicukiro.
Mu gihe hakunze kuboneka imfu zitandukanye mu Karere ka Nyamasheke, rimwe na rimwe ziterwa n’ibiza biturutse ku mvura, abandi bakagwa mu mazi, polisi ikorera muri aka karere ivuga ko bitangiye kuba umuco ko abaturage bahita bashyingura abantu babo batabanje kubakorera isuzuma (Autopsy) bityo bakaba basabwa kubicikaho.
Ubuyobozi bw’akarere ka Rwamagana bwageneye ishimwe ry’amafaranga ibihumbi 200 umukinnyi Ndayisenga Valens uherutse kwegukana Tour du Rwanda ya 2014.
Nyuma y’umuganda watewemo ibiti 3850 ku nkengero z’umuhanda wa Kaburimbo, kuva ahitwa Kamiranzovu kugera mu Nkoto ho mu murenge wa Rugarika, abaturage basobanuriwe ibyiza by’ibiti banasabwa kubibungabunga.
Abatuye Umurenge wa Gishubi mu Karere ka Gisagara baratangaza ko bamaze kumenya uburyo bakoresha mu guhangana n’indwara ya Malariya ikunze kuhaba kubera guturira ibishanga.
Ikipe ya Sunrise iratangaza ko yiteguye kugeza ikirego muri FERWAFA kubera umukinnyi wa Rayon Sports Sina Jerome kuri yo isanga atari akwiye kuba akinira iyi kipe muri iyi minsi.
Ubuyobozi bw’Umurenge wa Mutendeli mu Karere ka Ngoma buributsa abahinzi ko bagomba kuvuza ibihingwa byabo indwara zinyuranye kugira ngo babashe kongera umusaruro.
Rumwe mu rubyiruko rwo mu Karere ka Gisagara ruravuga ko kwiga imyuga rukaba rwaranatangiye kuyibyaza umusaruro biruha kwizera ko ejo harwo hazaba heza kurushaho.
Abaturage bo mu Murenge wa Gikonko mu Karere ka Gisagara baratangaza ko bakibangamiwe n’uburyo bwo gukora ingendo ndende n’ubwikorezi hagati y’umujyi wa Huye n’akarere kabo kuko nta modoka zitwara abagenzi zihari.
Senateri Mukasine Marie Claire aranenga uburyo hari bamwe mu baturage batita ku mashyamba yabo kandi ariyo afatiye runini ibinyabuzima byinshi nabo ubwabo.
Igitego cya Sunrise ku munota wa 79 cyatumye iyi kipe inganya na Rayon Sports igitego 1-1 bituma Rayons Sports itungukira ku gutsindwa kwa APR FC ngo ibe yarangiza umunsi wa cyenda ari yo iyoboye shampiyona y’icyiciro cya mbere.
Abayobozi mu nzego z’ibanze mu karere ka Ruhango, baratungwa agatoki mu kuba inyuma y’abakoresha bakanakwirakwiza ibiyobyabwenge ndetse bakanaha icyuho ruswa, gusa abenshi muri bo bakabihakana.
Umuryango mpuzamahanga uhuza imijyi ifite icyerekezo cyo kubungabunga ibidukikije (ENO Progamme) washyize umujyi wa Nyanza uherereye mu Ntara y’Amajayepfo y’u Rwanda ku rutonde rw’imijyi itoshye ku isi (Green Cities)muri uyu mwaka wa 2014.
Ubuyobozi n’abaturage b’akarere ka Nyanza bakomeje gukora ibishoboka byose ngo umujyi waho urusheho gukurura Bamukerarugendo maze bajye bakirwa n’umwuka mwiza wuzuyemo amafu n’amahumbezi aterwa n’ibiti byatewe.
Bwanakweri Samuel na Ntaganzwa Yotam bafungiwe kuri station ya polisi ya Nyagatare bakekwaho ubujura bw’inka. Ubuyobozi bwa Polisi busaba abantu bacuruza inyama kujya babaga inka bafitiye ibyangombwa by’ubugure.
Abaturage bo mu Mudugudu wa Rugwiza Umurenge wa Rugendabari barinubira kuba ikigo cy’igihugu gishinzwe ingufu REG (Rwanda Energy Gorup), cyarabakupiye umuriro w’amashanyarazi kandi barawushyiriweho n’abakozi b’icyo kigo.
Urukiko rwisumbuye rwa Gicumbi rwahamije Ndereyimana Joseph ibyaha bitatu birimo kwica uwari umugore we no kwihekura, n’ubwinjiracyaha mu kwihekura mu ntangiriro z’icyumweru gishize.
Hafi buri rugo mu karere ka Rusizi rworoye inka ariko amata menshi acuruzwa muri ako karere aba yaturutse mu tundi turere tw’igihugu cyane cayene i Nyanza.
Umunyamabanga nshingwabikorwa w’akagali ka Gitengure umurenge wa Tabagwe ari mu maboko ya Polisi n’abandi bantu 3 kuva tariki 24/11/2014 bakekwaho gutwika amakara mu biti kimeza byitwa Imikinga.
Perezida wa Sena n’abandi basenaeri bifatanyije n’abaturage mu muganda usoza Ugusyingo batera ibiti kuri hegitari 20 mu kagali ka Terimbere mu murenge wa Nyabirasi ho mu karere ka Rutsiro.
Gahunda yo guha impunzi amafaranga zikajya zirwanaho aho gukomeza kuziha ibiribwa ntizakorwa mu Nkambi ya Kiziba ahubwo impunzi ziyirimo zizakomeza guhabwa ibiribwa kuko ngo bigagaragara ko hari ikibazo cy’ibiribwa mu Karere ka Karongi.
