Bamwe mu borozi bororera mu karere ka Kayonza ngo barinubira ubujura bw’inka bumaze iminsi bugaragara muri ako karere.
Abaturage bo mu murenge wa Cyeru, mu karere ka Burera, barishimira isanwa ry’ikiraro cyo ku mugezi wa Karuruma ngo kuko mbere kitarasanwa bahuraga n’ingorane mu kugeza umusaruro wabo w’ubuhinzi ku isoko.
Nubwo hari ababyeyi bamaze gusobanukirwa na gahunda yo kwita ku mwana bamugenera ifunguro ryuzuye, haracyari ikibazo kuri gahunda y’imbonezamikurire aho umwana agomba kubuzwa ikibi hadakoreshejwe inkoni usanga itaracengera mu babyeyi.
Bamwe mu baturage bo mu karere ka Bugesera baravuga ko imbuto y’imyumbati bahawe yaje mu mirenge imwe n’imwe naho ikaba nke ku buryo hari imirenge itageze mo, kandi ngo bari bateguye intabire zo guhingamo none zibereye aho.
Abagore babiri Joselyne Mukandayizera na Claudine Ingabire bafungiye kuri sitasiyo ya Police i Kirehe nyuma yo gufatanwa urumogi bakaba bemera icyaha bavuga ko babyinjijwemo n’abasanzwe bacuruza ibyo biyobyabwenge.
Urugaga rw’ubumwe n’ubwiyunge mu karere ka Rutsiro rwemeza ko gahunda ya Ndi Umunyarwanda muri rusange imaze gushinga imizi muri ako karere gusa ngo haracyari imbogamizi zirimo kutagira imfashanyigisho.
Kuri uyu wa gatatu tariki 26/11/2014 Abaturage batunguwe no kuza kurema isoko nk’uko bisanzwe mu ga santere ka Gisiza mu murenge wa Musasa ho mu karere ka Rutsiro batungurwa no gusanga ryafunzwe.
Umwana witwa Kwizera uri mu kigero cy’imyaka 2,5 kuri uyu wa gatatu tariki ya 26 Ugushyingo 2014 yaguye mu mugezi wa Kamiranzovu aho bakunda kwita ku Gisenyi mu murenge wa Kagano ahita apfa.
Abanyarwanda birukanywe muri Tanzaniya bagatuzwa mu Mudugudu wa Rugeyo ya Kabiri mu Murenge wa Mwili wo mu Karere ka Kayonza baravuga ko bafite inzara bagasaba inzego z’ubuyobozi kubagoboka.
Abasirikare 10 ba Monusco bakomoka mu gihugu cya Ukraine hamwe n’umunyekongo umwe ubasemurira bafatiwe ku kibuga cy’indege cya Goma bafite imyenda y’abasirikare barinda perezida wa Repubulika iharanira Demokarasi ya Kongo (RDC), kuri uyu wa gatatu tariki ya 26/11/2014.
Abasirikare 75 baturuka mu bihugu bigize umuryango wa Afurika y’iburasirazuba bashinzwe kuyobora abandi basirikare batoya kuri uyu wa 26/11/2014 basoje amahugurwa bakoreraga mu kigo cya gisirikare cya Gabiro giherereye mu karere ka Gatsibo.
Inzira ya Gari ya moshi izagera mu Rwanda izaturuka mu ntara ya Bihanga muri Uganda ikanyura i Mbarara igakomeza Kagitumba igera i Kigali, mbere yo gukomeza mu Burundi.
Mu bari barashakanye batandukana muri iki gihe, hagenda habonekamo abo bivugwa ko bafashijwe na bagenzi babo kwiga, hanyuma bamara kubona akazi bagasaba ubutane.
Kuri uyu wa gatatu tariki ya 26/11/2014, biteganyijwe abarwanyi ba FDLR bari Kanyabayonga bajya Kisangani baciye ku kibuga cy’indege cya Goma.
Umuyobozi w’akarere ka Rubavu avuga ko nubwo akarere ayobora gahanganye no kugeza ku gipimo 100% mu bwisungane mu kwivuza, hari abayobozi bashatse kunyereza amafaranga atangwa n’abaturage abandi batinda kuyashyira aho agomba kujya bitinza abaturage kwivuriza igihe.
Bamwe mu baturage b’umurenge wa Mukama bemeza ko kwegerezwa koperative yo kubitsa no kugurizanya “Umurenge SACCO” byabagiriye akamaro kuko mbere kubona serivise z’ibigo by’imari byabagora kuko ntabyari bibegereye.
Padiri Hakizimana Celestin yagizwe umwepiskopi wa Diyoseze ya Gikongoro kuri uyu wa 26/11/2014, diyosezi yari imaze imyaka ibiri n’amezi umunani nta mushumba ifite.
Mu isanteri ya Shangazi mu Kagari ka Kanazi mu Murenge wa Ruharambuga haravugwa umugabo witwa Munyaneza Onesphore uvugwaho kwigomeka ku buyobozi, agakubita abaturage abasaba ko bamuha amafaranga bayabura akabahondagura ubundi agahita atoroka.
