Minisitiri w’imari muri Niger, Gilles Baillet, uri mu ruzinduko rw’akazi mu Rwanda atangaza ko nyuma yo kwirebera uburyo u Rwanda ruteye imbere mu micungire y’imari n’imiyoborere myiza, byatumye yifuza ko igihugu cye cyakwagura imibanire n’u Rwanda.
Yaya Toure ukinira ikipe ya Manchester City mu cyiciro cya mbere mu gihugu cy’Ubwongereza ndetse n’ikipe y’igihugu cye cya Cote d’Ivoire yatoranijwe n’ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru muri Afurika (CAF) , nk’umukinnyi w’umwaka wa 2013 muri Afurika.
Igikombe cy’umwami cyo muri Espagne (Copa Del Rey), kuri uyu wa 9 Mutarama 2014, cyarakomeje mu mikino ya 1/8 cy’irangiza. Ikipe ya FC Real Madrid ikaba yaraye itsinze Osasuna ibitego 2-0.
Mu gishanga cya Nyirakiyanzi ho mu Kagari ka Butare, Umurenge wa Ngoma, Akarere ka Huye, hatoraguwe umurambo w’uwitwaga Nzabarinda Celestin wari uzwi ku izina rya Gapenzi. Igice cyo hejuru cy’umubiri we cyari gitabye mu misitwe y’intabire y’umuceri.
Nyuma y’imyaka irenga ibiri inzu y’itangazamkuru Kigali Today Ltd itangariza amakuru ku mbuga za internet, kuri ubu iri mu myiteguro yo gutangiza radio izajya yumvikanira ku murongo wa FM hirya no hino mu gihugu.
Ikamyo ipakiye amavuta ya PAM yari iturutse i Dar Es Salam muri Tanzania yerekeza i Bukavu muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yakoze impanuka ubwo yari igeze mu karere ka Nyamasheke, ita umuhanda wa kaburimbo irabirinduka cyakora Imana yakinze ukuboko ntihagira umuntu ihitana.
Nyuma y’aho ishuri ryisumbuye rya E S. Byimana rihiriye inshuro eshatu mu mwaka ushize wa 2013, abanyeshuri batangiye kuryigamo mu mwaka wa 2014 igihembwe cya mbere, baravuga ko bizeye umutekano wabo.
Abafite ubumuga bo mu Karere ka Gisagara barishimira uburyo bagenda bafashwa kwikura mu bucyene, ariko ngo baracyafite inzitizi mu rwego rw’uburezi n’ubuzima bagasaba ko zavaho.
Umugabo wo mu gihugu cya Irani witwa Amoo Hadji ngo ashobora no kuba amaze imyaka 60 atikozaho amazi.
Umusore wo mu gihugu cya Kenya wakekwaga ko yapfuye nyuma yo kwiyahura, yateye ubwoba abari mu bitaro yari arimo babonye abyutse aho yari ari mu buruhukiro (morgue), mbere gato y’uko bamusiga amavuta atuma umubiri utabora.
Mu duce dutandukanye tw’umurenge wa Musambira, ho mu karere ka Kamonyi, haravugwa ikibazo cy’ubujura bw’amatungo yiganjemo inka. Umwe mu babukora yatawe muri yombi atangaza ko amatungo biba bayajyana kuyagurisha.
Bamwe mubasaba akazi mu mirimo itandukanye mu karere ka Muhanga, bakomeje kuvuga ko itangwa ry’akazi ridakorwa mu mucyo hagamijwe kugaha abazwi icyo bo bita ikimenyane.
Urukiko rw’Ibanze rw’umurenge wa Bwishyura, tariki 09/01/2014, rwaburanishije imanza ebyiri z’abakurikiranyweho icyaha cyo gutunda, kubika no kugurisha urumogi. Abashinjwaga icyaha uko ari babili bemeye icyaha basaba imbabazi, ariko abakekwaho ubufatantacyaha babihakana.
Abantu batatu muri 11 bibye ibikoresho mu kigo cya Sosiyete y’Abashinwa kiri mu karere ka Nyamasheke bagakomeretsa n’abazamu babiri mu ijoro rishyira tariki 7/01/2014, batawe muri yombi mu gitondo cya tariki 9/01/2014, ku bufatanye bwa Polisi yo muri aka karere n’abaturage.
Abana 122 b’Abanyarwanda birukanywe mu gihugu cya Tanzaniya bari mu nkambi ya Kiyanzi bazatuzwa mu karere ka Kirehe bagiye gutangizwa mu bigo by’amashuri bibegereye.
Umunyamabanga nshingwabikorwa w’akagari ka Gitwa mu murenge wa Mushubati mu karere ka Rutsiro, Nsengiyumva Etienne yatawe muri yombi tariki 07/01/2014 akimara kwakira ruswa y’ibihumbi 20 by’amafaranga y’u Rwanda yari ahawe n’umuturage.
