Abakorera umwuga w’uburobyi mu kiyaga cya Cyohoha y’epfo giherereye hagati y’Akarere ka Bugesera na Komini ya Busoni yo mu Ntara ya Kirundo mu Gihugu cy’u Burundi, baravuga ko babangamiwe n’imitego bagenzi babo bo ku ruhande rw’U Burundi bakoresha ngo kuko byatumye umusaruro w’amafi ugabanuka.
Umuryango utari uwa Leta ufasha abafite ubumuga wa Handicap International wishimiye aho usize ugejeje gahunda y’uburezi budaheza mu gihe umaze ukorera mu Karere ka Rutsiro.
Ishyirahamwe ry’umukino w’intoki wa Volleyball mu Rwanda ryatangirije i Rwamagana kuri uyu wa gatatu, gahunda yo gukundisha uyu mukino bahereye mu bana batarengeje imyaka umunani.
Ubushakashatsi bushya bw’umuryango mpuzamahanga Transparency International bugaragaza ko abaturage benshi bemeza ko mu Rwanda ruswa igenda igabanuka buri mwaka, ariko rwasubiye inyuma mu manota kuko rwavuye kuri 50 rukajya kuri 49.
Abayobozi b’amakoperative barasaba ko amakoperative adakora neza yaseswa aho kugwiza umubare kuko hari atagaragaza ibikorwa bifatika binafitiye abanyamuryango akamaro.
Mu ruzinduko bamwe mu basenateri bagize Komisiyo ya Politiki n’imiyoborere myiza bagiriye mu karere ka Kamonyi tariki 02/12/2014, baganiriye n’abaturage b’umurenge wa Runda ku bibazo biri mu butabera. Abaturage bagaragaza ko basiragizwa bashaka kugera ku butabera.
Ubuyobozi bwa polisi ikorera mu Karere ka Bugesera buratangaza ko bumaze kwakira ikirego cy’abarega umushoramari Uwineza Jean de Dieu bakundaga kwita Majoro wambuye abaturage n’amabanki amafaranga angana na miliyari imwe na miliyoni 600 by’amafaranga y’u Rwanda.
Mu rwego rwo guhuza ibikorwa bya za Koperative “Umurenge SACCO” hari gutegurwa uko hazajyaho banki ya za koperative (cooperative bank) izaba ihuriweho na za SACCO ndetse n’andi makoperative.
Gwyneth Montenegro, umukobwa w’imyaka 25 ukora uburaya ku buryo butari ubw’umwuga nka bamwe bita mu rurimi rw’Icyongereza “escort-girl” ukomoka i Melbourne mu gihugu cya Australie, aratangaza ko amaze kuryamana n’abagabo 10091.
Bamwe mu babyeyi bo mu Karere ka Bugesera baravuga ko ingeso ya bamwe muri bagenzi babo yo kwigana abafite ubushobozi buhambaye mu gihe bagiye gukora ibikorwa runaka byiganjemo ubukwe bigatuma basesagura ikwiye gucika mu maguru mashya kuko bishyira imiryango mu bukene.
Guverineri w’Intara y’amajyepfo, Alphonse Munyantwali yasezeranyije koperative zo kubitsa no kugurizanya “Umurenge SACCO” ko bazazifasha kwishyuza imyenda abakora mu buyobozi bw’ibanze bababereyemo.
Ubushakashatsi bwashyizwe ahagaragara n’ikigo cy’igihugu gishinzwe imiyoborere (RGB) bugaragaza ko imitangire ya serivisi mu nzego z’ibanze igihura n’imbogamizi zirimo imicungire y’itangwa rya Serivisi, kutamenya kwakira neza ababagana n’ubunyamwuga kimwe n’ubumenyi bukiri hasi kuri bamwe mu bayobozi b’inzego z’ibanze.
Ahitwa i Kiruhura mu gace ka Nyabugogo mu mujyi wa Kigali hagaragaye imibiri y’abantu bakekwa ko bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Ihuriro rya Leta y’u Rwanda n’abashoramari (baba abo mu gihugu ndetse n’ibigo mpuzamahanga) “SIF” ryasoje inama y’iminsi ibiri kuva tariki 01-02/12/2014 bamwe mu bashoramari bayitabiriye biyemeje gukorera mu Rwanda, banasinyanye amasezerano y’imikoranire na Leta.
Urubyiruko rwo mu nkambi y’impunzi z’Abanyekongo ya Kigeme rusanga gukoresha agakingirizo ntawe byari bikwiye gutera isoni kuko ari bwo buryo bwonyine bwo kwirinda virusi itera SIDA mu gihe kwifata bidashoboka.