Ubushakashatsi bwakozwe n’ikigo cy’igihugu cy’imiyoborere (RGB) buragaragaza ko ikibazo cyo kurangiza imanza cyagaragaye nk’igituma abaturage bavuga ko bahabwa serivisi zitanoze.
Abakiristu babarirwa muri 300 bavuga ko baturutse mu turere tumwe na tumwe tw’Intara y’Amajyaruguru y’u Rwanda biyemeje kugenda n’amaguru bibabaza, kugeza bitabiriye isabukuru y’imyaka 33 ishize i Kibeho mu karere ka Nyaruguru habereye amabonekerwa ya Bikiramariya.
Umugabo witwa Havugimana Emmanuel wari utuye mu Mudugudu wa Murambi mu Kagari ka Murambi mu Murenge wa Rangiro wo mu Karere ka Nyamasheke yitabye Imana nyuma kugerageza gukura inka mu mwobo ugahita uriduka, impanuka yabaye kuwa kabiri tariki ya 25/11/2014.
Abanyarwanda baba muri Afurika y’Epfo bateguye igikorwa bise “Ikirori Nyarwanda” mu rwego rwo kugira ngo umuco nyarwanda udacika mu banyarwanda batuye i Mahanga cyane cyane abatuye muri Afurika y’Epfo.
Uwahoze ari kapiteni w’ikipe y’igihugu Amavubi, Olivier Karekezi yaraye abonye impamyabumenyi mu butoza yo ku rwego rwa mbere “Licence A” muri UEFA nyuma yo kumara umwaka abyigira.
Abanyarwanda 80 barimo abagabo 4, abagore 25 n’abana 51 bose baturutse muri Repuburika iharanira demokarasi ya Congo tariki 25/11/2014 bakiriwe mu nkambi yakira impunzi by’agateganyo ya Nyagatare iherereye mu karere ka Rusizi.
Ndayisenga Valens, umusore w’imyaka 20 ukomoka mu Murenge wa Muhazi mu Karere ka Rwamagana, akaba ari na we wegukanye irushanwa rya “Tour du Rwanda 2014” tariki 23/11/2014, arashishikariza bagenzi be bakiri bato gukunda uyu mukino wo gusiganwa ku magare kandi bakawitabira kuko ngo bashobora kugera ku ntera nk’iyo na we agezeho.
Umukecuru Nyirabahutu Daphrose bahimba “Umukecuru wa Perezida”, utuye mu Kagari ka Raranzige, Umurenge wa Rusenge mu Karere ka Nyaruguru avuga ko agize amahirwe yo kongera kubonana na Perezida wa Repubulika ngo hari ibanga yamuhishiye yamugezaho.
Abatuye mu bice by’icyaro mu Karere ka Ngoma bavuga ko nyuma y’imyaka igera kuri ibiri begerejwe amashanyarazi bari kuyabyaza umusaruro ufatika mu kwiteza imbere, bayifashisha mu guhanga imirimo ndetse no kongerera ubushobozi imirimo bari basanzwe bakora.
U Rwanda rumaze kohereza izindi ndege ebyiri mu bikorwa byo kubungabunga amahoro muri Sudani y’Epfo, zikaba ziyongereye ku zindi ebyiri zari zisanzweyo.
Ubuyobozi bwa COPEC CODEMARU buratangaza ko abana bamaze kumenya akamaro ko kuzigama ndetse abasaga ibihumbi bibiri bamaze gufunguza konti muri iki kigo cy’imari bagamije kuzigamira ejo hazaza.
Ubuyobozi bw’umurenge wa Kivu mu karere ka Nyaruguru bwamaze kuvuza umuryango wa Gasimba Emmanuel wari wugarijwe n’amavunja ariko byasabye ko ubanza ukimurirwa ahandi.
Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi muri mata 1994 ndetse n’imiryango y’abayikoze bagasaba imbabazi bagafungurwa, nyuma yo gutuzwa mu mudugudu umwe, barashima intambwe bamaze kugeraho mu kwiteza imbere bafatanije babikesha ubumwe n’ubwiyunge.
Abayobozi b’utugari n’abacungamutungo b’amashami y’ubwisungane mu kwivuza (MUSA) barasabwa guhindura imikorere no kuzamura igipimo cy’ubwisungane mu kwivuza kikava kuri 70% kikagera ku 100 % mu byumweru bibiri biri imbere.
Abakozi batatu bakora akazi k’ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro baburiye umwuka mu kirombe bahita bahasiga ubuzima.