Mu murenge wa Bwishyura akagari ka Kibuye mu karere ka Karongi kuwa gatatu tariki 08/01/2014 hatoraguwe umurambo w’uruhinja rwavutse rudashyitse. Umurambo w’uwo muziranenge wari upfunyitse mu ishashi iri mu ikarito mu nsi y’umuhanda.
Umuhanzi uririmba injyana ya Afrobeat akaba n’umunyamakuru kuri KFM, Uncle Austin, biravugwa ngo ari mu maboko ya polisi azira sheki y’amafaranga 500 000 itazigamiwe yahaye uwamufashije mu kugura imodoka ye yo mu bwoko bwa Benz.
Bamwe mu bayobozi b’ibigo mu mashuri yisumbuye mu karere ka Muhanga baragaragaza ikibazo ko hari ababahugura mu cyongereza (mentors) batajya baza kubigisha kandi ntibibabuze guhembwa.
Niyitegeka Angelique wakoraga muri koperative yatsindiye gukora isuku mu bitaro bya Gahini mu karere ka Kayonza yapfuye ku wagatatu tariki 08/01/2014 yishwe n’amashanyarazi.
Mu gihe kuri uyu wa 09/01/2014 intore ziri ku rugerero mu gihug hose zaganirijwe kuri gahunda ya “Ndi Umunyarwanda”, Komiseri mu komisiyo y’igihugu y’itorero, Josée Twizeyeyezu yasuye izo mu karere ka Nyabihu azishishikariza kwitabira iyo gahunda.
U Rwanda rukomeje kutishimira uburyo ibihugu bitagira ubushake buhagije mu kohereza mu Rwanda imanza z’abakurikiranyweho ibyaha bya Jenoside bahungiye muri ibyo bihugu, nk’uko bitangazwa na Perezida w’Urukiko rw’Ikirenga, Prof. Sam Rugege.
Sitade ya Rwinkwavu, imwe mu za mbere zabayeho mu Rwanda yakinirwagaho n’ikipe yitwaga Standard FC yatangiye gusanwa nyuma y’igihe kini yarabaye itongo.
Moto y’umukuru w’ibiro by’ubutaka mu karere ka Rutsiro, Muhimpundu Janvier, yibwe n’umuntu utabashije kumenyekana tariki 08/01/2014 ayivanye aho yari iparitse ku karere.
Nteziyaremye Jean Damascène w’imyaka 33 y’amavuko yishe Mukabaganwa Alphonsine w’imyaka 48 wari umubereye mukase amukubise isuka mu mutwe ku mugoroba wa tariki 8/01/2014 ngo bapfuye y’uko amurogera abana.
Abagize komisiyo ya politike n’imiyoborere myiza muri sena kuwa 8/1/2014 bari mu karere ka Bugesera mu rwego rwo kugenzura ibibazo byagaragaye nyuma y’isozwa ry’imirimo y’inkiko Gacaca.
Ubushinjacyaha ku rwego rwisumbuye rwa Nyamagabe bwasabiye Ukwizagira Gaspard uzwi ku izina rya Nyamacenga, Nzasabimfura Emmanuel uzwi nka Alfred na Ntibitonda Félix bakekwaho icyaha cy’ubwicanyi n’ubujura kuba bafunzwe by’agateganyo mu gihe iperereza kuri ibyo byaha rikomeje.
Alfred Uwiragiye w’imyaka 22 y’amavuko utuye mu kagari ka Shyembe mu murenge wa Gihango mu karere ka Rutsiro yishe mukuru we witwa Harindintwali Félix amutemye bitewe n’ubwumvikane buke bari basanzwe bafitanye bushingiye ku masambu.
Ubwo abagororwa ba Gereza ya Cyangugu mu karere ka Rusizi baganirizwaga kuri gahunda ya “Ndi Umunyarwanda” yarabacengeye bamwe muri bo bahita basaba imbabazi abo bahemukiye mu gihe cya Jenoside.
Mu mukino ubanza wa ½ cy’irangiza ya Capital One Cup mu Bwongereza, wabaye tariki 08/01/2014, ikipe ya Manchester City yanyagiye ikipe ya West Ham United ibitego 6-0 kuri stade Etihad ya Manchester City.
Muri iki gihe havugwa imbeho iteye inkeke muri Leta zunze ubumwe za Amerika, umugororwa umwe wo muri iki gihugu wari ufungiye muri gereza y’i Blackburn ho muri Leta ya Kentucky yabashije gutoroka ariko yijyana ubwe kuri polisi ahunga imbeho yari asanze hanze.
Ubuyobozi bw’akarere ka Muhanga buvuga ko butari bufite amakuru y’umugore umaze iminsi aba mu busitani bwo mu mujyi rwa gati w’ako karere ariko ngo ubwo bumenye icyo kibazo bugiye kugikurikirana.
Ababyeyi n’abanyeshuri bo mu karere ka Gatsibo barakangurira bagenzi babo kujya bubahiriza umunsi wa mbere wo gufungura, kuko aribwo amasomo atangira mu bigo byose by’amashuri kandi ku banyeshuri ngo usibye uwo munsi aba acikanywe.