Bamwe mu babyeyi bo mu Karere ka Ruhango baravuga ko ibituma ihohoterwa muri aka karere rikigagara ari uko umugoroba w’ababyeyi utakitabirwa.
Abagabo babiri bo mu Kagari ka Murama mu Murenge wa Nyamata mu Karere ka Bugesera bafunze bakekwaho kunyereza ifumbire ingana na Toni ebyiri.
Umuyobozi w’akarere ka Nyanza, Murenzi Abdallah araburira bamwe mu baganga batakira neza abivuriza ku bwisungane mu kwivuza nyuma y’uko abaturage bagaragaje ikibazo cy’imitangire mibi ya serivisi.
Nyuma yo gushinja bagenzi be kumwandikira sms z’iterabwoba, umunyeshuri wo muri G.S. Gatagara yatahuwe ko ari we wabwiyandikiraga maze ahanishwa igifungo cy’imyaka ibiri.
Minisitiri ushinzwe ibikorwa by’umuryango wa Afurika y’uburasirazuba (MINEAC), Ambasaderi Valentine Rugwabiza, arizeza abakoresha umupaka wa Cyanika mu karere ka Burera ko gukoresha gasutamo imwe bizatangira mu gihe kitareze icyumweru.
Abaganga bo mu bitaro bya Gisirikare bari mu karere ka Rubavu aho bazamara ibyumweru bibiri mu bikorwa byo gupima Virusi itera Sida no gucyeba (gusiramura) abagabo ibihumbi bitanu hakoreshejwe uburyo bugezweho bwa Prepex.
Za SACCO zo mu mirenge itandatu y’akarere ka Kayonza zirishyuza Sosiyete y’ubwishingizi ya SORAS miriyoni zikabakaba 90 z’amafaranga y’u Rwanda nyuma y’aho yari yafatiye abahinzi ubwishingizi ku myaka ya bo bakarumbya kandi ntiyishyure.
Ubuyobozi bw’akarere ka Gasabo bwafunze Medi Motel iherereye mu murenge wa Kimironko, nyuma yo kuyigenderera bitunguranye bagasanga isuku iharangwa idakwiye kugaburira abantu.
Ikipe y’Amagaju yandikiye ubuyobozi bw’ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda (FERWAFA) ngo bugire icyemezo bufata ku byagaragaye ku mukino iyi kipe yatsinzwemo na Mukura 3-2 ku cyumweru tariki 30/11/2014.
Umukobwa witwa Nyirarugendo Appolinarie w’imyaka 52 wari ufite ubumuga bwo kutabona yasanzwe yimanitse mu nzu yabagamo, kuri iki cyumweru tariki 30/11/2014.
Umusore witwa Tuyishime Etienne yakubiswe n’inkuba ahita yitaba Imana ubwo yari yagiye mu masengesho n’abandi banyeshuri mu rusengero rwa ADEPR ya Bigutu.
Abaturage bo mu Kagari ka Rwimitereri mu Murenge wa Murambi, Akarere ka Gatsibo, bavuga ko ubworozi bw’amagweja bwatumye bivana mu bukene, bityo bagashishikariza na bagenzi babo kubuyoboka.
Kuba abajyanama b’utugari n’imirenge bakora nabi biri mu bihembera ruswa cyane bikozwe n’abayobozi b’utugari cyangwa ab’imirenge mu karere ka Nyamasheke.
Ubuyobozi bw’akarere ka Ngororero buratangaza ko bwatangiye imirimo yo gutegura ahazubakwa sitade y’imikino itandukanye mu mujyi wa Ngororero.
Umuyobozi w’akarere ka Ngororero, Ruboneza Gédéon, avuga ko akarere ayoboye kadakeneye abakozi n’abayobozi baseta ibirenge mu kuzuza inshingano zabo, bityo ababifitemo imbaraga nkeya bakaba basabwa kugira ubutwari bwo kubivuga bagahindurirwa imirimo.
Abanyeshuri n’abayobozi mu ishuri rikuru ry’ubuhinzi (INATEK) ishami rya Rulindo batangiye umwaka mushya w’amashuri 2014-2015 bafasha bamwe mu baturage batishoboye batuye mu kagari ka Gasiza iri shuri riherereyemo baboroza ku nsina za kijyambere.
Minisitiri w’Inganda n’Ubucuruzi, François Kanimba arifuza ko inama iteraniye i Kigali kuva 01-02/12/2014 yiga ku ishoramari mu bya serivisi yavamo ibisubizo byafasha inzego zitanga serivisi mu Rwanda kwinjiza miliyari 2.5 z’amadolari (USD) ku mwaka.
Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagari ka Gasiza mu Murenge wa Bushoki mu Karere ka Rulindo witwa Mwumvinemayimana Fiacre, ari mu maboko ya polisi akekwaho kwica uturage wo mu kagari ayobora.