Abaturage bo mu Mudugudu wa Kadasumbwa mu Kagari ka Ntunga mu Murenge wa Mwurire wo mu Karere ka Rwamagana, mu ijoro rishyira kuri uyu wa Kabiri tariki ya 25/11/2014, bataye muri yombi umugabo witwa Zirimabagabo Innocent wari umaze kubiba insinga z’amashanyarazi zireshya na metero 45, aturutse mu Karere ka Kicukiro ko mu (…)
Umugabo witwa Mukunzi Adrien wo mu Karere ka Bugesera arihakana abana be yibyariye mu gihe abaturanyi be n’abandi bamuzi ndetse n’umugore bababyaranye bemeza ko ari abe.
Ingabo na Polisi by’u Rwanda bishimirwa kuba bifata iya mbere mu gukumira ibyaha by’ihohotera n’icuruzwa ry’abantu, mu gihe insanganyamatsiko mpuzamahanga muri uyu mwaka wa 2014 yamagana ihohoterwa rishingiye ku gitsina n’icuruzwa ry’abantu, igaragaza ko hari uruhare igisirikare kibigiramo.
Umuyobozi w’akarere ka Gasabo, Willy Ndizeye, ndetse n’abari bamwungirije aribo Munara Jean Claude wari umuyobozi w’akarere wungirije ushinzwe imari n’iterambere ry’ubukungu na Uwimana Marie Louise wari umuyobozi w’akarere wungirije ufite mu nshingano imibereho myiza y’abaturage, beguye ku mirimo yabo ku gicamunsi cyo kuwa (…)
Abarimu n’abayobozi bo mu bigo by’amashuri abanza n’ayisumbuye byo mu Karere ka Nyanza baributswa ko siporo mu bana bakiri bato ifite akamaro ndetse bagasabwa kuyishyiramo ingufu kimwe n’andi masomo yose.
Kuri sitasiyo ya polisi ya Nyamata mu karere ka Bugesera hafungiye umugore umwe n’abagabo babiri nyuma yo gufatwa batwaye ibiti bitemewe gucuruzwa by’umushikiri mu mashakoshi n’ibikapu bitandatu.
Umugore witwa Nyiramana Drocelle wo mu Mudugudu wa Kisaro, Akagari ka Gishororo mu Murenge wa Mukama mu karere ka Nyagatare yatangiye kogosha bamuseka ko atazabishobora ariko ubu baramugana.
Umugabo witwa Kayihura Pascal w’imyaka 51 y’amavuko afungiye kuri sitasiyo ya polisi ya Nyamata mu karere ka Bugesera, nyuma yo gufatanwa insinga z’amashanyarazi zitemewe gucuruzwa no gukoreshwa mu Rwanda kuko zituzuje ubuziranenge zifite agaciro k’ibihumbi 816 by’amafaranga y’u Rwanda.
U Rwanda rwatangiye gushaka uburyo bwo kugera ku iterambere ritangiza ibidukikije ruhereye ku kunoza imikorere mu bice by’ubuhinzi, amazi n’ingufu, nyuma yo kubona igishushanyo mbonera gikubiyemo uburyo bwo guhuza imikorere hagamijwe kurengera ibidukikije.
Bamwe mu baturage mu mujyi wa Muhanga barinubira ibikorwa byo kubaka byangiza ibikorwa remezo by’amazi n’amashanyarazi, ibi ngo bituma umuriro n’amazi bihagarara muri tumwe mu duce dutuwe n’abantu benshi.
Abantu 20 baturuka mu murenge wa Runda n’abandi 9 bo mu murenge wa Rukoma baraye bajyanywe ku bitaro bya Remera Rukoma mu ijoro ryo kuwa 24/11/2014 bicyekwa ko bagarutswe n’ikigage banyweye mu bukwe.
Ku gicamunsi cyo kuwa mbere tariki ya 24/11/2014, Imodoka yo mu bwoko bwa Jeep Toyota L/C 123 CD02 yari itwawe na Blaise Gasongo ufite imyaka 42 yagonze moto yari iriho abantu babiri, Hakizimana Joseph w’imyaka 23 wari uyitwaye na Hakizimana Ernest yari ahetse, umumotari arakomereka ku buryo bukomeye.
Umugabo witwa Komezusenge Jean w’imyaka 39 y’amavuko yitabye Imana nyuma yo guhanuka mu modoka yari abereye kigingi akitura mu muhanda.
Mu gihe muri Afurika ndetse n’ibindi bice binyuranye byo mu Rwanda usanga hari urubyiruko rwinshi, mu Murenge wa Nyabitekeri mu Karere ka Nyamasheke abageze mu zabukuru nibo benshi kurusha urubyiruko kuko bari ku kigereranyo cya 60%.
Umuyobozi w’ikigo cy’ishuri ry’inshuke n’amashuri abanza cya Centre Scolaire de Kabeza kiri mu Murenge wa Kanombe mu Karere ka Kicukiro, Mugabekazi Julie aravuga ko ababyeyi bohereza abana babo kwiga mu bihugu bikikije u Rwanda baba bihunza inshingano zo kurera.
Ntakirutimana Manasseh w’imyaka 22 y’amavuko, yitabye Imana agwiriwe n’umukingo ubwo yacukuraga umucanga wo kubakisha.