Ngirabanzi bakunda kwita Kabandari wo mu mudugudu wa Matahiro mu kagari ka Kirehe mu murenge wa Kabare wo mu karere ka Kayonza yatwitse inzu y’umugore yari yarataye ihiramo ibikoresho byose n’imyaka yari irimo.
Ku mugoroba wa tariki 08/01/2014, Abanyarwanda 108 birukanwe mu gihugu cya Tanzaniya bari baracumbikiwe mu nkambi za Rukara na Kiyanzi, bakiriwe mu karere ka Ruhango aho bavuye ubwo bahungaga mu bihe bitandukanye.
Urwego rw’umuvunyi rurasaba abakozi ba Leta ndetse n’abayobozi ko igihe baramutse bahawe impano bari mu bikorwa by’akazi bakora batajya bazigira izabo ahubwo ngo ziba ari iz’ibigo bakorera.
Munyemana Jean de Dieu wo mu mudugudu wa Cyamburara mu kagari ka Buhabwa mu murenge wa Murundi mu karere ka Kayonza arwariye mu bitaro bya Gahini nyuma yo gukomeretswa n’imbogo tariki 07/01/2014.
Mu nama y’umutekano y’akarere ka Gakenke yabaye tariki 08/01/2013, Umuyobozi w’Akarere, Nzamwita Deo yasabye abayobozi b’imirenge gucishaho akanyafu abaturage batitabira gukora irondo babaca amande ngo ni byo bizatuma bitabira gukora irondo.
Abaturage bo ku kirwa cya Nkombo mu Karere ka Rusizi bavuga ko kutagira isoko rusange bibadindiza bigatuma batabasha kwikura mu bukene.
Abanyamakuru banditse inkuru zirebana n’umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe barashishikarizwa kwitabira irushanwa rizatangwamo igihembo mu Nama y’uyu muryango iteganyijwe mu mpera z’uku kwezi kwa Mutarama 2014.
Nteziyaremye w’imyaka 21 utuye mu Mudugudu wa Cyumba, Akagali ka Karambo ho mu Murenge wa Karambo tariki 07/01/2014 yadukuriye nyina w’imyaka 63 witwa Ntawibarinkuru aramukubita ageza n’ubwo amukomeretsa amuziza amafaranga yamugurije.
Uwimana Landuard w’imyaka 23 utuye mu murenge wa Zaza akagali ka Ruhembe umudugudu wa Munini akarere ka Ngoma yagerageje kwiyahura tariki 06/01/2014 abitewe nuko umugore we yamushinje ko amuca inyuma.
Mu karere ka Nyanza mu ntara y’Amajyepfo hagiye kubakwa inzu y’ubutabera izaba ishinzwe kwakira no kuburanisha imanza z’abakurikiranyweho ibyaha bya Jenoside bazajya boherezwa mu Rwanda bavuye mu bindi bihugu.
Umwana w’umukobwa w’imyaka 14,utuye mu murenge wa Murama mu karere ka Ngoma avuga ko yafashwe ku ngufu n’umusore w’imyaka 17 ku mugoroba wa tariki 07/01/2014 ubwo yari yagiye kuvoma ahitwa Mbonyi.
Abaturage bo mu kagari ka Runoga, mu murenge wa Gitovu, mu karere ka Burera bavuga ko ivuriro (Poste de Santé) bagerejwe rizabafasha mu buzima bwabo ngo kuko mbere bajyaga kwivuriza kure bigatuma bamwe mu barwayi bagwa mu nzira.
Ambasaderi Benedict Llewellyn Jones, wari umaze imyaka itatu ahagarariye Ubwongereza mu Rwanda, yasezeye kuri Perezida Paul Kagame; anamwizeza ko uretse umubano hagati y’ibihugu byombi uzakomeza, n’imigenderanire y’abaturage ku mpande zombi izaba myiza mu bihe biri imbere.
Nyirashumbusho Jacqueline w’imyaka 22 wo mu karere ka Rusizi acumbikiwe kuri sitasiyo ya Polisi ya Gasaka mu karere ka Nyamagabe nyuma yo gufatanwa ibiro 30 by’urumogi abikuye mu karere ka Rusizi abizana mu karere ka Nyamagabe.
Abatuye umudugudu wa Bikingi, kagari ka Kijote mu murenge wa Bigogwe bafite amazu yasambuwe n’umuyaga uvanze n’imvura yaguye mu masaha ya saa kumi z’umugoroba tariki 06/01/2014 barasaba ubufasha bwo kuyasana.
Mukanyandwi Slyverie w’imyaka 51 y’amavuko wari utuye umudugudu wa Muhororo ya kabiri akagari ka Buhoro mu murenge wa Ruhango, bamusanze mu nzu ye yishwe anizwe tariki 07/01/2014.
Ihuriro ry’Abanyarwandakazi bari mu nteko ishinga amategeko (FFRP) rivuga ko rimaze kugira aho rigera, bityo igihe kikaba kigeze ngo babe bafungurira imiryango bagenzi babo b’abagabo bakaza gufatanya gahunda yo kubaka uburinganire n’ubwuzuzanye.