Abanyeshuri barangiza amashuri muri Kaminuza yigenga ya Kigali (ULK) barinubira gutunguzwa ikizami cyo gusobanura igitabo kirangiza amashuri kuko gisaba gutegurwa neza kandi kigahabwa amanota menshi.
Irushanwa rihuje abahanzi bo mu karere ka Rusizi na Nyamasheke (Kinyaga Awards) ryagarageje ko muri ako karere hari urubyiruko rufite impano muri muzika bityo ko rizagaragaza abahanzi bashya bakunzwe kandi b’abahanga.
Abakuru b’ibihugu bigize umuryango wa Afurika y’iburasirazuba (EAC) barahurira mu nama ya 16 isanzwe y’abakuru b’ibihugu ibera i Nairobi muri Kenya ku cyumweru tariki 30/11/2014.
Ubwo hatangizwaga icyumweru cyahariwe kurwanya ruswa tariki 29/11/2014, abaturage bo mu karere ka Bugesera ahatangirijwe icyo gikorwa ku rwego rw’igihugu bagaragaje ko na bo bamaze kumenya ububi bwa ruswa.
Mu rwego rwo kurwanya imyotsi ituruka ku bicanwa yoherezwa mu kirere hamwe n’indwara z’ubuhumekero ndetse n’iziterwa n’umwanda, umushinga DelAgua urimo gutanga imbabura zikoresha ibicanwa bike kandi zitagira imyotsi hamwe n’ibikoresho biyungurura amazi ku miryango 17437 yo mu karere ka ngororero.
Igitego kimwe APR FC yatsinzwe na Gicumbi FC kuri stade ya Kigali i Nyamirambo kuri uyu wa gatandatu tariki 29/11/2014 gishobora gutuma iyi kipe itakaza umwanya wa mbere.
Abaturage bo mu karere ka Burera batangaza ko usibye kuba ibiti birwanya isuri ndetse bikanatanga umwuka mwiza abantu bahumeka, ngo bibafite akamaro by’umwihariko ku bijyanye n’ubuhinzi bwabo bw’ibishyimbo.
Jeannette Mushimiyimana wasigajwe inyuma n’amateka, abeshejweho no kubumba inkono kandi bimurinda kuba yasabiriza, kuko abasha kubona imyenda yo kwambara akabasha no gukuramo ikimutunga.
Imiryango 245 y’abatishoboye bo mu mirenge ya Ruhango na Byimana mu karere ka ruhango mu ntara y’amajyepfo, yagabiwe ingurubezo korora na Croix-Rouge y’u Rwanda, mu rwego rwo kuyifasha kwivana mu bukene kuri uyu wa gatanu tariki 28/11/2014.
Imbunda 603 n’amasasu yazo agera ku bihumbi 10 zatanzwe n’abarwanyi ba FDLR hamwe n’abandi ba rwanyi b’abanyekongo bari mu mitwe yitwaza intwaro zangijwe na Monusco taliki ya 28/11/2014, mu rwego rwo gushishikariza n’abandi bafite intwaro kuzitanga zikangizwa, aho kuztunga bakaba bazikoresha mu guhungabanya umutekano no (…)
Abakorerabushake ba Komisiyo y’Igihugu y’Amatora mu turere twa Rwamagana na Bugesera, kuri uyu wa Gatanu, tariki ya 28/11/2014, bafashije imiryango 15 y’abatishoboye yo mu karere ka Rwamagana bayishyikiriza umusanzu w’ubwisungane mu kwivuza w’abantu 40 y’uyu mwaka wa 2014-2015.
Buri wa gatandatu wa nyuma mu gihugu hose haba igikorwa cy’umuganda. Nk’uko bisanzwe tubahitiramo amwe mu mafoto yaranze iki gikorwa mu turere dutandukanye aba yafashwe n’abanyamakuru bacu bahakorera.
Abafite ubumuga bo mu murenge wa Kibilizi mu karere ka Nyanza bibumbiye mu itsinda ryiswe “Duteraninkunga” borojwe amatungo magufi n’umuryango VSO ubashimira ko bazigamira ejo hazaza habo bakirinda kurira kumara.
Ibyaha bikomeza kwiganza mu karere ka Nyamasheke ni ugukubita no gukomeretsa, mu ghe ibyaha birimo gusambanya abana n’ubujura biza ku rwego rwa kabiri, ubuhemu no guhoza ku nkeke bikaza ku mwanya wa gatatu.
Mu karere ka Gakenke mu ntara y’amajyaruguru, batoye komite nshya ihagarariye abafatanyabikorwa b’akarere (JADF), yasimburaga iyari imaze imyaka ibiri iyobora ikaba yari icyuye igihe.
Intara y’Iburasirazuba hamwe n’inzego nkuru z’igihugu nka za Minisiteri, kuri uyu wa Gatanu, tariki ya 28/11/2014, bateraniye i Rwamagana mu nama nyunguranabitekerezo igamije kunoza igenamigambi ry’ibikorwa biteganyijwe gukorwa mu turere twose tuyigize mu mwaka w’ingengo y’imari utaha wa 2015-2016.
Masozera Pierre niwe watorewe kuba umuyobozi w’agateganyo w’akarere ka Gasabo mu matora yabaye ku mugoroba wo kuri uyu wa 28/11/2014.
Urwego rw’Umuvunyi rurasaba abaturage gukomeza kugaragaza ubufatanye narwo batunga agatoki aho bakeka icyaha cya ruswa, bakanatangira amakuru ku gihe aho baba babonye yagaragaye kugira ngo ikoneze icike mu Rwanda.