Nkwakuzi Ignas, umuhinzi mworozi utuye mu Murenge wa Nasho mu Karere ka Kirehe avuga ko yinjiza miliyoni zirenga eshanu mu mwaka yahembye abakozi yitaye no k’umuryango we azikuye mu rutoki rwe.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Karongi burasaba abahesha b’inkiko batari ab’umwuga ko bitarenze ukwezi k’Ukuboza 2014 imanza zose bafite bagomba kuba bazirangije, kuko iyo umuturage atabonye ibyo afitiye uburenganzira bituma adatunganya gahunda za Leta uko bigomba.
Bamwe mu banyamuryango ba Koperative yo kubitsa no kugurizanya “Abakundana” ikorera mu Murenge wa Kamembe mu Karere ka Rusizi baravuga ko batumva impamvu abayobozi bayo bashaka ko iseswa abayihombeje miliyoni 24 batagaragaye ngo babibazwe.
Impuguke mu kigo cy’igihugu gishinzwe ibidukikije (REMA) zitangaza ko abatuye isi batarwanyije ingaruka ziterwa no kwangirika kw’ibidukikije mu mwaka wa 2050 hazaba hakenewe izindi isi ebyiri kugirango abantu bakomeze kubaho neza.
Inshuti z’umuryango Rwanda Youth Healing Center (RYHC) ziri Boston muri Leta zunze ubumwe z’Amerika (USA) zigiye kugurisha impano zahawe n’urubyiruko rugize uyu muryango ubwo ziherutse mu Rwanda.
Umugore witwa Yankurije Zabukiya w’abana batandatu utuye mu mudugudu wa Nyamagana B mu murenge wa Busasamana mu karere ka Nyanza avuga ko ubu yiyakiriye nyuma yo kugerageza kwiyahura inshuro eshatu kubera ubwandu bwa virusi itera SIDA.
Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda (FERWAFA) riratangaza ko ikipe izahiga izindi mu irushanwa ry’Umuvunyi izegukana miliyoni eshatu z’amafaranga y’u Rwanda.
Perezida w’impuzamashyirahamwe y’umukino w’amagare ku isi (UCI), Brian Cookson, abaye undi muntu ufite izina rikomeye ushimiye Ndayisenga Valens Rukara, watwaye isiganwa rizenguruka u Rwanda ku magare (Tour du Rwanda 2014).
Ikipe y’abanyamakuru b’imikino bo mu Rwanda yatangiye imyitozo ikomeye ku kibuga cya Ferwafa mu rwego rwo kwitegura umukino wo kwishyura bafitanye n’ikipe y’Abarundi kuri uyu wa gatandatu tariki 06/12/2014.
Kuba bamwe mu bunzi batazi gusoma no kwandika ntibifatwa nk’imbogamizi mu kunga abaturage babitoreye kuko nta mashuri cyangwa ubundi bwenge buhanitse bisaba, ahubwo ubunyangamugayo ni yo ndangagaciro ya mbere isabwa.
Umugabo w’umushinwa yemeje abantu aterura umufuka w’amatafari afite ibiro 80. Icyatangaje abantu ariko si ibyo biro yateruye, ahubwo ni uburyo yabiteruye akoresheje udusabo tw’intanga (Testicules).
Abanyamadini n’abandi bafatanyabikorwa bo mu Murenge wa Gicumbi mu Karere ka Gicumbi baravuga ko bagiye kugira uruhare mu bikorwa bya Leta bafasha abaturage ndetse bafatanya n’ubuyobozi gushyira mu bikorwa bimwe mu byo biyemeje mu mihigo ya 2014-2015.
Abaturage bo mu Murenge wa Muyongwe mu Karere Gakenke baravuga ko bahangayikishijwe n’ikiraro cya Cyakika cyangiritse bikabangamira imihahiranire yabo n’ibice baturanye.
Abaturage b’umudugudu wa Nyamirama ya 2 Akagari ka Nyamirama mu Murenge wa Karangazi wo mu Karere ka Nyagatare baravuga ko bahangayikishijwe n’urugomo ruterwa no kunywa ibiyobyabwenge.
Mushimiyimana Ephrem wari usanzwe ari umukozi mu biro by’ubugenzuzi bukuru bw’imari ya Leta ni we wemejwe n’inama njyanama y’Akarere ka Rusizi nk’umunyamabanga Nshingwabikorwa mushya w’ako karere.
Cristiano Ronaldo, Lionel Messi na Manuel Neuer ni bo bakinnyi ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru ku isi (FIFA) ryemeje ko bazatoranywamo uzaba umukinnyi w’umwaka wa 2014 uzamenyekana tariki 12/1/2015.